Tag Archive | "rwanda management"

Ngoma: Barangurirwa kugira isuku binyuze mu gufata amazi ava kumazu yabo

Ngoma: Barangurirwa kugira isuku binyuze mu gufata amazi ava kumazu yabo

Tags: , , , , ,


 Mu rwego rwo kurushaho kubungabunga umuco mwiza wo kugira isuku mu banyarwanda, mu karere ka Ngoma abaturage basabwe gufata amazi ava kumazu yabo bakayakoreshaNgoma: Barangurirwa kugira isuku binyuze mu gufata amazi ava kumazu yabo mu kugira isuku ku mubiri ndetse no kuri roho birinda amakimbirane.

 Kudafata amazi ava ku mazi byagaragaye ko  bitera amakimbirane mu baturanyi kandi ngo ayo mazi abaturage bigishijwe bayafata akajya abafasha mu bikorwa by’isuku.

 Umunyamabanga nshingwabikorwa  w’akagali ka Kinyonzo mu murenge wa Kazo, Kamanzi Lucien, yatangarije itangazamakuru ko ubukangurambaga mu gufata amazi ava kumazi buri gukorwa kugirango imvura izajye kugwa bararangije kubikora.

 Kamanzi yagize ati ”Turi gukora kuburyo umuturage agira isuku kandi  akarushaho kugira umuco wo kutabangamirana. Ati “Abaturage turi kubashishikariza kugira imbuga isa neza no gutura ahari isuku.”

 Abaturage nabo bavuga ko mugukangurirwa gufata amazi kumazi bamenyeyemo akamaro bifite kandi ngo bagiye kubyitaho kugirango bitangirane n’igihe cy’ imvura yo mu kwa kane.

 Bamwe mubaturage ariko bagaragaje imbogamizi y’ubukene kuri iyi gahunda yo gufata amazi ngo kuko bisaba byibuze kugira  uburyo n’ ubushobozi. Kuri izi mpungenge abaturage basabwe gukoresha uburyo bworoshye kandi bungana n’ubushobozi bwabo.

 Bumwe muri ubu buryo ngo ni ugucukura icyobo aya mazi yajya ajyamo aho kujya guseyera umuturanyi.

 Ibibazo byo kudafata amazi yo kumazu bikunda guteza umwuka mubi hagati y’abaturanyi,aho usanga anasenyera abantu. Mu rwego rwo gukumira amakimbirane nkaya ndetse no kwita kubidukikije harwanywa isuri ,buri muturage asabwa gufata amazi ava kunzu ye.

m_01

Nyanza: LWH project to develop local farmers

Tags: , , , , , , , , ,


Residents of Rwabicuma sector in Nyanza district in Southern Province should make use of the projects done by and the money they make from Land Husbandry, Water Harvesting, and Hillside Irrigation (LWH) project and attain development even after its closure.

Nyanza: LWH project to develop local farmers

Farming is part of common activities in Rwabicuma sector

This was said by Francis Nkurunziza the vice mayor for finance of Nyanza district on Thursday the 28th.Feb.2013 during the function to officially begin season 2013B of farming.  He reminded farmers that they should use well the money they get paid for making terraces in this sector and develop themselves.

“If you use your money for alcohol and for pleasure, you will always be poor instead use that money for profitable ventures and projects” said the vice mayor. LWH employs residents of this sector to make modern terraces for their own use among other many projects.

Apart from using profitably the money they are paid for making modern terraces in Rwabicuma sector, the vice mayor asked local residents to conserve the land where these terraces are made by using them well in their crop husbandry as well as growing reeds to feed their cattle.

“Making use of the modern terraces made for you and the manure you were given is what you should start with to get to development” says Francis Nkurunziza.

There is also an electricity dam that is being constructed by Chinese in this same sector that will be completed worth Rwf8billions of which Rwf1.5 billion will be used to pay workers. These developmental projects are to be used to develop people as Nkurunziza pointed out.

According to Vincent Nsabuwera who is in charge of crop husbandry in LWH project, [people should never misuse what they have but should develop and value them.

The season 2013B of farming in Nyanza sector was started by cultivating the 3 hectares where beans will be planted. It was attended by more than 400 people as Philbert Nkurunziza the coordinator of LWH in Southern Province of Rwanda explained.

 

 

RWANDA : KUGIRWA UMUYOBOZI WA KOPERATIVE NTIBIVUZE KO IBAYE IYAWE

Tags: , , , ,


Nyagatare: Kutiharira ubuyobozi, kwegera abanyamuryango no kuvumvikana nabo nibyo nkomoko y’iterambere rya koperative.

Iyi ni inama yagiriwe abayobozi b’amakoperative muri rusange akorera mu murenge wa Musheli ni nyuma y’inama yahuje ubuyobozi bw’uyu murenge n’ubwa koperative y’abatwara abantu n’ibintu kuri moto STMCM yasoje uwari umuyobozi wayo yegujwe by’agateganyo kugeza ku wa 30 uku kwezi ubwo hazaterana inama rusange y’abanyamuryango ari nabwo agomba kuba yamaze kwishyura abo abereyemo ideni.

Ideni Kwizera Adrien wari umuyobozi wa koperative Safe Taxi Moto Musheli nawe yiyemerera kwishyura abereyemo abanyamuryango bamutumaga kubagurira moto ni amafaranga y’urwanda 549,600. Mu nama yo kuwa 14 Mutarama,2013 yahuje ubuyobozi bw’iyi koperative n’ubwa STRAMORWA ku rwego rw’intara  yashoje nayo imweguje yari yijeje kwishyura abo abereyemo umwenda bitarenze kuwa 18 mutarama,2013  kuko yivugiraga ko ayo mafaranga ari kuri konti ye muri banki.

Ibi ariko ntiyabyubahirije kuko ngo hari abamwishyuje kenshi. Ruhumuriza Theogene wamuhaye avanse kuri moto y’ibihumbi 150 avuga ko yamwishyuje kenshi ariko agahora amubwira ko aribuyamuhe none ubu ngo nta n’icyizere cyo kuyabona agifite.

Uretse aya mafaranga yishyuzwa atari yishyura ngo na nyuma yo guhagarikwa by’agateganyo ntiyabyemeye kuko yaje guhamagaza inama rusange y’abanyamuryango yagombaga guterana kuri uyu wa 24 Mutarama yaje gusubikwa n’ubuyobozi bw’umurenge ahubwo buhamagaza komite bakoranaga kugira ngo baganire kuri icyo kibazo.

Nyuma y’ibiganiro byarimo n’abayobora STRAMORWA mu karere ka Nyagatare ndetse n’intara hafashwe umwanzuro nanone wo guhagarika by’agateganyo Kwizera Adrien ku buyobozi bwa koperative kugeza kuwa 30 Mutarama, aribwo hazaterana inama rusange y’abanyamuryango ikaba ariyo izafata icyemezo cyo kumusubiza ikizere agakomeza kuyobora cyangwa agasimbuzwa undi.

Gusa ariko nanone ngo agomba kugeza icyo gihe yamaze kwishyura abanyamuryango amafaranga yabo. Habumugisha Denis ushinzwe imibereho myiza mu murenge wa Musheli avuga ko ubundi umuyobozi wa koperative agomba gufatanya n’abo ayoborana naho ikindi akegera abanyamuryango kuko aribo ba nyiri koperative. Uyu muyobozi agira inama abayobora amakoperative kumva ko kugirwa umuyobozi bitabaha uburenganzira bwo kuyigira iyabo ku giti cyabo.

Uku kweguzwa kwe ariko hari abanyamuryango kutashimishije kuko ngo atariwe wariye koperative wenyine dore ko n’abo bafatanije kuyobora nabo hari amafaranga bishyuzwa na koperative.

Uretse amafaranga y’abanyamuryango Kwizera Adrien yemera ko yakoresheje ngo hari n’ikirarane mu kwishyura inguzanyo ya moto ya koperative kingana n’ibihumbi bisaga 200.

Rwabalinda Aloys uyobora sendika STRAMORWA mu ntara y’uburasirazuba, safe Taxi Moto ya Musheli ikoreramo avuga ko hari n’andi mafaranga asaga miliyoni 2 n’igice yabikijwe kuri konti itari iya koperative kandi akaba yaragombaga kwishyurwa banki ya KCB kuko ariyo yabahaye inguzanyo zaguzwe moto zigurizwa abanyamuryango.

 

 

Ni byiza ko abanyamuryango b’amakoperative basobanukirwa

Rwanda | Huye: Ni byiza ko abanyamuryango b’amakoperative basobanukirwa n’imikorere yayo

Tags: , , ,


Ni byiza ko abanyamuryango b’amakoperative basobanukirwa

Muri iki gihe Abanyarwanda bashishikarizwa kwibumbira mu makoperative, byagaragaye ko hari  amakoperative y’i Huye atagira icyo ageraho. Nyamara, gahunda yo gushishikariza Abanyarwanda kwibumbira mu makoperative ifatwa nk’aho ari imwe mu nzira zo kubafasha kwiteza imbere.

Ibi byatumye komisiyo y’ubukungu yo muri njyanama y’Akarere ka Huye yiyemeza kujya kureba igituma amenshi muri aya makoperative atagera ku ntego yayo.

Iyi komisiyo yasanze impamvu nyamukuru ari uko abanyamuryango baba batazi uko amakoperative akora. N’ikimenyimenyi, amahugurwa ku mikorere y’amakoperative agenerwa ahanini komite nyobozi, ari na yo ahanini iba iri ku isonga ryo gutuma ahomba, dore ko aba ari yo ifite mu biganza inkunga zigenerwa aya makoperative.

N’ubwo abagize iyi komisiyo bagiriye inama abanyamuryango b’amakoperatvie kuzajya bakurikiranira hafi uko umutungo wabo ukoreshwa, abagize inama Njyanama y’Akarere ka Huye yateranye kuri uyu wa 27 Ukuboza, basanze byaba byiza n’abandi banyamuryango bagiye bahabwa amahugurwa ku mikorere y’amakoperative, bityo bakaba babasha kugenzura uko umutungo wabo ukoreshwa.

Iyi komisiyo kandi yasanze kutamenya uko amakoperative akora atari yo mpamvu yonyine ituma ahomba. Ngo hari igihe atanamenya kwishakira amasoko y’ibyo yagezeho. Inama Njyanama rero yifuje ko komite nyobozi y’Akarere ka Huye yagena uburyo aya makoperative yajya agirwa inama ku gushaka amasoko y’ibikorwa byayo.

 

 

Rwanda peopleNyamasheke Abagenerwa

Rwanda | Nyamasheke: Abagenerwa inkunga y’ingoboka barasabwa kuyikoresha neza

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,


Rwanda    peopleNyamasheke AbagenerwaAbageze mu zabukuru batishoboye bo mu murenge wa Shangi mu karere ka Nyamasheke batoranyijwe kuzahabwa inkunga y’ingoboka barasabwa kuzayikoresha neza kugira ngo ibashoboze kwiteza imbere kandi bazagire amasaziro meza.

Ibi aba bakecuru n’abasaza bo mu murenge wa Shangi babisabwe kuri uyu wa kane, tariki ya 25 Ukwakira, 2012 n’umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Madame Gatete Catherine wababwiye ko iyo nkunga bagenerwa ari iyo kubafasha kwiteza imbere kandi bakaba bakwiriye kuyibyaza umusaruro uzatuma bakomeza kwiteza imbere ntibahore bateze amaso.

Madame Gatete yabwiye aba baturage ko iyo nkunga bayigenewe na Perezida wa Repubulika, Kagame Paul, bityo bakaba bakwiririye kumushimira ari uko biteje imbere bakagira amasaziro meza.

Gatete yabwiye abo baturage bageze mu zabukuru ko icyo Perezida wa Repubulika akorera abo baturage ari nko kubakiriza  mu ziko, bityo bakaba bagomba guhora baharanira ko uwo muriro abacaniye utazima.

Gatete Catherine yabibukije ko bakwiriye gutekereza umushinga bazakoresha ayo mafaranga ukazatuma biteza imbere ubudasubira inyuma.

Mukabideri Mariana w’imyaka 67 atuye mu mudugudu wa Gasumo, akagari ka Mataba mu Murenge wa Shangi. Avuga ko nabona iyi nkunga azayiguramo itungo ku buryo rizamuha ifumbire, bityo akazajya afumbira imirima ye ikera neza, bikabasha kumuteza imbere.

Basoze Gratien w’imyaka 75, na we ni umuturage ugeze mu zabukuru ufite ubumuga bw’ingingo. Atuye mu mudugudu wa Busanati, akagari ka Burimba mu Murenge wa Shangi. Avuga ko nabona iyi nkunga azayiguramo itungo kandi akarifata neza ku buryo rizatuma agira amasaziro meza.

Abatishoboye bagenerwa amafaranga y’inkunga y’ingoboka basabwa kuyakoresha neza, birinda kuyasesagura cyangwa kuyakoresha ibidakwiriye, nk’aho bamwe na bamwe usanga bayajyana mu kabari kandi bagakwiriye guharanira ko yababera umusemburo wo kwiteza imbere.

Nk’uko aya mafaranga adahora atangwa, ni byiza ko aba baturage bafata inshingano yo kuyabyaza umusaruro uzahora ubatunze kuruta guhora bategereje inkunga.

Nk’uko bitangazwa n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa shangi, Kamali Aimé Fabien, ngo uyu murenge ubarurwamo imiryango izagenerwa inkunga y’ingoboka igera kuri 252. Iyi miryango ikaba yiganjemo abageze mu zabukuru batishoboye ndetse n’indi miryango bigaragara ko itishoboye kandi idashobora gukora, by’umwihariko imiryango y’abana bato b’abanyeshuri.

 

Untitled

Rwanda \KARONGI: Utugari Twose Tugize AKarere Ka Karongi Dufite Byibuze Koperative Imwe y’Urubyiruko

Tags: , , , , ,


Rwanda | Urubyiruko rukeneye kumenya imicungire y’amakoperative

Urubyiruko rukeneye kumenya imicungire y’amakoperative

Akarere ka Karongi gafite umwihariko utaboneka mu tundi turere tw’Intara y’iBurengerazuba, wo kuba mu tugari twose uko ari 88 harimo byibuze koperative imwe y’urubyiruko.

Nk’uko umuhuzabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko mu karere ka Karongi, Ryumugabe Alphonse abisobanura, izo koperative uko ari 88 zose zahawe inkunga y’ibihumbi 100 byo kubafasha kwiteza imbere. Inkunga yose yatanzwe ihwanye na miliyoni 8 n’ibihumbi 800. Ryumugabe Alphonse asanga ayo mafaranga ari menshi, urubyiruko rukaba rukeneye amahugurwa yo kurufasha kumenya gucunga amakoperative kugira ngo ruzabashe kuyabyaza umusaruro:

“Twabateguriye amahugurwa ku micungire y’amakoperative kugira ngo izo nkunga zizabashe gucungwa neza no kubyazwa umusaruro ku buryo muri turiya tugari amakoperative yaho azaba intangarugero ku rwego rw’igihugu. Ni nayo politike ya leta yo guhuriza abantu hamwe kugira ngo batere imbere, natwe ni yo nzira twabinyujijemo  kugira ngo tubashe guteza imbere urubyiruko rwacu.”

Rwanda | Bamwe mu bahuguwe:  Bayavuge Bonifride na Ntawicumurame Nelson

Bamwe mu bahuguwe:
Bayavuge Bonifride na Ntawicumurame Nelson

 

Bayavuge Bonifride, umurezi ku kigo cy’amashuli abanza cya Rushabarara ni umwe mu bahuguwe. Avuga ko amahugurwa yabashije kumugaragariza ko bakoraga nta mikorere ihwitse bafite, ariko ubu ngo yamenye amategeko agenga koperative n’uko abayobozi bagomba gushingwa ibintu bitandukanye kugira ngo ibashe kugira gutera imbere, n’ukoze amakosa agahanishwa itegeko risobanutse.

Undi wahuguwe ni Ntawicumurame Nelson, umuhuzabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko mu murenge wa Bwishyura (Karongi). We asanga kuba hari amahame menshi batari bazi agenga amakoperative, ari imwe mu mpamvu zatumaga amakoperative adatera imbere cyangwa rimwe na rimwe akanasenyuka.

Amahugurwa ku micungire y’amakoperative yateguwe n’Inama Nkuru y’Urubyiruko, ifatanyije n’umushinga Projet Sante Publique (PSP) ukorera mu turere twa karongi na rutsiro. Yari agenewe abahagarariye urubyiruko, n’abakozi b’ibigo nderabuzima umushinga PSP ufashamo leta y’u Rwanda, kandi ukaba ufite n’abakozi mu bigo nderabuzima bashinzwe urubyiruko ku bukangurambaga mu buzima bw’imyororokera no kwirinda SIDA ari nabo bahuguwe mu gihe cy’iminsi ine.

 

Rwanda : Ubuharike buri ku isonga mu bibazo bikomeye muri gahunda yo kwandika ubutaka

Tags: , , , , , , , , , , , ,


Abagize komisiyo y’ubutaka mu turere baratangaza ko ubuharike ari kimwe mu bibazo bikomeye muri gahunda y’ubutaka kuko gikunze kugaragara nk’imbogamizi henshi mu turere tw’u Rwanda.

Aba bagize iyi komisiyo bagaragaje ko mu gihe abantu bumvise ko hari gahunda yo kubarura ubutaka mu gace runaka, bihagurutsa abantu benshi ndetse n’abatari basanzwe bazwi muri ako gace bakaza kwibaruza ku butaka runaka baba bemeza ko babufiteho uruhare.

Urugero umuyobozi mukuru wungirije  w’ishami rishinzwe ubutaka no kubupima, Eng. Didier Giscard Sagashya yatanze akaba ari urwo mu karere ka Nyamagabe hagaragaye umugabo wahuriweho n’abagore icumi bose bemeza ko babyaranye nawe.

Aba bagore bakaba barashakaga ko abana babo bakwandikwa ku butaka bw’uwo mugabo nk’ababufiteho inyungu.

Mu busanzwe amategeko y’ubutaka avuga ko ubutaka bushobora kubarurwaho umuntu umwe ariko bakabarura n’abantu bose babufiteho inyungu kugirango hatazaba kuryamirana.

Sagashya avuga kandi ko ikibazo cy’abavandimwe batumvikana nacyo giteza inkeke abashinzwe kubarura ubutaka kuko hagaragaye abatari bake bashwana kubera izungura ndetse n’iminani.

Ikindi kibazo cyagaragajwe kigeze guteza ibibazo ariko kikaba ngo cyarabashije kubonerwa umuti, ngo ni ikibazo cy’ibirwa. Ku ngoma ya gikoloni, yavugaga ko ibirwa byose ari ibya leta nta muturage wemerewe kubigira.

Nyamara usanga ibirwa binini bimaze guturwa cyane n’abaturage benshi, aha leta ikaba yarafashe icyemezo cyo kubarura ubutaka bwo ku birwa ku babutuyeho, ubw’ibirwa bito bukaba aribwo bubarurwa kuri leta.

Ishyamba kimeza rya Gishwati naryo ngo ryateje ibibazo kuko ryagiye rihabwa abaturage ngo bariture kuva mu myaka ya kera ariko magingo aya rigomba gusubira uko ryari maze rikabarurwa kuri Leta.


Rwanda | Government consolidates disaster management measures as heavy rains continue to cause havoc in some parts of the country

Tags: , , , , , , , , , , , , , , ,


Following unrelentingly heavy rains which have over the last one month flooded parts of the country, mainly the Northern, Western and Eastern Province, Government has stepped up disaster management mechanisms to contain the effects.

 

It has been realized that the National Disaster Steering Committee – NDSC, an organ responsible for policy and coordination of disaster management at the highest level made up of heads of eight institutions needed support to render it more responsive and effective. This is why under it another team at technical level named Disaster Steering Technical Committee was created on May 1, 2012 and launched May 11.

 

Institutions that make up the NDSC are Ministry of Disaster Management and Refugees Affairs – MIDIMAR (chair), Ministry of Defense (vice chair), Ministry of Local Government, Ministry of Internal Security, Ministry of Health, Ministry of Natural Resources, Ministry of Agriculture, Ministry of Infrastructure, Rwanda Defense Forces and Rwanda National Police.

 

The launch exercise took place at an extra ordinary meeting held at the Office of the Prime Minister, chaired by General Marcel Gatsinzi, (MIDIMAR). Participants sought to wrestle down challenges experienced while trying to respond rapidly to natural calamity, in this case recent severe rains.

 

The meeting was also attended by Protais Musoni, Minister of Cabinet Affairs, Stanislas Kamanzi, Minister of Natural Resources and Alvera Mukabaramba, Minister of State in charge of Community Development and Social Affairs plus several other senior government officials from NDSC, members of the technical committee. The committee was immediately tasked with drawing an action plan soonest to address issues of better disaster preparedness and quicker response mechanisms by government.

 

In less than two months, unpredictably heavy rains have claimed 17 people. Fatal landslides, damaged roads and washed away swathes of crop fields are the other disaster effects. Districts hit hardest are Musanze, Nyabihu, Rubavu, Rulindo, Ngororero, Muhanga, Nyamagabe and Karongi. Nyagatare, Bugesera and Kayonza have also not been spared.

Minister Gatinzi said Government is doing its level best to contain the disasters as well as mitigate their effects through various rescue actions.

 

“Government is doing everything possible to provide shelter, Medicare, psychological counseling, food and other essential commodities to the unfortunate families. Government wishes to assure Rwandans that while some of these disasters are beyond prevention, every resource shall be mobilized and deployed to minimize the damage they end up causing.”

 

The minister also called up on families to take good care of the young ones since they naturally most vulnerable. He appealed to people in the zones often affected to report early any signs of possible disasters, reminded local administrations about their primary role of ensuring citizens protection and urged them to always link up quickly with higher authorities for timely reinforcement.

 

In the medium and long term, government has plans of relocating all people settled in zones prone to disasters to safer areas.

 


Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

Advertisement

jaguar cars jaguar, jeep, kia