
Abacuruza barifuza ko Akarere ka Rwamagana kabafasha kujya bafunga aho hasi basiga ibicuruzwa iyo batashye
Abacururiza mu isoko rikuru rya Rwamagana barinubira ko uko iryo soko ryubatswe biha icyuho abajura bashobora kwiba mu mudendezo iyo abacuruzi batashye kuko aho babika ibicuruzwa byabo hadafungwa.
Abacuruzi baravuga ko Akarere kanze ko bafatanya ngo bahafungishe uko bikwiye bacururize ahari umutekano. Abafite mu mufuka ngo bakoresha amafaranga yabo bakubakisha ibirinda aho bakorera. Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana aravuga ariko ko Akarere ubwako kazashaka amafaranga hakubakwa neza mu gihe cya vuba.
Ikibazo cy’umutekano w’ibicururizwa mu isoko rikuru rya Rwamagana riri mu Kigabiro kivugwa cyane cyane n’abacuruza ibiribwa, imyambaro n’ubuconsho, bavuga ko uko iryo soko riteye bibateza igihombo batajya babasha kubara. Uyu mugore ati «Uko ureba aha hantu ntabwo ushobora kwizera umutekano w’ibyo uhabitse kuko ubishaka wese yakoramo. Ntako tutagize mu manama yose dukorana n’abayobozi ngo bahafunge ariko bahora batubwira gutegereza. »
Uyu twise M.C. kuko atashakaga gutangaza amazina ye ngo bamwibye inshuro eshatu aza agasanga bamutwaye ijerekani yuzuye amavuta. Yaje gushaka umuzamu wihariye ariko nawe akajya amwishisha kuko yabonaga n’ubundi hari ibicuruzwa bimwe abura ntasobanukirwe.
Bagenzi be baje kumubwira ko abaye afite amafaranga ye yashaka abafundi bakamufungira igitara cye akajya abikamo ibyo ashatse. Uyu yarabikoresheje, akoresha urugi rukomeye n’isima n’umucanga byamutwaye ibihumbi bikabakaba 40.
Abakuru b’isoko ariko ngo bamubwiye ko bitemewe n’ubuyobozi bw’Akarere, ndetse ngo igihe azava mu isoko azasabwa gusenya ibyo yashyizeho, ibishobora kwimurwa no gukoreshwa ahandi abijyane. Avuga ko byamuhenze, ariko ngo byibura ataha yizeye umutekano.
Uyu mukobwa we ngo yaje gutahura ko iyo atashye kare agiye mu ishuri bagenzi be bacururizaga ku bitara byegeranye n’icye bajya bamwiba kuko bikoreramo nta mususu, dore ko uwababona wese atapfa gukeka ko bari kwiba mugenzi wabo. Nawe ngo yahise ashaka umufundi, afunga neza aho abika ibicuruzwa bye iyo atashye.
Avuga ariko ko atumva impamvu abayobozi b’Akarere batemera kumusubiza amafaranga ibihumbi 31 yatanze afungisha ububiko bw’aho akodesha n’Akarere kuko ari Akarere kabaye gafunga neza aho gakodesha abacuruzi. Ati « Bakabaye bansubiza amafaranga nahakoresheje yose, bakayampa icyarimwe cyangwa se bakajya bayakata ku mafaranga y’ubukode ntanga buri kwezi. Ariko ntibabikozwa. »
Kagoyire Mariam bita maman Zawo ukuriye abacururiza muri iryo soko avuga ko hari abacuruzi bagenzi be bajya bamubwira ko bibwe, ariko bakabura ibimenyetso kuko nta cyagaragaza ko umuntu yibwe igihe atabika ahafunze ngo agaragaze ko hari abahafunguye ku ngufu, basenye cyangwa baciye inzugi. Uyu ati « Ni koko dufite abararira isoko ryose muri rusange, ariko hari benshi bajya baza kunganyira ko babuze bimwe mu bicuruzwa byabo, nkabura icyo nabamarira. Niba byibwa n’abararira isoko twatashye, niba byibwa na bamwe muri bagenzi bacu cyangwa abandi bajura ntiwabimenya igihe cyose ducururiza ahadafungwa. »
Abacuruzi bifuje guteranya amafaranga ngo bafatanye n’Akarere gufunga ahakwiye muri iryo soko, ariko ngo abo babwira bakora ku Karere bavunira ibiti mu matwi. Deodatus Ngabonziza ushinzwe ibikorwaremezo i Rwamagana yatubwiye ko ubuyobozi bw’Akarere busanga iryo soko rizasanirwa rimwe, hagakemurwa n’ibindi bibazo byose by’inyubako byose iryo soko rifite.
Bwana Uwimana Nehemie uyobora Akarere ka Rwamagana aravuga ko kuvugurura iryo soko byashyizwe muri gahunda y’ibikorwa byihutirwa i Rwamagana, ariko ngo bizakorwa ari uko Akarere kabonye amafaranga ahagije kandi ngo kayategereje ku baterankunga banyuranye kuko ubushobozi bw’Akarere budashobora kubaka iryo soko.