Tag Archive | "Rwanda new"

Mugihe imihigo y’umwaka wa

RUSIZI: Mugihe imihigo y’umwaka wa 2012-2013 itarahigurwa abayobozi barasabwa gutekereza kuy’umwaka utaha

Tags: , , , , , , , ,


Mugihe imihigo y’umwaka waAbayobozi b’inzego zitandukanye bo mu karere ka Rusizi barasabwa kuganira kumihigo y’umwaka utaha wa 2013-2014 kuko ngo ikizaba gitegurwa hakiri kare, ibi ngo bituma habaho kudahuzagurika bitewe na hutihuti kubera kurwana n’igihe, kuko hari ubwo abatari bake baba bitwaza ko batahawe umwanya wo kwitegura neza, kandi ataribyo, ni muri urwo rwego muri iyi nama abayobozi basabwe kwitegura neza ibyo bazahiga umwaka utaha kuko imihigo y’uyu mwaka iri kugana kumusozo.

Umunyamabanganshingwabikorwa w’intara y’uburengerazuba Jabo Paul mu nama yamuhuje n’abayobozi b’inzego z’ibanze, ku ikubitiro yasabye abayobozi kuvugurura umujyi w’akarere ka Rusizi kuko uri mumijyi 5 y’igihugu izaba icyitegererezo mu Rwanda, ni muri urwo rwego basabwe guca akajagari kawugaragaramo cyane cyane imihanda idakoze neza ,imyubakire idahwitse, kutagira amahoteri n’ibindi.

umunyamabanganshingwabikorwa w’intara yiburengerazuba kandi yasabye aba bayobozi kugira ubisitani nibura bugera kuri 6 kuburyo buzajya bwitabirwa na bamukerarugendo ndetse n’undi wese akajya yifuza kugera mu mujyi w’aka karere kuko niba igihugu cyarashyize kurutonde uyu mujyi wa Rusizi kuba muri 5 ikomeye mu Rwanda ngo ntibigomba kujenjekwa ni muri urwo rwego basabwe kugira icyo batangira gukora hakiri kare.

Umuyobozi w’akarere ka Rusizi yasabye abayobozi b’imirenge kugira uruhare rufatika muri iri genamigambi, akaba yijeje ko umurenge uzaba uwambere mu cyiciro cya mbere uzahabwa inkunga y’ishimwe ishimishije mu rwego rwo kubashimira no kubatera imbaraga zo gukomereza kuwuvugurura, kuko mubyifuzo harimo ko uyumujyi wazaba mpuzamahanga ukagera kukigero cy’inyenyeri 5

Abayobozi batandukanye bitabiriye iyi nama bemeye ko bagiye gutangira gukora ibyo basabwe cyane cyane ko ngo biri no munshingano zabo guhindura isura y’uyu mujyi ukaba mwiza dore ko ngo aka karere karamutse gahinduye isura karushaho gutera imbere kubera bamukerarugendo bagahoramo.

 

Huye: Abagenerwa inkunga y’ingoboka bashinze koperative Imanishimwe

Huye: Abagenerwa inkunga y’ingoboka bashinze koperative Imanishimwe

Tags: , , , , , , , ,


Huye: Abagenerwa inkunga y’ingoboka bashinze koperative Imanishimwe

Abagenerwabikorwa ba VUP bo mu Murenge wa Huye ho mu Karere ka Huye bari mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri cy’ubudehe, bagenerwa inkunga y’ingoboka, bashinze koperative yitwa Imanishimwe. Ibikorwa by’iyi koperative byatangijwe ku mugaragaro kuwa 15 Gicurasi, 2013.
Ferederiko Nzeyimana, perezida w’iyi koperative, avuga Imanishimwe igizwe n’abagenerwabikorwa ba VUP 405, ikaba yaratangiye gukora mu Ukuboza 2012. Buri wese yatanze amafaranga ibihumbi 10 avuye mu nkunga basanzwe bagenerwa, nuko bayaranguza ibishyimbo.
Yagize ati “n’ubwo ari bwo tugitangira, dufite icyizere cy’uko koperative yacu hari aho izatugeza. Twatangije amafaranga miliyoni eshatu n’ibihumbi 680. Twaranguye ibishyimbo bigura amafaranga 330 kuri mironko, none ubungubu mironko iragura 500, kandi turateganya gutegereza gato ku buryo tuzabigurisha bisigaye bihenze kurushaho.”
Ferederiko kandi atekereza ko inyungu bazakura muri ibi bishyimbo izaba irenga miriyoni imwe n’ibihumbi 200. Ayo mafaranga nibamara kuyabona, bazayegeranya n’andi mafaranga y’ingoboka bazahabwa muri iyi minsi, hanyuma bubakemo amazu yo gucumbikamo ahitwa i Sovu.
Impamvu ngo batekereje kubaka aya mazu i Sovu, ni uko ari ho Akarere ka Huye kari kwimurira inganda ndetse n’abanyamyuga itandukanye nk’iy’ubucuzi, ububaji, … baratekereza ko abazaza gukorera muri aka gace bazacumbika mu mazu yabo, bakabasha kubona amafaranga.
Ku bijyanye n’ingano y’inkunga y’ingoboka aba bagenerwabikorwa bategereje, Hakizimana Benigne, umukozi ushinzwe VUP mu Murenge wa Huye, avuga ko atari amafaranga makeya kuko azaba agera kuri miriyoni 17.
Yagize ati “amafaranga abagenerwabikorwa bategereje ni ay’amezi atanu. Naza, buri wese azahabwa 30% by’amafaranga yagenewe kugira ngo abashe kuyikenuza mu rugo, hanyuma 70% asigaye ni yo azavamo ziriya miriyoni 17 navugaga.”
Abanyamuryango ba koperative Imanishimwe bishimiye iki gitekerezo cyo kubafasha kwibumbira muri koperative, kuko ngo izababashisha kubona igikorwa bakuraho amafaranga igihe bazaba batakigenerwa inkunga.
Umukecuru uri mu kigero cy’imyaka 80, abajijwe icyo atekereza kuri koperative Imanishimwe abereye umunyamuryango yagize ati “iyi koterative (koperative) ndayishima, nkashima na Kagame … Paul Kagame uhora azarikana icyazamura n’abakene. Njyewe izamfasha ndayizeye pe! “
Umubyeyi bigaragara ko akiri mutoya (ari mu kigero cy’imyaka 25) wari waje aherekeje umubyeyi we ufite imyaka 90 we yagize ati “Iyi koperative izaduteza imbere. Kuko ntabwo twari twifite nyine, ariko ubu noneho dufite icyerekezo cy’imbere yacu heza.”

Nyamagabe: Ikibazo cy’abana b’inzererezi kigiye guhagurukirwa.

Nyamagabe: Ikibazo cy’abana b’inzererezi kigiye guhagurukirwa.

Tags: , , , , , ,


Nyamagabe: Ikibazo cy’abana b’inzererezi kigiye guhagurukirwa.

 

Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe buragaragaza ko bugiye gufata ingamba zihamye zo guhangana n’ikibazo cy’abana bakomeje kugaragara ku mihanda hirya no hino mu karere, by’umwihariko mu mujyi wa Nyabagabe maze bagasubizwa mu miryango.

Umuyobozi w’akarere ka Nyamagabe, Mugisha Philbert atangaza ko kugira ngo umwana afate umwanzuro wo kuza kuba mu muhanda biterwa n’impamvu zitandukanye bityo zose zikaba zigomba kwegerwa kugira ngo icyo kibazo gikemuke.

Umuyobozi w’akarere agira ati: “Kugira ngo umwana aze ku muhanda binyura mu nzira nyinshi, ntabwo umuntu uwo ariwe wese aba yujuje inshingano ze”.

Akomeza avuga ko bishobora guturuka ku babyeyi cyangwa abarezi baba batujuje inshingano zabo zo kubitaho, cyangwa se abayobozi baba batahwituye ababyeyi ngo babibutse inshingano zabo zo kubarera uko bikwiriye.

Umuyobozi w’akarere akomeza avuga ko hagiye gushyirwaho ingamba zihamye kandi mu buryo burambye zo gutuma abana bava mu mihanda bagasubira mu miryango, kandi bigakorwa badahutajwe.

Hagiye kurebwa impamvu abana bava mu miryango basanga ababyeyi aribo babitera bagahwiturwa, basanga ari abana bananiranye bakigishwa, cyangwa se ikibazo cyaba amakimbirane arangwa mu miryango abayobozi bakagira uruhare mu kuyakemura maze abana bakagira umutekano.

“Birumvikana ko tugomba kubanza gutegura imiryango bagiyemo. Tukareba niba ari uruhare rw’umubyeyi agahiturwa, twasanga ikibazo ari umwana nawe akigishwa mu buryo bwihariye, niba ari ibibazo by’amakimbirane arangwa mu rugo ubuyobozi bugafasha ngo bikemuke”, Mugisha.

Akomeza avuga ko umuti ari uko basubizwa mu miryango haba ku babyeyi cyangwa se abandi babarera aho kujyanwa mu bigo bitandukanye.

Mu nama y’umutekano y’akarere yaguye yateranye tariki ya 28/01/2013, iki kibazo cyagarutsweho maze Umuhoza Naomi, ushinzwe ubutabera mu nama y’igihugu y’abagore mu karere ka Nyamagabe avuga ko hakwiye kwigishwa imiryango baturukamo igahinduka kuko umwana asubijwe mu muryango agasanga ikibazo yahungaga cyarakemutse yahaguma.

Mu cyumweru gitaha hateganijwe inama izahuza ubuyobozi bw’inzego zitandukanye ndetse n’abafatanyabikorwa bagira uruhare mu kwita ku bana bakaganira kuri iki kibazo maze bagashaka umuti watuma bava mu muhanda bakajya kurererwa mu miryango.

Aba bana usanga basabiriza mu mugi wa Nyamagabe kubaha amafaranga n’ibindi nabyo biri mu bituma batawucikamo kuko niba asaba akabona amafaranga arenga igihumbi ku munsi yumva ko amuhagije bityo akahahora.

 

 

Barifuza kubakirwa isoko rijyanye n’igihe

Rwanda | Mugera: Barifuza kubakirwa isoko rijyanye n’igihe

Tags: , , , ,


Barifuza kubakirwa isoko rijyanye n’igihe

Iyo imvura iguye ibicuruzwa birangirika

Abakorera mu isoko riremera mu Kagari ka Mugera, Umurenge wa Gatsibo mu Karere ka Gatsibo, baratangaza ko gukorera mu isoko ritubakiye bibabangamiye bagasaba inzego zibishinzwe kububakira isoko rijyanye n’igihe.

Muri bo hari abacururiza ku dutanda dukoze mu biti batwikiriza amahema igihe cy’imvura cyangwa izuba, abandi ibicuruzwa bakabitandika hasi.

Abo twaganiriye nabo ubwo twageraga muri uwo Murenge bavuga ko mu gihe cy’imvura gukora banyagirwa bidindiza akazi, ndetse n’ibicuruzwa bikahangirikira.

Bavuga ko bifuza ko inzego zibifitiye ububasha zabafasha gukorera ahantu hakwiriye, kuko ngo bakwa imisoro.

Mu gushaka kumenya neza imiterere y’icyo kibazo, twegereye Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gatsibo Nyakana Oswald, adutangariza ko iryo soko rigiye kubakwa. Yagize ati “Umushinga uri gusuzumwa ku rwego rw’Akarere ka Gatsibo turizera ko bitarenze Kamena 2013 imirimo y’ubwubatsi izaba yatangiye.”

Abaturage batuye hafi y’iri soko bavuga ko rimaze kwaguka ugereranyije n’uko ryatangiye.

Biyemejekwitakumiduguduy’abapfuyenk’ukobitakuy’abazima

Rwanda | Muhanga: Biyemeje kwita ku midugudu y’abapfuye nk’uko bita ku y’abazima

Tags: , , , , ,


Biyemejekwitakumiduguduy’abapfuyenk’ukobitakuy’abazima

Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga buratangaza ko bwiyemeje gushaka no gutunganya imidugudu y’abapfuye nk’uko bita ku midugudu y’abazima mu rwego rwo kubaha agaciro no kujyana n’icyerekezo.

Umuyobozi w’aka karere wungirijwe ushinwe imari, ubukungu n’amajyambere, Uhagaze Francois avuga ko buri kagari kagomba kuba gafite irimbi ryako ryo gushyinguramo kandi rikoreye neza.

buri rimbi rikaba rigomba kuba rifite koperative igomba kujya iryitaho kugirango rihorane isuku ndetse no kugirango abaharuhukiye bahabwe icyubahiro bakwiye.

Umuyobozi w’akarere ka Muhanga, Yvonne Mutakwasuku avuga ko kuba imidugudu y’abazima yitabwaho ngo byagakwiye ko n’imidugudu y’abapfuye nayo yitabwaho.

Mutakwasuku ati: “tugomba gutekereza ku isuku y’aho tugiye gushyingura kuko nubwo baba bavuye muri ubu buzima, twe tubaherekeza tugomba kuba turi bazima kandi burya tuba dukeneye no guha icyubahiro abacu barangije urugendo rwabo”

Aha uyu muyobozi avuga ko bagifite ikibazo cy’abafite imyumvire y’uko ahashyingurwa ari mu mashyamba cyangwa mu bibanza bya leta kandi ngo itegeko atari ko ribiteganya. Avuga ko uko imidugudu y’abapfuye ikwiye kujya itegurwa ahabugenewe kandi hakwiye, byana ngombwa abaturage bakimurwa ahatoranijwe.

  

 

 

Rulindo Begerejwe Imashini zibumba amatafari ya rukarakara mu buryo bwa kijyambere.

Rwanda | Rulindo: Begerejwe Imashini zibumba amatafari ya rukarakara mu buryo bwa kijyambere.

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,


Rulindo Begerejwe Imashini zibumba amatafari ya rukarakara mu buryo bwa kijyambere.Rulindo Begerejwe Imashini zibumba amatafari ya rukarakara mu buryo bwa kijyambere.

Izi mashini ziri mu murenge wa shyorongi akarere ka Rulindo ngo zibumba  amatafari akomeye kandi menshi mu gihe gito nkuko byemezwa n’abazikoresha  ,bemeza ko  aya matafari aramba kurusha rukarakara zisanzwe zibumbwa n’iforoma ya Kinyarwanda.

Mugisha Wilson umuyobozi w’abakozi babumbisha izo mashini Ati “izi mashini zibumba amatafari akomeye kuko zirayatsindagira zikoresheje ijeki, bigatuma aza akomeye kurusha ayabumbwe n’iforomo y’intoki ikindi kandi ziroroshye kuzikoresha.”

Aya matafari ngo iyo abumbwa nta mazi bakoresha,ngo bakoresha  igitaka cyumutse neza, ngo izo mashini kandi zibumba amatafari menshi. Mujawayezu maria umwe mu babumbisha  izo mashini ati “izi mashimi ziroroshye kuzikoresha kuko ntibigusaba kunama wunamuka ngo uratsindagira nkuko bimeze ku iforoma, ikindi kandi ijyaho abakozi babiri, kandi ishobora kubumba  amatafari ijana ku munsi

Izi mashini zikaba  zaratanzwe na Minaloc izihaye akarere ka Rulindo mu rwego gufasha abaturage gutura heza.

 

 

Rwanda : Ikibazo cy’amarimbi kigiye gukemuka

Rwanda : Ikibazo cy’amarimbi kigiye gukemuka

Tags: , , , , , , , , , , , , , , , ,


Rwanda | Ikibazo cy amarimbiIkibazo cy’amarimbi rusange kigiye gukemuka Nk’uko twabitangarijwe na Sahunkuye Alexandre umuyobozi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu karere ka Nyabihu kuwa 23/05/2012,ikibazo cy’amarimbi kigiye gukemuka kuko hagiye kujya hashyingurwa mu duce tw’ahahoze amarimbi rusange mu mirenge itandukanye.

Amarimbi rusange azashyingurwamo ariko akaba ari amaze imyaka icumi atagikoreshwa ni ukuvuga hakaba hashize imyaka 10 hashyinguwe umuntu wa nyuma,mu muhango wo gushyingura, abaje gushyingura bakazajya bahera mu gace kabanje  gushyingurwamo,ni ukuvuga ahari abantu ba mbere ba kera bashyinguwe muri iryo rimbi riba rigiye gukoreshwa. Ibi bikaba byaravuye mu myanzuro y’inama njyanama y’akarere ka Nyabihu nk’uko Sahunkuye Alexandre yakomeje abidutangariza.

Yongeyeho ko bitemewe ko hari abantu bazajya  bashyingura mu ngo zabo ahubwo ko bazajya bakoresha amarimbi rusange. Kuho bishoboka, buri tugari 2 tukazajya twifatanya, tugashaka aho twashyingura mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’amarimbi rusange.    

Rwanda | Muhanga REMA irasaba ubuyobozi

Rwanda | Muhanga: REMA irasaba ubuyobozi kubafasha mu gikorwa cyo gufasha abazimurwa batuye nabi

Tags: , , , , , ,


Rwanda | Muhanga REMA irasaba ubuyobozi

Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga mu ntara y’amajyepfo burasabwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe kwita ku bidukikije REMA kugifasha mu gikorwa cyo kugeza ibikorwa remezo ahazubakirwa abaturage batuye amanegeka kugirango bazahasange ubuzima butazabagiraho ingaruka mbi.

Abakozi ba REMA bavuga ko bashaka gutangira gushyira imireko n’ibigega ku mazu azubakwa, kugirango izajye ifata amazi azajya akoreshwa muri uyu mudugudu munini. Mulisa Alexis umukozi wa REMA yavuze ko bifuza kujya bafata amazi bakayahuriza ahantu hamwe, bityo akajya ayungururwa akagera ku baturage afite ubuziranenge.

Mulisa ati: “aya mazi azajya ahuza abaturage kuko bazajya bayavoma ku mariba rusange ariko turasaba ubuyobozi kudufasha kuko ibikorwa rusange nk’ibi bikunze gutera amakimbirane”.

Mu bindi bikorwa REMA izageza muri uyi mudugudu ni nka biogas. Aha iki kigo kikaba cyariyemeje kuzaha abaturage inka kugirango bazabashe gukoresha biogas. Umwanda uzava mu bikorwa bya biogas ngo uzajya wifashishwa mu gufumbira mu materasi abaturage bazajya bahingamo.

Abakozi ba REMA basabye ubuyobozi kuzabafasha ku buryo ibi bikorwa byose bizagezwa ku baturage bose ku buryo buri wese azabonamo uruhare rwe.

ubuyobozi buvuga ko hagiye gushakwa uburyo aba baturage babumbirwa mu mashyirahamwe kuburyo bazabigiramo inyungu. bakazagira n’ishyirahamwe rizajya ribumba amategura azasakazwa izi nzu kuburyo nta muturage uzayabura kandi n’uyabonye akayabona atamuhenze.

Abaturage batuye amanegeka bo mu midugudu yo mu kagari ka Muvumba mu murenge wa Nyabiboni, bazimurirwa mu mudugudu wa Buyebe mu kagari ka Ruhango mu murenge wa Rongi wo mu karere ka Muhanga. Uyu akaba ari nawo mudugudu watujwemo abakuwe mu ishyamba rya Gishwati.


Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

Advertisement

jaguar cars jaguar, jeep, kia