Tag Archive | "Rwanda local"

NYAGATARE GUTANGA AMAKURU BIZAGABANYA IBIYOBBYABWENGE

NYAGATARE GUTANGA AMAKURU BIZAGABANYA IBIYOBBYABWENGE

Tags: , , , , , , , , , , ,


NYAGATARE GUTANGA AMAKURU BIZAGABANYA IBIYOBBYABWENGENYAGATARE- Gutanga amakuru ku biyobyabwenge mu nzego zibakuriye ni kimwe mu bikangurirwa abayobozi b’inzego z’utugari n’imidugudu by’umwihariko mu mirenge ihana imbibe n’igihugu cya Uganda.

Ibi byahuriweho n’ubuyobozi bwa Police n’akarere ka Nyagatare kuri uyu wa 8/5/2013 mu gikorwa cyo kumena ibiyobyabwenge byafatiwe mu mirenge itandukanye y’aka karere.

Nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi bw’akarere ka Nyagatare ngo ibiyobyabwenge ni byo biza imbere mu mpamvu z’uguhungabana k’umutekano.

Gusa ariko ngo uruhare rwa buri rwego kugeza ku muturage ni rwo rukenewe kugira ngo iki kibazo gicyemuke. Ibi ni ibitangwazwa na Atuhe Sabiti Fred umuyobozi w’aka karere, anashingiye ku ngaruka bigira haba ku mutekano, ubukungu n’ubuzima bw’abaturage.

Icyakora hagamijwe gucyemura iki kibazo ku buryo burambye hatangiye ibiganiro hagati y’u Rwanda na Uganda, kuko kugeza ubu imwe mu mbogamizi ziri ku rugamba rwo kurwanya ibiyobyabwenge ari uko muri iki gihugu hari inzoga zitabarwa mu ibiyobyabwenge kandi ari ho byinhsi bituruka.

Ubuyobozi bwa Police mu karere ka Nyagatare butangaza ko mu gukumira ukwinjira kw’ibiyobyabwenge mu karere ka Nyagatare ingamba zikaze zikwiye gufatwa mu mirenge ihana imbibi n’igihugu cya Uganda by’umwihariko ahantu bigaragara ko bigoye kugenzura ibyinjira mu Rwanda.

Ni byo byasobanuwe na Superitendant Eric Mutsinzi umuyobozi wa police mu karere ka Nyagatare.

Ibiyobyabwenge byamenwe ni litiro 180 za kanyanga y’insukano na toni 2 n’ibiro 900 za Chief warage n’izindi nzoga zo mu masachet kimwe n’ibiro bibiri by’urumogi.

 

m_01

GISAGARA: ABAPIMYI B’URWAGWA BARASABWA KUREKA UBUCURUZI BW’AKAJAGARI

Tags: , , , , , , ,


Gucururiza inzoga mu kajagari ni kimwe mu byongera ikorwa ry’inzoga z’inkorano. Ibi ni ibyibukijwe abapimyi b’inzoga bakorera mu karere ka Gisagara, bakangurirwa n’umuyobozi w’akarere bwana Leandre Karekezi gukorera mu makoperative.

GISAGARA: ABAPIMYI B’URWAGWA BARASABWA KUREKA UBUCURUZI BW’AKAJAGARIUmuyobozi w’akarere ka Gisagara bwana Leandre Karekezi mu nama yagiranye n’abapimyi b’urwagwa bo muri aka karere yabasabye ko bagerageza gukorera mu makoperative, kandi bakagira ibikoresho byabugenewe kandi byiza kuko hari abo usanga batanga inzoga mu macupa babonye, aya heinken, ayavuyemo amazi…, bigatuma nta cyizere bagirirwa n’ababagana ndetsebikanatuma bamwe bakora ibiyobyabwenge baboneraho kuko ntakibatandukanya n’abakora inzima.

Abantu benshi, cyane cyane abaturuka mu mijyi nta cyizere bakigirira inzoga y’ibitoki izwi ku izina ry’Urwagwa, kuko hadutse benshi bayigana bagashyiramo imvange z’ibintu byishi kugirango itubuke, bimwe muri byo bikaba byangiza ubuzima bw’abantu ariyo mpamvu zitwa ibiyobyabwenge. Nk’uko Pascal Rurangwa umuturage wo mu karere ka Huye ukunze gukora ibiraka by’ubwubatsi mu karere ka Gisagara abivuga, ngo yirinda kunywa inzoga aho abonye cyane muri aka karere kuko hakunze gukorerwa ibiyobyabwenge.

Bimenyimana Ernest umwe mu ba pimyi avuga ko koko ibyo babwiwe ari byo, ko hari abakora ibiyobyabwenge bagashuka abantu ko nabo inzoga zabo ari nzima, umuntu utabizi akaba atabasha kubitandukanya rimwe na rimwe bitewe n’uko koko abakora inzima nta mwihariko bafite.

Ati “Birakwiye ko duhindura imikorere, tukavugurura ibyo dukoresha kandi tugakoresha isuku nyinshi kugirango ntitwangize ubuzima bw’abantu kandi nanone kugirango turusheho kugirirwa icyizere no guca ibiyobyabwenge”

Ubuyobozi bw’aka karere bwaboneyeho busaba aba bapimyi kwitabira guhinga urutoki ku butaka buhuje kugira ngo babone ibitoki byo kwengamo inzoga y’umwimerere.  Bwana Leandre Karekezi umuyobozi w’akarere yabagiriye inama yo kwegeranya ubushobozi bafite bagashinga urwengero rumwe ku rwego rw’akarere ku buryo nako ngo kashyiramo amafaranga y’umugabane maze hagapimwa inzoga imwe mu karere kose.

Ikindi aba bapimyi bahamagariwe ni ugucunga umutekano w’aho bakorera, bagatanga amakuru y’abantu babona bateza umutekano muke, kuko ngo hashize iminsi mu mirenge yegereye igihu cy’u Burundi hagaragara ikibazo cy’ubusambo bukoresheje imbunda kandi ababikora bikavugwa ko ari  abarundi.


Ngororero: Abayobozi b’inzego z’ibanze bihanangirijwe kutongera kwishyuza amafaranga y’ubwisungane kungufu

Ngororero: Abayobozi b’inzego z’ibanze bihanangirijwe kutongera kwishyuza amafaranga y’ubwisungane kungufu

Tags: , , , , , , ,


Munama yahuje guverineri w’intara y’Iburengerazuba Kabahizi Celestin, abaturage n’abayobozi bo mu murenge wa Ngororero mu karere ka Ngororero, guverineri Kabahizi yihanangirije abayobozi b’inzego z’ibanze kutongera kwishyuza amafaranga ya MUSA (Mutuelle de Sante), hakoreshejwe ingufu zidateganywa n’amategeko.

 

Ngororero: Abayobozi b’inzego z’ibanze bihanangirijwe kutongera kwishyuza amafaranga y’ubwisungane kungufu


Guverineri kabahizi yihanangirije abayobozi kudahutaza abaturage

Muri iyo nama abaturage bo mu murenge wa Ngororero bafashe ijambo maze babwira umuyobozi w’intara ko abayobozi babo baza kubaka amafaranga y’ubwisungane mukwivuza bayabura cyangwa basanze ba nyir’urugo badahari bagatwara amatungo yabo kubayafite.

Abenshi muri abo baturage bavuga ko bafiriwe amatungo ngo ntiyari ayabo ahubwo ni ayo baragijwe, kuburyo banyirayo bajya kuyagombora batanze amafaranga ngo yitwa ay’umushumba, kandi batarabaragije.

Guverineri kabahizi akaba yabwiye abayobozi b’akarere n’abandi bakorana munzego zo hasi ko ibyo bitemewe, hakaba hagomba gukoreshwa uburyo buteganywa n’itegeko rigenda ubwisungane mukwivuza.

Abayobozi bo mumirenge, utugari n’imidugudu nabo bakaba bagaragaza impungenge z’uko hari abaturage banga gutanga amafaranga kubushake ndetse hakaba n’abagandisha abandi muri iyo gahunda. Umuyobozi w’Intara y’Iburengerazuba akaba yasabye abo bayobozi kwifashisha amategeko, asaba n’abaturage kwishyura ubwisungane mukwivuza kuko aribo bifitiye inyungu.

 

 

Nyamagabe district to get children off streets

Nyamagabe district to get children off streets

Tags: , , , , , , , ,


 With the increase of children in streets of Nyamagabe district especially in Nyamagabe town that is in Gasaka sector, the district administration and concerned organizations are set to end this issue and take children back to their homes and families.

A meeting bringing together the district administrators, church leaders, Kigeme Refugee camp and NGOs that care for children convened on Tuesday the 12th.Feb.2013 to discuss every one’s role in keeping children away from streets.

Nyamagabe district to get children off streets

Making the list of children on the streets and the reasons to why they abandoned their homes are the immediate factors to be determined to be able to take the street children back to their families explains Emile Byiringiro the vice mayor for social affairs in Nyamagabe district.

“We will sensitize all people and especially parents of street children immediately after identifying them and reasons why they ran away and then find solutions to each and everyone’s problems” says Byiringiro.

This meeting also decided on sensitizing people to stop giving alms to the street children and also to stop giving them work to do like making them carry things to be paid which makes them feel that staying on the streets is better than being at home because they have money. The sensitization begins on Wednesday the 13th.Feb in Nyamagabe market.

A team to learn thoroughly on how to get the street children out of streets, to be taken back to schools and to make them live according to their rights was elected in this meeting.

“For this issue to be resolved, it necessitates the participation of every individual and organization to play their role especially teachers, parents, families, NGOs, local authorities” explained Emile Byiringiro.

According to Lambert Hategekimana a worker for National Children Council who was in attendance of this meeting, all concerned individuals, councils and organizations should do the necessary to give security and stability to children to make them stay where they are supposed to be instead of running to streets.

Hategekimana said that children who start begging on streets may become thieves when they grow up with the habit to get money they did not work for. It is good to get them off the streets when they are still young for them to have a better life in future.

 

  

m_leaders to involve

Rwanda | Kamonyi: leaders to involve residents in action plans

Tags: , , , , , , ,


 m_leaders to involveThe Rwandan Collective of Leagues and Associations for the Defense of Human Rights (CLADHO) has trained the advisory of civil society on the implementation of economic budget for them to bridge the gap between local people and their leaders.

“The action plan based on the wishes and needs of local people brings about long lasting development in the country.” This was said by Alexis Nkurunziza a worker of CLADHO in the department of communications on economic budget during the training for the advisors of 12 sectors in Kamonyi district and people’s representatives.

In the 2days training that ended on the 16th.Jan.2012, Nkurunziza said that in presentations that CLADHO had with local people showed that a large number of people do not know that they should participate in the implementation of action plans and to follow on the actions that were achieved.

Lack of involvement in the make and implementation of action plans have already led to waste of a lot of governments money into projects that people don’t participate in. examples of such projects that were not participated in included the parking lot of Kicukiro built in Nyanza of which people do not use and Kirengeri market in Ruhango district which is not used as prior planned.

Nkurunziza reminded the sectors’’ advisors and all people’s representatives to bridge local people and their leaders and this will be done through the constant dialogues with local people to know what they need more urgently than others who will in turn inform the leaders of the priorities set to be put in action plan that will be funded by the economic budget.

The advisors of different sectors who attended this training sais that people who represent local people know very well that action plan of the district is based on people’s needs but limited by low financial capabilities of the district to fulfill all the needs, this is the reason action plans are prepared by technicians after which local people confirm it or deny it.

A pastor of ADEPR church who presented the civil society said that the reason to why local people don’t fully participate in the making and implementation of action plans is because their leaders do not encourage them to participate and reminded leaders to always remember that local people should be the center of the actions done for them.

urugero rwiza rw’abayobozi bakunda abo bayobora.

Rwanda | Rulindo: urugero rwiza rw’abayobozi bakunda abo bayobora.

Tags: , , , , , ,


urugero rwiza rw’abayobozi  bakunda abo bayobora.

Abayobozi bo mu karere ka Rulindo batangiye umwaka bahanga udushya tutaraboneka ahandi mu tundi turere.

Aho buri mukozi w’akarere afite intego yo kuzamura nibura umuryango umwe mu miryango ikennye kurusha iyindi mu batuye aka karere.

Iki gikorwa abaturage ba Rulindo bise ngo ni ukubyarwa muri batisimu,buri muyobozi yagiye atombora umuryango umwe mu miryago yatoranijwe, bakabonana ,bakamenyana,ubwo ngo hakazakurikiraho gahunda yo gusurana mu ngo zabo,bityo izindi gahunda zikazakurikiraho.

umuyobozi w’akarere ka  Rulindo Kangwagye Justus nawe watomboye umukecuru w’umukene witwa Mukakabano Sophia, yavuze ko ari igikorwa kigamije kuzamura imiryango ikennye muri aka karere.

Yagize ati”ni igikorwa twatekerejeho nk’abanyarulindo kugira ngo turebere hamwe icyafasha imiryango ikennye kurusha iyindi kuva muri icyo kiciro cy’ubukene bukabije.Iyi gahunda tuyifitiye ikizere ku buryo duteganya ko mu mezi atandatu gusa aba baturage bazaba bavuye munsi y’umurongo w’ubukene.”

Ku ruhande rw’abaturage bishimiye cyane iki gikorwa banavuga ko ari ubwa mbere babonye ibintu nk’ibi mu gihugu.

Mukakabano Sofia,watowe n’umuyobozi w’akarere yavuze ko bimushimishije cyane ku buryo ngo yunva azahita ava mu mubare w’abakene.

Yagize ati”ibi bintu byatubereye ibitangaza ku buryo jyewe ku giti cyange nunva namaze kuva mu mubare w’abakene,kuko natowe na Meya.Kuva navuka ntaho nabonye ibintu nk’ibi ,aho umuyobozi yiyemeza gufasha umuntu atazi ngo ni uko ari umukene.Abayobozi bacu ni infura barabitweretse.”

Ndererimana Francois,utuye mu murenge wa Bushoki,akagari ka Mukoto,nawe ni umwe mu babyawe muri batisimu,avuga ko yari afite ubukene ,ngo nta n’inzu agira yo kubamo.Ibi ngo bikaba bimuhaye ikizere cy’uko agiye kubona ibyo yari akennye byose.

Abakozi bakora mu karere ka Rulindo ,bavuga ko iki gikorwa kizabafasha kurushaho kumenya neza imibereho y’abo bayobora, ari nabo batoye kuzafasha.

Ikindi kandi mu byo bazabafasha ngo ni ukubafasha guhindura imyunvire, mu gihe abenshi muri bo  bakifitemo ubujiji bwo kutabasha kwishakira icyo bakora ngo biteze imbere.


 

Abayobozi mu nzego z’ibanze barasabwa kubana neza n’abo bayobora kugira ngo bafatanye kunoza gahunda za Leta

Rwanda : Abayobozi mu nzego z’ibanze barasabwa kubana neza n’abo bayobora kugira ngo bafatanye kunoza gahunda za Leta

Tags: , , , , , ,


Abayobozi mu nzego z’ibanze barasabwa kubana neza n’abo bayobora kugira ngo bafatanye kunoza  gahunda za Leta

Umuyobozi wungirije ushinzwe imibereho myiza mu karere ka Rulindo,Niwemwiza Emilienne,arasaba abayobozi bo mu nzego z’ibanze kurushaho kwegera  abaturage, bakabakangurira  gutanga mituweri.

Abayobozi bo mu nzego z’ibanze cyane cyane abo mu tugari n’imidugudu ngo ni abantu bakunze kubana n’abo bayobora umunsi ku munsi,ibyo bikaba byatuma babunva kurusha uko bakunva undi muyobozi  uturutse mu nzego zo hejuru.

Aba bayobozi kandi banasabwa kurushaho kubana neza n’abo bayobora ,babereka urukundo,ngo kuko ari byo bizatuma abaturage barushaho kwitabira gahunda za Leta.

Abaturage ngo  bazunva ko abayobozi babakunda,bityo bafatanye kubaka igihugu.

Ushinzwe ubwisungane mu kwivuza Mituelle de santé)mu karere ka Rulindo ,Serugendo Francois,avuga ko aho ubwitabire bwagenze neza ,basanze ari uko abayobozi baho babishyizemo imbaraga zidasanzwe bereke urukundo abo bayobora.

Ikindi ngo ni uko hamwe na hamwe abayobozi bagiye  bafasha abaturage mu kubona inguzanyo ngo babashe kubona umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza.

Aragira ati”mu baturage twasanze babashije kwitabira gutanga mituweri neza kandi ku gihe,ni abayobozi babo babigizemo uruhare babereka urukundo,n’kinyabupfura.kuko ntago wakwegera umuturage neza umuhaye agaciro ke ngo ananirwe kunva ibyo umubwira mu gihe biba bimufitiye akamaro.”

Umuyobozi  wungirije ufite imibereho myiza mu nshingano ze mu karere ka Rulindo ,Niwemwiza Emilienne,avuga ko abaturage ari abantu bakeneye ko ubereka urukundo n’ikinyabupfura, bityo ngo we asanga kubegera biba bitagoye.

Yagize ati”abayobozi mu nzego z’ibanze nibo bari hafi cyane y’abaturage .icya mbere ni ukubafasha guhidura imyunvire,bityo ukaboneraho kumwunvisha icyo ushaka kumubwira.Niba umuyobozi ategera abo ayobora nabo ntibashobora kumwunva ,bisaba kubegera ukabsobanurira ibyo ushaka ko mufatanya.”

Uyu muyobozi akomeza asaba abaturage ko bakwisunga za sacco zikabafasha kuba babona inguzanyo,bityo bakabasha gutanga amafranga ya mituweri,ngo kuko bibafasha iyo bahuye n’uburwayi mu miryango yabo.


 

Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

Advertisement

jaguar cars jaguar, jeep, kia