Tag Archive | "Rwanda marginalized"

Bahawe Radiyo na terefone ndetse n'ibikoresho byayo byose

Gakenke: abasigajwe inyuma n’amateka bashyikirijwe terefone na radiyo zo kubafasha kumenya amakuru

Tags: , , , , , , , ,


Kuri uyu wa kabiri tariki 14/05/2013, Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yashyikije abasigajwe inyuma n’amateka  bo mu Karere ka Gakenke  bitabiriye itorero terefone na radiyo basabye kugira ngo babashe kumenya amakuru y’igihugu no gutumanaho n’abandi.

Aulerie Sindikubwabo  watanze  ibyo bikoresho  ahagariye  MINALOC  asobanura ko abasigajwe inyuma n’amateka  bari mu itorero  i Nkumba  mu mwaka ushize bagejeje kuri Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu ikibazo cyo kutamenya amakuru kubera kutagira radiyo na terefone maze abemerera kuzabibaha.

Sindikubwabo agira ati:“  abayobozi barazisuye  (intore)  zigaragaza ko zigira ikibazo cyo kumenya amakuru ndetse no gutumanaho n’abandi, Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu abemerera ko nk’intore zimaze kubona amakuru arambuye ku miyoborere myiza y’igihugu..

Ko agiye kuzabaha amaterefone  na radiyo bajye babasha kumva amakuru bamenye aho igihugu kigeze baharanire no gutera imbere nk’abandi Banyarwanda bose.”

Bahawe Radiyo na terefone ndetse n'ibikoresho byayo byose

Bahawe Radiyo na terefone ndetse n’ibikoresho byayo byose

Akomeza avuga ko abasigajwe inyuma n’amateka bose bitabiriye itorero babonye radiyo na terefone, bikaba muri mu rwego rwo kubava mu cyiciro cy’abatishoboye n’izina ry’abasigajwe inyuma n’amateka bakarivaho bakaba nk’abandi Banyarwanda.

Kubera umumaro wa terefone muri iki gihe, bahuraga n’imbogamizi z’itumanaho kugira ngo bavugane n’abantu batandukanye ariko ngo birwanagaho batira abafite terefone.

Abahawe terefone na radiyo  bashimangira ko uretse  ikibazo cyo kumenya amakuru no kuvugana n’abandi gikemutse, ngo izabafasha gukumira ibyaha bitaraba.

Munyemana Ananie  washyikirijwe terefone na radiyo  agira ati: “ Ubu rwose ndishimye nta karadiyo nagiraga  ngo numve amakuru, ako nari mfite kari kagashaje, nta terefone nagiraga kugira numvikane n’abandi byangoraga.

Abajijwe ku cyo terefone izamumarira asubiza ati: “ Ooo!!! (Terefone) izamfasha byinshi. Hari ubwo rimwe na rimwe nakeneraga nko kubona umuntu kugira ngo njye mu kazi ariko bikangora ngize amahirwe tuzaza tuvugana menye aho ari.

Undi wasijwe inyuma n’amateka witwa Uwizeyimana Anastase avuga atya: “ Nta radiyo nagiraga ariko ubu ngiye kumva amakuru…. Iyi terefone, umuntu ashobora gukora amanyanga nkahita mpamagara nk’ubuyobozi, nk’umuntu ashaka kugira undi nabi nkamutabariza, nkakumira icyaha kitaraba.”

Ugereranyije na mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi,  abasigajwe inyuma n’amateka, imibereho yabo yateye imbere kubera imbaraga zashyizwemo n’ubuyobozi. Bubakiwe amazu bava muri nyakatsi, borozwa inka muri gahunda ya Girinka ndetse banakangurirwa kwiteza imbere bibumbira mu makoperative.

 

m_01

Ngororero: poor community call for special support

Tags: , , , , ,


Ngororero: poor community call for special support

Alphonse Munyanzira talking of the problems experienced by the community

The historically marginalized community in Ngororero District need special support for the under development experienced by their family members says Boniface Munyanzira a leader to this group.

Though Rwandan is on a quick wheel to development as well as Ngororero district, Munyanzira says that the pigmies in COPORWA (the cooperative for Potters in Rwanda) that he presents are still far from development.

 Children of the pigmies commonly referred to as Historically Marginalized or locally as ‘Abasangwabutaka’ do not get access to education as other residents. This is mainly due to the poor situation of the pigmies who cannot provide for themselves and unfortunately all of them were never included on the list to be supported by the government.

Children of the pigmies manage to get basic education from the free Universal Education System but cannot attain more than this due to their poverty. Munyanzira says he even presented this issue to the Ministry of Local Governments (MINALOC) but no solution has been provided yet.

Munyanzira wants the government to give special support to the pigmy society for them to be able to solve their own problems and be able to join the rest of the Rwandans in the development of their country.

The Management of Ngororero district say they do not discriminate in supporting the needy and the local people make the list of those that need to be supported and the district has no capacities of providing special support.

Ngororero: Abashigajwe inyuma n’amateka barasaba guhabwa ubufasha bw’umwihariko

Ngororero: Abashigajwe inyuma n’amateka barasaba guhabwa ubufasha bw’umwihariko

Tags: , , , , ,


Ngororero: Abashigajwe inyuma n’amateka barasaba guhabwa ubufasha bw’umwiharikoUmuyobozi w’abo amateka agaragaza ko basigaje inyuma bazwi kwizina ry’Abasangwabutaka, bwana Munyanzira Boniface arasaba ubuyobozi bw’akarere kubaha ubufasha bw’umwihariko kubera gusigara inyuma gukabije kukigaragara mubanyamuryango ayoboye.

Nubwo munyanzira ashima iterambere ry’u Rwanda n’iry’akarere ka Ngororero by’umwihariko, avuga ko abasangwabutaka ahagarariye mu karere ka Ngororero no munama y’igihugu yabo COPORWA (Cooperative des Potiers du Rwanda) bigaragara ko bakiri inyuma mu iterambere.

Ahanini, Munyanzira avuga ko abana babo basigara inyuma mubirebana n’uburezi ahanini bitewe n’uko abenshi mubanyamuryango ayoboye batishoboye kandi bose bakaba batarabashije gushyirwa kurutonde rw’abafashwa na Leta.

Munyanzira arasaba ko abasangwabutaka bahabwa ubufasha bwihariye

Uretse kuba abana babo ngo biga amashuli y’ibanze kubuntu, ngo iyo bakeneye kwiga amashuli ya kaminuza ntibababishobora kubera amikoro, ndetse akavuga ko icyo kibazo yanakigejeje muri minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu MINALOC, ariko akaba atarabona igisubizo.

Kubwe, munyanzira arasaba leta kubaha ubufasha bw’umwihariko kugira ngo nabo babashe gukemura ibibazo bafite maze bafatanye n’abandi baturage mwiterambere ry’igihugu. Ubuyobozi bw’akarere bwo buvuga ko mugufasha abaturage ntanumwe burobanura, kandi ko abaturage ubwabo aribo bashyira abakene kurutonde bityo bakaba ntabundi bushobozi akarere gafite bwo gutanga ubufasha bwihariye.

Abo amateka agaragaza ko basigajwe inyuma barasabwa kwitabira gahunda za leta kugira ngo biteze imbere

Rwanda | Nyamasheke: Abo amateka agaragaza ko basigajwe inyuma barasabwa kwitabira gahunda za leta kugira ngo biteze imbere

Tags: , , , , , , ,


Abo amateka agaragaza ko basigajwe inyuma barasabwa kwitabira gahunda za leta kugira ngo biteze imbere

Abanyarwanda amateka agaragaza ko basigaye inyuma bakunze kwitwa “Abasigajwe inyuma n’amateka” barakangurirwa kwitabira gahunda za leta aho ziva zikagera kugira ngo babashe kwiteza imbere bibaturutseho.

Ubu ni ubutumwa butangwa na Senateri, Kalimba Zephilin, usaba abasigajwe inyuma n’amateka guhaguruka bakamenya aho u Rwanda rugeze, bakirinda kwiheza mu muryango nyarwanda ahubwo bagaharanira guseruka mu b’imbere batanga ibitekerezo byubaka Igihugu.

Hirya no hino mu karere ka Nyamasheke, kimwe n’ahandi mu gihugu, imyinshi mu miryango itandukanye y’abo amateka agaragaza ko basigajwe inyuma, usanga iterambere ryabo rikiri inyuma ugereranyije n’indi miryango.

Abenshi bari mu kigero cy’ubukuru bakwiriye gutanga umusaruro w’ibikorwa, usanga badakora uko bikwiye ku buryo bwabatunga n’imiryango yabo.

Iyo uganiriye na bamwe muri bo, usanga icyifuzo cyabo ari uko leta yabafasha.

Leta y’u Rwanda, binyuze mu buyobozi bw’inzego z’ibanze igerageza gufasha aba Banyarwanda mu bikorwa bitandukanye birimo kububakira amazu, kubatuza mu midugudu kimwe n’abandi bose ndetse n’ubundi bufasha bujyanye n’imibereho ya buri munsi.

Ibi ariko ntibihagije mu guteza imbere ubuzima bw’aba baturage, kuko akenshi iyo inkunga bahawe ishize, usanga ikibazo cy’imibereho yabo cyongeye kuba ingorabahizi.

Senateri Kalimba Zéphilin, Intumwa ya Rubanda mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yakunze gukurikiranira hafi imibereho y’aba baturage ndetse akaba yarakunze kubakorera ubuvugizi mu bihe bitandukanye aharanira iterambere ryabo.

Senateri Kalimba Zéphilin asanga aba Banyarwanda amateka agaragaza ko basigaye inyuma, bagifite ingorane mu iterambere ryabo ariko hakaba hari inzira zashoboka zanyurwamo kugira ngo batere imbere.

Izi nzira zirimo kuzamura imyumvire y’aba baturage, kuzamura ubushobozi bwabo, kohereza abana bato b’aba Banyarwanda kwiga ku buryo bufatika no gushaka ibikorwa bifatika byabavana mu bukene bafite busa n’ubwabaye karande.

Ingero zitangwa na Senateri Kalimba ni nk’aho bamwe muri aba baturage bari bafite amasambu hambere, ariko bakayagurisha ku mafaranga y’intica ntikize; kugeza ubu bakaba batagifite aho batura n’aho bahinga. Aha, hakaba hakenewe imbaraga z’ubuyobozi zo gushaka umuti urambye w’iki kibazo kugira ngo aba Banyarwanda babeho neza kandi bazamukire kimwe n’abandi mu iterambere.

Senateri Zéphilin ariko asanga kuba hari ubushake bwa politike bwa leta y’u Rwanda bwo guteza imbere aba Banyarwanda batera, bakwiriye gufata iya mbere mu guharanira iterambere ryabo. Inzira yo kubigeraho ikaba ari uko bakwirinda kwiheza bakumva ko ari Abanyarwanda kimwe n’abandi, bagakangukira gahunda za Leta kandi bakazigiramo uruhare ndetse bagaharanira kuba umusemburo w’ibitekerezo byiza byubaka Igihugu.

Senateri Kalimba avuga ko aba Banyarwanda bakwiriye kuzajya bamenya gahunda z’umuganda n’aho wabereye bakawitabira ndetse bakajya no mu nama zitandukanye zitegurwa n’ubuyobozi kugira ngo bamenye aho Igihugu kigeze, bityo banasobanukirwe uruhare rwabo mu iterambere ry’ibibakorerwa.

Senateri Kalimba Zéphilin ni umunyapolitike wagaragaje intambwe ikomeye mu guteza imbere imibereho y’aba Banyarwanda amateka agaragaza ko basigaye inyuma.

Mu gihe yari ataraba Senateri mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, Kalimba Zephilin ntiyahwemye kugaragaza ingorane z’imibereho iciriritse aba Banyarwanda babayemo ariko na none akaba yarabashishikarizaga gushaka ibisubizo birambye by’imibereho yabo, by’umwihariko baharanira kuzamura imyumvire kandi bohereza abana babo ku mashuri kugira ngo bigire hamwe n’abandi Banyarwanda.

Senateri Kalimba Zephilin w’imyaka 54 y’amavuko kandi akaba yarashinze Ikigo cy’Imyuga rya Kitazigurwa (Centre de Formation Professionellle de Kitazigurwa) riri mu karere ka Rwamagana, aho abanyeshuri baturuka mu miryango itifashije irimo n’iy’abasigajwe inyuma n’amateka bahabwa ubufasha bw’umwihariko.

 

 

m_Nyabihu Abashigajwe inyuma

Nyabihu: Abashigajwe inyuma n’amateka bakorewe ibikorwa bitandukanye bizamura imibereho yabo mu mwaka wa 2012

Tags: , , , , ,


Bamwe mu bashigajwe inyuma n’amateka,bubakiwe amazu mu mudugudu wa Kanebwe I Rubavu,ahimuriwe abakuwe muri Gishwati

Bamwe mu bashigajwe inyuma n’amateka,bubakiwe amazu mu mudugudu wa Kanebwe I Rubavu,ahimuriwe abakuwe muri Gishwati

Ibikorwa bikorerwa abatishoboye batandukanye mu karere ka Nyabihu ngo byagiye bigerwaho ku buryo bwiza,nk’uko Rwamucyo Francois ,umukozi ushinzwe imibereho myiza y’abaturage abivuga. Kuri we asanga byararengeje 100% kuko hari n’ibitari biteganijwe byakozwe kandi bikagenda neza.

Muri bamwe mu bakorewe ibikorwa bibafasha kwiteza imbere,harimo n’abashigajwe inyuma n’amateka nk’uko Rwamucyo abigarukaho. Mu karere ka Nyabihu,hakaba habarirwa imiryango 205 y’abashigajwe inyuma n’amateka. Kugeza ubu iyi miryango yose ikaba ifite aho iba nk’uko Rwamucyo abivuga.

Muri uyu mwaka wa 2012, imiryango 52 y’abashigajwe inyuma n’amateka yubakiwe amazu. Amazu 15 yubatswe mu murenge wa Rambura, amazu 9 yubakwa mu murenge wa Muringa mu kagari ka Mutaho,andi 28 yubakwa ahitwa I Kanembwe mu karere ka Rubavu,aho basabye ibibanza nyuma yo kubona ko mu karere ka Nyabihu nta bibanza bihari.

Uretse kubakirwa,abashigajwe inyuma n’amateka bamwe bakorewe amakoperative ane,akaba yarahawe ubutaka bungana na ha 8, mu murenge wa Bigogwe na Mukamira. Ibi bikaba byaraherekejwe n’ibikoresho bibafasha mu buhinzi nk’amapompe,amasuka n’ibindi.

Kugeza ubu bakaba barejeje umusaruro w’ibirayi,baragurisha bibafasha kwikura mu bukene,kandi basigaza n’ibitunga ingo zabo ndetse n’imbuto. Kugeza ubu ,bakaba bagiye kongera guhinga ubwa kabiri. Rwamucyo Francois akaba avuga ko ibi bikorwa byabafashije kwiteza imbere kandi bazakomeza kubaba hafi ngo barusheho kwizamura.

Nubwo ariko byinshi byagiye bikorerwa abatishoboye mu karere ka Nyabihu,muri uyu mwaka wa 2013 ugiye gutangira,ngo hari byinshi biteganijwe kugira ngo intambwe yabo y’imibereho myiza irusheho gutera imbere. Rwamucyo akaba avuga ko abafite ubumuga,abacitse ku icumu batishoboye n’abandi batishoboye ,bazahabwa inkunga zizabafasha gushyira mu bikorwa imishinga yabo kugira ngo barusheho kwiteza imbere. Buri muturage akaba asabwa kubigiramo kugira ngo agere ku iterambere,ryaba irye bwite,umuryango n’igihugu muri rusange.

 

Barashima leta yabahaye inka ariko ngo bafite ikibazo cy’ibiraro

Rwanda : Barashima leta yabahaye inka ariko ngo bafite ikibazo cy’ibiraro

Tags: , , , , ,


Barashima leta  yabahaye inka ariko ngo bafite ikibazo cy’ibiraro

Bamwe mu basigajwe inyuma n’amateka,batuye mu murenge  wa Base,akarere ka Rulindo ,barashima cyane ubuyobozi, ngo ku gikorwa bwakoze buboroza nk’abandi banyarwanda.

N’ubwo bahawe aya matungo ariko ngo basanga ubuyobozi bwagombye no kubafasha kubaka ibiraro by’ayo matungo ,kuko abenshi ngo nta bushobozi bafite bakaba bararana n’amatungo mu nzu zabo.

Bavuga ko nta shyamba bagira kugira ngo babashe kubona ibiti , bakaba basaba ubuyobozi ko bwajya bubafasha bukabaha ibiti ,kugira ngo bubakire ayo matungo ibiraro.

Ikindi ni uko n’ababashije kubakira ibiraro ayo matungo,usanga bidasakaye ku buryo muri iki gihe usanga invura iyamereye nabi.

Munyeshuri Emmanuel,ni umwe mu basigajwinyuma n’amateka urarana n’inka mu nzu.Avuga ko yagerageje gusaba ubuyobozi ibiti ngo yubakire inka ye, ariko na n’ubu ngo ntarabihabwa ,kandi nta bushobozi afite bwo kuba yabigura.

Yagize ati”Inka bampaye yarabyaye,none inyana ndarana nayo mu nzu kuko natinye ko yajya inyagirirwa hanze ikaba yapfa.Nyina nayo ni ukubura uko ngira,nayo iranyagirwa cyane kuko irara hanze. Nasaba ubuyobozi ko bwampa ibiti nkabasha kuyubakira.”

Akomeza avuga ko nta mashyamba abasigajwinyuma n’amateka bagira,ngo babashe kubona ibiti.

Umuyobozi w’umurenge wa Base,Muhigira Antoine,avuga ko bazi ibibazo by’abasigajwinyuma n’amateka,batuye muri uyu murenge ,akaba avuga ko ubuyobozi burimo gushaka uburyo bubafasha mu bibazo byabo.

Yagize ati”ubuyobozi buzi neza ibibazo by’abasigajwinyuma n’amateka,niyo mpanvu burimo gushaka ibisubizo by’ibibazo bafite.Gusa barasabwa guhindura imyunvire kuko hari ibyo bagombye kwikorera kuko ni abantu bafite imbaraga,kandi batekereza,nta mpanvu yo kubakorera byose.”

Akomeza avuga ko hari byinshi nk’ubuyobozi bugerageza kubafasha.kandi buzakomeza kubitaho,ariko nabo barasabwa kumenya gufata neza ibibakorerwa,kuko hari bimwe usanga bangije ku bushake.

Abasigajwinyuma n’amateka bo muri uyu murenge kandi  bafite n’ikibazo cy’uko amazu yabo ashaje ,akaba abavira  muri iki gihe kitoroshye cy’invura.

Bakaba  bakomeza basaba ubuyobozi ko bwabasanira   nabo bakareka kunyagirwa,dore ko abenshi bafite abana bato bashobora kugira ingaruka zitari nziza kubera kunyagirwa.

Mu murenge wa Base kuri ubu hatuye imiryango 29,y’abasigajwinyuma n’amateka.Aba basigajwinyuma bakaba batuye mu mudugudu wa Kiruri,akagari ka Rwamahwa.


 

 

Poor residents to be supported with Development projects 2

Rwanda | Kayonza: Poor residents to be supported with Development projects

Tags: , , , , , ,


The historically marginalized group of people in Kayonza district will be given small scale projects to develop them instead of them waiting on the government to support them, the vice mayor for social affairs of Kayonza district Anitha Mutesi has remarked.

Poor residents to be supported with Development projects

Some of the historically marginalized in Kayonza district had been built modern houses to live in with electricity but most of them have spent a year without using the electricity lacking the subscription fees.

The historically marginalized particularly who were given houses in Kiyovu settlement village in Musumba cell in Nyamirama sector are being affected by this problem of not using electricity due to lack of subscription fee.

Poor residents to be supported with Development projects 2

The residents of this village say that the Energy, Water and Sanitation Authority (EWSA) had given them free unites of the electricity in the beginning but were asked to pay Rwf56.000 as subscription fees but they couldn’t pay and that was the end of it as Petero Kabasha a resident explains.

The vice mayor for social affairs says that it is not possible for some residents to get electricity for free and others to pay for the same service.  The district administration will help the historically marginalized to get small scale projects that can promote them economically and socially and make them independent by paying their own bills.

The program to develop and promote the vulnerable people especially the historically marginalized group in this district is already in process as apart from building houses for them, they were given goats each family. There is an official in charge of attending their problems on the daily basis to the district administration.

 


 

Kayonza Abasigajwe

Rwanda | Kayonza: Abasigajwe inyuma n’amateka bazashakirwa imishinga ibateza imbere aho gutegereza ko bahabwa ibyo bakeneye byose

Tags: , , , , ,


Kayonza Abasigajwe

Abasigajwe inyuma n’amateka bo mu karere ka Kayonza ngo bazakorerwa imishinga mito mito ibafasha kwiteza imbere, aho kugira ngo bategereze ko leta izabaha ibyo bakeneye byose nk’uko umuyobozi w’ako karere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Mutesi Anitha abivuga.

Bamwe mu basigajwe inyuma n’amateka bo mu karere ka Kayonza bubakiwe amazu ya kijyambere banashyirirwamo amashanyarazi, ariko hari abamaze igihe kigera ku mwaka badacana kubera ko babuze amafaranga y’ifatabuguzi.

By’umwihariko abasigajwe inyuma n’amateka bubakiwe mu mudugudu wa Kiyovu wo mu kagari ka Musumba mu murenge wa Nyamirama, ni bo bafite icyo kibazo cyo kuba badacana kandi bafite amashanyarazi mu nzu.

Abatuye muri uwo mudugudu bavuga ko ikigo cya EWSA cyari cyabahaye inite nkeya z’amashanyarazi z’ubuntu, ariko kibasaba gushaka amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 56 kugira ngo bahabwe ifatabuguzi. Ayo mafaranga ngo barayabuze, amashanyarazi y’ubuntu bari bahawe ashizemo babura icyo bakora baratuza nk’uko Kabasha Petero utuye muri uwo mudugudu abivuga.

Kugeza ubu abo basigajwe inyuma n’amateka bacana ubutadowa muri ayo mazu arimo amashanyarazi.

Umuyobozi w’akarere ka Kayonza wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage avuga ko bitashoboka gucanira abaturage bamwe ku buntu ngo abandi bishyure.

Ubuyobozi bw’akarere buzafasha Abasigajwe inyuma n’amateka kubona udushinga twabafasha kwizamura kugira ngo bashobore kwigurira umuriro, kuko guhora ugurira umuntu umuriro utaba umurera nk’Umunyarwanda uzubaka igihugu cy’ejo nk’uko uyu muyobozi akomeza abivuga.

Anavuga ko gahunda yo kubateza imbere yatangiye kuko uretse kuba barubakiwe banaguriwe ihene, buri rugo rukaba ruyifite. Hari n’umukozi ubakurikirana mu buzima bwa bo bwa buri munsi, ari na we ubamenyera ibibazo bafite bikagezwa mu buyobozi nk’uko umuyobozi w’akarere ka Kayonza wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage akomeza abivuga.

 

 

Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

Advertisement

jaguar cars jaguar, jeep, kia