Koperative KOIMA y’abafite ubumuga mu murenge wa Mamba ho mu karere ka Gisagara irishimira, aho igeze uyu munsi, ndetse ikanatangaza ko yiteguye gufatanya n’umuryango nyarwanda ku bw’umwihariko n’abatuye akarere ka Gisagara kurwanya ubukene no guharanira kwigira.
Iyi koperative ibumbiye hamwe abafite ubumuga bagera kuri 415, ibikorwa byayo bikaba ubworozi bw’ingurube, abayigize bavuga ko bamaze kwigirira icyizere kandi ko banabonye ko bashoboye bityo bakaba bahamya ko badateze na rimwe gusubira inyuma. Ibi babitangaje ubwo bari mu muhango wo kwizihiza umunsi mukuru w’abafite ubumuga muri iki cyumweru.
Ikindi kandi kibaha imbaraga uyu munsi ngo ni uko nta kikibashikamiye, ntawe ukibafata nk’abadashoboye, bahawe ijambo n’ubwisanzure ntaho bahezwa nko mugihe cyashize aho baterwaga ipfunwe no kuba hagati y’abandi bantu bagahitamo kwiheza.
Gahongayire Marie Grâce uhagarariye iyi koperative ati « Uyu munsi ntitugihezwa, ntitukitwa abahehejwe inyuma n’amateka, niyo mpamvu tiyemeje gukora tukazamuka kuko turashoboye »
Mu ijambo rye Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mamba Nyirimanzi Gilbert yongeye gushimangira ko abafite ubumuga ari abantu nk’abandi bafite uburenganzira n’inshingano nk’iz’abandi benegihugu. Ati: “twese dutandukanira ku ntege, ubushobozi n’ubumenyi, buri wese akwiye kurenga uko abandi bamubona kandi bamuha amazina atamukwiye agakora ashishikaye, akiteza imbere kandi akagirira igihugu cye akamaro”
Bwana Elysee Bakundukize Umuhuzabikorwa w’inama y’igihugu y’abafite ubumuga mu karere ka Gisagara, garuka ku mateka n’imibereho yaranze abafite ubumuga, agaragaza impinduka zagiye zibaho kuva Jenoside yakorewe abatutsi muri 1994 yarangira, aho yibukije ko ubu abafite ubumuga bahagarariwe kugeza ku rwego rw’igihugu,avuga ko ayo mahirwe bafite bakwiye kuyabyaza umusaruro biyubakira igihugu, akomeje cyane yongeye gusaba abafite ubumuga kutiheza, kwigunga no kwiyima ijambo kandi byose ari uburenganzira bwabo, abashishikariza kugira uruhare mu bikorwa bashoboye byubaka igihugu, bagatanga ibitekerezo byubaka, batirengagije no kubahiriza izindi nshingano z’umwenegihugu, yashimye byimazeyo ubuyobozi bwa Koperative yabo ndetse abasezeranya ubuvugizi igihe cyose.
Murwego rwo gukomeza gahunda yo kuzamurana mu babana n’ubumuga, habayeho no koroza ababana abadafite amatungo, bahabwa amatungo magufi.










