Tag Archive | "Rwanda members"

Huye: Abagenerwa inkunga y’ingoboka bashinze koperative Imanishimwe

Huye: Abagenerwa inkunga y’ingoboka bashinze koperative Imanishimwe

Tags: , , , , , , , ,


Huye: Abagenerwa inkunga y’ingoboka bashinze koperative Imanishimwe

Abagenerwabikorwa ba VUP bo mu Murenge wa Huye ho mu Karere ka Huye bari mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri cy’ubudehe, bagenerwa inkunga y’ingoboka, bashinze koperative yitwa Imanishimwe. Ibikorwa by’iyi koperative byatangijwe ku mugaragaro kuwa 15 Gicurasi, 2013.
Ferederiko Nzeyimana, perezida w’iyi koperative, avuga Imanishimwe igizwe n’abagenerwabikorwa ba VUP 405, ikaba yaratangiye gukora mu Ukuboza 2012. Buri wese yatanze amafaranga ibihumbi 10 avuye mu nkunga basanzwe bagenerwa, nuko bayaranguza ibishyimbo.
Yagize ati “n’ubwo ari bwo tugitangira, dufite icyizere cy’uko koperative yacu hari aho izatugeza. Twatangije amafaranga miliyoni eshatu n’ibihumbi 680. Twaranguye ibishyimbo bigura amafaranga 330 kuri mironko, none ubungubu mironko iragura 500, kandi turateganya gutegereza gato ku buryo tuzabigurisha bisigaye bihenze kurushaho.”
Ferederiko kandi atekereza ko inyungu bazakura muri ibi bishyimbo izaba irenga miriyoni imwe n’ibihumbi 200. Ayo mafaranga nibamara kuyabona, bazayegeranya n’andi mafaranga y’ingoboka bazahabwa muri iyi minsi, hanyuma bubakemo amazu yo gucumbikamo ahitwa i Sovu.
Impamvu ngo batekereje kubaka aya mazu i Sovu, ni uko ari ho Akarere ka Huye kari kwimurira inganda ndetse n’abanyamyuga itandukanye nk’iy’ubucuzi, ububaji, … baratekereza ko abazaza gukorera muri aka gace bazacumbika mu mazu yabo, bakabasha kubona amafaranga.
Ku bijyanye n’ingano y’inkunga y’ingoboka aba bagenerwabikorwa bategereje, Hakizimana Benigne, umukozi ushinzwe VUP mu Murenge wa Huye, avuga ko atari amafaranga makeya kuko azaba agera kuri miriyoni 17.
Yagize ati “amafaranga abagenerwabikorwa bategereje ni ay’amezi atanu. Naza, buri wese azahabwa 30% by’amafaranga yagenewe kugira ngo abashe kuyikenuza mu rugo, hanyuma 70% asigaye ni yo azavamo ziriya miriyoni 17 navugaga.”
Abanyamuryango ba koperative Imanishimwe bishimiye iki gitekerezo cyo kubafasha kwibumbira muri koperative, kuko ngo izababashisha kubona igikorwa bakuraho amafaranga igihe bazaba batakigenerwa inkunga.
Umukecuru uri mu kigero cy’imyaka 80, abajijwe icyo atekereza kuri koperative Imanishimwe abereye umunyamuryango yagize ati “iyi koterative (koperative) ndayishima, nkashima na Kagame … Paul Kagame uhora azarikana icyazamura n’abakene. Njyewe izamfasha ndayizeye pe! “
Umubyeyi bigaragara ko akiri mutoya (ari mu kigero cy’imyaka 25) wari waje aherekeje umubyeyi we ufite imyaka 90 we yagize ati “Iyi koperative izaduteza imbere. Kuko ntabwo twari twifite nyine, ariko ubu noneho dufite icyerekezo cy’imbere yacu heza.”

20 pigs were given out by KOPERAP Cooperative

Burera: KOPERAP Cooperative gives 20 pigs to security personnel

Tags: , , , , , , ,


The reserved force that maintains security, locally known as ‘Inkeragutabara’ in KOPERAP Cooperative that grows and increases production of Irish potatoes in Rugarama cell in Burera District gave out 20 pigs to improve social welfare of  members of the reserved force.

In the function to hand over the pigs on the 7th.March.2013, the president of KOPERAP Cooperative Mr. Innocent Hakizimana said they gave pigs out because livestock farming supports crop husbandry and pigs will improve their social welfare.

20 pigs were given out by KOPERAP Cooperative

20 pigs were given out by KOPERAP Cooperative

 When the pigs given out reproduce, the piglets will be given to other members to positively impact the life of every member in the same way.

Jean Claude Kanyandekwe who was given pigs says he had no single domestic animal in his home and hopes that in a year’s time he will own a cow through this pig. “With this pig, I will get manure to boost my farming and if it reproduces, hopefully I will get a cow”.

Pigs reproduce more than other animals at least 3 times in a year and can have more than 10 piglets once and they are expensive.

 

m_01

Burera: Inkeragutabara zagabiye ingurube 20 bagenzi babo

Tags: , , , , , , ,


 Burera: Inkeragutabara zagabiye ingurube 20 bagenzi babo Inkeragutabara zibumbiye muri Koperative KOPERAP, ihinga ndetse ikanatubura imbuto z’ibirayi mu murenge wa Rugarama, akarere ka Burera, bagabiye ingurube 20 bagenzi babo kugira ngo zizabakure mu bukene.

Muri uwo muhango wabaye kuri uyu wa kane tariki ya 07/03/2013, perezida w’iyo koperative, Hakizimana Innocent, yavuze ko boroje abo banyamuryango kuko guhinga no korora bijyana kandi izo ngurube borojwe zikaba zizatuma bakomeza kwiteza imbere.

Yakomeje avuga ko kandi izo ngurube borojwe nizimara kubyara nabo bazagabira abandi bagenzi babo.

Kanyandekwe Jean Claude, umwe mu bagabiwe ingurube, avuga ko ubusanzwe nta tungo na rimwe yari yoroye  mu rugo iwe. Ngo yizeye ko mu gihe kigera ku mwaka iyo ngurube izaba imuhanye inka.

Agira ati “Aho mboneye iyi ngurube rero ndajya ndabona ifumbire, mfumbire akarima mfite, kandi n’ibyana izabyara mu mwaka yaba inciriye inka.”

Akomeza avuga ko ingurube zororoka cyane kuburyo mu mwaka ibyara gatatu kandi ikabyara ibyana byinshi bigera cyangwa birenga 10. Icyana kimwe cy’ingurube gishobora kugura kugeza ku mafaranga y’u Rwanda ibihumbi 15.

Abantu batandukanye mu karere ka Burera borora ingurube zikororoka cyane kandi zikabateza imbere kuko mu karere ka Burera haba ikirere gihehereye ingurube zikunda.

Nyuma y’aho ibikorwa by’ aba Scouts bitagendaga

RUSIZI: Nyuma y’aho ibikorwa by’ aba Scouts bitagendaga neza ubu ngo hagiye kugaragara impinduka.

Tags: , , , , ,


Nyuma y’aho ibikorwa by’ aba Scouts bitagendaga

Nyuma y’amatora y’Umuryango w’aba Scouts yakozwe n’urubyiruko  70 ruhagarariye imitwe 30 y’abascouts ikorera mu karere ka Rusizi, abatowe barasabwa kurangwa n’imikorere iboneye, dore ko ngo uyu muryango wasangaga udakora neza muri aka Karere.

Ururubyiruko70 rw’abascouts bo mu karere ka Rusizi rwatangiye amahugurwa yabererye mu mu rengewa Rwimbogo yari agamije guha ubumenyi abayitabiriye kubijyanye n’ubuhanga bukubiyemoo n’ubumenyi bya giskout ndetse no kwitabira gahunda za leta, zirimo kwirinda ibiyobyabwenge, “agaciro kanjye” igikorwa batewemo inkungan’Imbuto Foundation  binyuze mu ihuriro ry’urubyiruko mu karere ka Rusizi kigamije gukangurira urubyiruko kwisiramuza mu rwego rwo kwirinda agakoko ka virusi itera SIDA.

Komiseri w’abascout  mu karere ka Rusizi ucyuye igihe Simugomwa Jean Claude yatangaje ko aya mahugurwa afite gahunda yo gufasha abascouts kugira ubumenyi n’ubuhanga biri ku rwego rumwe ariko kandi banafasha urundi rubyiruko aho batuye kuzamura imyumvire yabo haba muburyo bw’ iterambere rirambye ndetse no gukunda igihugu cyabo.

Umwe mu bascouts bahuguwe bahagarariye abandi, Mahoro Haluna yatangaje ko abaskouts bose bagomba gufata urugero nk’urwa baden’ power basiga isi ari nziza kuruta uko bayisanze ngo ibyo rero kugirango bizagerweho bibasa gukora cyane no guhindura urubyiruko aho batuye.

Rukundo Jean Paul  ukuriye umushinga wa Imbuto Foundation wo kurwanya SIDA mu ihuriro ry’ urubyiruko mu karere ka Rusizi yavuze ko muri gahunda yabo bafite ingamba zo gukangurira urubyiruko kuba imbuto zitoshye birinda ubwandu bwa virusi itera SIDA no guharanira kurangwa n’indangagaciro z’abanyarwanda.

Bivugwa ko abascouts bo mu karereka Rusizi batakoraga neza, nyuma yo kumugirira icyizere bakamutora uhagarariye abascout mu Karere ka Rusizi Rukundo Jean Paul yatangarije abari aho ko azanye imbaraga mu kuvugurura umuryango bityo asaba abascouts bagenzi be ubufatanye muri byose.

Umuryango w’abascouts washinzwe n’umwongereza Baden Power mu mwaka w’1912.

Abakorera bushake ba Croix-Rouge, bagaragara mu bikorwa bitandukanye byo gufasha abaturage

Rwanda | Ruhango : abaturage barishimira ubutabazi bw’ibanze bagiye kujya bikorera

Tags: , , , , ,


 

Abakorera bushake ba Croix-Rouge, bagaragara mu bikorwa bitandukanye byo gufasha abaturage

Abakorera bushake ba Croix-Rouge, bagaragara mu bikorwa bitandukanye byo gufasha abaturage

Nyuma yo kwigishwa ubutabazi bw’ibanze, abakorerabushake ba Croix-Rouge y’u Rwanda bigishije abaturage uko bajya bitabara igihe bagwiririwe n’impanuka, abaturage baravuga ko bizatuma nta muntu uhura n’ikibazo ngo ni uko habuze muganga.

 

Abanyamuryango ba Croix-Rouge ibi babikoze igihe bakoranaga umuganda n’abaturage, tariki ya 25/08/2012, basiza aho bazubaka ibyumba bitatu by’amashuri mu murenge wa Kinihira.

 

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Kinihira Bwana Uwimana Ernest wari witabiriye uwo muganda yashimye cyane Croix-Rouge y’u Rwanda kubera ibikorwa ikomeje kugaragaza mu karere ka Ruhango, yasabye abaturage ko bajya bakurikiza inama bagirwa kuko zibafitiye akamaro.

Muvara Charles, uhuza ibikorwa by’ ubutabazi bw’ibanze muri Croix-Rouge y’u Rwanda yatangaje ko gahunda yo kwigisha abakorerabushake irimo gukorwa hirya no hino mu gihugu bikaba bigamije gukangurira abaturage kumenya nibura iby’ibanze kugirango bashobore kwitabara igihe bahuye n’impanuka.

Mu kwigisha abari aho yagarutse ku buryo budakwiye abantu bakunze gukoresha bitabara, Aha yagiye atanga ingero nk’aho bakoresha isukari bapfubya uwahiye kandi ituma ahatutumbye haturika.

Aha kandi Muvara yibukije ko umutabazi adasimbura muganga kuko buri gihe aba agamije koroshya ububabare bw’umurwayi kugira ngo bamwihutane bamujyana kwa muganga.

Mu nyigisho zatanzwe nyuma y’umuganda, abaturage bakanguriwe kumenya bimwe by’ibanze mu butabazi bakareka uburyo bajyaga bitabaza bukwiye gucika, kubera ko nta mumaro.

Hari nk’aho uwahiye bamutabaraga bakoresheje ubwoya bw’urukwavu, ibyo bakaba barabyamaganiye kure.

Twagirimana Alexis ni umwe mu baturage bari bitabiriye umuganda yagize ati “inyigisho nk’izi turazikeneye kubera ko impanuka duhura nazo buri munsi. Ibi batweretse tugiye kujya tubyubahiriza”.

Nk’uko Muvara Charles abitangaza, ibi biri no muri gahunda ya Croix-Rouge y’u Rwanda yo gukorera mu dusozi ndatwa aho abaturage bigishwa kwikemurira ibibazo bibabangamiye bo ubwabo babigizemo uruhare.

 

 

 

 

 

Rwanda | Banyamweru bafite ubushobozi

Rwanda : Banyamweru bafite ubushobozi bwo kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu nk’abandi Banyarwanda

Tags: , , , , , , ,


Rwanda | Banyamweru bafite ubushoboziBanyamweru batangaza ko uretse uruhu rutandukanye, ntacyo abandi bantu babarusha kuko bashobora gukora imirimo bakora, akaba ari yo mpamvu bakibonamo ubushake n’ubushobozi bwo kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu.

Irakoze Valentine ukuriye umuryango wa Banyamweru witwa Black in White initiative for Peace akaba aniga mu mwaka wa gatatu mu ishami ry’icungamutungo muri Ishuri rikuru ry’Ibaruramari n’Amabanki (SFB), avuga ko ubumenyi azakura mu ishuri buzamufasha kwihangira akazi, bityo yiteze imbere, anateze imbere igihugu cyamubyaye.

Irakoze ashimangira ko uretse uruhu rutandukanye, ibiterekerezo ni bimwe nk’iby’abandi banyarwanda. Asaba ko babafata nk’abantu bafite ingufu n’ubushobozi  kuko nta kindi kintu babarusha.

Uyu mukobwa w’imyaka 23 yanatangaje ko aza mu banyeshuri bambere mu ishuri yigamo, aho yimukana icyiciro cya distinction ni ukuvuga amanota 14 kuri 20. Uretse kwitwara neza  mu ishuri, Irakoze akina umukino wa karate, ubu akaba ari ku cyiciro cy’ umukandara w’ibara rya marron.

Undi wavutse ari nyamweru witwa Ikinzaniye Jacqueline w’imyaka 31 wiga muri Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK) mu mwaka wa kabiri mu ishami ry’imari, yunga mu rya mugenzi we ashimangira ko nyamweru ari umuntu nk’abandi kuko na we afite ubushobozi bwo gutsinda neza mu ishuri kimwe na bagenzi be bigana.

Ikinzaniye uvukana n’undi nyamweru mu muryango w’abana batandatu asobanura ko nyuma yo gupfusha ababyeyi bombi byabaye ngombwa ko ahagarika kwiga kugira ngo abashe kurera abavandimwe be.

Akomeza avuga ko yakoze akazi ko kudoda mu gihe cy’imyaka itandatu kamuha amafaranga yo gukemura ibibazo byo mu rugo.  Ariko,  yaje kukareka kubera kwiga, ahitamo gucuruza ibitenge kugira ngo abone ikimutunga ari na ko anabifatanya no kwiga muri kaminuza.

Uyu munyeshuri yemeza ko narangiza kaminuza azahita abona akazi kuko nta mpungenge zo kubuzwa amahirwe no kuba nyamweru mu gihe Leta iha abantu bose amahirwe angana kandi umuntu agahabwa akazi binyujijwe mu ipiganwa ry’akazi.

Icyizere cya Ikinzaniye gifite ishingiro kuko mu myaka ya 80 umugabo witwa Karekezi Elie Sebastien yari umukozi ari nyamweru wa Minisiteri y’umurimo n’abakozi ba Leta (MIFOTRA) yaje kwitaba Imana imbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi afite umugore n’abana bazima.

Abantu bose bavutse ari banyemweru baganiriye n’umunyamakuru wa Kigalitoday batangaza ko ababyeyi babo babafataga nk’abandi bana, bakabakunda ,  bakanabatoza kugira urukundo ndetse n’abavandimwe babo bikaba bityo.

Banyamweru bagiriwe icyizere n’abayobozi bakuru n’abaturage ubwabo ndetse no hanze y’u Rwanda kubera ubushobozi bagaragaza. Aha, twavuga nko mu gihugu cya Tanzaniya, mu mwaka wa 2008, Perezida wa Tanzaniya, Jakaya Mulisho Kikwete yagize umunyamweru witwa Al-Shaymaa Kwegyir umudepite.

Gusa nyuma y’imyaka ibiri, umunyamweru wa mbere  witwa Salum Khalfan Barwanyi yatorewe kuba umudepite mu ntekonshingamategeko y’igihugu cya Tanzaniya. Ibi bishimangira icyizere abaturage babafitiye n’ubushobozi bababonamo.

Mu muziki, n’ubwo Salif Keita ukomoka mu gihugu cya Mali ari nyamweru ntibyamujije kuba icyamamare mu muziki ku mugabane w’Amerika ndetse n’Uburayi, aho ibitaramo bye byitabirwa n’abantu barenga ibihumbi 100.

Yashatse umugore utari nyamweru witwa Makalou Coumba bafatanya mu rugamba rwo gukorera ubuvugizi banyamweru ku isi yose babinyujije mu kigega bashinze bacyita « The Salif Keita Global Foundation ».

 

Ikibazo ni akato n’ivangura

Mu gihe banyamweru bagera 63 bishwe mu gihugu cya Tanzaniya, abandi 11 bakavutswa ubuzima mu gihugu cy’u Burundi bashaka ibice by’umubiri bikoreshwa mu bupfumu, mu Rwanda, ikibazo banyamweru bavuga ko bafite si umutekano kuko wizewe ahubwo ngo ni akato n’ivangura bagikorerwa na bamwe mu Banyarwanda.

Marie Clementine Dusabejambo, umuhimbyi wa filime wiyemeje gukora ubuvugizi bwa banyamweru mu Rwanda yatangarije The New Times ko ikibazo banyamweru bafite atari ubwicanyi bakorerwa mu Rwanda ahubwo ni ivangura.

Ati : « Amahirwe, mu Rwanda ikibazo cya banyamweru bafite, si ubwicanyi ahubwo ni ivangura bakorerwa nk’abana batemewe mu ishuri no mu rugo. Abantu batekereza ko banyamweru badashobora gukora ibintu byinshi. Batekereza ko badashobora kuba abahanga mu ishuri, badashobora kuba abakinnyi beza mu mikino n’ibindi bintu bibi byose bakabibatwerera. »

Irakoze Valentine ukuriye umuryango Black in White initiative for Peace avuga ko banyamweru mu Rwanda bahura n’akato kagaragarira mu muvugo zibatesha agaciro nko kubita iboro (imari) iyo batambuka mu nzira.

Umuyobozi w’umuryango uhuza ba Nyamweru asobanura ko abarezi bamwe badafata abana ba nyamweru nk’abandi bana kuko batotezwa ngo barangaza abandi bana mu ishuri bityo, bikabaviramo kureka ishuri.

Irakoze ashimangira ko abana bavutse ari ba nyamweru ba se ntibabemera kuko bavuga ko babyawe n’abazungu. Ibyo bituma bakura batemerwa na ba se bakabuzwa bumwe mu burenganzira bagenerwa n’amategeko.

Yasabye Leta ko yakongera imbaraga mu gusobanurira Abanyarwanda muri rusange ko banyamweru  ari Abanyarwanda nk’abo,  aho kubabona nk’abantu badasanzwe kandi na bo bafite ibyo bashoboye gukora mu muryango nyarwanda.

Indwara ya nyamweru iterwa n’iki ?

Dr Hategekimana Oswald ukora mu bitaro bikuru bya Kaminuza bya Kigali asobanura ko indwara ya nyamweru iba mu tunyangingo (genes) umuntu akayigenda atabizi akaba ashobora kuyihererekanya ku bana bazamuvukaho.

Utwo tunyangingo tuba tubura umusemburo witwa melamine utuma umuntu atagira amaso, umusatsi n’uruhu by’umukara ugasanga amaso n’umusatsi bibaye umweru.

Umuntu ufite ikibazo cya melamine agira kandi ikibazo cy’izuba kuko melamine ubwayo irinda uruhu kwinjira kw’imirasi mu ruhu.


Rwanda | Ngoma: Ntibumva impamvu cooperative yabo imaze imyaka ine nta nifaranga narimwe umunyamuryango abonye

Tags: , , , ,



Abanyamuryango bagize cooperative “CATAM” y’abahinzi b’inanasi yenga ikanapfundikira inzoga ivuye  mu nanasi  y’i Mutenderi ntibumva impamvu bamara imyaka ine ntafaranga na rimwe  bagabanye.

Iyi cooperative kugeza ubu  ibona urwunguko rwa 800 000Rwf buri kwezi.

Bamwe mu banyamuryango b’iyi cooperative bavuganye n’itangazamakuru batangaje ko kuba muri iyi cooperative ntacyo bibamariye kuko babona andi ma cooperative bakora bimwe  bo abanyamuryango bazo biteza imbere kandi bakanagabana amafaranga menshi.

Umwe  mu banyamuryango b’iyi cooperative witwa Nizeyimana Diogene  yatangaje ko we mu myaka ine amazemo nta n’ifaranga na rimwe baragabana ahubwo ko ngo bahora mu manama adashira.Yongeraho ko abanyamuryango bamaze kunanirwa no kurambirwa.

Yagize ati”Abandi batangiye nyuma buri muntu abona ibihumbi nibura 30 000 by’amafaranga y’ u Rwanda  buri kwezi ariko twe ngo ntaraboneka, njyewe mbona bayirira. ahubwo dukeneye ubuvugizi naho iyo tubabajije batubwira mu mibare kuko tutize batwereka byinshi.”

Kuba  harabayemo imicungire mibi muri iyi cooperative byemezwa na Perezida Nkurayija Fidel uyobora iyi cooperative umazeho amezi atandatu.

Uyu muyobozi avuga ko nka Perezida  ndedahimana Alphonse wabanje kuyiyobora yaranzwe no guhuzagurika ndetse no gusohora amafaranga mu buryo dudasobanutse kuburyo nanubu abazwa ibihumbi maganatandatu  y’u Rwanda.

Nkurayija Avuga ko ariko noneho ubu ibintu birikugenda bijya mu buryo kuburyo mu mezi abili bateganya gutangira kugabana amafaranga bakunguka n’abanyamuryango. Ikindi ngo iyi cooperative iracyiyubaka aho ngo hari ibikoresho bigezweho yagiye igura .

Indi mbogamizi perezida yagaragaje ituma kugabana bitinda ngo ni uko iyi cooperative igizwe n’abanyamuryango  benshi bagera kuri 260 bityo ko bisaba igihe kinini kugirango amafaranga agwire yo kubagabanya.

U  Rwanda rushyize ingufu mu guteza imbere amakoperative y’abaturage cyane cyane ayashingiye ku kubyaza ibiva mu musaruro w’ibyo beza.

  

 

 

 

Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

Advertisement

jaguar cars jaguar, jeep, kia