Ubuyobozi bwa IBUKA mu karere ka Nyamasheke buratangaza ko bwishimira uburyo habayeho imigendekere myiza ya gahunda zo kwibuka ku nshuro ya 19 jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, ugereranyije n’indi myaka yatambutse.
Ibi byatangajwe n’Umuyobozi wa IBUKA mu karere ka Nyamasheke, Bagirishya Jean Marie Vianney, ubwo kuri uyu wa gatandatu, tariki ya 13/04/2013 hasozwaga icyunamo cy’iminsi 7 cyo kwibuka ku nshuro ya 19 jenoside yakorewe Abatutsi mu rwego rw’akarere ka Nyamasheke.
Ubuyobozi bwa IBUKA mu karere ka Nyamasheke bwishimira ko abaturage b’aka karere bamaze gusobanukirwa ko kwibuka ari ibya buri wese kandi bikaba byaragaragariye mu buryo abaturage bitabiriye ku bwinshi ibiganiro bigamije kwibuka byatambutse muri muri iki cyumweru cyasojwe.
Umuyobozi wa IBUKA mu karere ka Nyamasheke, Bagirishya Jean Marie Vianney yavuze ko gahunda zo kwibuka ku nshuro ya 19 jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 yagenze neza mu karere ka Nyamasheke ku buryo butandukanye n’ibisanzwe.
Muri gahunda zo kwibuka ku nshuro ya 19, abaturage bitabiriye ibiganiro ku bwinshi mu midugudu ndetse bagakusanya inkunga yo kuremera abacitse ku icumu rya jenoside bacyugarijwe n’ubukene, kandi byose bikaba byaragaragaye ko byakozwe bivuye ku mutima, nk’uko Bagirishya yabigaragaje.
Bagirishya avuga ko ari ibyo kwishimirwa kuko abaturage bose bo mu karere ka Nyamasheke bafashe iki cyumweru nk’icyabo, bikaba bitandukanye no mu myaka yashize kuko byagaragaraga ko hibuka abacitse ku icumu gusa cyangwa se abadafite ibyo bagirizwa.
Bagirishya yagize ati “Ibyo byose rero bigaragaza ko iki cyumweru twese twagifashe nk’icyacu. Bitandukanye na mbere, aho twajyaga kwibuka, ahanini hakagaragara abacitse ku icumu cyangwa se n’abandi badafite ibyo bagirizwa. Ariko ndagira ngo mbabwire ubungubu ko n’abakoze ibyaha bakabisabira imbabazi, twari turi kumwe muri iyi minsi.”
Bagirishya akaba ashimira abaturage kuko bagize uruhare mu kwibuka kandi bagafatanya kuremera abacitse ku icumu rya jenoside bacyugarijwe n’ubukene.
Ikindi cyishimirwa n’Umuryango IBUKA mu karere ka Nyamasheke ni uburyo ibiganiro byo muri iki cyumweru cy’icyunamo byatanzwe neza, ahanini bitangwa n’Urubyiruko rw’Intore zo ku Rugerero ndetse n’abandi bafashamyumbire nk’abarezi mu bigo by’amashuri yo muri aka karere.
Umuyobozi wa IBUKA mu karere ka Nyamasheke akaba yashimiye mu ruhame abatanze ibyo biganiro ubuhanga bwabaranze kuko abaturage benshi banyuzwe n’ibyo biganiro kandi bakavuga ko bishimangira ubumwe n’ubwiyunge bw’Abanyarwanda.
Ubuyobozi bwa IBUKA kandi bukaba bushimira akarere ka Nyamasheke ubuvugizi gakomeza gukora kugira ngo ibibazo by’abacitse ku icumu bibashe kubonerwa umuti.



