Tag Archive | "Rwanda Parents"

Gakenke: Uburezi mbonezamikurire bugiye kwitabwaho hashingiwe ku bushobozi bw’ababyeyi

Gakenke: Uburezi mbonezamikurire bugiye kwitabwaho hashingiwe ku bushobozi bw’ababyeyi

Tags: , , , , , ,


Gakenke: Uburezi  mbonezamikurire bugiye kwitabwaho hashingiwe ku bushobozi bw’ababyeyiAbabyeyi barakangurirwa  kwita ku burezi  mbonezamikurire (Early childhood development) bashingiye ku bikoresho bashobora kwibonera n’ubushobozi bwabo bwite ndetse bakanashyigikirwa n’ubuyobozi bw’ibanze.

Iyi gahunda nshya izakorera mu turere 10 harimo n’Akarere ka Gakenke izaterwa inkunga n’Ikigega cy’Umuryango w’Abibumbye  wita  ku bana  (UNICEF).  Inkunga izatangwa izibanda ahanini ku mahugurwa no gutanga ibikoresho by’ibanze.

Uburezi mbonezamikurire bugomba gukorerwa mu buri mudugudu cyangwa akagali,  bukeneye inzu abana bato bari hagati y’imyaka ibiri n’iatatu bazaza bahuriramo,  bakagira n’umuntu wo kubitaho ndetse n’ibyo kubatunga ku manywa.

Ubwo yaganiraga n’abakozi bashinzwe uburezi mu mirenge kuri uyu wa gatatu tariki 13/03/2013, umukozi wa UNICEF yavuze ko ibijyanye n’ubwo burezi  biri mu maboko y’ababyeyi ubwabo n’ubuyobozi bw’ibanze.

Aha, avuga ko ababyeyi  ari bo bagomba kwishakamo ubushobozi bahanga imishinga ibyara inyungu UNICEF ishobora guterwa inkunga ndetse n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bukabunganira binyujijwe mu gahunda zitandukanye.

Ati: “Twabafasha bakaba batekereza n’umushinga ubyara inyungu uhuriweho n’ababyeyi n’abo barezi bo mu burezi mbonezamikurire, umuntu (UNICEF) yawushyigikira bakazamura ya ntwererano yo gutanga mu burezi mbonezamikurire.

Abantu bakishakamo ubushobozi ariko ibyari byo byose bakabona  inkunga.  Gahunda zo mu mirenge nka za girinka, ubudehe zizamura abaturage zishobora no kuzamura uburezi mbonezamikurire.”

Uburezi mbonezamikurire bufite uruhare runini mu mikurire y’umwana kuko abana baba bari hamwe bakabona umwanya wo gukina, gusabana ndetse bakanabona ifunguro ryuzuye. Ngo ibi bikangura  ubwenge bw’umwana ku gipimo cya 80% kandi bikaba n’umwanya wo kwiga imico myiza akurana.

Iyo gahunda yatangiye hamwe na hamwe mu turere ariko ababyeyi bagira ikibazo cy’ibikoresho n’amikoro. Rwagatare Babou,  ushinzwe uburezi mu murenge wa Muyongwe asanga bitagombye kuba imbogamizi, ababyeyi bagomba gukoresha amikoro bafite n’ibikoresho bashobora kubona hafi yabo.

Yagize ati: “…twahera  ku bikoresho biboneka hariya iwacu byatuma umwana akina n’iyo ari ugukina karere (umupira), niba ari guheka nibisabe guheka ibipupe bikoze mu bintu bihenze…”

UNICEF igiye gutangiza amashuri abiri y’uburezi mbonezamikurire y’intangarugero  mu karere n’ababyeyi bakazayigiraho  bagashinga ayabo muri buri kagali cyangwa umudugudu. Iyi gahunda izafasha kandi ababyeyi kubona umwanya wo gukorera imiryango yabo mu gihe bakoreshaga umwanya munini barimo kwita kuri abo bana.

Arebesha ijisho rimwe kuko nta bushobozi afite bwo kwivuza irindi ryakomeretse

Rwanda | Burera: Arebesha ijisho rimwe kuko nta bushobozi afite bwo kwivuza irindi ryakomeretse

Tags: , , , , , , ,


Arebesha ijisho rimwe kuko nta bushobozi afite bwo kwivuza irindi ryakomeretse

Umwana witwa Irakoze utuye mu mudugudu wa Kabashotsi, akagari ka Nyamabuye, umurenge wa Kagogo, mu karere ka Burera arebesha ijisho rimwe kubera ko irindi ryapfuye nyuma y’uko rikomeretse ababyeyi be bakabura amafaranga yo kujya kumuvuza.

Uwo mwana ufite imyaka itanu y’amavuko afite ababyeyi bombi: Munyawera Bernard na Nyirambonigaba Jackeline. Abo babyeyi bombi ntibishoboye. Batunzwe no guca inshuro hirya no hino.

Nyirambonigaba, nyina w’uwo mwana, avuga ko umwana we, Irakoze, yakomeretse ijisho ry’iburyo ubwo yari arimo akina n’abandi bana mu ntangirizo z’umwaka wa 2012.  Umwana umwe mu bo bakinaga yamuteye agakezo (kahira ubwatsi) maze kamufata mu jisho rirakomereka cyane nk’uko abisobanura.

Akomeza avuga ko bahise bamujyana ku kigo nderabuzima cya Gitare, kiri mu murenge wa Kagogo, babona ubukomere afite bugoye, maze icyo kigo nderabuzima kimujyana mu bitaro bya Ruhengeri kugira ngo bamuvure neza.

Umuganga wo mu bitaro bya Ruhemgeri yasuzumye ijisho rya Irakoze asanga ryarononekaye cyane, bararipfuka, ariko asaba ababyeyi b’uwo mwana gushaka amafaranga kugira ngo bazajye kumuvuza ku bitaro bya Kabgayi, mu ntara y’amajyepfo, kuko bizobereye mu buvuzi bw’amaso nk’uko Nyirambonigaba abisobanura.

Agira ati “…umugabo (wa Nyirambonigaba) yamushubije yo (kwa muganga) umudogiteri ararisuzuma asanga ijisho ryarononekaye, ati “muzehe ni ugushaka ibihumbi 20 mukajya i Kabgayi…tubura amikoro, tubuze amikoro umwana tumurekera mu rugo nta handi twagiye kumuvuza”.

Akomeza avuga ko no kuba igisebe cyari kiri kuri iryo jisho cyaracyize ari ah’Imana kuko nta bundi buvuzi buhambaye yabonye. Umuti w’amaso w’igitonyanga ugura amafaranga y’u Rwanda 500 ngo niwo Nyirambonigaba  yavurishaga ijisho ry’umwana we.

Nyirambonigaba avuga ko aterwa agahinda no kuba umwana we agize ubumuga bw’ijisho akiri muto bidatewe n’ikindi ahubwo ari ubukene. Yongera ho ko abonye ubufasha yajyana umwana we kumuvuza akazakura areba neza. Ngo yizeye ko umwana we yakira.

Ikigaragaraza ko Irakoze arebesha ijisho rimwe ni uko iyo afunze ijisho rizima ry’ibumoso, iry’iburyo, ariryo ritabona, n’ubwo riba rikanuye, avuga ko nta kintu na kimwe arirebesha.

Ikindi ni uko iyo urebye mu jisho ritareba ry’uwo mwana, ubona ku mboni hariho akantu k’umweru kameze k’ishaza ryo mu jisho. Ako kantu gashobora kuba ariko gatuma iryo jisho ritareba. Inzobere mu buvuzi bw’amaso baribaze bakagakura mo ashobora kongera akabona.

Irakoze avukana n’abana bane. Ababyeyi babo ntibishoboye kuko baba mu nzu y’icyumba kimwe. Nta sambu, nta n’itungo bafite kuburyo byabaha amafaranga bakaba bavuza umwana wabo.


 

 

Ngororero Abagore bahagurukiye

Rwanda | Ngororero: Abagore bahagurukiye gufasha bagenzi babo barwaje bwaki mu guhashya iyo ndwara

Tags: , , , , , ,


Abagore bari mu nama y’Igihugu y’Abagore mu murenge wa Ngororero bavuga ko kurwaza bwaki ari igisebo ku muryango kandi ngo umugore niwe bitera ipfunwe ryinshi kuruta abandi babana, ndetse akaba ari nawe uta igihe kinini avuza umuryayi wa Bwaki.

Rwanda | Ngororero Abagore bahagurukiyeAba bagore bakaba bariyemeje gufasha bagenzi babo barwaje iyo ndwara babigisha gukora uturima tw’igikoni duhingwa mo imboga, ndetse bakaba baranashyizeho umurima rusange bazajya bahingamo imboga n’imbuto maze bikajya byifashishwa mu kwigisha abagore gutegura amafunguro ndetse no kugaburira abana bafite ibibazo by’imirire mibi.

 

Uru rugero abagore bo mu murenge wa Ngororero batanga rukaba ngo rukwiye no gusakara mu yindi mirenge, ibi bikaba byafasha mu kurandura burundu iki kibazo kuko abaturage aribo baba bazi neza ingo zifite ibibazo by’imirire mibi nk’uko Nyirasinamenye Jeanne ushinzwe imbonezamirire mubitaro bya Muhororo abivuga.

 

Ngororero Abagore bahagurukiye Umuyobozi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu karere ka Ngororero Nyiraneza Clothilde asanga abagore bose bafashe iyi gahunda bwaki yacika burundu muri ako karere kuko ngo ahanini biterwa no kutita kubana cyangwa ku guhinga ibyifashishwa mu gukora ifunguro rifite intungamubiri cyane cyane ku bana.

Bamwe mu batuye muri aka karere bavuga ko atari akarere katera kurusha utundi kuburyo kahora kaza mu myanya ya mbere mu kurwaza bwaki, ahubwo biterwa n’uburangare rw’ababyeyi, ibi bikaba aribyo aba bagore biyemeje gutanga mo umusanzu wo kubikemura, binyuze mu bunzi, mu nyigisho zo guteka no mu kagoroba k’abagore.

 

Ababyeyi bafite

Rwanda : Ababyeyi bafite abana bamugaye barasabwa kutabahisha.

Tags: , , , , ,


Ababyeyi bafite

Ababyeyi bo mu karere ka Rulindo bafite abana bamugaye, barasabwa kutabapfukirana kuko nabo ari abana nk’abandi.

Umuntu ubana n’ubumuga  agomba kugira uburenganzira nk’ubwabandi bantu bazima. Ibi ni ibivugwa na bamwe mu babyeyi bafite abana bamugaye mu karere ka Rulindo

Bakomeza bavuga ko abana bamugaye bagomba kwitabwaho, bakavuzwa ,byaba ngombwa bakajyanwa no mu ishuri

Mukamudenge Honorata agira ati” Iwacu aho dutuye nta mubyeyi ufite umwana wamugaye umuhisha, kuko twese tumaze kujijuka. Ikindi kandi iyo umuntu yabyaye umwana, umugaye ntabwo bishoboka ko bitamenyekana”

Uyu mubyeyi akomeza avuga ko umwana we yavukanye ubumuga, ariko ubu ngo akaba yiga ku Gashinge mu kigo cy’abamugaye.

Therese Mukantagwabira ati”rwose abana bamugaye, nabo bakeneye kwegera abandi n’ubwo baba batabasha kugenda cyangwa ngo bavuge, ariko nibura babona abandi bakina bakishima.”

Ati ‘njye nunva umubyeyi uhisha umwana ngo ni uko yamugaye yagombye no kubihanirwa ,kuko ni ukumubuza uburenganzira bwe.

Mukahirwa Marie Chantal, umukozi wa FONDATION LILIANNE akaba n’ umuhuza w’iyo fondation  n’ababyeyi bafite abana bamugaye mu karere ka Rulindo, avuga ko mu gace akoreramo, ngo hari abayeyi bagihisha abana bamugaye. avuga ko ajyenda  akagerageza kubegera akabigisha.

Avuga kandi  ko iyo ababyeyi bahishe abana gutyo, aba ari ukubahohotera no kubabuza uburenganzira , ngo kuko hari n’amahirwe batabona nk’ay’abandi bana bagenzi babo baba bageze ahagaragara.

Yagize ati”dukangurira ababyeyi bafite abana bamugaye kutabahisha.kuko nk’ubu hari igihe haboneka ubufasha ku bana bamugaye ,bugahabwa abagaragara bagera aho abantu babona, ariko iyo umubyeyi ahishe umwana we, ntago ashobora kubona kuri ubwo bufasha.

nk’ubu hari amabarura arimo akorwa kuri abo bana, none se umubyeyi atagaragaje umwana we, ni ikibazo ntago twabimenya ngo tumushyire ku rutonde nk’abandi.”

FONDATION LILIANNE  ni ikigo cy’abihaye Imana kita ku bana babana n’ubumuga butandukanye.

Icyo kigo gitanga ubufasha  butandukanye ku bana bamugaye, kibavuza, kibashakira nsimburangingo.icyo kigo kikaba gikorera mu Rwanda hose.

Ababyeyi rero barasabwa kudahisha abo bana kugira ngo bamenyekane maze bakorerwe ubuvugizi.

 

 

Batangiye ubukangurambaga bugamije

Rwanda | Rukara: Batangiye ubukangurambaga bugamije kurwanya imirimo ivunanye ikoreshwa abana

Tags: , , , , ,


Batangiye ubukangurambaga bugamije

Ubuyobozi bw’umurenge wa Rukara mu karere ka Kayonza bwatangije gahunda y’ubukangurambaga bugamije kubuza ababyeyi gukoresha abana babo imirimo ivunanye. Ubwo bukangurambaga burakorwa ku bufatanye n’ishami ry’umuryango World Vision rikorera muri uwo murenge.

Ubwo bukangurambaga bwatangiye tariki 31/07/2012 bukaba buzamara icyumweru nk’uko inzego z’ubuyobozi muri uwo murenge zabidutangarije. Ikigamijwe ngo ni ukwigisha ababyeyi ingaruka mbi abana baterwa no gukora imirimo ivunanye, kuko idindiza imikorere y’ubwonko bwa bo bigatuma baba abaswa mu mashuri.

Mu karere ka Kayonza, hari bamwe mu babyeyi bakoresha abana imirimo ivunanye, irimo no kubajyana mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro cyane cyane mu birombe by’i Rwinkwavu. Hari n’abandi bagiye baregwa kuvana abana mu mashuri bagiye kubakoresha mu mirimo y’ubucuruzi kandi batarakura, benshi bikabaviramo ingaruka zo kureka ishuri burundu.

Umuyobozi w’ishami rya World vision mu murenge wa Rukara, Mwumvaneza Appolon, yadutangarije ko n’ubwo hari ibihano biteganyirizwa ababyeyi bavana abana mu mashuri, ngo ntibihagije kuko baramutse bahawe ubumenyi bubagaragariza ingaruka mbi za byo bajya bategurira abana ba bo imbere heza babikunze aho kubikora batinya ko amategeko yabahana.

Biteganyijwe ko ababyeyi bazajya bahabwa ibiganiro ku bubi bwo gukoresha abana imirimo ivunanye no kubigisha uburyo bagira uruhare mu kurinda abana ba bo ihohoterwa iryo ari ryo ryose.

 

 

 

 

 

 

m_Bamwe mu bana baba bazanwe mu kigo nderabuzima

Rwanda | Bugesera : Barakangurirwa kugaburira abana bibanda ku bifite intungamubiri

Tags: , , , , ,


Ababyeyi bo mu karere ka Bugesera barakangurirwa kugaburira abana babo bibanda ku bifite intungamubiri, ibyo babikanguriwe ubwo bari mu kigo nderabuzima cya Nyamata  aho ababyeyi baza kwaka inama zijyanye no kugaburira abana babo indyo yuzuye.

m_Bamwe mu bana baba bazanwe mu kigo nderabuzima

Bamwe mu bana baba bazanwe mu kigo nderabuzima

Umuforomokazi mu kigo nderabuzima cya Nyamata  Mukamusoni Jeanne avuga ko kugeza ubu abaturage bamwe na bamwe batarasobanukirwa uburyo bwo kurya indyo yuzuye.

Ati “ bumva ko kurya indyo yuzuye ari ukuba wariye amafiriti, n’umuceri, inyama n’ibindi nyamara atariko biri. Kubera kurya indyo ituzuye, ibyo bikaba bikunze kugaragara ku mwana wacutse akiri muto”.

Avuga ko icyo gihe iyo umwana ageze kuri iyo ntera, ni bwo aba yarwaye indwara mu Kinyarwanda, bakunze kwita bwaki cyangwa irungu iba yagaragaje ibimenyetso.

Yakanguriye ababyeyi ko bakwiye kwita ku bana babo, babagaburira indyo yuzuye kandi ku biribwa biturutse mu masambu yabo, ibyo yabisobanuye abagaragariza n’uburyo bikorwa, avuga ko mu bitera imbaraga bakwiye kugaburira abana ibirayi, ibishyimbo, imyumbati n’ibindi.

Mu birinda indwara naho bakihatira kubagaburira imboga z’amoko yose, cyane cyane bakita ku mboga zishobora kuribwa ari na mbisi nk’uko byemezwa na Mukamusoni.

Ku bijyanye n’ibyokurya byubaka umubiri, yavuze ko ababyeyi bose atariko bajya babona inyama cyangwa amata ariko hari ibiribwa n’ibinyobwa bishobora kuyasimbura, mu byo barya hakaba harimo soya, ubunyobwa, amagi.

Mu byerekeranye n’ibyo kunywa, yavuze urutonde rw’amafu y’igikoma umuntu akwiye kuvanga kandi yayiyejereje, bigatuma umwana akura neza, iyo n’ifu y’amasaka, ifu ya soya barayirya kandi bakanayinywamo igikoma, ifu y’ibigori n’ifu y’ingano ku bazihinga.

By’umwihariko ababyeyi bakwiye kwirinda kubyara indahekana, kuko nabyo biri mu bituma umwana arwara iyo ndwara, kuko aba atabonye igihe gihagije cyo konka amashereka ngo ayahage, kandi ariyo atuma umwana akura neza kubera intungamubiri zibamo.

 

Abayobozi b Imirenge

Rwanda : Abayobozi b’Imirenge batumwe gushishikariza Abaturarwanda kwakira abana babaga mu bigo by’imfubyi

Tags: , , , , ,


Abakozi b’Imirenge yo mu Ntara y’Iburasirazuba bahawe ubutumwa bwo kujya mu ngo z’abatuye iyo Ntara bagashishikariza abaturage kwitegura kwakira abana 3323 babaga mu bigo byitwa iby’imfubyi, igikorwa leta y’u Rwanda yemeje ko kigomba kurangira mu mwaka wa 2014.

Rwanda |  Abaturarwanda barasabwa igisubizo ku kibazo cy’abana barererwa mu bigo

Abaturarwanda barasabwa igisubizo ku kibazo cy’abana barererwa mu bigo

Ubu butumwa bwahawe abakozi bashinzwe imibereho myiza y’abaturage n’abashinzwe irangamimerere mu Mirenge yose y’Intara y’Iburasirazuba mu nama yabahuririje mu Karere ka Rwamagana, ahari hanatumiwemo abayobora ibigo bitandukanye byita ku bana b’imfubyi mu Ntara y’Iburasirazuba.

Uwababyeyi Benilde ushinzwe ibibazo by’abana b’imfubyi mu Nama y’Igihugu ishinzwe Abana mu Rwanda aravuga ko basabye aba bayobozi b’Imirenge kujya gushishikariza Abaturarwanda mu byiciro byose no mu midugudu yose kumva ko aba bana ari ab’ababo, bakaba bakeneye aho baba.

Ubu mu Rwanda harabarurwa abana 3323 baba mu bigo 33 byitwa ibigo by’imfubyi n’ubwo muri ibyo bigo usangamo n’abana bafite ababyeyi. Mu bushakashatsi bwakoze n’umuryango witwa Hope and Homes for Children, hagaragaye ko abana benshi baba muri ibi bigo babiterwa n’ubupfubyi ariko hakaba n’ababiterwa n’uko umwe mu babyeyi babo, cyane cyane ba nyina, arwaye cyane, ubukene mu miryango, ababyeyi bateshuka ku nshingano zabo bagata abana n’izindi mpamvu.

Kuwa 16 Werurwe uyu mwaka, Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko izi mpamvu zose zigomba kubonerwa igisubizo n’Abaturarwanda bose, aba bana bakabona imiryango bazabamo mu gihe cy’imyaka itarenze ibiri.

Muri aba bana, harimo abagifite ababyeyi, abandi bene wabo bafitanye amasano ya hafi n’abatabafite. Gahunda ya leta y’u Rwanda ni uko aba bana 3323 babonerwa imiryango ibakira.

Hamaze gushyirwaho amabwiriza agenga uko umuntu yakira umwana iwe mu muryango ndetse n’abantu bemerewe kwakira aba bana. Aya mabwiriza arimo kuba umuntu afite ubushobozi n’umutungo uhagije ngo yite ku mwana neza, akaba ari inyangamugayo, asanzwe afite abana batarenze 3 n’ibindi byemezwa n’abayobozi b’ibanze, bigaragaza ko koko uwo ushaka kwakira umwana abikwiye.

 

Ababyeyi b abana bafite

Rwanda : Ababyeyi b’abana bafite ubumuga barasaba leta kubafasha kwita kuri aba bana

Tags: , , ,


Ababyeyi babana n’abana bafite ubumuga bwo mu mutwe bo mu karere ka Muhanga, baravuga ko bakeneye ibigo byihariye byita kubana nkabo kugirango nabo bitabweho.

 

Bakaba basaba ubufasha bwa Leta ndetse n’ubwa abatera nkunga ko bashyiraho ibigo byakira abana bafite ubumuga.

 

Abana bafite ubumuga bwo mu mutwe usanga akenshi badafatwa kimwe n’abandi bana. Abenshi mu babyeyi bafite abana nkabo usanga babaha akato ko kutagera mu bandi bana kandi nabo ari nk’abandi.

 

Cyakora aba babyeyi batuye mu murenge wa Nyamabuye ho mu karere Muhanga, bavuga ko ibyo babyakiriye uretse ko bahura n’ikibazo cyo kubura ibigo byakira abana aba babo ngo bibafashje.

 

Umubyeyi witwa Mukansanga ufite umwana ubana n’ubumuga bwo mu mutwe yisabira ko bafashwa kwita ku bana nk’aba, ati: “nubwo batakwita ku mwana wanjye ariko bagafasha abandi bana bamugaye kuko barababaje kuko usanga twe nta bushobozi dufite bwo kubitaho uko bikwiye kandi erega burya sibo baba barahisemo kuvuka kuriya kandi natwe ntitwahisemo kubyara umwana ufite ubumuga”.

 

Ubwo hatangizwaga icyumweru cyahariwe umwana w’umunyafurika mu karere ka Muhanga ndetse no ku rwego rw’igihugu, Damien Ngabonziza umwe uri mubuyobozi bwa Komisiyo y’igihugu ishinzwe abana, avugako iki kibazo cy’abana bamugaye kiri mu bihangayishije igihugu kuburyo mu myaka itanu iri iza byinshi mu bibazo bibakomereye bizaba byatorewe umuti myawo.

 

Tariki ya 16 Kamena kw’Isi hose hizihizwa umunsi mpuzamahanga w’umwana w’umunyafrika.

 

Mu Rwanda uyu munsi ukazahuzwa n’indi minsi mpuzamahanga kwizihirizwa hamwe nk’umunsi w’umuryango usanzwe uba tariki 15 Gicurasi ndetse n’umunsi wahariwe kurwanya imirimo mibi ikoreshwa abana usanzwe wizihizwa tatiki ya 12 Kamena buri mwaka.

 

Insanganya matsiko y’uyu mwaka ku munsi w’umwana w’umunyafrika iragira iti: “Twubake umuryango nyarwanda duteza imbere abana bafite ubumuga turwanya imirimo mibi ikoreshwa abana”.

 

Rwanda | Ababyeyi bafite abana bamugaye

Rwanda : Ababyeyi bafite abana bamugaye hari igihe bagira uruhare mu kubabuza uburenganzira

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,


Rwanda | Ababyeyi bafite abana bamugayeBamwe mu babyeyi bafite abana bamugaye baratungwa agatoki kuba bagira uruhare mu kubuza abana babo uburenganzira bumwe na bumwe. Abana bamugaye cyane cyane abo mu byaro, bakunze kubuzwa uburenganzira bwabo cyane cyane ubwo kwiga.

Nyamara ariko ngo hari igihe ababyeyi b’abo bana bagira uruhare muri uko kubuzwa uburenganzira kwabo nk’uko bivugwa na bamwe mu batuye mu murenge wa Murundi mu karere ka Kayonza.

“Umwana aba ari umwana, kandi ntaba ashoboye kuburana uburenganzira bwe, icyo gihe umubyeyi ni we ugomba gufata iyambere kugirango uwo mwana atabuzwa uburenganzira bwe” uku niko Sebudandi Antoine wo mu kagari ka Ryamanyoni mu murenge wa Murundi abivuga.

N’ubwo leta y’u Rwanda idahwema guharanira uburenganzira bw’abamugaye, imiryango abamugaye bavukamo ngo ishobora kuba ikiri mu mbogamizi zituma abamugaye badahabwa uburenganzira bwa bo uko bikwiye.

Mu murenge wa Murundi nta bana benshi bafite ubumuga bushobora gutuma badakurikirana amasomo ya bo kimwe n’abandi, ariko ngo nta n’uwahamya ko n’abo bake bahaboneka baba bafashwa uko bikwiye kugira ngo bige nk’uko Sebudandi akomeza abivuga.

Cyakora hari ubwo abarimu ku mashuri na bo ngo bananiza abana babana n’ubumuga babakoresha imyitozo ngororamubiri batashobora, bikaviramo abana bamwe gutsindwa, rimwe na rimwe ishuri bakarivamo nk’uko umwe mu bana babana n’ubumuga yabidutangarije.

Uwo mwana akomeza avuga ko nk’igihe abandi bana bakoze imyitozo ngororamubiri nko gusimbuka, biba ikibazo ku bamugaye kuko baba badashoboye imyitozo nk’iyo, bigatuma mwarimu atabaha amanota muri iryo somo aho gushaka ibindi yabakoresha bashobora.

Abamugaye bavuga ko kubaho ingingo zimwe z’umubiri zidakora neza bidasobanura ko umuntu nta kindi aba ashoboye, kuko ngo ashobora gukora ibindi kandi akabikora neza kurusha abafite ingingo zose.


 

 

Ubushakashatsi bwagaragaje

Rwanda | Ubushakashatsi bwagaragaje ko ahari ibigo birera imfubyi mu Rwanda bituma ababyeyi batuzuza inshingano zabo

Tags: , , , , , , , , , , , , , , ,


Umuyobozi wa gahunda yaguye igamije gushakira abana babaga mu bigo byitwa iby’imfubyi ingo babamo arahamya ko hakwiye gufatwa ingamba zo gufunga ibyo bigo kuko aho ibyo bigo bigaragara hose bitera igishuko abahaturiye kubijyanamo abana.

Rwanda |  Ngo ahari ibigo byakira abana, abantu basa n’abitabira kubatererana ku bwinshi

Ngo ahari ibigo byakira abana, abantu basa n’abitabira kubatererana ku bwinshi

 

Nyinawagaga Claudine ukuriye umuryango witwa Hope and Homes for Children twakwita Buri Mwana Mu Muryango yatangaje ko mu bushakashatsi bwakozwe mu Rwanda, imibare minini y’abana batereranwa n’iwabo bakajyanwa mu bigo byitwa iby’imfubyi ari abaturiye ibyo bigo.

Madamu Nyinawagaga ati “Ibyo twabonye mu bushakashatsi bigaragaza ko ahari ibigo byakira abana wagira ngo bishishikaza ababituriye kutarera abana babo kuko usangamo abana benshi kandi bakomoka hafi aho, ababyeyi cyangwa imiryango yabo yarabaragije muri ibyo bigo, aho baba bibwira ko babaho neza kurusha.

Mu mpamvu zivugwa n’abafite abana baba mu bigo byitwa iby’imfubyi, bamwe bavuga ko baba baravukiye mu rugo rurimo abana benshi, ababyeyi bagahitamo gusa n’abaragiza abana bamwe hafi aho mu bigo byakira abana batagira aho baba. Uyu mwana w’imyaka 15 ati “Tuba twaravutse mu muryango turi abana benshi, bikananira umubyeyi kuturera, hanyuma bakatuzana mu kigo kugira ngo dufashwe kwiga.

Undi mugore nawe yagize ati “Ubundi njye ndi umukene. Umukobwa wanjye yapfuye abyara, ansigira uruhinja, nanirwa kurera impinja ebyiri, rumwe ndujyana mu kigo, aho nakurikiranaga buri munsi uko abayeho.”

Uyu nawe yabwiye abakoraga ubushakashatsi ko nyina yari amaze gupfa kandi afite abana benshi, agahitamo kumuzana. Ababajijwe mu bushakashatsi ariko bahuriza ku mpamvu imwe nini kurusha izindi, bati “Ni uko ibigo bihari.

Guverinoma y’u Rwanda ariko yamaze gufata icyemezo muri Werurwe uyu mwaka cyo gushakira imiryango abana bose baba mu bigo byitwa iby’imfubyi, ndetse hagakemurwa impamvu zose zatuma hagira abandi bana bava mu miryango yabo, mu mwaka wa 2014 mu Rwanda hakazaba hatakirangwa umwana n’umwe udafite umuryango arererwamo. Iyi miryango izarererwamo abana, ni imiryango karemano abo bana baba bakomokamo n’ubundi, ababa ari imfubyi bakazarererwa mu ngo z’abandi baturage baziyemeza kubakira bakabarera.

Kugeza ubu, mu Rwanda harabarurwa abana 3323 bacumbikiwe mu bigo 33 hirya no hino mu gihugu. Mu Rwanda hari nanone imiryango y’abaturage bitwa ba Malayika Murinzi barera abana batabyaye ku mubiri, ariko bakabagira abana babo, bakabarera nk’uko barera abana babo.


Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

Advertisement

jaguar cars jaguar, jeep, kia