Umukumbi w’inka zari zigiye guhabwa abaturage
Muri gahunda yatangijwe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda mu mwaka wa 2006 ya Girinka Munyarwanda aho abaturage bagenda borozanya ndetse n’abandi bagahabwa inka n’abaterankunga mu rwego rwo gushyigikira iki gikorwa kuri uyu wa 11/2/2013 Gicumbi hatanzwe inka 70 ku miryango ikennye.
Ruzinda Augustin wari usanzwe akora akazi ko gukubura imbere y’amaduka mu mujyi wa Byumba bigaragarako atifashije ashimira iyi gahunda kuko asanga iyo nka izamuvana mubukene bukabije yabagamo.
Kuyorora nibyo bizamufasha bigatuma abasha kubona amata n’ifumbiri agashaka n’umurima agafumbira maze nawe akihaza mubiribwa umusaruro ukiyongera.
Izi nka zatanzwe zikaba ari amashashi yaguzwe n’akarere ka Gicumbi muri gahunda ya “Girinka Munyarwanda” mu rwego rwo gufasha abaturage kwivana mu bukene.
Nk’uko abaturage babyivugira bakaba bashimira Perezida wa Repubulika Paul Kagame kuba abagabiye inka zikaba zigiye kubafasha mu kuzamura imibereho yabo, bakaba bazabona ifumbire izatuma barushaho kubona umusaruro mu buhinzi bwabo ndetse n’abana babo bakaba babona amata nk’uko byatangajwe na Bwana Ngirumpatse Francois.
Gashirabake Esidore ushinzwe ubworozi mu karere ka Gicumbi wari uhagarariye ubuyobozi bw’akarere akaba yasabye abaturage bahawe inka ko bagomba kuzifata neza ndetse bakazikunda kuko ari zo bazazamukiraho bivana mu bukene.
Bityo bakaba bagomba kuzitaho bazubakira ibiraro kubatabifite, bagatera ubwatsi ndetse bakazivuza ku gihe batibagiwe kuziha inkingo dore ko hari abashinzwe ubworozi ku mirenge n’utugari babegereye nabo bakaba bagomba kubagira inama.
Iki gikorwa kandi cyakozwe mubushishozi kuko kugirango umuturage abone inka ye hakaba hakoreshwaga tombora za nimero ziri ku maherena ya buri nka. Bityo nimero umuturage atomboye akaba ariyo nka atahana bakaba bemeza ko nta kimenyane cyakoreshwejwe kugirango umuntu abone inka dore ko banashingiye kubaturage batishoboye baba bagaragajwe na komite z’ubudehe ku midugudu.
Iyi miryango yose uko ari 70 ikaba yahuriye mu murenge wa Rukomo ndetse n’abandi bahurira mu murenge wa Rutare. Aho inka 10 zatanzwe mu murenge wa Byumba, 10 Manyagiro, 10 Nyamiyaga,15 Bwisige , 15 Rwamiko n’inka 10 yo mu murenge wa Rutare.













