Tag Archive | "Rwanda Paul KAGAME"

Huye: Abagenerwa inkunga y’ingoboka bashinze koperative Imanishimwe

Huye: Abagenerwa inkunga y’ingoboka bashinze koperative Imanishimwe

Tags: , , , , , , , ,


Huye: Abagenerwa inkunga y’ingoboka bashinze koperative Imanishimwe

Abagenerwabikorwa ba VUP bo mu Murenge wa Huye ho mu Karere ka Huye bari mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri cy’ubudehe, bagenerwa inkunga y’ingoboka, bashinze koperative yitwa Imanishimwe. Ibikorwa by’iyi koperative byatangijwe ku mugaragaro kuwa 15 Gicurasi, 2013.
Ferederiko Nzeyimana, perezida w’iyi koperative, avuga Imanishimwe igizwe n’abagenerwabikorwa ba VUP 405, ikaba yaratangiye gukora mu Ukuboza 2012. Buri wese yatanze amafaranga ibihumbi 10 avuye mu nkunga basanzwe bagenerwa, nuko bayaranguza ibishyimbo.
Yagize ati “n’ubwo ari bwo tugitangira, dufite icyizere cy’uko koperative yacu hari aho izatugeza. Twatangije amafaranga miliyoni eshatu n’ibihumbi 680. Twaranguye ibishyimbo bigura amafaranga 330 kuri mironko, none ubungubu mironko iragura 500, kandi turateganya gutegereza gato ku buryo tuzabigurisha bisigaye bihenze kurushaho.”
Ferederiko kandi atekereza ko inyungu bazakura muri ibi bishyimbo izaba irenga miriyoni imwe n’ibihumbi 200. Ayo mafaranga nibamara kuyabona, bazayegeranya n’andi mafaranga y’ingoboka bazahabwa muri iyi minsi, hanyuma bubakemo amazu yo gucumbikamo ahitwa i Sovu.
Impamvu ngo batekereje kubaka aya mazu i Sovu, ni uko ari ho Akarere ka Huye kari kwimurira inganda ndetse n’abanyamyuga itandukanye nk’iy’ubucuzi, ububaji, … baratekereza ko abazaza gukorera muri aka gace bazacumbika mu mazu yabo, bakabasha kubona amafaranga.
Ku bijyanye n’ingano y’inkunga y’ingoboka aba bagenerwabikorwa bategereje, Hakizimana Benigne, umukozi ushinzwe VUP mu Murenge wa Huye, avuga ko atari amafaranga makeya kuko azaba agera kuri miriyoni 17.
Yagize ati “amafaranga abagenerwabikorwa bategereje ni ay’amezi atanu. Naza, buri wese azahabwa 30% by’amafaranga yagenewe kugira ngo abashe kuyikenuza mu rugo, hanyuma 70% asigaye ni yo azavamo ziriya miriyoni 17 navugaga.”
Abanyamuryango ba koperative Imanishimwe bishimiye iki gitekerezo cyo kubafasha kwibumbira muri koperative, kuko ngo izababashisha kubona igikorwa bakuraho amafaranga igihe bazaba batakigenerwa inkunga.
Umukecuru uri mu kigero cy’imyaka 80, abajijwe icyo atekereza kuri koperative Imanishimwe abereye umunyamuryango yagize ati “iyi koterative (koperative) ndayishima, nkashima na Kagame … Paul Kagame uhora azarikana icyazamura n’abakene. Njyewe izamfasha ndayizeye pe! “
Umubyeyi bigaragara ko akiri mutoya (ari mu kigero cy’imyaka 25) wari waje aherekeje umubyeyi we ufite imyaka 90 we yagize ati “Iyi koperative izaduteza imbere. Kuko ntabwo twari twifite nyine, ariko ubu noneho dufite icyerekezo cy’imbere yacu heza.”

53 cows given to the vulnerable

Rwanda | Ruhango: 53 cows given to the vulnerable

Tags: , , , , , , , ,


The Ruhango district administration has given cows to 53 families that reside in 4 sectors in the support of Girinka Program which was initiated by the president of the republic of Rwanda so that at least every Rwandan can own a cow.

53 cows given to the vulnerable

Residents in the 4 sectors were given cows as those from Byimana sector were given 9 cows, Kabagali sector 15 cows, Kinihira sector 15 cows and Bweramana sector in 14cows. The other 5 sectors which were not given cows are yet to be given precisely early next week says Dieudonne Rugwizangoga the veterinary doctor in Ruhango district.

Residents who were given cows are the poor and vulnerable who were selected by their neighbours with the help of local authorities. The families which were given cows thanked the district administration especially the president of the Republic for initiating this program and made them farmers something which was just a dream to most of them.

They assured that now that they got cows to rear, they are going to work even harder to develop as they have been farming without manure, and their children will no longer be affected by kwashiorkor or malnutrition as they will be having milk.

Dieudonne Rugwizangoga the veterinary doctor in Nyabihu district said that every resident who was given a cow has a responsibility to give a cow to a neighbour once the cows reproduce. These 53 cows that were given by the district are additional to too many others which were given out by different partners in development, organizations and associations in Ruhango district.

 

 

imiryango 53 yorojwe inka n’akarere

Rwanda | Ruhango: imiryango 53 yorojwe inka n’akarere

Tags: , , , , , , , ,


imiryango 53 yorojwe inka n’akarere

Imiryano yahawe inka izajya iziturira abandi

Mu rwego rwo gushyigikira gahunda ya gira inka yatangijwe na perezida wa Repubuluka Paul Kagame, akarere ka Ruhango kagabiye inka imiryango igera kuri 53 ituye mu mirenge ine.

Iyi mirenge yorojwe inka harimo uwa Byimana wahawe inka 9, Kabagali yahawe 15, Kinihira yahawe 15, Bweramana yahawe 14.

Bikaba biteganyijwe ko n’indi mirenge 5 isigaye nayo izorozwa inka mu ntangiriro z’icyumweru gitaha; nk’uko bitangazwa na Rugwizangoga Dieu Donne ushinzwe ubworozi mu karere ka Ruhango.

Abaturage bahawe izi inka, akaba ari abaturage bafite amikoro make baba baratoranijwe n’abagenzi babo baturanye babifashijwe n’inzego zibanze.

Imiryango yabonye izi nka, ivuga ishimira cyane Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame we watekereje kuri iyi gahunda ya gira nka aho buri mu nyarwanda agenda abona inka.

Bavuga ko ubu ubwo bamaze kubona izi nka, bagiye guterimbere kuko ubundi babagaho nta gafumbire bagira, nditse ibi bikazatuma nta mwana wongera kurwara bwaki kuko bazajya babona amata.

Rugwizangoga Dieu Donne ushinzwe ubworozi mu karere ka Ruhango, avuga ko umuturage wahawe inka azajya yoroza mugenzi igihe inka yahawe yabyaye.

Izi nka 53 za guhunda ya girinka munyarwanda zitanzwe n’akarere, zije ziyongera kuzindi nyinshi zagiye zitangwa n’abafatanyabikorwa b’akarere ka Ruhango.

 

 

Kagame : Focus on achieving

Focus on achieving MDG’s ; Kagame

Tags: , , , , , , , , , , , , , , ,


Kagame : Focus on achievingWith only a few years remaining to close the chapter on the Millennium Development Goals (MDGs), President Paul Kagame believes that there is need for world leaders to focus on the need to achieve to the goals.

Kagame said that there has been a lot of improvement and positive results, following the responsibility given to the advocacy group and its commitment made to achieving the MDG’s but there are so many challenges still lying ahead.

President Paul Kagame made the remarks while addressing a press conference in New York in the company of Australian Prime Minister Julia Gillard after co-chairing the third meeting MDG’s advocacy group meeting at the UN General Assembly on September 26.

The MDG’s deadline has approximately just three years, three months and four days away, many of the millennium development goals are yet to be fulfilled especially in many developing countries.

“I think that the most important thing is to focus on what needs to done. Some of these issues are simple things. When you focus on some of these little things, for example productivity in terms of crop yield, if you apply fertilizers, you can improve productivity in a very short time”

However Kagame noted that in order to achieve this, it requires to a large extent the citizen’s participation with organization, management and interaction for different global expertise and information.

“This has to be inclusive, with more participation of the people who have to put their hands on these things. The more people you involve the more results you get, and if we worked together, there is no reason why we cannot achieve this, that is how we have done it in our own country” Kagame said.

This realization has sparked new energy as members of the advocacy group recognize the fact that now more than ever more work needs to be done if these goals are to be achieved by 2015.

President Kagame said that he was happy to have had the opportunity to serve on this advocacy team and hopeful that the work ahead would be completed, especially with the new energy and ideas coming in through the team of co-chairs, and the mobilization of resources.

“We have seen a lot of improvement in different areas a lot of activity in organizing, in mobilizing resources to enable other countries where work needs to be done- we have seen positive results as well as we are conscious of so many the challenges and work to be done ahead.

We are discussing, looking at what has been done, achieved and the work that needs to be done ahead towards 2015…what really forms that work and responsibility that we need to carry forward. So, we are very happy and energized to do what we have to do, as people who have committed ourselves to seeing this global and noble task carried out” Kagame remarked.

The MDGs are eight goals launched in September 2000, where some 193 UN member states agreed to achieve by the year 2015 in order to encourage development by improving social and economic conditions in the world’s poorest countries.

According to the national institute of statistics of Rwanda, five of the MDG’s are well on their way to attainment in Rwanda. These include; access to universal primary education, promotion of gender equality and women empowerment, reduction of maternal and child mortality rates and combating HIV/AIDS, malaria and other diseases.

 

Umwe mu basigajwe inyuma n’amateka ngo ntibisanzwe kubona nabo bahabwa inka

Rwanda | Ruhango: inka 40 zagabiwe abasigajwe inyuma n amateka n abacitse ku icumu rya Jenoside

Tags: , , , , ,


Imiryango y’abacitse ku icumu rya Jenoside ndetse n’iy’abasigajwe inyuma n’amateka igera kuri 40 itishoboye yo mu murenge wa Byimana akarere ka Ruhango, yagabiwe inka n’umuryanda witwa Bureau Social de development tariki ya 18/06/2012.

Mukamana Agnes n’ibyishimo byinshi amaze kugabana inka

Mukamana Agnes n’ibyishimo byinshi amaze kugabana inka

Imiryango yagabiwe inka yashimiye cyane Perezida Paul Kagame washyizeho gahunda ya Girinka, igamije guteza imbere ubuzima bwiza bw’abanyarwanda, aho bavuze ko ubu bagiye gutandukana n’imirire mibi kuko bagiye gutangira kunywa amata ndetse n’ifumbire ikaboneka.

“Kuri njye ndumva ari nk’inzozi, dore nawe ubu nujuje imyaka 54 uretse nanjye nta muntu wo mu muryango wacu wigeze atunga inka, none njye ngiye kuba umworozi” Ruyigirana Leonard umwe mu bacitse ku icumu rya jenoside wagabanye inka.

Ruyigirana Leonard ngo ni ubwa mbere mu muryango wabo hageze inka

Ruyigirana Leonard ngo ni ubwa mbere mu muryango wabo hageze inka

Mutungirehe Yohana wasigajwe inyuma n’amateka, nawe ni umwe mu bagabanye inka, avuga ko ubu agiye gutera imbere nyuma y’igihe cyinini y’ibanira n’ubukene.

Mutungirehe avuga ko akimara gutoranywa mu bazahabwa inka, ngo yumvise bimutunguye kuko yajyaga yumva abandi bahabwa inka akibaza impamvu we iyi gahunda itamugeraho ariko ubu kaba asaba n’indi miryango itaragerwaho n’iyi gaunda ko bihangana bategereje.

Umwe mu basigajwe inyuma n’amateka ngo ntibisanzwe kubona nabo bahabwa inka

Umwe mu basigajwe inyuma n’amateka ngo ntibisanzwe kubona nabo bahabwa inka

Karamira Prudence ni umunyamabanga nshingwabikorwa w’umuryango Bureau Social de development avuga ko izi nka batanga bazigenera imiryango itishoboye ariko nabwo ikaba ifite ubushobozi bwo kuzorora, ngo kuko hari igihe ushobora guha inka umuntu adafite ubushobozi bwo kuyorora ugasanga umupfanye ubusa kandi yakabaye ihwabwa undi ubifitiye ubushobozi.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Byimana Nahayo Jean Marie, avuga ko hari imiryango ihabwa inka ugasanga bahise bayigurisha.  Aha Nahayo akaba yihanangirije imiryango yagabanye inka kutazibeshya bazigurisha kuko uzabikora akamenyekana azakurikiranwa.

“nimuzigere mutekereza kugurisha izi nka muhawe, ahubwo muziteho kugirango zororoke namwe mworoze abandi muturanye batishoboye” Nahayo.

 

 

 

 

 

Nyabihu Abatishoboye

Rwanda : Nyabihu: Abatishoboye baragenda bafashwa kwikura mu bukene borozwa inka ari nako basabwa kwita ku bidukikije

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,


Nyuma yo gutanga inka 13 zatanzwe kuwa 07/06/2012 ku nkunga ya FARG zigahabwa abacitse ku icumu rya Jenoside batishoboye  bo mu mirenge ya Rugera, Jomba, Muringa na Shyira ngo zibafashe kwikura mu bukene no kuzamura umwuga wabo w’ubuhinzi, kuri uyu wa 08/06/2012, inka 49 zahawe abatishoboye mu mirenge ya Jenda na Kabatwa ku nkunga ya RDB.

Rwanda :  Gahunda ya Girinka iragenda ifasha abaturage kwikura mu bukene

Gahunda ya Girinka iragenda ifasha abaturage kwikura mu bukene

Izi nka 49 zahawe imiryango 49 y’abatishoboye bo muri iyi mirenge ya  Jenda na Kabatwa zikaba zaratwaye amafaranga 13.250.000 nk’uko ushinzwe ubworozi mu karere ka Nyabihu Shingiro Eugene wari witabiriye uyu muhango yabidutangarije. Abahawe inka batishoboye bo muri iyi mirenge ya Jenda na Kabatwa,bakaba barasabwe kuzifata neza bazikorera ibishoboka byose ngo zororoke bityo zizabafashe mu iterambere.

Nk’imirenge ikora kuri Parc y’ibirunga kandi banasabwe kubungabunga iyo Parc birinda kwangiza inyamaswa n’ibidukikije bindi dore ko byagaragaye ko hari abajyaga babikora. Bakaba barsabwe kuba ijisho ry’iyo Parc bagakumira uwariwe wese washaka kuyangiza.

Gahunda ya Girinka mu Rwanda ikaba yaratangiye mu mwaka wa 2006 igatangizwa na Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu rwego rwo gufasha Abanyarwanda b’abakene kwikura mu bukene no kuvugurura imirire yabo. Kugeza ubu Abanyarwanda batari bake bakaba bamaze kubona inka, ndetse henshi na henshi bakaba baratangiye no korozanya .


Rwanda Gicumbi Survivors

Rwanda | Gicumbi: Survivors benefit from ‘Girinka’ cows

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,


Rwanda Gicumbi Survivors

Gicumbi survivors receiving cows

 Over 60 cows of were donated to the families of survivors of the 1994 Genocide against the Tutsi in Gicumbi district, last week. The donation is part of the one cow per family programme locally know as ‘Girinka.’  

Deogaratias Mwanafunze the coordinator of one cow per family program in the northern district of Gicumbi said that the cows were donated to poor families through the fund for genocide survivors (FARG).

“We have given cows to selected survivor families who seem to be under privileged than others in a bid to boost their economic and social wellbeing,” said Mwanafunze adding that those who benefited were selected from the Sectors of  Mutete, Muko, Rutare, Ruvune, Bukure, Giti, Kajyeyo, Nyamiyaga and Rwamiko.

Mukandamutsa Daphrose who benefited from the program said that the cow given to her will help her and her neighbors to get milk and manure adding that her social wellbeing will improve as a result.

Those who were given cows were urged to take good care of them so that they can fully benefit from them.

Girinka program (One cow per poor Family) was inspired by the Rwandan culture and initiated by His Excellency the President of the Republic in 2006.


Gicumbi Abacitse ku

Rwanda | Gicumbi: Abacitse ku icumu batishoboye bo mu mirenge 9 borojwe inka

Tags: , , , , , , , , , , , , , , ,


Gicumbi Abacitse ku

Umwe muborojwe muri gahunda ya girinka

Imiryango itishoboye yo muri imwe mu mirenge 9 igize akarere ka Gicumbi mu ntara y’amajyaruguru yahawe inka mu rwego rwo kuyifasha kwiteza imbere.

Mwanafunze Deogaratias ushinzwe gahunda ya girinka munyarwanda mu karere ka Gicumbi avuga ko hatanzwe inka 60 zatanzwe ku nkunga y’ikigega gishinzwe gutera inkunga abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe abatutsi yabaye mu Rwanda mu 1994 (FARG).

Avuga ko abahawe inka biganjemo imiryango y’abacitse ku icumu batishoboye, bakomoka mu mirenge ya Mutete, Muko, Rutare, Ruvune, Bukure, Giti, Kajyeyo, Nyamiyaga na Rwamiko.

Umwe mu borojwe, Mukandamutsa Daphrose avuga ko inka abonye izamufasha kubona amata ndetse akabasha kwiteza imbere kuko bizatuma abona ifumbire agafumbira umurima we wari watangiye kurumbuka bityo ugatanga umusaruro. Avuga ko azarushaho kuyifata neza kugirango ibashe kumuha umusaruro.

Gahunda ya girinka munyarwanda yatangijwe na perezida wa repubulika Paul Kagame, ikaba igamije gufasha abaturage bakennye kwikura mubukene.

 

Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

Advertisement

jaguar cars jaguar, jeep, kia