Imiryango 62 ikennye kurusha indi mu mirenge ya Bigogwe,Jenda,Kabatwa,Kintobo,Mukamira na Karago niyo yashyikirijwe inka muri gahunda ya Girinka kugira ngo zizayifashe kwikura mu bukene no kwiteza imbere.
Buri murenge ukaba wari ufite imiryango 12 ishyikirizwa inka uretse gusa umurenge wa Karago watanzwemo inka 2 nk’uko ushinzwe ubworozi mu karere ka Nyabihu Shingiro Eugene yabidutangarije.

Umusaza Rwamucyo ntiyabashije guhisha ibyishimo bye nyuma yo gushyikirizwa inka izamufasha kwikura mu bukene yari arimo
N’akanyamuneza kenshi,umusaza Rwamucyo Tharcisse utuye mu murenge wa Jenda,akagari ka Bukinanyana,umudugudu wa Kibaya,yahise akubita ikivugo nyuma yo gushikirizwa inka yagenewe ngo izamukure mu bukene. Rwamucyo na bamwe mu bazihawe,badutangarije imibereho mibi bari babayemo babona igiye guhinduka.
Rwamucyo yagize ati” nari mbayeho mu buzima bubi”. Yongeyeho ko yari umwarimu,ariko akaza guhabwa pansiyo idahemberwa kuko atari amaze imyaka 15 kuri uwo murimo mu Rwanda. Ibyo bikiyongeraho ko yari afite abana 7 arera,ku buryo imibereho ya nyuma yo kuva ku kazi itari myiza. Avuga ko yatungwaga n’umuryango.
Kuba abonye inka,ngo izamufasha kubona amata n’ifumbire,yikamire,akamire abana ndetse n’abaturanyi. Yongeraho ko azafata inka yahawe neza kugira ngo izatange umusaruro mwiza kandi imuteze imbere,anaziturire n’abandi.
Ibi kandi bikaba byagarutsweho na Nyirabasirimu Espèrance nawe wahawe inka muri gahunda ya girinka. Avuga ko yari umuturage uciriritse,yajyaga abona aho ahinga ari uko yabanje guhingira abandi.
Ubuzima yari abayemo akaba avuga ko bwari bubi. Gusa ngo we n’umuryango kuba bahawe inka,izatanga amata banywe bagire ubuzima bwiza,itange ifumbire bahinge beze bityo bazizamure. Yongeraho ko bazakora uko bashoboye bakitura abandi bagenzi babo nabo bakikura mu bukene. Muri rusange abahawe inka bakaba bashimiye uwashyizeho gahunda ya Girinka,bavuga ko nabo bazamwitura baziturira abandi.
Umuyobozi wungirije ushinzwe ubukungu mu karere ka Nyabihu Mukaminani Angela,wari witabiriye uwo muhango, yasabye abahawe inka kuzifata neza no kuzitaho ku buryo zizabakura mu bukene koko,zigahindura imibereho yabo kuko aricyo kigamijwe. Yavuze ko uhawe inka aba abonye ubukungu ko ari ahabo kubyaza umusaruro ubwo bukungu.
Yabashishikarije kandi kuzitabira igikorwa cyo kuzaziturira abandi bagenzi babo bakennye,igihe inka zizaba zororotse,nabo bakizamura. Bityo ubukene bukagenda bucika burundu.





