Abajyanama b’ubuzima bo mu Murenge wa Gashonga mu Karere ka Rusizi ku bufatanye n’abakozi b’ikigo nderabuzima cya Mibirizi bubatse igikoni n’ubwiherero banasubiriza inzu y’Umupfakazi wa genocide utishoboye yari imaze gusaza. Ibi babikoze muri gahunda yo gufata mu mugongo no kuba hafi abarokotse jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda muri uyu Murenge muri iki gihe twibuka ku nshuro ya 19 jenoside yakorewe abatutsi.
Iki gitekerezo, aba bajyanama b’ubuzima bakigize nyuma yo kubona ko igihugu kitatera imbere abaturage badafite imibereho myiza ijyana no kuba heza kandi ari n’inshingano zabo gufasha abaturage kugira ubuzima bwiza. Bamwe muri bo twavuganye bavuze ko biri no mu rwego rwo gushyigikira gahunda za Leta zigamije imibereho myiza y’abaturage akaba ari nayo mpamvu muri iki gihe abanyarwanda bibuka genocide yakorewe abatutsi ku nshuro ya 19 , buri wese ufite ubushobozi akwiye gufata mu mugongo abasizwe iheruheru n’ayo mahono, by’umwihariko abatishoboye nk’incike, abapfakazi n’imfubyi bagafashwa bigendanye n’insanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti twibuke genocide yakorewe abatutsi duharanira kwigira.
Mukantagara Mariya wafashijwe kubona igikoni n’ubwiherero ndetse n’inzu ye bigaragara ko yari ishaje cyane igasubirizwa,yavuze ko we n’abana be batasinziraga kubera imbeho yanyuraga mu myenge y’inzu ikabasanga aho baryamye ndetse ngo akenshi iyo imvura yagwaga bararaga batariye kubera kubura aho batekera. Yashimye abajyanama b’ubuzima n’abakozi b’ikigo nderabuzima cya Mibirizi ibikorwa by’urukundo bamukoreye ngo nibura biramufasha kuryama agasinzira no kwigarurira icyizere cy’ubuzima.
Umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Mibirizi ari nacyo cyateguye icyo gikorwa ku bufatanye n’abajyanama b’ubuzima, NIYONGABO Emile yasabye n’abandi bantu ku giti cya bo cyangwa se ibigo bya Leta n’ibyigenga bitarashyira muri gahunda zabyo gufasha abatishoboye basizwe iheruheru na genocide yakorewe abatutsi mu Rwanda kubyihutira kuko igihugu kitatera imbere abaturage badafite imibereho myiza ituma bakora binagamije koko kwigira
Nyuma yo kumubonera aho kuba heza, abajyanama b’ubuzima mu murenge wa Gashonga n’abakozi b’ikigo nderabuzima cya Mibirizi ngo bazakomeza gukurikirana imibereho y’uyu bafashije bamufasha kudaheranwa n’agahinda no kwigirira icyizere cy’ubuzima abona ko atari wenyine.








