Mu myaka ibiri ishize,mu karere ka Nyabihu hari haragaragaye ikibazo cy’imirire mibi. Nk’uko umuyobozi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage muri aka karere Sahunkuye Alexandre yabidutangarije,abana bagera kuri 516 bari bari mu ibara ry’umutuku,bisobanura ko bari bafite iki kibazo ku buryo bukabije. Mu rwego rwo kugikemura hari zimwe mu ngamba zafashwe ku buryo muri uyu mwaka abana 31 gusa aribo bari basigaranye icyo kibazo nabwo ku buryo budakabije.

Nk’uko Sahunkuye abivuga, ubuyobozi ku bufatanye n’abaturage baragihagurukiye bafa ta ingamba zo kugikemura burundu. Zimwe mu ngamba nyamukuru zafashwe harimo kwita ku turima tw’igikoni,aho buri rugo rwasabwe kukagira kandi kameze neza. Ku bufatanye n’intore,ingo ziri mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri zikaba zarakorewe uturima tw’igikoni kandi tumeze neza.
Hafashwe kandi icyemezo cyo gushyira ingufu cyane muri gahunda y’agashuri k’agakono k’umwana. Iyi gahunda ikaba ikorwa ku midugudu buri cyumweru,aho ababyeyi bafatanije n’umujyanama w’ubuzima bigishwa gutegura indyo nziza yuzuye bahereye kubyo babona by’ibiribwa mu ngo zabo.Kuri iyi gahunda akarere kakaba gatanga amafaranga make y’ibirungo,kakabishyikiriza ababyeyi ku midigudu hanyuma bagatunganya iyo gahunda.
Kubyara muri batisimu abana bafite ikibazo cy’imirire mibi,nayo n’indi ngamba yafashwe n’abayobozi by’umwihariko. Buri muyobozi,akaba yarafashe umwana cyangwa abana bo kwitaho bafite icyo kibazo. Icyo yabafashaga akaba ari ukuganira n’ababyeyi be,ikibazo gituma uwo mwana agira imirire mibi,akabagira inama kandi akanabaha n’ubufasha bufatika bwo gutuma icyo kibazo gikemuka.
Bimwe mu by’abayobozi bagiye bakora harimo nko gukamishiriza abo bana amata abafasha,koroza ababyeyi babo amatungo magufi abafasha mu mirire,guha ubujyana butandukanye ingo zifite ibyo bibazo n’ibindi. Kuva icyo kibazo cyagaragara kugeza ubu,abana bagera kuri 485 bakaba baramaze gukira hakaba hasigaye gusa abana 31 nabo bakaba barimo kwitabwaho ku buryo bazakira vuba nk’uko Sahunkuye yabidutangarije. Ikigamijwe akaba ari ukurwanya imirire mibi igacika burundu ndetse n’indwara ziterwa nayo.
Turatsinze Emmanuel,nk’umwe mu baturage b’akarere ka Nyabihu,avuga ko gahunda y’uturima tw’igikoni yafashije abaturage cyane kurwanya indwara no kurya indyo yuzuye.Ku rwe ruhande avuga ko ahanini yakundaga kugura imboga,rimwe na rimwe zanataye n’umwimereri. Ariko kugeza ubu,abona imboga ataguze,akuye hafi y’urugo,bakaziteka nta mbogamizi. Ibyo bikaba bituma iki gikorwa badapfa kwandura indwara.
Mu Rwanda guca imirire mibi n’indwara ziterwa nayo ikaba ari imwe mu ntego ziyemejwe. Ni muri urwo rwego, abayobozi ku nzego zose uhereye ku z’ibanze,abajyanama b’ubuzima n’abaturage by’umwihariko basabwa kurwanya imirire mibi. Bakaba basabwa kwibanda ku kwita kuri gahunda y’uturima tw’igikoni aho buri rugo rusabwa kukagira ;kugira nibura igiti cy’imbuto ziribwa,korora amatungo magufi afasha mu mirire no kwitabira ibisabwa byose bijyanye na gahunda ya Leta yo kurwanya imirire mibi.