Tag Archive | "Rwanda fees"

Abahabwa amahugurwa ngo bajye guhugura

Kayonza: Abahabwa amahugurwa ngo bajye guhugura abandi ntibabikore baba bahemukira leta

Tags: , , , , , ,


Abahabwa amahugurwa ngo bajye guhugura

Umuyobozi wa Komite y’igihugu yo kurwanya Sida ku rwego rw’akarere ka Kayonza, Muhima Ruhayisha Edouard, aranenga abantu bahabwa amahugurwa kugira ngo bajye guhugura abandi ariko ntibabikore.

Mu kiganiro yagiranye n’abahagarariye amashyirahamwe y’indaya n’ababana na virusi itera SIDA mu mpera z’icyumweru gishize, Muhima yavuze ko abantu nk’abo badasangiza bagenzi babo ubumenyi bungukiye mu mahugurwa baba bahemukira leta. Avuga ko leta iba yarishyuye abantu batanga ayo mahugurwa, nyamara abayaherewe ubuntu ntibayabyaze umusaruro.

Amahugurwa menshi mu Rwanda atangirwa ubuntu, rimwe na rimwe agaherekezwa n’itike ya buri muntu mu bayitabiriye. Gusa ngo hari igihe abahuguwe batuzuza inshingano za bo zo gusangiza bagenzi ba bo ubumenyi bavanye mu mahugurwa kugira ngo bugirire akamaro Abanyarwanda bose.

Agira ati “Birababaje kuba umuntu yaba yarahawe inyigisho ku buzima bw’ababyeyi batwite, ariko akaba aturanye n’umubyeyi ukibyarira mu rugo ntanamugire inama yo kujya kubyarira kwa muganga”

Umuyobozi wa Komite y’igihugu yo ku rwanya Sida mu karere ka Kayonza yasabye abahagarariye indaya mu mirenge n’abahagararie ababana na virusi itera SIDA kuzagira umuhate wo gusangiza bagenzi ba bo ibyo bigiye muri ayo mahugurwa.

Umwe mu bari bahagarariye amashyirahamwe y’abakora uburaya mu murenge wa Rwinkwavu, Mukamuvunyi Jeanine yavuze ko agiye gusangiza bagenzi be amasomo yavanye muri ayo mahugurwa. Hari benshi mu bo bakorana uburaya batazi gusoma no kwandika ku buryo kugira ubumenyi mu bintu bitandukanye kuri bo bigorana.

Avuga ko abo bose agiye kuzabegeranya maze akabigisha uburyo bukoreshwa mu kuboneza urubyaro, uburyo bwo kwirinda Sida ndetse akazanabashishikariza kujya basaba abagabo bakira kwisiramuza nk’uko yabyigishijwe muri ayo mahugurwa.

Rwanda | Ruhango amafaranga

Rwanda : Ruhango: amafaranga asigaye ahabwa agaciro kuruta ubumenyi butangwa mu mahugurwa

Tags: , , , , , , , , , , , , , , , ,


Rwanda | Ruhango amafarangaUmuryango RRP+ uhugura inzego z’ibanze ku kwirinda ihohoterwa nyuma hakaza kugaragara ubwumvikane buke mu itangwa ry’amafaranga

Mu karere ka Ruhango kimwe no mu tundi turere tukiri inyuma mu majyambere, uhasanga imiryango myinshi itandukanye, ivuga ko iharanira iterambere ry’umuturage. Akenshi iyi miryango yifashisha amahugurwa kugirango ashobore kugera ku ntego yayo.

Ariko kugeza ubu aya mahugurwa bamwe mu bayobozi b’inzego z’ibanze mu karere ka Ruhango, basigaye bayabona nk’uburyo bwo gushaka kwirira amafaranga aho kugera ku ntego ziba zarazanye iyi miryango.

Iyo witabiriye amwe mu mahugurwa aba yabereye muri aka karere wumva amajwi y’abantu benshi batandukanye babazanya bati “ ese uyu munsi noneho baratanga angahe (amafaranga), ubu se si ka gahumbi kabo?”.

Aha ugasanga ababa bitabiriye amahugurwa, ntibakurikiranye neza amasomo baba bateguriwe, kuko imitima yabo iba itekereza ku gatike bari buhabwe uko kangana ndetse ku bamaze kukamenya bo batangira gutekereza uko bari bugakoresha nikamara kubagera mu ntoki.

Icyakora bamwe mu baba bitabiriye aya mahugurwa usanga baba badashira amakenga ababa bayateguye kuko baba bakekaho kunyereza agatike baba bahawe, ibi byose ugasanga ari ibibangamira amahugurwa aba agamije iterambere ry’abaturage.

Ibi byaje gushimangirwa n’abayobozi b’inzego z’ibanze mu murenge wa Ntongwe mu karere ka Ruhango tariki ya 01/08/2012 ubwo bitabiraga amahugurwa yari yateguwe n’umuryango RRP+. Aha abari bitabiriye aya mahugurwa y’iminsi 2, bamwe bafashe icyemezo cy’uko batazayagarukamo kuko ngo babonaga aya mahugurwa arimo uburiganya bw’amafaranga.

Nyuma y’amahugurwa ku munsi wa mbere buri muntu yahawe amafaranga 1000, nyuma yo kugaragaza ko batishimiye aya mafaranga, banyiri gutegura aya mahugurwa bahise bafata icyemezo cyo kubongera ikindi 1000, nibwo abari bakiri aho hafi batangiye guhamagara bagenzi babo bamaze kwivumbura bakagenda kugaruka bagafata andi mafaranga ko bemeye kubongera.

Ibi babifashe nk’agasuzuguro bamwe baragaruka abandi baranga bagira bati “nibajyane ntibakajye baza kudukinisha, ubu se umuntu aba yarenze imisozi irenga 5 barangiza bakamuha ubu busa? Nibajyane natwe ntaho tuzagaruka”

Ikindi aba baturage bashingiraho bavuga ko abantu basigaye bategura amahugurwa bagamije kwirira amafaranga, naho usanga imiryango runaka itegura amahugurwa arenze 2 ku munsi cyangwa se amahugurwa bakayahuza n’ibindi bikorwa bibafitiye inyungu, ugasanga abitabiriye amahugurwa biriwe aho bakabona banyiri gutegura amahugurwa nimugoroba baje kubasinyisha gusa ngo babahe amafaranga y’ingendo.

Aha bamwe mu baturage ntibatinya kuvuga ko iterambere ry’umuturage ryabaye nk’imwe mu nzira y’urwitwazo rwo kurya amafaranga y’inkunga aba yarahawe iyi miryango.

Abaturage bavuga ko impamvu ituma badakurikirana amahugurwa, ari uko baba babona n’abayateguye nabo ubwabo bafite inyota ikabije ku gafaranga kaba karagenewe ayo mahugurwa. Bagaheraho bavuga ko urebye rwose amahugurwa y’icyi gihe nta kintu agikiza, ahubwo ngo hari igihe aba ari ayo kongera makimbirane.

 

Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

jaguar cars jaguar, jeep, kia