Tag Archive | "Rwanda habitation"

Musanze - Hari abanga kwimuka mu bice byakwibasirwa n’ibiza bagirango bazishyurwe

Musanze – Hari abanga kwimuka mu bice byakwibasirwa n’ibiza bagirango bazishyurwe

Tags: , , ,


Musanze - Hari abanga kwimuka mu bice byakwibasirwa n’ibiza bagirango bazishyurwe

Bamwe mu batuye akarere ka Musanze, baba banga kwimuka mu bice bishobora kwibasirwa ku buryo bworoshye n’ibiza (Hi risk zone), bakeka ko bazishyurwa kugirango bahave, cyane ko haba ari mu masambu yabo barazwe n’ababyeyi.
Ibi bikaba ari ibivugwa n’umuyobozi w’akarere ka Musanze, nyuma yo kubona ko hari umubare munini w’abantu bagituye muri bene utwo duce, nyamara gahunda yo kubatuza neza imaze igihe iriho.
Mpembyemungu Winifrida, umuyobozi w’akarere ka Musanze, avuga ko kugeza ubu hari imiryango igera kuri 428 igituye ahantu hashobora kwibasirwa cyane n’ibiza. Cyakora ngo barateganya kuganira n’inzego z’ibanze ngo haboneke umubare nyawo w’abakeneye gutuzwa.
Ati: “Hari ikibazo cy’abantu banga kwimuka, kugirango bazimurwe ari uko bahawe amafaranga. Ibi bituma hari umubare munini w’abagituye aha hantu, gusa turi gushakira umuti iki kibazo”.
Umwe mu miti y’iki kibazo, harimo kuganira n’abayobozi ku midugudu no kutugari, kugirango bagaragaze neza abagituye aho hantu ku mpamvu zumvikana. Iyi gahunda niyo yaganiriweho n’abayobozi batandukanye kuri uyu wa gatatu tariki 15/05/2013 mu murenge wa Kinigi akarere ka Musanze.
Nko mu murenge wa Kinigi, byagaragaye ko mu miryango 48 yari kurutonde, 18 gusa ariyo ifite impamvu zumvikana. Bityo hakaba hari ikizere cy’uko imibare izagabanuka bituma n’uburyo bwo gukemura iki kibazo bwihuta.

Rulindo : ubuyobozi bwiyemeje gufasha abaturage bahuye n’ibiza kubona aho gutura .

Rulindo : ubuyobozi bwiyemeje gufasha abaturage bahuye n’ibiza kubona aho gutura .

Tags: , , , , , , , ,


Rulindo : ubuyobozi bwiyemeje gufasha abaturage bahuye n’ibiza kubona aho gutura .Ubuyobozi bw’akarere ka Rulindo, bugiye gufasha abaturage bahuye n’ibiza kwimuka bagatuzwa ahagenwe ku midugudu, kimwe n’abandi bumva bakwimuka aho batuye kubera impungenge baba bahafitiye.

kubera ikibazo cy’imisozi  aka karere gatuyemo, abaturage bose barasabwa kuba maso no kumenya ahantu hose haba hari ikibazo mu bijyanye n’imiturire. Ni muri urwo rwego ubuyobozi busaba abaturage kumenya no kwerekana ahantu hose haba haturuka amazi y’ibisure.

Ayo mazi ngo usanga akenshi aturuka mu misozi ,agasohokera hagati mu butaka.

Aya mazi ashobora gusenya no guhanantura imisozi n’amazu aho usanga n’amazu yitwa ngo yubatse ahakwiye guturwa ashobora kuba yatwarwa, cyane cyane nko mu midugudu. N’ubwo abaturage basabwa kwimuka bagatura ku midugudu,ngo ntibyatuma birara,kuko naho ibisure byahagera.

ubuyobozi bw’aka Karere bukaba buvuga ko abaturage bose batuye ahantu hadakwiranye no guturwa bakwimukira mu midugudu.

Gusa ariko n’ubwo umuyobozi w’aka karere Kangwagye Justus,asaba abaturage bose bagomba kwimuka ko bakwimuka vuba na bwangu ,abaturage bo baravuga ko kuri ubu ikibanza kibona umugabo kigasiba undi, kubera ko muri iki gihe baturage bakeneye ibibanza ari benshi.

Nyuma y’uko iyi nvura ihitanye uyu mubare utari muke w’abantu,Ubuyobozi bw’Akarere bukaba bwarafashe ingamba z’uko abaturage bose batuye ku misozi y’ibihanamanga bagomba kwimuka bagatura ku midugudu,gusa ikibazo kikaba ari uburyo hakorwa igurana ry’ubutaka ku baturage.

Kuri iki kibazo kijyanye n’ingurane umuyobozi w’akarere ka Rulindo akaba avuga ko hagiye kubaho kunvikanisha abaturage bagomba kwimuka n’abagomba kuguranira bagenzi bagenzi bityo ikibazo kigakemuka.

Yagize ati “Abaturage bazaguranira bagenzi babo nabo bature aheza kuko niko gahunda imeze,naho ku birebana n’ingurane hagati yabo ubuyobozi buzabibafashamo,kuko barasa nk’abagorana.”

Uyu muyobozi kandi agira inama abaturage y,uko bashobora no kuba bakwiteranya ubwabo bakaba bagura ubutaka bwa Leta,bityo bakaba babuturamo nta nkomyi.

Imiturire mibi ya bamwe mu batuye akarere ka Rulindo, ikaba yarabaye imwe mu mpamvu zatumye abantu bagera ku  10 bapfa mu Mirenge itandukanye bazize invura idasanzwe yaguye muri aka karere.

 

Imijyi yashyizwe ku rwego rwa kabiri izabasha kuzamuka nk’uko Kigali iri kuzamuka

Imijyi yashyizwe ku rwego rwa kabiri izabasha kuzamuka nk’uko Kigali iri kuzamuka

Tags: , , , , , ,


Imijyi yashyizwe ku rwego rwa kabiri izabasha kuzamuka nk’uko Kigali iri kuzamuka, Umuyobozi w’akarere ka Muhanga Yvonne Mutakwasuku, kamwe mu turere dufite imijyi yatoranijwe kuzajya ku rwego rwa kabiri, atangaza ko iyi gahunda izazamura imijyi yabo ku buryo bugaragara.

Imijyi yamaze gutoramywa kugirango izamurwe ku buryo bugaragara nk’uko ubu umujyi wa Kigali uri kuzamuka, harimo umujyi w’akarere ka Huye, Muhanga, Rusizi, Rubavu, Musanze na Nyagatare.

Mutakwasuku avuga ko bishimira ko umujyi wabo nawo washyizwe kuri uru rwego kuko ngo bizazamura imibereho y’abaturage babo kuko ngo hari imirimo mishya izahangwa mu mujyi bityo ngo abenshi bakazava mu buhinzi ari benshi kuko ubutaka bwo guhingaho bwabaye buto by’umwihariko ubwo muri aka karere bukaba bukunze guhura n’ikibazo cy’inkangu kubera ubuhaname bwabwo.

Uyu mujyi nukomeza kwaguka bikaba bizafasha kandi kubona ibikorwa remezo byinshi kandi ahantu henshi muri uyu mujyi cyane ko uri mu mijyi irangwamo ibikorwa remezo bike by’umwihariko imihanda.

Uyu muyobozi yerekana ko umujyi wabo numara gukura cyangwa ngo nugenda ukura gahoro gahoro bizafasha abaturage gukura mu myumvire yabo.

Mutakwasuku avuga kandi ko icyatumye aka karere gatoramywa ari uko kamaze kwerekana ko umujyi wako uri kugenda ukura ku buryo bugaragara, ndetse banarebye uruhare rw’abikorera mu iterambere n’ubushake bw’abaturage bahatuye ndetse hakaba hanagaragara n’ubundi buryo abantu bashamikiraho kugirango hubakwe iterambere ry’umujyi.

Imijyi yashyizwe ku rwego rwa kabiri izabasha kuzamuka nk’uko Kigali iri kuzamuka

Imijyi yashyizwe ku rwego rwa kabiri izabasha kuzamuka nk’uko Kigali iri kuzamuka

Tags: , , , , , ,


Imijyi yashyizwe ku rwego rwa kabiri izabasha kuzamuka nk’uko Kigali iri kuzamukaUmuyobozi w’akarere ka Muhanga Yvonne Mutakwasuku, kamwe mu turere dufite imijyi yatoranijwe kuzajya ku rwego rwa kabiri, atangaza ko iyi gahunda izazamura imijyi yabo ku buryo bugaragara.

Imijyi yamaze gutoramywa kugirango izamurwe ku buryo bugaragara nk’uko ubu umujyi wa Kigali uri kuzamuka, harimo umujyi w’akarere ka Huye, Muhanga, Rusizi, Rubavu, Musanze na Nyagatare.

Mutakwasuku avuga ko bishimira ko umujyi wabo nawo washyizwe kuri uru rwego kuko ngo bizazamura imibereho y’abaturage babo kuko ngo hari imirimo mishya izahangwa mu mujyi bityo ngo abenshi bakazava mu buhinzi ari benshi kuko ubutaka bwo guhingaho bwabaye buto by’umwihariko ubwo muri aka karere bukaba bukunze guhura n’ikibazo cy’inkangu kubera ubuhaname bwabwo.

Uyu mujyi nukomeza kwaguka bikaba bizafasha kandi kubona ibikorwa remezo byinshi kandi ahantu henshi muri uyu mujyi cyane ko uri mu mijyi irangwamo ibikorwa remezo bike by’umwihariko imihanda.

Uyu muyobozi yerekana ko umujyi wabo numara gukura cyangwa ngo nugenda ukura gahoro gahoro bizafasha abaturage gukura mu myumvire yabo.

Mutakwasuku avuga kandi ko icyatumye aka karere gatoramywa ari uko kamaze kwerekana ko umujyi wako uri kugenda ukura ku buryo bugaragara, ndetse banarebye uruhare rw’abikorera mu iterambere n’ubushake bw’abaturage bahatuye ndetse hakaba hanagaragara n’ubundi buryo abantu bashamikiraho kugirango hubakwe iterambere ry’umujyi.

Uburasirazuba: Komite zishinzwe imiturire zakoze urugendo shuri mu midugudu y’icyitegererezo ya Nyagatovu na Kitazigurwa

Uburasirazuba: Komite zishinzwe imiturire zakoze urugendo shuri mu midugudu y’icyitegererezo ya Nyagatovu na Kitazigurwa

Tags: , , , , , , , , , ,


Uburasirazuba: Komite zishinzwe imiturire zakoze urugendo shuri mu midugudu y’icyitegererezo ya Nyagatovu na KitazigurwaAbagize komite zishinzwe imiturire mu turere twose tw’intara y’uburasirazuba, n’abayobozi b’uturere bungirije bashinzwe ubukungu bakoreye urugendo shuri mu midugudu y’icyitegererezo ya Nyagatovu mu karere ka Kayonza na Kitazigurwa mu karere ka Rwamagana.

Urwo rugendo shuri rwateguwe mu rwego rwo kureba uburyo imidugudu ya Nyagatovu na Kitazigurwa yatunganyijwe, kugira ngo hazubakwe indi midugudu mu turere mu rwego rwo kurushaho kunoza imiturire, nk’uko byavuzwe na Mugabo Emmanuel ushinzwe ubukangurambaga bw’imiturire y’icyaro muri minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu.

Si ngombwa ko imidugudu izubakwa mu turere igomba kuba iteye kimwe n’imidugudu ya Nyagatovu na Kitazigurwa, kuko imidugudu yo mu turere izubakwa hakurikijwe imiterere ya buri karere. Ikigamijwe ngo ni ukureba uburyo imidugudu itunganywa no kureba uburyo ifasha abayituyemo kugera ku iterambere ryihuse ugereranyije n’abatuye batatanye.

Hateganyijwe izindi ngendo shuri nk’uru zizakorwa mu zindi ntara kugira ngo imiturire yo mu Rwanda irusheho kunozwa. Ibyo ngo ni byo bizatuma u Rwanda rurushaho kugera ku iterambere rirambye, bikaba na bumwe mu buryo bwo gushyira mu bikorwa intego za gahunda ya kabiri y’imbaturabukungu aho u Rwanda rushyize imbere kuzamura imibereho myiza y’abaturage.

Imiturire ni inkingi y’iterambere kuko imiturire myiza iteza imbere imibereho myiza y’abaturage nk’uko Mugabo Emmanuel yakomeje abishimangira. Yongereyeho ko imiturire myiza igomba kurenga kubona icumbi ryiza, ikanashingira ku buhinzi n’ubworozi n’indi myuga yihutisha iterambere ry’abaturage.

Imiturire yo mu midugudu ngo yihutisha iterambere nk’uko Enock Byabashayija ushinzwe umushinga IDP (Intergrated Development Project) wubaka iyo midugudu yombi yabisobanuriye abashinzwe imiturire n’abayobozi b’uturere bungirije bashinzwe ubukungu mu ntara y’uburasirazuba.

Yavuze ko byonyine kuba bororera mu kiraro rusange bituma buzuzanya muri byose, bakabasha gukoresha ingufu za biyogazi (biogas), bakabona ifumbire ku buryo bworoshye, ariko by’umwihariko bikorohera muganga w’amatungo gukurikirana inka z’abatuye mu mudugudu bose kuko azikurikirana ziri hamwe.

Yanavuze kwimurira abaturage muri iyo midugudu bigitangira abaturage basobanuriwe neza akamaro ko gutura mu midugudu ntibabyumva neza, ku buryo byabaye nko kubinginga. Ubu ngo hari ikibazo cy’uko abaturage bose batuye mu nkengero z’iyo midugudu bifuza kuyimurirwamo nyuma yo kubona ibyiza bya yo, ariko haracyashakishwa ubushobozi nk’uko Byabashayija akomeza abivuga.

Abari mu rugendo shuri bashimye uburyo iyo midugudu iteye gusa basigarana imbogamizi y’uko bigoye kubaka umudugudu uri ku rwego rw’iya Nyagatovu na Kitazigurwa nta yindi nkunga umuntu afite.

Abaturage bimurirwa muri iyo midugudu ni abari basanzwe batuye nabi. Umuturage wubakiwe mu mudugudu asabwa kwishakira ikibanza haba mu buryo bw’ingurane y’ubutaka cyangwa akakigura mu mudugudu, ubundi akubakirwa inzu n’umushinga wa IDP.

Abubakiwe mu midugudu ya Nyagatovu na Kitazigurwa bahawe ibyangombwa by’amazu ya bo ariko ntibemerewe kuyagurisha

Abubakiwe mu midugudu ya Nyagatovu na Kitazigurwa bahawe ibyangombwa by’amazu ya bo ariko ntibemerewe kuyagurisha

Tags: , , , , , , , ,


Abubakiwe mu midugudu ya Nyagatovu na Kitazigurwa bahawe ibyangombwa by’amazu ya bo ariko ntibemerewe kuyagurishaAbaturage batujwe mu midugudu y’icyitegererezo ya Nyagatovu mu karere ka Kayonza na Kitazigurwa mu karere ka Rwamagana bahawe ibyangombwa by’amazu ya bo ariko nta n’umwe muri bo wemerewe kugurisha inzu ye.

Iyo midugudu ituzwamo abaturage bari batuye nabi. Kugira ngo umuturage atuzwe muri umwe muri iyo midugudu asabwa kwishakira ikibanza mu mudugudu haba ku buryo bwo kugurana ubutaka n’umuntu ubufite mu mudugudu, cyangwa mu buryo bwo kubugura, nk’uko bivugwa na Enock Byabashayija ushinzwe umushinga wa IDP ari na wo wubakira abo baturage.

Byabashayija akomeza avuga ko abo baturage bahabwa ibyangomba by’amazu ya bo kugira ngo haramutse hagize umuturage ukeneye inguzanyo abe ashobora kugwatiriza iyo nzu muri banki. Yongeraho ko kuba abaturage batemerewe kugurisha izo nzu ari uko byagaragaye ko hari aho umuturage yubaga ari kubakirwa inzu mu gihe itaruzura akaba ari kuyishakira umukiriya uzayigura.

Ati “Mu mudugudu wa Kitazigurwa twagiye duhura n’ibyo bibazo ugasanga umuturage yamaze kumvikana n’umuntu uzamugurira inzu ye ndetse akanamuha n’amafaranga ya vansi (avance) kandi inzu itaruzura”

Niba umuturage yarubakiwe inzu kugira ngo atuzwe neza akarenga akayigurisha, ntacyo umushinga wa IDP waba uri gukora kandi ugamije ko abaturage batuzwa neza nk’uko Byabashayija akomeza abisobanura.

Abaturage ntibemerewe kugurisha amazu ariko bemerewe kuyagwatiriza muri banki

Ubwo abayobozi bashinzwe imiturire n’abayobozi b’uturere bungirije bashinzwe ubukungu basuraga imidugudu ya Nyagatovu na Kitazigurwa tariki 29/04/2013, bibajije ukuntu babuza umuturage kugurisha inzu ye nyamara bakamuha uburenganzira bwo kuyigwatiriza muri banki.

Kwemerera umuturage kugwatiriza inzu muri banki bisa no kumwemerera kuyigurisha kuko aramutse abuze ayo kwishyura banki yahita iteza iyo nzu nk’uko umuyobozi w’akarere ka Gatsibo wungirije ushinzwe ubukungu, Isae Habarurema yabivuze.

Umuyobozi w’akarere ka Kayonza wungirije ushinzwe ubukungu Sikubwabo Benoit, yavuze ko nta ngero z’abantu bajya gufata inguzanyo muri banki ziragaragara ku buryo izo mpungenge zabho. Yanavuze ko abaturage batujwe muri iyo midugudu bagiye babumbirwa mu matsinda ku buryo nibura buri muturage abasha kubona amafaranga 500 buri munsi, ibyo bikaba bitapfa gutuma hari uhura n’ikibazo cy’uko inzu ye yatezwa cyamunara.

Nyabihu: Abaturage barasabwa kugira ibyabo, ibikorwa byo gukumira Ibiza,kurengera ibidukikije no kurwanya isuri hirindwa ingaruka byateza

Nyabihu: Abaturage barasabwa kugira ibyabo, ibikorwa byo gukumira Ibiza,kurengera ibidukikije no kurwanya isuri hirindwa ingaruka byateza

Tags: , , , , , , , ,


Nyabihu: Abaturage barasabwa kugira ibyabo, ibikorwa byo gukumira Ibiza,kurengera ibidukikije no kurwanya isuri hirindwa ingaruka byatezaInkangu n’ibiza bikunze kwibasira akarere ka Nyabihu,mu kubikumira abaturage bakaba basabwa gufata iya mbere no kubigira ibyabo

Akarere ka Nyabihu ni akarere k’imisozi miremire kakaba kagizwe n’imirenge 12, harimo imirenge 8 igizwe n’imisozi ihanamye kandi  irangwa n’ubutaka  bworoshye.

Ibi bituma mu gihe cy’imvura nyinshi,byoroshye ko iyi mirenge ibamo isuri n’inkangu ku buryo byibasira ibikorwa by’abaturage birimo amazu, imyaka, amatungo ndetse na bamwe mu  baturage ubwabo bakaba bahasiga ubuzima . Ingaruka z’ibiza kandi zikaba zigera no ku bikorwa remezo nk’imihanda.

Uretse imirenge 8 igizwe n’ubutaka bworoshye,aka karere karacyafite n’imirenge 4,yo mu gice cy’amakoro, nayo ikunze kuba yakwibasirwa n’ibiza, kuko amazi amanuka muri iyo misozi ashobora kwangiza ibyo ahura nabyo.

Bitewe n’imiterere y’akarere ka Nyabihu,biroroshye ko kakwibasirwa n’ibiza. Umuyobozi w’akarere ka Nyabihu Twahirwa Abdoulatif,tumubajije ingamba bafata ngo bakumire ibi biza,yadutangarije ko hafashwe ingamba nyinshi kandi buri muturage akaba asabwa kubigira ibye ku buryo ingaruka ziterwa n’ibi biza zagabanuka nabyo bikagabanuka.

 Zimwe mu ngamba zafashwe n’akarere,abaturage nabo basabwa kugira izabo ni ibikorwa byokurengera ibidukikije no kurwanya isuri hirya no hino mu mirenge igize aka karere. Gutera ibiti,gucukura ibyobo bifata amazi,gufata amazi ku mazu yabo,gucukura imirwanyasuri no kurwanya isuri mu mirima yabo,kubungabunga ibiti n’ibindi bidukikije by’umwihariko zikaba ari zimwe mu ngamba zafashwe.

Uretse izo ngamba,abaturage bakaba basabwa kwirinda gutura mu duce dukunze kwibasirwa n’ibiza”high risk zone”ndetse n’abatuye ahakunze kwibasirwa bakimuka. Kugeza ubu abagera kuri 300 bakaba bamaze kwimurwa,ariko hakaba hakiri abasaga 680 bakeneye kwimurwa nk’uko Twahirwa Abdoulatif,mayor w’aka karere  yabidutangarije.

Buri muturage w’akarere ka Nyabihu,akaba ashishikarizwa kugira ingamba zafashwe ize no guharanira gufata iya mbere mu guhangana n’ingaruka ziterwa n’ibiza no kugabanya ubukana bwabyo nk’uko umuyobozi w’akarere ka Nyabihu yabigarutseho.

Gicumbi : Abaturage barashishikarizwa gutura mu midugudu

Gicumbi : Abaturage barashishikarizwa gutura mu midugudu

Tags: , , , , , , , ,


Gicumbi : Abaturage barashishikarizwa gutura mu midugudu

Umuyobozi w’akarere mu muganda wo gusiza ibibanza ahazubakwa umudugudu

Umuyobozi w’akarere ka Gicumbi Mvuyekure Alexandre arasaba abaturage badatuye mu midugudu kuyituramo, ibyo yabibasabye nyuma y’umuganda wo gutunganya umudugudu w’icyitegererezo wa Gabiro hashyirwamo imihanda.

Uyu mudugudu w’icyitegererezo wa Gabiro uri mu kagari ka Cyeru mu murenge wa Rwamiko numara gutungana uzaba ufite ibibanza bigera kuri 500 ndetse abagera kuri 20  bakaba bamaze gufatamo ibibanza abandi 4 bakaba bamaze kubakamo amazu.

Umuyobozi w’akarere  akaba atangaza ko uyu mudugudu by’umwihariko ugomba gutuzwamo abantu batuye mu manga bitarenze ukwezi kwa cyenda.

Ati “ubuyobozi bw’ibanze buzakoresha uburyo bushoboka kugirango babone uko batuza mu mudugudu, abishoboye batuye mu manga bagomba kwimuka  nta yindi nkunga bahawe, abafite amabati bagakorerwa imiganda yo kubakirwa, abakene bagakorerwa ubuvugizi bwo gushakirwa amabati ariko ntiharenze amezi atatu hari abagituye mu manga mu rwego rwo gukiza ubuzima bwabo”.

Gicumbi : Abaturage barashishikarizwa gutura mu midugudu

Abaturage bitabiriye ari benshi

Yashimiye abaturage uburyo bitanga  bagakorera igihugu ndetse abashishikakariza gukomeza na gahunda za leta zindi ziteganijwe muri uyu mwaka 2012-2013 zitari zarangira zikarangizwa zirimo gutanga ubwisungane mu kwivuza.

“ mugomba kwitabira gufata ibyangombwa by’ubutaka n’ibindi dore ko muri buri murenge ariho haboneka igikorwa cy’abaye indashyikirwa mu kurwanya isuri mu gihugu cyose cyatumye akarere gahabwa igikombe na mimisitiri w’intebe cy’akarere ka rwanije isuri”.

Umuyobozi w’ingabo mu karere ka Gicumbi Major Donat BIKAGA yasabye abaturage kwicungira umutekano bakora amarondo  kuko badashobora kugera ku iterambere nta mutekano bafite.

“ mugomba kumenya aho muvuye n’aho mugeze  bityo mukirinda icyabasubiza inyuma” nk’uko Major Bikaga abivuga.

Hakaba hamaze gupimwa ibirometero icumi na bitanu by’umuhanda muri uyu mudugudu ndetse bikazagenda byiyongera bitewe n’ubwiyongera bw’ibibanza bizaba bikenewe.

 

 

Muhanga: Bamwe mubaturage barasaba abafite insina mumujyi kuzikuraho kuko ari indiri y’abajura

Muhanga: Bamwe mubaturage barasaba abafite insina mumujyi kuzikuraho kuko ari indiri y’abajura

Tags: , , , , , ,


Mugihe hamaze iminsi havugwa ubujura bukorerwa mungo kumanywa na nijoro muduce tumwe na tumwe tw’umujyi wa Muhanga, hari abaturage batangiye kwikoma bagenzi babo bafite imirima iteyemo insina rwagati mungo, bavuga ko insina zabo ari ubwihisho bw’amabandi.

Umugore witwa Mujawimana uherutse kwibwa ari nijoro avuga ko abamwibye bashobora kuba barahageze kare maze bakihisha munsina z’umuturanyi we witwa Barinaba, kuko ngo kumugoroba hari umwana wari wavuze ko yabonye umuntu yicaye muri izo nsina.

Ikindi uwo mugore anahurizaho n’abaturanyi be ni uko bahorana ubwoba ndetse no kumanywa kubera ko abajura bacunga umuntu yinjiye munzu bagatwara ibintu biri hanze bakiruka maze kubera izo nsina zishyirwa mumajwi ntibabashe no kubona aho anyuze.

Muhanga: Bamwe mubaturage barasaba abafite insina mumujyi kuzikuraho kuko ari indiri y’abajura

Insina ziri rwagati mungo ngo ni indiri y’abajura

Icyakora, ba nyiri insina nubundi zitemewe mumujyi ntibakozwa ibyo kuzikuraho kuko ngo zibafitiye akamaro. Umuyobozi w’umudugudu wa Nyarucyamo ya kabiri mukagali ka Gahogo, hamwe muhakunze kuvugwa ubwo bujura Mpabadashima Ildebland akaba atangaza ko bishoboka ko kuba abajura babona aho bihisha n’aho banyuza ibyo bibye ari kimwe mubituma badafatwa.

Mpabadashima kandi avuga ko hatanzwe amabwiriza yo gukuraho insina mumugi murwego rw’isuku ariko banyirazo bakinangira kuburyo zikigaragara henshi, hakaba hagitegerejwe icyemezo kizaturuka munzego zo hejuru.

 

 

m_Untitled

Kamonyi: Amazu 2000 yubakiwe abarokotse jenoside akeneye gusanwa

Tags: , , , , , , ,


m_Untitled Bimwe mu bibazo byugarije abarokotse jenoside, harimo icy’imiturire kuko amazu bubakiwe yatangiye kwangirika. Mu karere ka Kamonyi, hari amazu 2000 afite icyo kibazo, ku ikubitiro hakaba hagiye gusanywa 190.

Mu midugudu ituwemo n’abarokotse jenoside ya korewe abatutsi muri mata 1994, amwe mu mazu yatangiye kwangirika. Bamwe muri bene yo batangaza uko kwangirika biterwa n’uko ayo mazu yubatswe nabi, akubakishwa ibikoresho bidakomeye ndetse amwe muri yo bakayahabwa ataruzura.

Imwe mu midugudu igaragaramo ikibazo cy’amazu yubatse nabi, ni umudugudu wa Nyamugari mu murenge wa Gacurabwenge, ahari amazu yubatswe na TPIR (Urukiko mpanabyaha ku Rwanda) ndetse n’izubatswe na TIG (abakora imirimo Nsimburagifungo ifitiye igihugu akamaro).

Ayo mazu 36 ngo yubatswe mu mwaka wa 2000 no mu wa 2008, ariko uyarebye usanga ashaje cyane. Umucanga bashyizeho waromotse, isima yo hasi yavuyemo kuko bayishyize ku itaka, imvura iragwa igacengera mu musingi kuko ukozwe n’amatafari ya rukarakara.

Abandi bataka ikibazo cy’imiturire, ni abatuye mu mudugudu w’Icyizere wo mu murenge wa Musambira. Abo na bo bavuga ko amazu babamo bayubakiwe na Croix Rouge y’u Rwanda mu mwaka wa 1997, Banki Nkuru y’u Rwanda  (BNR), ikayabavugururira muri 2008; ariko amenshi muri yo ngo arava kuko bayacanamo kubera kutagira igikoni.

Bongeraho ko inkunga ya BNR yagarukiye ku kubasigira amarangi no kubaterera karabasasu ku mazu, ibyo bigatuma abayabona bibwira ko ari mazima kandi imbere yarashize.

Umuyobozi wungirije w’akarere ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Uwera Marie Alice, atangaza ko ibibazo byo gusana amazu y’abarokotse jenoside biri mu maboko ya FARG (Ikigega cya Leta gitera inkunga abacitse ku icumu batishoboye), ikaba yarabaruye amazu agera ku 2000 agomba gusanwa mu karere kose.

Ayo mazu akaba azasanwa mu byiciro, mu cya mbere FARG ikaba yarohereje amafaranga yo gusana amazu 190. Amazina y’abagomba gusanirwa akaba agenwa na FARG.

Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

Advertisement

jaguar cars jaguar, jeep, kia