Tag Archive | "Rwanda Orphans"

GISAGARA: KANSI abana bari muri AERG ibafasha kwiyubaka

GISAGARA: KANSI abana bari muri AERG ibafasha kwiyubaka

Tags: , , , , , , ,


GISAGARA: KANSI abana bari muri AERG ibafasha kwiyubaka

AERG Impuhwe yo mu murenge wa Kansi

 Abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 bo mu Murenge wa Kansi ho mu Karere ka Gisagara  bavuga ko AERG bashinze nk’ihuriro ribafsha mu buzima bwabo bwa buri munsi kuko baganira bakanagirana inama, ufite ibibazo agahumurizwa kandi bashakira ibisubizo hamwe.

AERG Impuhwe yo mu murenge wa Kansi ishingwa abanyamuryango bayo ngo bifuzaga mbere na mbere aho bazajya bahurira bakaganira mu rwego rwo gukemura ibibazo bagira, gukurikirana imyitwarire n’uburere by’abana birera, kuba babona ubufasha ku buryo bworoshye. Aba banyeshuri bavuga ko bahura n’ibibazo bitandukanye birimo uubukene, ihungabana, kwigunga n’ibindi cyane cyane ku bana bibana, iyi AERG rero ikaba byibura ibafasha kubona ko batari bonyine.

Ingabire Chantal Umwe muri aba bana avuga ko mbere atajyaga yishima ngo aseke kubera kuba wenyine, agahora yumva ubuzima bubishye nta cyiza abona, ariko nyuma yinjiye muri uyu muryango  abasha kubona ko atari wenyine, kandi ko hari n’abandi bafite ibibazo nk’ibye bagerageza kubaho nawe bimuha ucyizere.

MWITAKUZE Janvier ni Perezida wa AERG IMPUHWE, atangaza ko uko iminsi igenda ishira bagenda babona akamaro ko kuba muri AERG kuko ngo si ukwiyubaka mu mitima gusa kuko batangiye no kujya batekereza imishinga yazabate imbere, bakagirana inama ndetse bakiga no kwizigamira.

Ati “Uyu munsi dufite abana benshi bagiye mu makoperative y’urubyiruko atandukanye kandi ubunako afite umwete wo gukora, natwe hano ubu tugira umusanzu muto muto dutanga, uzakura dushake icyo dukora kandi unadufasha kuba twakemurira ikibazo umwe muri twe aramutse akigize”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurege wa Kansi Bwana RUTABURINGOGA Jérome, ahamagarira aba bana kuba abagabo, bagakuza ingeso nziza zizirana no kwiyandarika, bakita ku kwiha agaciro baharanira kwigira no kwiyubaka. Yabasezeranyije kandi ko umurenge uzababa hafi uko ushoboye ndetse abemerera n’inka zo korora.

AERG Impuhwe igizwe n’imiryango (familles) ine ikaba yemerewe inka 4 imwe kuri buri muryango.

Rwanda | RUSIZI: Abana badafite ababyeyi basobanuriwe uburyo bagomba kuva mubigo bibarera bakagana imiryango yabo

Tags: , , , , , ,


Mu rwego rwo gusobanura no gushyira mu bikorwa gahunday’igihugu yo kurerera abana mu miryango bakava mu ibigo bibarera, Kuri uyuwa Gatatu tariki ya 23/01/2013, umunyamabanga mukuru w’inama y’igihugu y’abana, Madame Nyiramatama Zaina  yasuye ikigo kirera imfubyi cya Rusayo giherereye mu Karere ka Rusizi mu rwego  rwo gusobanurira  abana n’ababarera, uburyo iyi gahunda izakorwa.

Ni nyuma y’aho leta  ifashe umwanzuro wo gukuraho ibigo  birera imfubyi ndetse n’abana b’inzererezi ahubwo abo bana bagashakirwa  imiryango barererwamo ndetse nibyo  bigo byabareraga bigashyirwamo izindi gahunda zigamije guteza umuryango imbere , kuri uyu wa munsi umunyamabanga mukuru w’inama y’igihugu y’abana Madame Nyiramatama Zaina akaba yasuye ikigo kirera imfubyi kizwi ku izina ry’umurwa w’impuhwe cya rusayo kiri mu karere ka Rusizi mu rwego rwo gusobanurarira abana na banyir’ ikigo uburyo iyi  gahunda  izakorwa ndetse n’ uburyo bakwiriye gufatanya kugira ngo iyi gahunda izagerweho neza nkuko Madame Nyiramatama Zaina yabitangaje.

Kuruhande rwa banyiri ikigo cyasuwe nabo badutangarije ko iyi gahunda yo gusubiza abana mu miryango nabo bayishyigikiye, mu murwa w’impuhwe bo bakaba bafite n’akarusho kuko bayitangiye kuva kera nkuko bitangazwa na Adriana nyiri iki kigo cy’umurwa w’impuhwe.

Iyi gahunda yo gukura abana mu bigo bagashyikirizwa imiryango biteganyijwe ko igomba kuba yagezweho mu mpera z’umwaka wa 2014 nkuko byagarutswe ho na Madame Nyiramatama zaina.

Iki kigo cyasuwe  cy’umurwa w’impuhwe kiri mu murenge wa gashonga mu karereka Rusizi cyashinzwe mu mwaka wi 1973 kikaba cyaratangiye cyita kubarwayi b’ibibembe nyuma kiza kujya cyakira abana bipfubyi ndetse nabandi babaga batawe nababyeyi babo, kimaze gucamo abana basaga 40.000, kugeza uyumunsi kirererwamo abagera kuri 215, b’ingeri zitandukanye kuko twahasanze n’impinja z’amezi 6 abo bose bakaba bazanwa baburiwe ababyeyi.


 

Kirehe-Abanyeshuri bari

Kirehe-Abanyeshuri bari mu ngando bafashije abatishoboye babasanira amazu

Tags: , , ,


Kirehe-Abanyeshuri bariAbanyeshuri barangije amashuri yisumbuye bakoreye gahunda z’itorero mu karere ka Kirehe, barangije itorero bafashije abatishoboye mu karere ka Kirehe aho bafashije abana bane b’imfubyi bibana hamwe no kubakira umkecuru utishoboye.

Nkuko bitanganzwa n’umutoza w’abanyeshuri bari mu itorero mu karere ka Kirehe ku kigo cy’amashuri cya Rusumo High school bibumbiye mu itorero,  Mukunzi Emile ngo mu itorero aba bana bahigiye ibintu byinshi kugera naho babonye ko ari ngombwa gufasha abaturage batishoboye akaba avuga ko mu bushobozi aba bana bari bafite bafashije imiryango itishoboye aho baremeye abana b’imfubyi zibana bo mu murenge wa Kigina babaha ihene bafatanije n’umuyobozi w’ikigo cya High School  izi ngando zabereyemo Rutimirwa Frederic aho yatanze inka kuri aba bana bibana.

Ubuyobozi bw’akarere bufatanije n’ubw’ingabo nyuma yo kumva igikorwa cyakozwe cyo gusanira aba bakecuru batishoboye cyakozwe n’abana bari mu itorero bakaba bafashe gahunda yo gufasha aba bana babemerera matera eshatu zo kuryamaho hamwe no gushyira sima mu nzu izi ntore zabafashije kubaka.

Mu karere ka Kirehe hamaze gutozwa intore zigera ku bihumbi 7799 kuri ubu abanyeshuri batojwe muri uyu mwaka wa 2012 barangije umwaka w’amashuri yisumbuye bakaba ari 1135 barimo abakobwa 551 n’abahungu 674.

fac

 

KARONGI orphans to be given full

Rwanda | KARONGI: orphans to be given full ownership of their houses in Nyenyeri village

Tags: , , , , ,


Karongi District Administration and Ibuka officials have assured the orphans of the 1994 genocide against Tutsis living in Nyenyeri village in Rubengera sector that houses they live in are theirs and they will soon get Title deed

KARONGI orphans to be given full

 These orphans have been worried about the ownership of the houses they were given by the district administration in the village and even some were contemplating on selling the houses.  They were however assured of their ownership of these houses during the environment protection community work near this area by the district administration.

The community work was prepared by the National Human Rights Commission during its visit to these orphans in the week for human rights that precedes its 64th anniversary for international law that punishes and prevents genocide. This commission contributed Rwf1.6million for renovation of these houses.

Isaac Habarugira the director of IBUKA in Karongi district and Johnson Rurangwa the officer for social affairs in the district asked these orphans to rest assured that these are their houses and all they have to wait is for an agreement with the district agreeing to the fact that they will not sell these houses once given all the necessary documents and full ownership. Habarugira asked the youth to always renovate their houses in case they can and not to wait for the government to do everything for them.

Johnson Rurangwa who is in charge of good governance in Karongi district said that there are still many houses for genocide survivors that need to be renovated and many others are to be built for genocide survivors who are still homeless. He explained that the district knows and understands this problem of lack of accommodation for many but they will solve it as soon as they get means.

 

 

Akarere ka Karongi kijeje impfubyi za jenoside zo mudugudu w’i Nyenyeri ko amazu babamo ari ayabo

Rwanda | KARONGI: Akarere ka Karongi kijeje impfubyi za jenoside zo mudugudu w’i Nyenyeri ko amazu babamo ari ayabo

Tags: , , , , , ,


Akarere ka Karongi kijeje impfubyi za jenoside zo mudugudu w’i Nyenyeri ko amazu babamo ari ayabo

Rurangwa Johnson ushinzwe imiyoborere myiza mu karere ka Karongi

avuga ko hakiri abacitse ku icumu benshi badafite aho baba

 

Ubuyobozi bw’akarere ka Karongi na IBUKA bwijeje impfubyi zacitse ku icumu rya jenoside yakorewe abatutsi ziba mu mudugudu w’i Nyenyeri mu murenge wa Rubengera, ko amazu babamo ari ayabo igisigaye ari ugukora amasezerano yo kuyabegurira.

Abana bibana mu mudugudu w’i Nyenyeri mu murenge wa Rubengera akarere ka Karongi, bari bamaze iminsi bafite impungenge ko amazu akarere kabubakiye atari ayabo, bigatuma hari n’abari baratangiye kugira igitekerezo cyo kuyagurisha.

Izi mpungenge ariko abana bazimazwe n’ubuyobozi bw’akarere ka Karongi na IBUKA, ubwo bari mu gikorwa cyo gukora umuganda wo gusigasira ubutaka batuyeho.

Igikorwa cyateguwe na Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu yari yasuye abo bana mu rwego rw’icyumweru cyahariwe uburenganzira bwa muntu, kibanziriza isabukuru ya 64 y’amasezerano mpuzamahanga akumira kandi ahana icyaha cya jenoside. Komisiyo yanabateye inkunga ya 1.650.000 yo kubasanira amazu.

Uhagarariye IBUKA mu karere ka Karongi Habarugira Isaac na Rurangwa Johnson ushinzwe imiyoborere myiza, basabye abo bana bibana gushyira umutima hamwe, kuko amazu babamo ari ayabo, igisigaye gusa n’ugutunganya amasezerano bagomba kuzagirana n’akarere bemera ko nibayegurirwa batazayagurisha. Habarugira yanasabye abo bana ko igihe hari ubashije kubona ubushobozi yajya agerageza akisanira inzu igihe bibaye ngombwa kuko batagomba kumva ko leta izahora ibakemurira ibibazo byose.

Iyi nkuru abana bayakiriye neza nk’uko byemezwa na Muhayimana René. Asanga koko bikwiye kuzagera igihe bacuka na bo bagakora iyo bwabaga bakaba abagabo bashobora kwikemurira bimwe mu bibazo bikunze kugora impfubyi.

Rurangwa Johnson ushinzwe imiyoborere myiza muri Karongi, avuga ko hakiri amazu menshi y’abacitse ku icumu batishoboye akeneye gusanwa no kubaka andi kuko hakiri abacitse ku icumu benshi badafite amacumbi. Yasobanuye ko akarere kabizi kandi gafite muri gahunda kubakira abatarabona amacumbi nubwo ubushobozi bukiri buke, ariko icyizere ngo kirahari ko bizashyira bikagerwaho ku bufatanye.


 

 

 

RWANDA : AERG UMUTARA POLYTECHNIC BABUMBIYE AMATAFARI ABANA BIMPFUBYI

Tags: , , , , , , , , ,


NYAGATARE:Gufata umwana wese nkuwawe cyane cyane abana b’imfubyi n’inshingano ya buri munyarwanda wese.

Ibi nibyavuzwe na Kayitaramirwa Grace uhagarariye ibuka mu rwego rw’akarere ka Nyagatare, mu gikorwa cy’urukundo cyakozwe n’abanyeshuri bagize umuryango AERG ya kaminuza y’Umutara Polytechnic n’ishuri rikuru ry’ububyaza n’ubuforomo rya Nyagatare aho babumbiraga amatafari abana b’imfubyi bane mu rwego rwo kubashakira amacumbi mu murenge wa Tabagwe ho mukarere ka Nyagatare.

 Uru rubyiruko rugize umuryango AERG ya kaminuza y’Umutara Polytechnic  n’ishuri rikuru ry’ububyaza n’ubuforomo rya Nyagatare bahuriye muri iki gikorwa cyo kubumbira amatafari abana bane b’imfubyi bavukana bakaba barerwa n’umubyeyi Murasira Innocent wabafashe nkabe nyuma yo kubura ababyeyi babo bombi.

Kayitaramirwa Grace uhagarariye ibuka mu rwego rw’akarere ka Nyagatare yasabye buri munyarwanda  kwita k’umwana wese nk’uwe cyane cyane abana b’imfubyi kuko bakeneye kwitabwaho.

Yavuze ko ubufubyi bushobora kuba kuri buri muntu wese biryo bikaba bikwiye ko kurera aban b’imfubyi byakagombye kuba inshingano yaburi wese.

Umuhuzabikorwa wa AERG muri kaminuza Umutara Polytechnic n’ishuri rikuru ry’ububyaza n’ubuforomo rya Nyagatare, Gahenda Innocent  yatangaje ko akamaro k’umuntu si icyo yimariye ahubwo nicyo amariye abandi kuko ar’ibye bwite n’inshingano ze akaba ariyo mpamvu batanze imbaraga zabo mugufasha abo bana b’imfubyi.

Naho uwaje ahagarariye umurenge wa Tabagwe ho mu karere ka Nyagatare aho icyo gikorwa cyabereye yashimye cyane umubyeyi Murasira Innocent anasaba abandi babyeyi kugera ikirenge mu cy’uyu mubyeyi, anongeraho kandi ko bagiye kububakira vuba bishoboka ayo matafari atarangirika.

Karasira Innocent we avugako yari aturanye n’ababyeyi babo, nyuma bamaze kwitaba Imana afata iya mbere mu kubarera kuko yabonagako ntahandi bagana.

Naho umwe muri abo bana arashimira cyane umuryango AERG ,Umurenge wa Tabagwe, ndetse n’umubyeyi ubarera.

AERG ni Umuryango w’abanyeshuri barokotse genocide yakorewe abatutsi mu mwaka 1994 bakaba babumbye amatafari 3804, naho  abana b’imfubyi babumbiwe ayo  amatafari ni abana bane bava inda imwe aribo Byukusenge Chantal, Gahongayire Jeanette, Mutijima Emmanuel na Karigirwa Allen.

 

 

 

Rwanda | Gatsibo: urubyiruko rw’abamotari rworoje ihene abatishoboye

Tags: , , , , , , ,


Urubyiruko rutwara abantu n’ibintu bakoresheje Moto bo mu murenge wa Kiziguro bibumbiye muri cooperative COTMNDAGA taliki ya 26/7/2012 bashyikirije abacitse ku icumu batishoboye amatungo magufi y’ihene afite agaciro  ka 150 000frw.

Iki gikorwa abagize cooperative bakaba baragikoze mu rwego rwo kwifatanya n’abaturanyi kurwanya ubucyene kuko ibikorwa byo gufashanya no korozanya bari basanzwe babikorera hagati yabo.

Nkuko Franc Nkundineza yabitangarije abagenewe amatungo hamwe n’ubuyobozi bw’akarere n’umurenge ngo bifuza kugira uruhare mukwiyubakira igihugu bahereye aho batuye bazamura imibereho yabo. Franc Nkundineza avuga ko iki gikorwa kugikora ari umutima w’urukundo bagomba no kwigisha abo baturanye baharanira gufashanya no gushyira hamwe mu kwicyemurira ibibazo.

Umwe mubagenewe amatungo, Uwimana Angelique utuye mu kagari ka Mushobora mu murenge wa Remera, avuga ko kumugenera itungo byamweretse hari abantu bagira urukundo kandi batekereza abandi nawe arimo ashima itungo ahawe avuga ko azaryitaho rigatanga umusaruro kandi mu kuryorora azazirikana urukundo bamugiriye barimugenera.

Nubwo COTMNDAGA ishimirwa ibikorwa by’urukundo ikora isabwa kurushaho gukora yiteza imbere ndetse ikarwanya ibiyobyabwenge kuko byinshi bitwarwa n’abatwara moto. Abagize cooperative COTMNDAGA bakaba baragenewe umwambaro ubaranga ndetse basura n’urwibutso  rwa Genocide rwa Kiziguro rushyinguwemo imibiri isaga ibihumbi cumi na bibiri.

 

 

RDF, Police reach out

Rwanda : RDF, Police reach out Nyundo orphans

Tags: , , , , , , , , , , , , , , ,


RDF, Police reach out

In a bid to support vulnerable children in the country, Rwanda National Police (RNP) and Rwanda Rwanda Defense forces in collaboration with residents today joined hands to build houses for some of the orphans who will be moving out of orphanages.

The group participated in the construction of houses that will benefit some of the grown up orphans who live at Orphelinat Noel- Nyundo, in Rubavu sector, located in Rubavu district, western province of Rwanda.

The activity is part of the Army and Police week, which will take a full week. So far 8 houses have been completed and at least 20 houses will be constructed for the orphans (worth over Rwf100millions).

This is part of the response to the Government of Rwanda, recently announcing the gradually process of phasing out all orphanages dotted around the country by 2014 and have all the children reintegrated in families.

More 15 of the officially recognized orphanages in the country will be closed by the end of this year.  So far Centre Girimpuhwe-Remera in Gatsibo district and Sainte Elisabeth de Hongrie in Gicumbi District and Mpore Pefa orphanage in Kicukiro District have been closed, and the process of integrating some of the children has already kicked off in the country, with the support of the Unity Club (headed by the First lady Jeannette Kagame).

According to Regine Iyamuremye, the Executive secretary of Unity clubs said since the inauguration for the orphan adaption program in March, 2012, the process of  reintegrating the orphans has so far been welcomed by most families and communities and pledges to supporting this process have been fulfilled.

The benefiting orphans said that this outreach program is a source of hope for life in the future and that they will have a new stance to strive for a better life with the support of the government.

 

 

 

 

 

 

Kamonyi Abamotari 2

Rwanda | Kamonyi: Abamotari basuye imfubyi za jenoside zo mu mudugudu wa Kigarama

Tags: , , , ,


Rwanda | Kamonyi Abamotari

Mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 18 jenoside yakorewe abatutsi, abamotari bakorera mu karere ka Kamonyi, basuye imiryango 11 y’imfubyi za jenoside zirera zo mu mudugudu wa Kigarama, banazigezaho inkunga y’ibiribwa n’ibikoresho by’isuku babageneye.
Kuri uyu wa gatanu tariki 22/6/2012, ni bwo urubyiruko rw’abamotari rwashyikirije inkunga y’ibiribwa n’ibikoresho by’isuku imfubyi za jenoside zirera zituye mu mudugudu wa Kigarama, akagari ka Sheli ho mu murenge wa Rugarika.

Nyuma yo kwifatanya n’urundi rubyiruko rwo mu karere basura urwibutso rwa Kamonyi ruri mu Kibuza, mu kagari ka Nkingo ho mu murenge wa Gacurabwenge, abamotari bagera kuri 200 berekeje mu mudugudu wa Kigarama gusura imiryango 11 igizwe

n’abana 36 barokotse jenoside yakorewe abatutsi.

Tuyisenge Cyprien, Perezida wa Koperative y’abamotari bo ku Kamonyi (COCTAMOKA), yatangaje ko icyo gikorwa cyateguwe mu rwego rwo gufata mu mugongo abarokotse jenoside yakorewe abatutsi, no gukangurira urubyiruko kubaka ejo heza hazaza, nk’uko insanganyamatsiko y’uyu mwaka ibivuga “Twigire ku mateka, twubaka ejo hazaza”.

Umukunzi Erneste, umwe mu bana bahawe iyo nkunga, yashimiye urwo rubyiruko rw’abamotari babatekereje bakaza kubasura, avuga ko inkunga bahawe iberetse ko batari bonyine kandi ko bishimiye kubona urubyiruko rwibwiriza kubasura.

Nyantwari Rafiki Jean d’Amour, wari uhagarariye Inama y’igihugu y’urubyiruko, na we yashimiye abo bamotari bitekerereje icyo gikorwa cyo gusura no gutera inkunga imfubyi za jenoside. Ati”ni imyumvire myiza itangiye kugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda”.

Avuga ko urubyiruko rwakoresheje ingufu muri jenoside kubera ariwo wari umurongo w’ubuyobozi bwariho, ariko kuri ubu arashima ubuyobozi buriho kuko bukunda abanyarwanda kandi bugatoza n’abana b’u Rwanda gukundana no kwirinda amacakubiri.

Inkunga bashyikirijwe n’ibishyimbo, Akawunga, isukari, ubuto, ibasi, ijerikani n’isabuni byaguzwe mu mafaranga agera ku bihumbi 150 yakusanyijwe n’abamotari bakorera mu karere ka Kamonyi.


 

Gatsibo  ababyeyi barasabwa

Rwanda | Gatsibo: ababyeyi barasabwa kwakira abana baba mubigo by’imfubyi

Tags: , , , , , ,


Rwanda | Abana bitabiriye umunsi wahariwe umwana w’Afurika mu karere ka Gatsibo

Abana bitabiriye umunsi wahariwe umwana w’Afurika mu karere ka Gatsibo

mu kwizihiza umunsi w’umwana w’umunyafurika ababyeyi bo mu karere gatsibo bongeye kwibutswa inshingano yo kwita kubana bazirikana kwakira abana bari mubigo by’imfubyi, hamwe no guha agaciro abana babana n’ubumuga babaha uburenganzira bwo kwiga no kuborohereza mu mirimo kimwe n’abandi bana.

 

Nubwo uyu mwaka insanganyamatsiko yri iti ““turengere, twubahe, duteze imbere uburenganzira bw’abana kandi turandure imirimo mibi ikorerwa abana” mu karere ka Gatsibo hakunze kugaragara ibibazo by’ihohoterwa rikorerwa abana, mu mwaka wa 2011, hakozwe ibyaha by’ihohoterwa rikorerwa abana bingana na 383, irishingiye ku  mutungo rigera kuri 66, irishingiye ku gistina ni 96, irishingiye ku mubiri ni 89 naho irishingiye ku mutima akaba ari 132.

Ibindi bibazo abana bo mu karere ka Gatsibo bahura nabyo birimo amafaranga n’ibikoresho by’ishuri byakwa ku mashuri bigatuma umubare w’abana bata ishuri uba munini bitewe n’ubushobozi bucye bw’ababyeyi.

 

Mu gihe leta ishishikariza ababyeyi gufata abana bari mubigo by’imfubyi bakarererwa mu miryango, akarere ka Gatsibi gafite ibigo 4 bifite abana b’imfubyi babibamo bagera kuri 216. Igihe bakiriwe mu miryango yabo ibigo bikazasigara bikoreshwa nk’amarerero y’abana abafasha kubongerera uburere.

 

Umunsi wahariwe umwana w’umunyafurika mu karere ka Gatsibo wizihijwe taliki ya 15 Kamena nyuma y’icyumweru cyo gusura abana b’imfubyi n’abana babana n’ubumuga gifatanyije n’umushingwa wa plan-Rwanda ahasuwe abana baba mu kigo cya Wikwiheba Mwana cyakira abana babana n’ubumuga mu murenge wa Ngarama, ubu gifite abana barenga 38, ahagaragajwe ko hacyenewe ubufasha bwo gufasha abana bakibamo bitewe n’imibereho yabo, abandi bakaba bacyeneye gufashwa kuvuzwa bitewe n’indwara zikomeye bafite ikigo kidashobora kuvuza.

 

Uyu munsi wo kuwa 16/06/2011, wabaye umunsi ngaruka mwaka w’umwana w’umunyafurika

washyizweho n’umuryango w’ubumwe bw’Afrika OUA, mu mwaka 1990, umaze kubona ko Afrika igomba kugira amasezerano yihariye idashingiye gusa ku masezerano mpuzamahanga , kuri uyu munsi akaba ari nabwo hibukwa abana biciwe muri Soweto muri Afurika yepfo mu mwaka 1976.


Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

Advertisement

jaguar cars jaguar, jeep, kia