Nyuma y’umurenge wa Muhororo, abaturage bahawe inguzanyo bo mu mirenge ya kageyo na Ndaro yo mu karere ka Ngororero nabo bambuye VUP amafaranga asaga miliyoni 47 z’amanyarwanda.
Ubundi ayo mafaranga abaturage baba baragurijwe ngo abafashe mu mishinga iciriritse yo kubateza imbere baba bagomba kuyishyura kugira ngo azakoreshwe mukuguriza abandi baturage.
Ndayisenga Simon uhagarariye ibikorwa bya VUP mu karere ka Ngororero avuga ko abenshi mu baturage bafata ayo mafaranga nk’inkunga y’ingoboka ihabawa abatindi nyakujya maze nabo ntibishyure.
Abitangariza inama njyanama y’akarere, Ndayisenga yagaragaje ko ari inzitizi ikomeye idindiza gahunda za VUP mukugera kubantu benshi kandi akarere kagaragaza ko gafite abaturage bakeneye inguzanyo nkiyo maze asaba ubufasha bw’akarere mukwishyuza abo baturage.
Mu karere ka Ngororero, VUP ikorera mu mirenge ya Muhororo, Kageyo, Ndaro, Matyazo na Muhanda ariko abahabwa inguzanyo bose bagaragaza ubushake bukeya mu kwishyura.