Tag Archive | "Rwanda Noise"

Imwe munzu zicuruza indirimbo mu mujyi wa Ngororero

Rwanda | Ngororero: Abatuye mu mujyi wa Ngororero barinubira urusaku rw’umuziki n’ama filimi

Tags: , , , , ,


Bamwe mu batuye rwagati mu mujyi wa Ngororero bavuga ko urusaku ruturuka ku miziki iva mu ma studios, mu mazu bogoshera mo (salon de Coiffure) no mu mazu yerekanirwa mo ama filimi ruhora muri uwo mujyi rubabangamira ndetse bamwe ngo ntibasinzire.

Nyuma y’uko muri uwo mujyi hageze umuriro w’amashanyarazi mu myaka ibiri ishize, ibikorwa by’ubucuruzi bujyanye n’imyidagaduro irimo imiziki na filimi byabaye byinshi muri uyu mujyi kuburyo usanga mu mazu menshi harimo urusaku rw’imiziki.

Imwe munzu zicuruza indirimbo mu mujyi wa Ngororero

Imwe munzu zicuruza indirimbo mu mujyi wa Ngororero

Kuba uwo mujyi ari muto kandi ukaba utuwe mo n’abantu ngo nibyo bituma Babura umutekano, kuko bihora bibasakuriza. Umugore utuye muri uwo mujyi akaba afite n’abana batoya avuga ko badashobora kuryama ku manywa ngo basinzire, ndetse ngo niyo bari mu rugo bavuga basakuza kugira ngo bumvikane kubera urusaku rubasanga mu rugo.

Aberekana ama filimi bashyira indangururamajwi hanze rwagati mungo

Aberekana ama filimi bashyira indangururamajwi hanze rwagati mungo

Urusaku rw’ama filimi n’imiziki ngo rumara amasaha menshi kuko, amazu acuruza indirimbo atangira saa kumi n’ebyiri za mugitondo akagera nijoro mu ma saa mbiri. Abenshi usanga ngo bacungana n’ayo masaha kugira ngo bahengeke umusaya.
Kuri ubu, kugira imiziki n’amafilimi bisakuza cyane byabaye nk’iturufu ituma abantu bafite utubari bakurura abakiriya benshi cyane cyane abaturutse mu cyaro baza mu mujyi akenshi ku minsi isoko ryaremye.
Abo baturage barasaba ubuyobozi ko bwasaba abakora ubwo bucuruzi bakajya bacuranga gahoro, kandi bagakora amasaha yo kumanywa cyangwa bagahabwa igice kimwe bakorera mo ntibanyanyagire mu mujyi wose.
Abahanga mu bijyanye n’urusaku (amajwi) bavuga ko urusaku rwinshi rushobora gutera uburwayi mu matwi no mu mutwe w’abantu kuko amatwi afite ingano yarwo yihanganira kandi urwo rusaku rurengeje igipimo ntirugomba kumara umwanya munini.

 

 

 

Urusaku rw’ababaza n’abasudira

Rwanda | Huye: Urusaku rw’ababaza n’abasudira rubabuza gusinzira

Tags: , , , , ,


Urusaku rw’ababaza n’abasudira

Ababuzwa ibitotsi n’urusaku rw’ababaza n’abasudira, ni bamwe mu batuye ahitwa ku Karubanda ho mu Kagari ka Butare, Umurenge wa Ngoma, batuye ahegereye isarumara rijya rirara rikora.

N’ubwo iri sarumara ritarara rikora igihe cyose, iyo rifite akazi kenshi rirakora bukarinda bucya, ku buryo abaryegereye batabasha kwihanganira urusaku badashobora gusinzira, cyangwa bagasinzira bitinze cyangwa na none nabi, bigatuma babyuka bananiwe.

Bizimana Venuste na we atuye ku Karubanda. Mu minsi yashize yari umwe mu barinda umutekano wo muri uyu mudugudu, ku buryo yajyaga ajya kwishyuza amafaranga y’umutekano. Umwe mu baturage yigeze kuyamwima avuga ko atatanga amafaranga y’umutekano kandi abona nta wo afite kubera ibirara bimusakuriza ntasinzire.

Bizimana uyu yagerageje kwegera umugabo witwa Jerome, nyir’iri sarumara rimaze igihe gito rikorera aho ku Karubanda, akaba ari na ryo rikunda kurara rikora kandi inzu rikoreramo yegereye ahantu hatuye abantu benshi. Yamusabye kuzajya akora ku manywa gusa akareka abantu bagasinzira.

Icyifuzo cy’uyu Bizimana ariko nticyubahirijwe kuko n’ubu hari igihe iri sarumara rirara rikora. Abarituriye na bo bagerageje kumenyera urusaku ritera kuko nta kundi babigira. Jerome yagize ati “sinaba mfite komande y’ibintu byihutirwa hanyuma ngo ntahe njye kuryama kandi akazi ari kenshi. Na none kanji, ngiye kuryama sinabona amafaranga yo kwishyura iyi nzu nkoreramo”.

Ku bijyanye n’iki kibazo, Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Ngoma uyu mudugudu wa Karubanda uherereyemo, yagize ati “biteganyijwe ibikorwa byose by’inganda, zaba inini n’iziciriritse, bizakurwa mu mugi bikajya gukorera ahitwa i Sovu. Abaturage batuye ahagenewe inganda nibamara kuhava, icyo kibazo kizahita gikemuka kuko n’iryo sarumara rizimuka”.

Ku bijyanye n’igihe iki gikorwa cyo kwimura abaturage kizabera, Cyprien Mutwarasibo, Visi Meya ushinzwe ubukungu n’iterambere mu Karere ka Huye, avuga ko bishobora kuzarangirana n’igihembwe cya mbere cy’umwaka wa 2012-2013. Amafaranga yo kwishyura abaturage bazimurwa arahari, igisigaye ni uko abo bireba bakora akazi ka ngombwa kugira ngo bishyurwe.

Ibyo ari byo byose, abaturage bo ku Karubanda bakwizera ko uyu mwaka w’ingengo y’imari uzarangira nta masarumara akibasakuriza, haba ku manywa cyangwa nijoro.

 

 

 

 

 

 

Rwanda | Rubavu: Imiziki yo mu tubari ntigituma basinzira

Tags: , , , , ,



Abaturage bo mu murenge wa Gisenyi mu karere ka Rubavu mu ntara y’Iburengerazuba barasaba abashinzwe umutekano gushyiraho ingamba zo kurwanya imiziki yo mu tubari no mu macumbi irara icuranga kuko ibangamiye umudendezo wabo.

 

Uduce turangwamo imiziki nk’uko abaturage babivuga ni mu mudugudu w’Ubumwe mu Kagali ka Kivumu n’umudugudu wa Nyakabungo  mu Kagali ka Bugoyi mu murenge wa Gisenyi. Mu tubari dushyirwamo amajwi kubuza umutekano abaturanyi batwo harimo Carribana, New Jolie Bouteille, Happiness, Havana n’utundi.

 

Maritha Mukakamali atuye mu mudugudu wa Nyakabungo avuga ko aturanye n’utubari dutatu, kamwe imbere y’urugo, akandi ibumoso akandi iburyo. Mukakamali avuga ko ba nyir’utubari bacuranga kuva saa ine z’amanywa bwanira bigakomeza. Yagize ati “hari igihe mbyuka nkicara kuko mba ntabasha gusinzira mu masaha ya saa munani z’ijoro.”

 

Julienne Byimana na we ashimangira ko utubari twegereye ingo z’abantu dukabya kuvogera uburenganzira bwabo. Byimana avuga ko hafi ya buri joro ahamagara inkeragutabara ngo zibasabire utubari baturanye duhagarike imiziki ariko iyo zigiye barongera bagacuranga. Yagize ati “umenya baba banadusuzuguye kuko ntibyumvikana ukuntu umuntu akubwira kabiri gatatu ngo umubabarire asinzire ukanga!”

 

Aba bategarugori bakaba basaba ko hajyaho ibihano by’utubari turenza saa ine za nijoro tuvuza imiziki, byaba ngombwa bakanatwimura kuko usanga ngo hari uturi mu ngo z’abantu banahatuye bitewe n’inyungu za nyir’amazu.

 

Nyir’akabari kari mu mudugudu wa Nyakabungo utarashatse kwivuga amazina we ngo ntiyari azi ko hari abo radiyo ibangamira, kuri we ngo ni kimwe mu bikurura abakiriya muri Gisenyi. Yagize ati “wari wabona se akabari katagira ingoma kweli?”

 

Uyu mugabo akaba yaremeye ko mu minsi y’akazi imiziki yahagarikwa kare ariko akanasaba ko inzego zibishinzwe ko zabemerera bagacuraga mu minsi ya wikendi (weekend) kugera mu gitondo.

 

Ku ruhande rw’ubuyobozi ngo nta tegeko ryemerera utubari gucuranga kugeza mu gitondo, n’ababyemerewe ni ababa barubatse amazu ku buryo amajwi adasohoka inyuma nk’uko Sheikh Bahame Hassan yabitangaje. Sheikh Bahame akaba yihanangiriza ba nyir’utubari ko nta tegeko rihari rigena iminsi yo gucuranga kugeza mu gitondo. Yagize ati “ntabwo twakwemera ko bakora ku nyungu zabo abaturage bakabura ibitotsi.”

 

Umujyi wa Gisenyi ubamo utubari nibura tubiri mu mudugudu umwe. Raporo yashyizwe ahagaragara na Polisi y’igihugu yerekana ko amazu yo gucumbika n’utubari biza muri bimwe mu biteza umutekano muke kuko ibyinshi nta n’ibyangombwa biba bifite.

 


 

Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

Advertisement

jaguar cars jaguar, jeep, kia