Tag Archive | "Rwanda Handicap"

baragaragaza impungenge

Rwanda | Muhanga: baragaragaza impungenge z’uko abamugaye bafatwa ku ngufu bikamenyekana ntacyo bigitanze

Tags: , , ,


baragaragaza impungenge

Bamwe mu bita ku bamugaye bo mu karere ka Muhanga baratangaza ko bahura n’ikibazo cyo kutamenyera igihe abamugaye bafashwe ku ngufu kuko baba batabasha kubigaragaza.

Ibi bikaba ari bimwe mu byigiwe mu nama yahuje abagore bo muri aka karere bari mu nzego zifata ibyemezo bagiranye na bamwe mu bagore bagize ishirahamwe ry’abagore bari mu nteko inshinga amategeko y’u Rwanda (FFRP).

bakaba bigaga ku kibazo cyo gufatwa ku ngufu ku bagore ndetse n’ubusugire bw’ingo ariko hagarukwa cyane ku nshingano z’abagore. hagaragajwe impungenge abashinzwe abamugaye bahura nazo mu gihe bafashwe ku ngufu kuko badakunze kubimenya ahubwo ngo babimenya ntacyo bigitanze.

Mukamwezi Leoncie, ni umuyobozi w’ikigo cyita kubana bamugaye mu karere ka Muhanga (HRD la misercorde), avuga ko bajya bagira ikibazo cy’aba bana kuko hari abo bapimishije baza gusanga banduye agakoko gatera SIDA ariko bakoze iperereza basanga ababyeyi babo ndetse n’abo mu muryango wabo nta bwandu bafite.

Aha avuga ko bagiye bakurikirana bagasanga aba bana bajya bafatwa ku ngufu inshuro nyinshi. Mukamwezi ati: “umuntu agira atya akaba yashuka aba bana mu gihe bagiye mu misa, bavayo akaba yabacisha ahantu akabakorera ibya mfura mbi kandi bakabikorerwa kenshi”.

Mukamwezi avuga ko bigoye kumenya niba umwana ufite ubumuga bwo kutumva cyangwa bwo kutabona niba yafashwe ku ngufu kuko akenshi aba adafite uburyo yabisobanura.

Seneteri Marie Claire Mukasine, avuga ko hari uburyo bw’umwihariko bwo kurinda ihohoterwa abamugaye buriho ariko ngo ikibazo kikiri inzitizi ni uko abashinzwe kubitaho no kubarinda iryo hohoterwa aribo bashobora guca inyuma bakaba bahohotera aba bana babafata ku ngufu

 

 

Rwanda | Akeneye umugiraneza

Rwanda : Akeneye umugiraneza wamufasha akabona igare ry’abamugaye.

Tags: , , , , ,


Rwanda | Akeneye umugiranezaUyu mugabo witwa iyakaremye Jean Claude, utuye mu murenge wa bushoki,abana n’ubumuga.akaba nta gare agira ryo kugenderamo.

Avuga ko akeneye umugiraneza wamufasha akamubonera igare ngo kuko iryo yari afite ryarashaje.iryo gare ryashaje avuga ko  yari yararihawe n’umugiraneza mu mwaka w’2004.

Iyakaremye yagize ati:”nta muntu ujya angeraho ngo agire icyo amarira kandi mba nkeneye uwanfasha,akanganiriza,cyane cyane  nkeneye umuntu wangurira nk’igare nkajya mbasha kujyenda.nari nfite igare rirasaza none nta bushobozi bwo kuba nabona irindi nfite”.

Iyakaremye Jean Claude we yemeza ko hatabayeho ubufasha buvuye ahandi, nko mu buyobozi ,cyangwa undi muntu ufite umutima utanga ,ngo ntabwo yabasha kubona inyunganizi.

Uyu mugabo ariko n’ubwo abana n’ubumuga ngo ashobora kugira icyo akora

Ati”mu byukuri n’ubwo namugaye jyewe ndakora.nk’iyo ndi mu rugo niyicarira ku irembo, abantu bafite inkweto zacitse bakazizana nkazidodera, bakampa make.Ariko urunva ntago utwo dufaranga twagura igare, kuko niyo ntubonye ntwifashisha mu gushaka icyo ndya”.

Avuga ko umuryango we avukamo ugerageza kumuba hafi ,ngo kuko ntiyaburara bahari,baramugaburira,kandi bakamwitaho .

Ati “N’ubwo namugaye umuryango wanjye ntiwantereranye cyangwa ngo unyinube, nk’ubu bampaye umwana wo kunvomera amazi ,akanandaza sindara mu nzu jyenyine .rwose umuryango wambaye hafi kandi biranshimisha ”

Uyu mugabo kandi avuga ko umuryango we nta bushobozi bwo kuba wamugurira igare, ngo kuko ni umuryango ukennye,

Ati”umuryango wanjye sinawurenganya ngo ntiwanguriye igare, kuko nta bushobozi ufite rwose ,jye nvuka mu muryango ukennye sinawurenganya”.

Akomeza avuga ko yigeze kwiyambaza ubuyobozi ariko ntacyo byatanze ,gusa ngo aracyategereje wenda yazabona ubufasha nk’abandi.

 

 

Rwanda : Nyagatare: Barakangurirwa kumva ko abafite ubumuga bwo kutabona ari abantu nk’abandi

Tags: , , , , , , , , , , , , , , ,


Abashinzwe gukorera ubuvugizi abafite ubumuga bwo kutabona ku rwego rw’igihugu barasaba abayobozi b’inzego zitandukanye ku rwego rw’Akarere ka Nyagatare kujya baha abafite ubumuga bwo kutabona uburenganzira nk’ubuhabwa abandi Banyarwanda bose.

Nkurunziza François, umwe mu bashinzwe gukorera ubuvugizi abafite ubumuga bwo kutabona, avuga ko icyabateye kuza kuganira n’abakozi b’Akarere ka Nyagatare ari ukugira ngo babasabe gukorera abafite ubumuga bwo kutabona ibikorerwa undi Munyarwanda wese haba mu burezi no mu buzima bityo babafate nk’abandi bantu.

Ingabire Sévelin, na we watanze ikiganiro, avuga ko bimwe mu bibazo abafite ubumuga bwo kutabona bahura nabyo harimo imyimvire ikiri hasi bamwe mu Banyarwanda babafiteho bakaba batababona kimwe n’abandi bantu. Ikindi ngo ni uko mu gihe mu Rwanda havugwa uburezi kuri bose bikaba byaratumye hanongerwa amashuri kuri ubu ngo hari ishuri rimwe rukumbi ryigisha abafite ubumuga bwo kutabona.

Umuryango nyarwanda w’ abafite ubumuga bwo kutabona watangiye mu mwaka w’1994 uhabwa ubuzima gatozi mu mwaka w’1995. Kugeza ubu ngo ukaba ufite amashyirahamwe abarirwa muri mirongo ine n’umunani ari hirya no hino mu turere tugize iki gihugu. Mu y’Uburasirazuba yonyine ngo hakaba habarwa agera muri cumi n’atanu.

 

 

 

Ababyeyi b’abana bafite ubumuga

Rwanda : Ababyeyi b’abana bafite ubumuga basanga bakwiye kugenerwa ubufasha bwihariye

Tags: , , , ,


Bamwe mu babyeyi bafite abana bafite ubumuga basanga bakwiye guhabwa ubufasha bwihariye kugira ngo babashe guhangana n’ingorane zihariye bahura nazo mu kurera abana bafite ubumuga.

Ababyeyi b’abana bafite ubumugaBenshi bemeza ko kurera umwana ubusanzwe atari ikintu cyoroshye, gusa ababyeyi b’abana bafite ubumuga bo bemeza ko kurera umwana ufite ubumuga byo hari izindi ngorane zihariye bigira ku buryo nta wapfa kuzibona kereka umubyeyi we.

Ubwo twaganiraga na bamwe muri aba babyeyi batugaragarije zimwe mu ngorane bahura nazo mu buzima bwabo bwa buri munsi. Aba babyeyi batuye mu karere ka Muhanga bahisemo kwibumbira hamwe nk’abantu basangiye ibibazo maze bashinga ishyirahamwe bise “Abisunganye” kugira ngo bafatanye kureba icyabateza imbere.

Uwingabire Marie Grace, utuye mu murenge wa Nyamabuye mu karere ka Muhanga afite umukobwa w’imyaka 15 ufite ubumuga bwo mu mutwe, kuri we ngo asanga urugo rurimo umwana ufite ubumuga ruhoramo ubukene.

Yagize ati “iyo ufite umwana umugaye, urwo rugo ntabwo rukunda kuvamo ubukene. Kumuvuza bikubera ikibazo kuko buri gihe uba umuvuza kandi kumuvuza bisaba amafaranga menshi. Kugira umwana ufite ubumuga kandi bigusaba kumuba iruhande buri gihe ntubashe no kugira ikindi ukora.”

Kuvuza abana bafite ubumuga kandi ntibiba byoroshye kuko abenshi bakenera imiti  yihariye itishyurwa n’ubwisungane mu kwivuza.

Uwitije Shadia, afite umuhungu w’imyaka ine nawe ufite ubumuga bwo mu mutwe n’ubw’ingingo ku buryo atabasha kwicara no guhagarara. Uwitije avuga ko yari yaratangiye kuvuza umwana we i Gatagara ku buryo yari atangiye kwicara ariko nyuma ngo amafaranga ngo yaje kumushirana bituma arekera aho kuvuza umwana we kuko n’imyenda ye yari imaze kuba myinshi.

Uwitije asanga hakagombye kubaho inkunga y’igenewe ababyeyi bafite abana bafite ubumuga, ati “wenda tukagira natwe inkunga ihoraho izwi y’abantu bafite abana bamugaye. Erega burya n’ibo batavuza uwo mwana ariko byibuza bakaguha isabune, kuko hari n’igihe dufura nta sabune.”

Kugeza ubu aba babyeyi bishimira ko abana babo bafite ubumuga  batagihezwa n’umuryango nyarwanda bazira ko bamugaye.

Gusa ariko basanga kuba harashyizwe imbaraga mu gukangurira Abanyarwanda kwirinda guheza no guha akato abantu bafite ubumuga butandukanye, hakwiye no gushyirwa imbaraga mu gufasha ingo zirimo abana bafite ubumuga nk’uko habaho ubufasha buteganyirijwe abandi bantu bafite ibibazo.

 

 

 

 

 

Rwanda | Wikwiheba mwana irasaba

Rwanda : Wikwiheba mwana irasaba ubufasha bwo gufasha abana bafite ubumuga bwo mu mutwe

Tags: , , , , ,


Rwanda | Wikwiheba mwana irasabaikigo Wikiheba mwana cyo mu murenge wa Ngarama akarere ka Gatsibo cyita kubana bafite ubumuga n’uburwayi bwo mu mutwe gitangaza ko kidafite ubushobozi bwo gukora inshingano zacyo uko bikwiye mu gihe umubare w’abana bacyeneye ubufasha wiyongera.

 

Umuyobozi wa Wikwiheba Mwana Mukasharangabo Mediatrice, umwe mubashinze iki kigo avuga ko mu myaka igera kuri 5 kimaze gikora akazi ko kwakira abana bafite ubumuga n’uburwayi bwo mu mutwe abarenga 300 banyuze muri iki kigo kandi abagera kuri 73 bashoboye kubona ubufasha bwihariye bituma hagira n’abana bajya mu ishuri kandi ubu batsinda neza.

 

Abana barererwa muri Wikiheba mwana harimo abahabwa ubufasha bagashobora kujyanwa mu mashuri asanzwe naho abo bidakundiye kubera ikibazo cy’uburwayi bafite bakaba bahabwa ubufashwa bwihariye cyane cyane kubana baba biyanduza, bacira inkonda n’ibindi bikorwa bidakwiye bafite uburyo batoza abafite ibyo bibazo gushira, ibi bikiyongeraho gufasha abana bafite uburwayi bw’ingingo nazo zigororwa ndetse n’abatazifite bakazigenerwa.

 

Ahereye ku kazi Wikwiheba mwana ihura nako, Mukasharangabo avuga ko bisaba ubushobozi n’ubwitange ariko igikomeje kubaca intege akaba ari ubushobozi bucye bafite bigatuma inshingano bafite zitagerwaho, ingero atanga akaba ari ibibazo by’utugare abana badashobora kugenda bakenera nk’udusimburangingo, abafasha abana badashobora kugenda kujya mu bwiherero no kurya mu gihe bari ku ishuri, ubuvuzi bwihariye kandi buhenze ubushobozi bw’ikigo hamwe n’ibindi byangombwa ikigo kidafite ubushobozi bwo kubona.

 

Abasura Wikwiheba mwana bakaba batungurwa n’uburyo abana baza mu kigo bitabwaho kandi ubushobozi ari bucye ndetse n’abana bagiye mu ishuri bagashobora gutsinda cyane mu gihe bava mu miryango yabo bamwe batitabwaho ndetse ntacyizere cyo kwiga bafite. Mubana 38 iki kigo gifite 13 biga mu mashuri abanza kandi bagatsinda neza naho 2 bashoboye kugera mu mashuri yisumbuye kandi batsinda neza.

 

Mukasharangabo avuga ko ikigo kiramutse gifite ubushobozi cyafasha abana benshi bari mu mirenge ikikije Ngarama bakava mu bwigunge kuko hari n’abazanwa bakavurwa bagakira kuruta uko imiryango yabo ibakingirana mu mazu ndetse bakabafata nk’imizigo kandi ari abana nk’abandi.

 

 

Musabyemariya Yozefa yiyemeje

Rwanda | Huye: Musabyemariya Yozefa yiyemeje kurera abana bafite ubumuga bwo mu mutwe

Tags: , , , , , , , , , , , , , , ,


Musabyemariya Yozefa yiyemejeMusabyemariya ni umubyeyi utuye mu Murenge wa Tumba ho mu Karere ka Huye. Ni umwe mu bagize ishyirahamwe ADAR-Tubahoze ryita ku bana bafite ubumuga bwo mu mutwe, ariko urebye ni we ukurikirana umunsi ku wundi ibikorerwa aba bana.

Uyu mubyeyi ntabwo yize ibijyanye no kurera bene aba bana, ahubwo impuhwe yumva abafitiye kubera ko azi ko bakeneye urukundo nk’abandi bana, rimwe na rimwe ababyeyi ndetse n’abavandimwe babo babima, ni byo byatumye yiyemeza kurera ab’imfubyi.

Musabyemariya ati “nabyaye abana 2, umutoya muri bo na we yari afite bene iki kibazo. Byatewe n’uko yavutse yananiwe cyane kubera ko urureri rwari rwamwijungurijeho abaganga bakabibona bitinze. Uyu mwana wacu twiyemeje kumurera tumukunze kugeza yitabye Imana afite imyaka 16.”

Mbere ya jenoside yo mu 1994, yari ari mu ishyirahamwe ry’ababyeyi bafite abana bavukanye ubumuga bwo mu mutwe ryitwaga foi et lumière mu rurimi rw’igifaransa, ni ukuvuga ukwemera n’urumuri. Hamwe n’abari muri iri shyirahamwe, bajyaga bafata igihe cyo guhura, bagasenga ndetse bakanungurana ibitekerezo ku kuntu bagomba gukunda abana babo.

Nyuma ya jenoside, bamwe mu babyeyi bari kumwe mu ishyirahamwe bari barapfuye, abandi bari mu buroko, nuko abonye ukuntu abana babo batakigira kirera kubera ko abo bari basigaranye batabashaga kubitaho, yiyemeje kubegeranya kugira ngo abarere.

Buke buke abantu bagiye bamuzanira n’abandi bana batagira ababyeyi bafite ubumuga bwo mu mutwe, maze mu mwaka w’2000 ashinga ishyirahamwe ADAR-Tubahoze, ubuyobozi bw’Akarere na bwo bumuha amazu yahoze akorerwamo na ADAR aherereye aho bita mu Irango ho mu Murenge wa Tumba, Akarere ka Huye, nuko atangira kuharerera abana yari afite icyo gihe.

Atangira kwegeranya aba bana nyuma ya jenoside bari 3, none ubu afite abagera kuri 27 agenda azanirwa n’abantu batandukanye. Icyakora, abana yemera kurera ni abadafite ababitaho, naho ubundi agira inama ababyeyi kwirerera abana no kubaha urukundo kuko baba barukeneye nk’abandi bana basanzwe, bazima.

Kurera abana bafite ubumuga bwo mu mutwe bisaba ubwitange

Kugeza ubu, inkunga abasha kubona ituma abasha guhemba abarezi batatu bita kuri aba bana umunsi ku wundi, n’undi umwe wita ku mwana umwe bavuza i Goma. Aba barezi na bo bafite ubwitange bukomeye. Twifuje kumenya niba atagira ubwoba ko bakwigendera, maze uyu mubyeyi asubiza agira ati “abarera aba bana ni abantu bafite umuhamagaro wo kwitanga. Abaza hano ni abahoze bari mu babikira hanyuma ubuzima bwaho bukabananira, nuko bakaza gukomereza umurimo w’urukundo bari biyemeje hano.”

Kurera aba bana bisaba gufata igihe cyo kwiga buri wese, ukamenya ibyo akunda, ibimushimisha n’ibimubabaza kugira ngo umenye aho uhera umwereka ko umukunze. Nta wuhuza imiterere n’undi.

Uyu murimo rero ntabwo woroshye. Bikubitiyeho ko hari abo usanga badashoboye kwigaburira, abandi kwiyuhagira cyangwa kumenya ko bakeneye kujya ku musarane, nta wabura kuvuga ko abakora uyu murimo bawukorera ko bafite urukundo, kandi ko nta n’indi nyungu baba bawutezemo cyane ko inkunga babona idatuma bahembwa n’agatubutse.

 

 

 

 

Ngororero Ababana

Rwanda : Ngororero: Ababana n’ubumuga barifuza koroherezwa kubona insimburangingo

Tags: , , , , , , , , , , , , , , ,


Bamwe mu bantu babana n’ubumuga butandukanye bo mu karere ka Ngororero, bavuga ko bafite ikibazo cyo kutagira insimburangingo n’inyunganirangingo zibafasha mu mibereho yabo bakaba basaba ko inyunganirangingo n’insimburangingo zabo byakwishyurwa n’ubwisungane mu kwivuza (mituelle de santé) kuko uburyo bihenda batapfa kubyigurira dore ko nta n’ubushobozi bafite.

Rwanda |   Nubwo bafite ubumuga ngo bitaweho bakora byinshi

Nubwo bafite ubumuga ngo bitaweho bakora byinshi

Habumugisha Faustin uhagarariye abamugaye bo mu murenge wa Ngororero yadutangarije ko iki kibazo kibabangamiye cyane ku buryo kutazigira bituma hari abatabasha gukora kandi bari kubishobora, ariko ngo iki kibazo kikazahaza abana bato bakenera kujya mu ishuli ndetse bikanabadindiza mu mikurire yabo.

Uretse kutaborohereza gukora, ngo binatuma batabasha kubahiriza zimwe muri gahunda za leta nk’abandi baturage.  Ababana n’ubumuga batandukanye muri aka karere bavuga ko uretse bamwe bagira amahirwe yo gufashwa n’abantu ku giti cyabo ndetse n’abana bamwe bitabwaho n’abihaye Imana, abandi ngo kwirwanaho ngo babone izo nsimburangingo n’inyunganirangingo ntibiborohera.

Umudepite mu nteko ishinga amategeko uhagarariye ababana n’ubumuga Honorable Rwaka Pierre Claver avuga ko ubundi hari itegeko rivuga ko ubwisungane mu kwivuza buzajya bwishyura ibi bikoresho ariko hakavuka ikibazo kuko usanga ababicuruza akenshi ari abikorera ku giti cyabo bityo ntibemere kubitanga batishyuwe amafaranga yose. Gusa yizeza ko iki  kibazo azakiganiraho na minisiteri y’ubuzima bakareba uko iki kibazo cyabonerwa umuti mu minsi ya vuba.

Ikindi iyi ntumwa ya rubanda isaba abantu bose ni ukugira umutima w’urukundo n’impuhwe bagafasha ababana n’ubumuga cyane cyane abana bato haba aho batuye iwabo ndetse no kwitabira gahunda zitandukanye zigamije gufasha abafite ubumuga nka gahunda ya “Ngeraho umpumurize cyangwa unyoherereze SMS” yashyizweho kugira ngo ifashe abana babana n’ubumuga baba mu bigo bya gatagara, aho utabashije kujyayo yohereza ijambo gatagara kuri 3727 maze amafaranga 500 agenda kuri ubwo butumwa akazafashishwa abo bana.


Gatsibo  ababyeyi barasabwa

Rwanda | Gatsibo: ababyeyi barasabwa kwakira abana baba mubigo by’imfubyi

Tags: , , , , , ,


Rwanda | Abana bitabiriye umunsi wahariwe umwana w’Afurika mu karere ka Gatsibo

Abana bitabiriye umunsi wahariwe umwana w’Afurika mu karere ka Gatsibo

mu kwizihiza umunsi w’umwana w’umunyafurika ababyeyi bo mu karere gatsibo bongeye kwibutswa inshingano yo kwita kubana bazirikana kwakira abana bari mubigo by’imfubyi, hamwe no guha agaciro abana babana n’ubumuga babaha uburenganzira bwo kwiga no kuborohereza mu mirimo kimwe n’abandi bana.

 

Nubwo uyu mwaka insanganyamatsiko yri iti ““turengere, twubahe, duteze imbere uburenganzira bw’abana kandi turandure imirimo mibi ikorerwa abana” mu karere ka Gatsibo hakunze kugaragara ibibazo by’ihohoterwa rikorerwa abana, mu mwaka wa 2011, hakozwe ibyaha by’ihohoterwa rikorerwa abana bingana na 383, irishingiye ku  mutungo rigera kuri 66, irishingiye ku gistina ni 96, irishingiye ku mubiri ni 89 naho irishingiye ku mutima akaba ari 132.

Ibindi bibazo abana bo mu karere ka Gatsibo bahura nabyo birimo amafaranga n’ibikoresho by’ishuri byakwa ku mashuri bigatuma umubare w’abana bata ishuri uba munini bitewe n’ubushobozi bucye bw’ababyeyi.

 

Mu gihe leta ishishikariza ababyeyi gufata abana bari mubigo by’imfubyi bakarererwa mu miryango, akarere ka Gatsibi gafite ibigo 4 bifite abana b’imfubyi babibamo bagera kuri 216. Igihe bakiriwe mu miryango yabo ibigo bikazasigara bikoreshwa nk’amarerero y’abana abafasha kubongerera uburere.

 

Umunsi wahariwe umwana w’umunyafurika mu karere ka Gatsibo wizihijwe taliki ya 15 Kamena nyuma y’icyumweru cyo gusura abana b’imfubyi n’abana babana n’ubumuga gifatanyije n’umushingwa wa plan-Rwanda ahasuwe abana baba mu kigo cya Wikwiheba Mwana cyakira abana babana n’ubumuga mu murenge wa Ngarama, ubu gifite abana barenga 38, ahagaragajwe ko hacyenewe ubufasha bwo gufasha abana bakibamo bitewe n’imibereho yabo, abandi bakaba bacyeneye gufashwa kuvuzwa bitewe n’indwara zikomeye bafite ikigo kidashobora kuvuza.

 

Uyu munsi wo kuwa 16/06/2011, wabaye umunsi ngaruka mwaka w’umwana w’umunyafurika

washyizweho n’umuryango w’ubumwe bw’Afrika OUA, mu mwaka 1990, umaze kubona ko Afrika igomba kugira amasezerano yihariye idashingiye gusa ku masezerano mpuzamahanga , kuri uyu munsi akaba ari nabwo hibukwa abana biciwe muri Soweto muri Afurika yepfo mu mwaka 1976.


Bugesera Barasabwa

Rwanda : Bugesera: Barasabwa by’umwihariko kwita ku bana bafite ubumuga

Tags: , , , , , , , , , , , , , , , , , , ,


Rwanda |  Ababana n’ubumuga

Ababana n’ubumuga

Umuyobozi w’akarere ka Bugesera arasaba imiryango yose kumva no guharanira uburenganzira bw’umwana ufite ubumuga kuko na we akeneye gutezwa imbere nk’abandi, ibyo yabivugiye mu birori byo kwizihiza umunsi w’umwana w’umunyafurika wizihizwa ku itariki ya 16 Kamena.

Umuyobozi w’akarere ka Bugesera Rwagaju Louis yasabye abitabiriye ibyo birori kwita ku bana bafite ubumuga, hakubahirizwa uburenganzira bwabo haba mu kwiga mu kwisanzura no mu zindi gahunda nk’’uko Leta ihora iharanira ubwo burenganzira

Ati “ niyo mpamvu Leta ishyiraho ibikorwa remezo bijyanye n’imiterere y’ababana n’ubumuga, haba mu bigo by’amashuri aho bagira intebe zijyanye imiterere bafite ndetse bakanagira aho biherera ndetse n’imiturirwa arimo kubakwa ubu hashyizweho amategeko ko bagomba kugira inzira y’ababana n’ubumuga”.

Ibi birori byabimburiwe n’imikino y’abafite ubumuga, amakinamico, imivugo n’imbyino, bigusha ku nsanganyamatsiko igira iti “turengere umwana, twubahe kandi duteze imbere uburengenzira bw’abana bafite ubumuga, kandi harandurwe imirimo mibi ikoreshwa abana”.

Muri ayo makinamico herekanwaga ukuntu bamwe mu babyeyi batari bahindura imyumvire, bakavunisha abana imirimo, kubabwira nabi, kubabuza uburengenzira bwo kwiga n’ibindi.

Ntirenganya Vestine ni umwe mu babana n’ubumuga akaba aturuka mu murenge wa Ririma mu karere ka Bugesera, avuga ko n’ubwo ubuyobozi bugenda bwigisha abaturage.

Ati “ haracyari ababyeyi batarumva neza uburenganzira bw’umwana ufite ubumuga, bityo ubuyobozi bukaba bukwiye guhozaho mu nyigisho kandi ababyeyi nabo bakitabira ibiganiro bitangirwamo inyigisho”.

Muri ibyo birori hahembwe abana bagiye bagaragaza imikino, imivugo n’imbyino birasa ku nsanganyamatsiko, abana bose bitabiriye ibyo birori bahabwa bimwe mu bikoresho by’ishuri.


 

 

Rwanda | Gisagara Ikigo amizero

Rwanda : Gisagara: Ikigo amizero y’ubuzima cyatanze ihumure ku miryango ikirereramo

Tags: , , , , , ,


Ababyeyi bafite abana barererwa mu kigo “Amizero Y’ubuzima”cyita ku bana bafite ubumuga bwo mu mutwe, baratangaza ko cyaje ari igisubizo cy’ubwihebe bari bafite kubera kutamenya uko bafasha abana babo bafite icyo kibazo.

Rwanda | Gisagara Ikigo amizeroAmizero y’ubuzima ni ikigo cyashinzwe n’umushinga w’abadage Wir Fur Rwanda (We For Rwanda) kirererwamo abana bafite ubumuga bwo mu mutwe bworoheje bafite hagati y’imyaka 6 na 12 y’amavuko, kikaba giherereye mu murenge wa Kibirizi ho mu karere ka Gisagara.

Iki kigo cyatangiye kwakira abana mu mwaka wa2011 aho cyatangiranye abana 12 ubu kikaba gifite abagera kuri 24. Abana kitaho ni abafite ubumuga bworoheje bwo mu mutwe abo mu muryango nyarwanda bakunze kwita abavutse batuzuye.

Aba bana ubusanzwe ngo baba bakeneye kwitabwaho byihariye kuko bigoye kubitaho ariko bikaba bishoboka ko nabo hari ibyo bagenda bamenya gukora ndetse bakanumva mu ishuri bitewe na gahunda bashyirirwaho yo kwiga, mu gihe mu mashuri asanzwe biba byaragaragaye ko batabashobora.

Ababyeyi baharerera bavuga ko uko iminsi ishira bagenda babona akamaro kacyo kandi ko ari inkunga ikomeye baronse kuko ubusanzwe kurera umwana ufite ubumuga bwo mu mutwe nta bumenyi bundi ubifiteho bitoroshye. Ikindi bakanavuga ko byabaye nk’igitangaza kuko ntacyo iki kigo gisaba iyi miryango iharerera kandi ubusanzwe amashuri cyangwa ibigo byita ku bana nk’abo biba bihenze.

“Ni ukuri byaranshimishije kubona umwana wanjye abona ahantu nk’aha bamufasha mu gihe jye ntabonaga uko mbyifatamo n’amashuri asanzwe yarambwiye ko atamushobora. Ntacyo nishyura iki kigo kandi umwana wanjye ubusanzwe wakuze mbona ko afite ikibazo ubu hari ibyo agenda amenya ukabona ko aca akenge abandi barambwiraga ko azaba ikigoryi kidafite icyo kimaze ubuzima bwose” MUKAMANA

Kuri ubu iki kigo gifite abigisha bagera kuri 4 bakagira n’ubakuriye unayobora iki kigo Peter MPOLOKOSO ukomoka mu gihugu cya Zambiya.

Mu guhitamo abana bajya kukigamo nta kindi bisaba usibye kuba umwana afite ubumuga bwo mu mutwe kandi akaba ari hagati y’imyaka 6 na 12. Ikindi ngo ntibafata abana bavutse bafite ubu bumuga gusa, kuko ngo banafata abana bagenda bagira ibibazo byo kumugara mu mutwe bitewe n’indwara y’igicuri. Abo nabo barabafata bakanagerageza kubavuza iyo ndwara, ariko ubwo bumuga bundi bwo mu mutwe bwo nta kundi kuvurwa kuko ngo budakira.

“Nta miti yindi tugenera aba bana kuko ubumuga bwabo ntibuvurwa kereka ababa bafite indi ndwara nk’igicuri nibo tuvuza, abandi bo ni ukubahugura hakurikijwe gahunda ibagenewe kuko ikibazo cyabo si indwara ni ubumuga” Francis NTIHINYUKA umwe mu barimu b’iki kigo.

Usibye gufasha aba bana kuba bamenya gusoma, kwandika no kubara, batozwa uturimo dutandukanye turimo korora inkwavu, guhinga imboga n’utundi dushobora kubafasha. Bigishwa kandi kwikorera isuku bakanatozwa gukora imyitozo ngorora mu biri cyane ko abana bafite ubumuga bwo mu mutwe ugenda usanga hari n’ibindi bice by’umubiri bidakora uko bikwiye ariko bishobora kugororwa n’imyitozo.

 

Nk’uko umwarimukazi  KARIGIRWA Illumine umwe mu bigisha aba bana abivuga, ngo kuba bafata abana bake ugereranyije n’abakeneye ubufasha muri aka karere si uko batabazi ahubwo ngo ubushobozi buracyari buke kandi aba bana ntibyoroha kubitaho uko bikwiye.

Avuga ko ngo ubushakashatsi bwakozwe bwerekanye ko umwana umwe muri aba bafite ubumuga asaba ubushobozi bwo kwitabwaho bugenewe abana 10 badafite ubumuga, bivuga ko kuba bafite abana 24 byakabaye nk’uko baba bari kwita ku bana 240.

Kugera ubu kandi iki kigo ngo ntikirabasha kujya gicumbikira aba bana ahubwo buri munsi imodoka ijya kubatwara iwabo ikaza no kubatahana, uretse ko kandi ngo gahunda y’iki kigo atari no gukura abana mu miryango bavukamo kandi ibafasha kurushaho gufunguka mu mutwe kubera kubona abantu benshi batandukanye, bityo ngo nihanaboneka ubushobozi bwo kubacumbikira bazajya bahaba kugera kuwa gatanu maze bajye mu miryango yabo bagaruke ku wambere baje kwiga.

Iki kigo cyiyemeje kujya gifata abana bagera kuri 12 buri mwaka.

 

Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

Advertisement

jaguar cars jaguar, jeep, kia