Umukecuru witwa Musasanzobe Suzana w’imyaka 61 y’amavuko wari utuye mu mudugudu wa Bweramana mu kagali ka Masangano mu murenge wa Busoro mu karere ka Nyanza amaze imyaka 19 adafite aho kuba kubera ingaruka jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 mu Rwanda yamugizeho agasenyerwa, tariki 08/05/2013 yubakiwe inzu n’urubyiruko mu rwego rwo kumufasha kwigira.
Iyo nzu yubatswe muri gahunda yo gutangiza ukwezi kw’ibikorwa byahariwe urubyiruko yabereye ku rwego rw’akarere ka Nyanza mu murenge wa Busoro aho uwo mukecuru warokotse jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 yabarizwaga.
Urubyiruko rw’abasore n’inkumi rugera ku 130 nirwo rwitabiriye icyo gikorwa rukata urwondo rwo guhomesha iyo nzu ndetse birangira runayisakaje amabati kugira ngo yihutishwe imirimo yayo dore ko uwo mukecuru yabagaho mu buzima bumukomereye agenda acumbika mu myaka 19 yose ishize jenoside yakorewe abatutsi imaze ibayeho mu Rwanda.
Musasanzobe Suzana w’imyaka 61 y’amavuko wubakiwe iyo nzu yatangaje ko icyo gikorwa cyamukorewe kidasanzwe ngo kuko kubura aho kuba byari bimwe mu bimukomereye mu mibereho ye ya buri munsi.
Yagize ati: “Ndashimira urubyiruko rwahisemo kuza kumfasha kubona icumbi nkaba ngiye kwicara mu nzu yanjye bwite ndyamamo simvirwe n’imvura ndetse n’izuba riva nkaryugamamo”
Avuga ko iyo nzu yubakiwe ariyo izaba amasaziro ye ibyo akaba aribyo aheraho asobanura ko ingufu z’urubyiruko zikoreshejwe neza zakemura ibibazo byinshi biri mu gihugu.
Imvugo y’uyu mukecuru kandi yagarutsweho n’abafashe amagambo bose bemeza ko kwishakira ibisubizo nk’abanyarwanda bizatuma igihugu gitera imbere mu buryo bwihuse kurusha gutega amaboko abitwa ko ari abagiraneza baguha none ejo bakakwima.
Mbarubukeye Vedaste umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Busoro yashimangiye ko mu kwezi k’umwe iyo nzu izaba ituwemo n’uwo mukecuru kandi ifite ibyangombwa byayo kugira ngo ikibazo cy’icumbi amaranye imyaka 19 gikemuke.
Urubyiruko rwakoze icyo gikorwa cyo kumwubakira iyo nzu kimwe n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze zo muri ako gace bahuriza ku mvuyo y’uko bazakomeza kumuba hafi agafashwa kwigira no gumuhumurizwa ahabwa icyizere cyiza cy’ejo hazaza.










