Tag Archive | "Rwanda FARG"

Amajyepfo: abarokotse baracyugarijwe n’ibibazo bibabera imbogamizi mu kwigira

Amajyepfo: abarokotse baracyugarijwe n’ibibazo bibabera imbogamizi mu kwigira

Tags: , , , , , , , , ,


Amajyepfo: abarokotse baracyugarijwe n’ibibazo bibabera imbogamizi mu kwigiraBamwe mu barokotse jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994 mu ntara y’Amajyepfo baratangaza ko bagihura n’ibibazo bikomeye ku buryo babona kwigira nk’ibikiri kure kuri bo.

Aba barokotse bavuga ko nubwo leta kimwe n’abandi baterankunga cyangwa abafatanyabikorwa ba leta bafasha abarotse batishoboye, ngo haracyari byinshi mu bibazo bahura nabyo bishingiye ahanini ku ngaruka za jenoside.

Murekatete umwe mu bagore batuye mu karere ka Muhanga avuga ko ubuzima bumugora kuko atigeza abona amahirwe yo kugana ishuri ngo abashe kubona ubumenyi bwamuteza imbere.

Akazi akora akaba ari ugucuruza imbuto ku gataro azenguruka mu mujyi wa Muhanga; aka kazi akaba agakora ku buryo butemewe leta itakemera.

Avuga ko nta handi yakura amikoro kuko afite umuryango umureba agomba gutunga. Nubwo jenoside yamusize ari nyakamwe mu muryango wabo yaje kunguka undi muryango kuko yashatse umugabo bakabyarana abana batatu; kuri ubu niwe wenyine ugomba kubatunga kuko umugabo we yaje kwitaba Imana mu bihe bishize.

Avuga ko imbogamizi nyamukuru bahura nayo mu kwiteza imbere ari uy’uko basigaye nta miryango bagira ngo babe bafatanya urugendo nk’abandi banyarwanda, ibi akaba ari imwe mu ntandaro yo kwiheba no kwigunga binabaviramo guhungabana.

Mukeshimana Mariya Goreti utuye mu karere ka Kamonyi ari mu kigero cy’imyaka 27, nubwo nawe yagize amahirwe yo kurokoka jenoside yakorewe abatutsi, yamutwaye abavandimwe be n’ababyeyi.

Avuga ko ihungabana n’ubukene aribyo biza ku isonga mu bizahaza ubuzima bw’abarokotse. Ku bwe ngo ihungabana riracyari ikibazo kuko nta baganga bahagije bo gufasha abarifite.

Agira ati: “abantu bafite ihungabana ni benshi cyane kandi abaganga bakaba bake n’abahari ubasanga mu bitaro byo mu mijyi ukuntu”.

Mukeshimana akomeza avuga ko abarokotse bajya bahura n’ibibazo byo gutotezwa aho batuye mu midugudu nk’aho usanga hari abajya batera amabuye ku mazu y’abarokotse jenoside cyane cyane mu gihe cy’icyunamo.

Leta y’u Rwanda ibicishije mu kigega cyayo cyo gufasha abarokotse jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, FARG abarokotse bahabwa inkunga z’ingoboka zitandukanye nko kurihirwa amashuri, gufashwa kuvuzwa, bamwe burubakirwa amazu ndetse kuri ubu amwe muri yo atangiye kugenda asanwa kuko hari aho byagaragaye ko ashobora kuzagwa kubayabamo kubera gusaza.

 

 

m_Untitled

Kamonyi: Amazu 2000 yubakiwe abarokotse jenoside akeneye gusanwa

Tags: , , , , , , ,


m_Untitled Bimwe mu bibazo byugarije abarokotse jenoside, harimo icy’imiturire kuko amazu bubakiwe yatangiye kwangirika. Mu karere ka Kamonyi, hari amazu 2000 afite icyo kibazo, ku ikubitiro hakaba hagiye gusanywa 190.

Mu midugudu ituwemo n’abarokotse jenoside ya korewe abatutsi muri mata 1994, amwe mu mazu yatangiye kwangirika. Bamwe muri bene yo batangaza uko kwangirika biterwa n’uko ayo mazu yubatswe nabi, akubakishwa ibikoresho bidakomeye ndetse amwe muri yo bakayahabwa ataruzura.

Imwe mu midugudu igaragaramo ikibazo cy’amazu yubatse nabi, ni umudugudu wa Nyamugari mu murenge wa Gacurabwenge, ahari amazu yubatswe na TPIR (Urukiko mpanabyaha ku Rwanda) ndetse n’izubatswe na TIG (abakora imirimo Nsimburagifungo ifitiye igihugu akamaro).

Ayo mazu 36 ngo yubatswe mu mwaka wa 2000 no mu wa 2008, ariko uyarebye usanga ashaje cyane. Umucanga bashyizeho waromotse, isima yo hasi yavuyemo kuko bayishyize ku itaka, imvura iragwa igacengera mu musingi kuko ukozwe n’amatafari ya rukarakara.

Abandi bataka ikibazo cy’imiturire, ni abatuye mu mudugudu w’Icyizere wo mu murenge wa Musambira. Abo na bo bavuga ko amazu babamo bayubakiwe na Croix Rouge y’u Rwanda mu mwaka wa 1997, Banki Nkuru y’u Rwanda  (BNR), ikayabavugururira muri 2008; ariko amenshi muri yo ngo arava kuko bayacanamo kubera kutagira igikoni.

Bongeraho ko inkunga ya BNR yagarukiye ku kubasigira amarangi no kubaterera karabasasu ku mazu, ibyo bigatuma abayabona bibwira ko ari mazima kandi imbere yarashize.

Umuyobozi wungirije w’akarere ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Uwera Marie Alice, atangaza ko ibibazo byo gusana amazu y’abarokotse jenoside biri mu maboko ya FARG (Ikigega cya Leta gitera inkunga abacitse ku icumu batishoboye), ikaba yarabaruye amazu agera ku 2000 agomba gusanwa mu karere kose.

Ayo mazu akaba azasanwa mu byiciro, mu cya mbere FARG ikaba yarohereje amafaranga yo gusana amazu 190. Amazina y’abagomba gusanirwa akaba agenwa na FARG.

One of the genocide survivors’ accommodations

Kamonyi: 2000 houses in deplorable state to be reconstructed

Tags: , , , , , , ,


Some of the many problems and issues affecting the 1994 genocide survivors include poor or lack of accommodation. For genocide survivors in Kamonyi district, about 2000 houses need to be reconstructed with 190 houses of them to be started on as soon as possible.

One of the genocide survivors’ accommodations

One of the genocide survivors’ accommodations

In the villages where genocide survivors were settled, some of the houses are in deplorable state especially because they were built poorly without good equipment and some were given out without being completed.

Nyamugari village in Gacurabwenge sector is one of the villages with such houses in ramshackle state with houses that were built by TPIR (the International Tribunal Court) as well TIG Program.

The 36 houses were built in 2000 and others in 2008 but they are so old with eroded sand on the houses, the cement on the floor worn off, with rain shaking off the foundation of the houses.

Houses in deplorable conditions

Houses in deplorable conditions

Genocide survivors in Icyizere village in Musambira sector with the houses that were built by the Red Cross organization in 1997 are calling out for help to renovate these houses that are in a sorry state. Bank of Rwanda had renovated them in 2008 but some are in that state because they use them for cooking for lack of the kitchens.

Marie Alice Uwera the vice mayor for social affairs in Kamonyi district says the issues of renovating and reconstructing the houses for genocide survivors is the concern of FARG. About 2000 houses n the whole district need to be reconstructed by FARG and this has to be done as soon as possible.

These houses will be reconstructed in intervals and 190 houses will be reconstructed at the beginning and FARG has already sent the money for this project.

 

Rwanda | Gakenke: Imibereho y’abacitse ku icumu yarahindutse ugereranyije n’uko bari babayeho mu mwaka wa 2000

Tags: , , , , ,


Abacitse ku icumu bo mu Karere ka Gakenke batangaza ko imibereho yabo yahindutse ku buryo bugaragara ugereranyije n’uko bari babayeho mbere y’umwaka w’i  2000.

Basobanura ko hejuru ya 90 % y’abacitse ku icumu  babonye amacumbi babamo na bake basigaye barimo kubakirwa. Banahawe inka z’inzungu muri gahunda ya Girinka aho izo nka zibaha amata, amafaranga n’ifumbire bagahinga bakeza.

Nizeyimana Issa, uhagarariye abacitse ku icumu mu Murenge wa Kivuruga, avuga ko abana bafashijwe mu kwiga bahabwa ibikoresho by’ishuri banarihirirwa amashuri yisumbuye na kaminuza.

Icyakora, ashimangira ko abacikirije amashuri bakeneye kwitabwaho nabo by’umwihariko bakarihirirwa amashuri y’imyuga kandi bakanafashwa kwihangira imirimo ibyara inyungu.

Abacitse ku icumu bagaragaza ko nubwo batagifite ikibazo cy’amacumbi, baracyafite ikibazo cyo kubona amafaranga. Basanga ikigega gishinzwe gutera inkunga abacitse ku icumu (FARG) gikwiye kubacutsa, gitera inkunga imishinga yabo, nab o bagakora bakiteza aho guhora bateze amaboko FARG.

Ku kibazo cy’indishyi, Uwimana Dieudonne, Prezida wa Ibuka mu Karere ka Gakenke avuga ko abacitse ku icumu bishyuwe imitungo yangijwe mu gihe cya Jenoside uretse imanza z’imitungo 57 zitararangizwa.

 

ISHYIRAHAMWE DUHOZANYE RYIYUBAKIYE IKIGO CY’AMAHUGURWA

RWANDA | GISAGARA: ISHYIRAHAMWE DUHOZANYE RYIYUBAKIYE IKIGO CY’AMAHUGURWA

Tags: , , , , , ,


Ikigo cy’amahugurwa cyubatwe n’ishyirahamwe ry’abapfakazi barokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, DUHOZANYE, rikorera mu murenge wa Save mu karere ka Gisagara.Iki kigocyubatswe kubufatanye n’ikigega cya leta gitera inkunga abarokotse jenoside batishoboye, FARG.

ISHYIRAHAMWE DUHOZANYE RYIYUBAKIYE IKIGO CY’AMAHUGURWA

Ishyirahamwe DUHOZANYE, ryashinzwe mu mwaka w’1994 Nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi. Ritangira r igizwe n’abanyamuryango b’abapfakazi barokotse Jenoside yakorewe abatutsi batishoboye. Intego yabo yari ukugira ngo birememo icyizere cyo kongera kubaho no kurera abana b’imfubyi. Binyuze mu mishinga iciriritse ibyara inyungu, abanyamuryango b’iri shyirahamwe Duhozanye bamaze kwigeza ku bikorwa byinshi by’indashyikirwa birimo iby’ubucuruzi,ubuhinzi,ubworozi n’ubukorikori.

Kugeza ubu Duhozanye ntikibarirwa mu bagenerwabikorwa b’ikigega FARG, ahubwo ni umunyamuryango w’iki kigega. Kubera urwego aba banyamuryango bagezeho bagaragaza ibikorwa bifatika, ngo bashobora no kuzuza zimwe mu nshingano z’ikigega FARG. Akaba ariyo mpamvu FARG yifashisha iri shyirahamwe ngo n’andi makoperative y’abacitse ku icumu rya Jenoside  agire byinshi yigira kubikorwa byaryo.

Nyamara ngo nta rindi banga iri shyirahamwe ryakoresheje ngo birememo ikizere, ngo ni uko abanyamuryango baryo batangiye bafite ukwiyemeza , bafite intego y’aho bifuza kugera. Madamu MUKARUTAMU DAFOROZA, umuyobozi wa Duhozanye ati : “Dushinga iri shyirahamwe twari dufite intego, icyo twifuzaga kwari ukongera kubaho. Iyo ufite ubushake, icyo ushaka ukigeraho”.

Iki kigo kigifungurwa cyaraherewemo amahugurwa abagenerwabikorwa ba FARG bahagarariye abandi  mu makoperative y’abatishoboye baturutse mu turere 12 mu mpera z’uyu mwaka utambutse. Bahuguwe ku kubirebana no gukora imishinga ibyara inyungu , by’umwihariko iyerekeye ubuhinzi n’ubworozi.Amakoperative ahabwa inkunga, ngo ntibivuga ko iyo nkunga ari iyo kwikenura no gukemura ibibazo byabo mu ngo. Umuyobozi wa FARG Ruberangeyo Theophile asaba abahabwa inkunga kuyikoresha icyo yagenewe, akanibutsa ko abanyereje umutungo wa FARG bamwe batangiye gushyikirizwa ubutabera, kandi n’abataragerwaho biri mu nzira.

DUHOZANYE ifite ibikorwa byinshi byo gufasha abatishoboye igenda igabamo amashami. Akaba ari rimwe mu mashyirahamwe arangwa n’ibikorwa bifatika mu karere ka Gisagara.

Ishyirahamwe DUHOZANYE, ibarirwamo abanyamuryango barenga ibihumbi  bitatu (3000). Ubu yibarutse koperative yitwa DUHOZANYE LIMITED yiganjemo abana barerewe muri iri shyirahamwe,bakiga bakarangiza amashuri yabo.

Iki kigo cy’amahugurwa cyubatswe na DUHOZANYE gishobora kwakira abantu basaga 100.

 

 

m_Nyabihu Harateganywa

Nyabihu: Harateganywa kubakwa amazu 37 y’Abacitse ku icumu batishoboye mu mwaka wa 2013

Tags: , , , , , ,


Juru Anastase uhagarariye  IBUKA mu karere ka Nyabihu,avuga ko imibereho y’abacitse ku icumu rya Jenoside igenda irushaho kuba myiza ugereranije na mbere

Juru Anastase uhagarariye IBUKA mu karere ka Nyabihu,avuga ko imibereho y’abacitse ku icumu rya Jenoside igenda irushaho kuba myiza ugereranije na mbere

Ugereranije no mu bihe byabanje,mu karere ka Nyabihu imibereho y’Abacitse ku icumu igenda igera ku ntera ishimishije,nk’uko Juru Anastase,uhagarariye IBUKA mu karere ka Nyabihu abivuga.

Kugeza ubu imiryango myinshi yubakiwe amazu,andi agenda asanwa ndetse n’ibindi bikorwa byinshi birabakorerwa nk’uko Juru abigarukaho. Juru yongeraho ko ubuyobozi bw’akarere ka Nyabihu bwumva ibibazo byabo vuba kandi bukihutira kubikemura. Gusa avuga ko hari amazu 37 y’abarokotse Jenoside  atarubakwa kugeza ubu.

Gusa kuri iki kibazo,umukozi ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu karere ka Nyabihu avuga ko impamvu ari uko batari babonye inkunga ya FARG mu mwaka wa 2012,ijyanye n’inyubako. Gusa yavuze ko ibyakozwe ari  nko guha imiryango 60 y’abacitse ku icumu batishoboye inka zatanzwe na FARG, mu bindi byakozwe,abanyeshuri 470 bishyuriwe amafaranga agera kuri miliyoni 113 banahabwa matera 400 ku mashuri bigaho.

Abacitse ku icumu batishoboye kurusha abandi ,bahawe inkunga y’ingoboka ingana na miliyoni 7 n’ibihumbi 830, banatangirwa mitiweli yatwaye miliyoni 4 n’ibihumbi 300.

Ku bijyanye n’inyubako, nubwo nta nkunga ya FARG yabonetse mu mwaka wa 2012, hubatswe  inzu imwe y’abana 7 bacitse ku icumu rya Jenoside bibana bo mu murenge wa Jenda,ikindi cyakozwe hasanwe amazu 22 y’abacitse ku icumu batishoboye. Mu bikorwa byo gusana, inkunga ikaba yaraturutse mu mafaranga abaturage batanze nk’inkunga mu gihe cy’icyunamo.

Ku kijyanye n’amazu 37 atarubakwa,Rwamucyo Francois avuga ko bafite gahunda yo kuyubaka muri uyu mwaka wa 2013, ku buryo batangiye gushishikariza abazakora ibyo bikorwa kuzabyihutisha. Avuga ko  inkunga ya FARG yo kubaka yabonetse muri uyu mwaka wa 2013,ku buryo umwaka w’ingengo y’imari uzarangira n’aya mazu yaramaze kurangira. Hakaba hazanatangwa inkunga yo gufasha abacitse ku icumu batishoboye mu gushira mu bikorwa imishinga yabo.

Ikigamijwe,akaba ari ukurushaho kuzamura imibereho yabo,no kubafasha kugera ku iterambere rirambye.

 

m_Gatsibo FARG yatanze inka kubacitse ku icumu batishoboye

Rwanda : Gatsibo FARG yatanze inka kubacitse ku icumu batishoboye

Tags: , , , , ,


Ubuyobozi bw’akarere ka Gatsibo bwageneye inka abacitse ku icumu rya jenoside batishoboye muri gahunda ya girinka mu guharanira ko bagira imibereho myiza.

m_Gatsibo FARG yatanze inka kubacitse ku icumu batishoboye

 

 

 

 

 

 

 

 

Taliki ya 8 Kamena inka zatanzwe zigera kuri 12 mu mirenge ya Kiramuruzi, Murambi, Muhura na Gasange zikaba ari inka zisimbura izari zatanzwe ariko zikangwa n’ubuyobozi bw’akarere kubera ko zitari zujuje ibyangombwa birimo kugira 50% by’amaraso y’inka zigira umukamo nka frizone, inka zitanga zigomba kuba zihaka kandi zifite ibiro 250 cyangwa hejuru yabyo, inka zanzwe zikaba zitari zibyujuje kuko bitanganza nushinze ubuvuzi bw’amatungo mu karere ka Gatsibo Dr Nsigaye Erneste.

Akarere ka gatsibo gateganya gutanga inka 25 uyu mwaka wa 2012, mu gihe umwaka wa 2011 hari hatanzwe inka 40 kubatishoboye bacitse ku icumu rya jenoside kandi abazihawe basabwa kuzifata neza kuzigaburira neza, kuziha imiti no kuzigenera aho kuba heza no kuzikorera isuku zamara kubyara abazihawe bakazitura boroza abandi.

Naho gutoranya abagenerwa inka bikaba bikorwa mu mudugudu n’abandi bacitse ku icumu bahereye ku batishoboye babona bafite mu mudugudu ariko uko inka ziyongera abaturage bakazagenda borozanya, aho bizafasha abaturage kugira imibereho myiza bivuye ku mirire yuzuye, kongera umusaruro uva mu buhinzi bitewe n’ifumbire itangwa n’inka zitangwa.

Abaturage inka zitarageraho bakaba basabwa kwihangana cyane ko iyi gahunda igikomeza kandi inka zitangwa ziba zihaka ku buryo nyuma y’igihe gito izagera no kubandi.

 

 


 

Rwanda | Nyanza Ahari indiri

Rwanda : Nyanza: Ahari indiri ya Kanyanga ubu hagiye kubarizwa inka zikamwa amata

Tags: , , , , ,


Rwanda | Nyanza Ahari indiri

Minisititi Musoni James ashyikiriza igihembo umukuru w’umudugudu wa Kaganza

Mu muhango wo gutanga inka 100 za kijyambere wabaye tariki 11/06/2012 mu mugudugu wa Kaganza mu Kagali ka Kiruri mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza, abafashe amagambo bose bishimiye ko ako gace kahoze ari indiri y’ikiyobyabwenge cya Kanyanga ubu  hagiye kujya habarizwa inka zikamwa amata nk’uko babigarutseho mu magambo agize umutwe w’iyi nkuru.

 

Umuyobozi w’akarere ka Nyanza, Murenzi Abdallah mu ijambo rye riha ikaze abashyitsi yabanje kubagaragariza isura akagali ka Kiruri mu murenge wa Mukingo kagize muri aka karere avuga ko kari kazwiho kuba indiri y’ikiyobwabwenge cya Kanyanga.

 

Yagize ati: “ Mu kagali ka Kiruri ikiyobyabwenge cya kanyanga cyarahacitse ariko amateka yo yari akiriho none ibya kera birashize ubu hagiye kwitwa iwabo w’inka zikamwa amata.”

 

Musoni James, Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu akaba yari n’umushyitsi mukuru muri uwo muhango yavuze ko ashimira akarere ka Nyanza kuba ibiro by’utugali mu mirenge yose ariko cyane cyane umudugudu wa Kaganza wiyubakiye ibiro byawo ndetse n’ibiraro by’inka ku bufatanye bw’abaturage n’ubuyobozi.

 

 

Abaturage b’umurenge wa Mukingo bahakanye ko batazongera gushakira amafaranga mu bucuruzi bw’ikiyobyabwenge cya Kanyanga

 

Yakomeje avuga ko hari uturere twinshi tutarashobora kwiyubakira ibiro by’utugali ariko mu karere ka Nyanza bikaba byarubatswe ndetse bikagera naho batangira kubaka ibiro by’imidugudu.

 

Abaturage b’umurenge wa Mukingo bari bahimbawe bishimira inka zahawe bamwe mu baturanyi babo batishoboye

Urugero rwa bugufi akaba ari ibiro by’umudugudu wa Kaganza, Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihuguMusoni Jameswe ubwe yatashye ku mugaragaro.

 

Ashingiye ku mateka yo hambere yaranze ako kagali MinisitiriMusoni Jamesyashimiye abaturage bo muri ako gace kuba baritandukanyije n’ikiyobyabwenge cya Kanyanga.

 

Mu magambo ye bwite yabivuze atya: “ Ndagira ngo mbashimire ukuntu mukeye kuko mufite gahunda yo gushaka ibisubizo gusa gusa…” Yashimiye by’umwihariko Mukagasana Olive umuyobozi w’umudugudu wa Kaganza ubwitange n’umurava yagize mu guhiga abandi biyubakira ibiro byo gukoreramo ndetse bakanitandukanya n’ikiyobyabwenge cya Kanyanga.

 

Ni muri urwo rwego umudugudu ayoboee wahawe igihembo cy’ibihumbi ijana by’amafaranga y’u Rwanda.

 

Abaturage bagomba gushakamo ibisubizo bahereyeku mbaragabafite bakamenya kuzikoresha neza nk’uko MinisitiriMusoni Jamesyakomeje abivuga.

 

Ati: “ Iyaba mwari mukinywa Kanyanga ntabwo muba musa nk’uko muri ubu, kuko murasa neza n’ubareba ku jisho arabibona ko mukeye”. Yabashishikarije gukomereza aho birinda igitotsi cyabanduriza isura nziza yabasanganye nyuma yo kwitandukanya n’ibiyobyabwenge.

 

MinisitiriMusoni Jamesyijeje abaturage b’umurenge wa Mukingo ko ubutumwa bw’ishimwe boherereje umukuru w’igihugu Paul Kagame bumugeraho uko bwakabaye aho bamushimiye ko yaboroje inka muri gahunda ye yise Gira inka Munyarwanda igamije koroza imiryango itishoboye.

 

Izo nka ijana  zahawe abagenerwabikorwa b’ikigega cya Leta gishinzwe gutera inkunga abacitse ku icumu rya jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 batishoboye

( FARG) bo mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza.

 

Rwanda | Gakenke Hatangiye ibarura ry’amacumbi yubatswe na MINALOC na FARG

Rwanda :

Tags: , , , , , ,


Rwanda | Gakenke  Hatangiye ibarura ry’amacumbi yubatswe na MINALOC na FARGMu rwego rwo kumenya amacumbi yubatswe na Minisitiri y’ubutegetsi bw’igihugu n’ikigo cy’igihugu gishinzwe gufasha abacitse ku icumu (FARG), kuri uyu wa 07/06/2012 hatangiye ibarura ry’ayo mazu rizamara iminsi itatu.

Iryo barura rizibanda ku mazu yubakiwe abacitse ku icumu kuva mu mwaka wa 1995 kugeza mu mwaka wa 2008 ndetse n’amazu y’abantu bari mu byiciro by’abasigajwe inyuma n’amateka ndetse n’abatishoboye.

Ibarura rizatanga amakuru ku bantu bubakiwe amazu, imiterere yazo ndetse n’ibyo zikeneye kugira ngo zibe zuzuye.

tariki 06/06/2012, mu nama yo gutegura iryo barura, umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza, Ntakirutimana Zephyrin yasabye abazakora iryo barura kugira icyo gikorwa icyabo kuko uzagikora nabi azabiryozwa.

Yahamagariye abakozi bazakora muri iryo barura  kwegera  abaturanyi b’abantu batakiba mu mazu bubakiwe kugira ngo bazabone amakuru  y’ukuri.

   

Abacitse ku icumu bo mu mirenge 4 yo mu karere ka Nyabihu bahawe inka 13 zo kubafasha mu mibereho yabo

Rwanda : Abacitse ku icumu bo mu mirenge 4 yo mu karere ka Nyabihu bahawe inka 13 zo kubafasha mu mibereho yabo

Tags: , , , , ,


Abacitse ku icumu bo mu mirenge 4 yo mu karere ka Nyabihu bahawe inka 13 zo kubafasha mu mibereho yabo

 

 

 

 

 

Inka 13 nizo zatanzwe ku nkunga ya FARG zihabwa  abacitse ku icumu rya Jenoside 13 bo mu mirenge ya Rugera, Muringa, Jomba na Shyira. Imiryango 5 ikaba ariyo yahawe inka mu murenge wa Shyira, imiryango 3 izihabwa mu murenge wa Muringa, inka 2 zitangwa mu murenge wa Rugera naho izindi  zitangwa mu murenge wa Jomba.

Musabire Josée w’imyaka 60  ni umwe mu bahawe inka wo mu murenge wa Shyira, akagari ka Kimanzovu,umudugudu wa Mugwato. Avuga ko yari umukene kandi akaba yari abayeho mu buzima butoroshye we n’abana be 2 umugabo yamusigiye nyuma yo kwicwa muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994. Yongeyeho ko kuba ahawe inka byamushimishije cyane kuko inka yabonye izamufasha mu kwiteza imbere kuko ntayo yagiraga kandi nyamara yakeneraga ifumbire mu mwuga w’ubuhinzi asanzwe akora.

Avuga ko hamwe n’ifumbire izamuha umusaruro uziyongera kandi ko izanamuha n’amata azamufasha mu kuzamura imirire. Yakomeje avuga ko inka yahawe azayifata neza kandi ko ashimira Perezida wa Repubulika Paul Kagame wabakuye ahakomeye akaba anabagabiye inka zizabafasha mu iterambere.

Veterineri w’akarere ka Nyabihu Shingiro Eugene wari mu muhango wo gutanga izo nka, akaba yasabye abazihawe bose kuzitaho no guharanira ko zatanga umusaruro,bityo zigateza imbere abazihawe ,zikabafasha mu mibereho yabo ndetse nabo bakazitura bagenzi babo. Yongeyeho ko nk’ushinzwe ubworozi,urwego ayoboye ruzabafasha gukurikirana ubuzima bw’inka bahawe kugira ngo zizatange umusaruro zitezweho.

  

 

 

Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

jaguar cars jaguar, jeep, kia