Itorero ry’igihugu mu karere ka Gisagara risanga igikorwa cyo gukusanya imibare itanga amakuru anyuranye cyakozwe n’intore zo ku rugerero, kikiyongera ku yindi mirimo y’amaboko zakoze, kizafasha mu kwihutisha iterambere ry’abaturage.
Urubyiruko rw’ intore zo ku rugerero 39 zo mu murenge wa Nyanza mu karere ka Gisagara, mu kagari ka Higiro, hamwe n’abandi baturage bari gukora umuhanda ufite uburebure busaga kirometero imwe n’igice.
Mu gihe cy’amezi hafi atatu zimaze zikora ibikorwa nk’ibi, zakoze n’ibindi bikorwa binyuranye byiyongera kuri uyu muhanda. Muri byo harimo, kubakira abatishoboye, kubaka ibiro by’utugari,gutunganya inzibutso, gukangurira abantu kuboneza urubyaro, gucukura ibimpoteri bimenwamo imyanda ku isoko rya Nyaruteja n’igipimo cya kawa zisaga 300 bahingiye mugenzi wabo. Izi ntore kandi ngo zanatangiye kwishakamo amafaranga kugira ngo zizoroze nibura umuturage umwe wo muri buri mudugudu urukwavu.
Nk’uko bitangazwa na Nzeyimana Francois, ukuriye izi ntore zo ku rugerero mu murenge wa Nyanza, ngo ibi bikorwa bigizwe n’iby’amaboko bakora, babikorana ubwitange kuko bazi akamaro bifite mu iterambere babikesheje inyigisho baherewe mu itorerero.
Ibikorwa by’amaboko izi ntore zakoze, hiyongeraho no gukusanya imibare itanga amakuru anyuranye. Habiyaremye Jean de Dieu ni umutahira w’imbanzabigwi za Gisagara, we ngo asanga iki gikorwa ari ingenzi kuko aya makuru azafasha mu kwihutisha iterambere ry’abaturage.
Nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi bw’uyu murenge wa Nyanza, ngo ibikorwa bari biyemeje gukora ku rugerero babigejeje hafi ku kigereranyo cya 95%.
Uwimana Jean Bosco, umunyamabanga nshingwabikorwa w’uyu murenge, avuga ko izi ntore zagaragaje ubwitange ndetse n’ababyeyi bazo ntibazitererane.
Ati “nta kwiganyiriza kwabayemo, habaayemo ubushake n’ubwitange kandi habaho n’inkunga y’ababyeyi bumvaga ibiri gukorwa n’abana babo ndetse bakanabafasha. Ibyo byose rero nibyo biduha icyizere cy’iterambere”
Mu karere ka Gisagara intore ziri ku rugerero zose hamwe ni 798. Zirimo abahungu 406 n’abakobwa 392. Tariki ya 28 z’uku kwezi ni bwo mu tugari twose tugize aka karere, bazamurika ibyakozwe n’izi ntore. Nyuma y’aho hazasuzumwa ibikorwa bitarangiye neza binozwe kugeza mu kwezi kwa gatandatu.
Ibi bikorwa by’intore zo ku rugerero biteganijwe ko bizamara amezi atatu. Ubusanzwe ingingo ya 47 y’itegeko nshinga, iteganya ko urugerero rumara amezi 12.









