Tag Archive | "Rwanda poor"

Kamonyi: Barasaba ko abakene barushaho kongererwa ubushobozi ngo babashe kwigira

Tags: , , , , , , , , ,


Mu kiganiro ku miyoborere myiza igamije kwigira, cyatangiwe ku Ruyenzi n’umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Runda, tariki 11/4/2013, abaturage bashimye gahunda z’iterambere leta yashyizeho, ariko basaba ko abaheranywe n’ubukene barushaho kwitabwaho.

Mu kungurana ibitekerezo kuri gahunda Leta y’Ubumwe yashyizeho ngo zifashe abanyarwanda kwiteza imbere, abaturage bagaragaje ko hari ibigega byashyizweho ngo byunganire abaturage nk’ Ikigega cya Leta gitera inkunga abacitse ku icumu rya jenoside, ikigega cy’ingwate, ikigega gifasha abanyeshuri batishoboye, n’ibindi.

Hari na gahunda zo kwivana mu bukene zashyizweho, nka Gira inka Munyarwanda, Ubudehe, VUP (Vision 2020 Umurenge program), gahunda y’ivugurura buhinzi no kugeza ibikorwa remezo ku baturage.

Abaturage bitabiriye ibiganiro bahamya ko izo gahunda zafashije bamwe muri bo kugera ku iterambere. Ariko kandi ngo babona hakiriho icyuho gikabije hagati y’abakire n’abakene. Abakize bararushaho gukira cyane naho abakene ntibave aho bari.

Aha abaturage basabye ubuyobozi ko bwashyiraho politiki zihamye zo gufasha abakene, na bo bagatera imbere.

Bamwe mu baturage kandi bagarutse ku nyito y’ibyiciro by’ubudehe bashyirwamo; bakaba bavuga ko icyiciro cy’abatishoboye kurusha abandi bi ta “abahanya”, iryo zina ridahesha agaciro abakirimo.

Abagore batishoboye

Iburengerazuba: Abagore batishoboye bahawe amatungo magufi

Tags: , , , , , , , ,


Abagore batishoboyeKu munsi mpuzamahanga w’umugore, inama y’igihugu y’abagore ku rwego rw’intara y’Iburengerazuba yageneye buri karere ko muri iyo ntara ibihumbi ijana byo kugura amatungo magufi yahawe abagore batishoboye. Abahawe ayo matungo bo mu murenge wa Boneza mu karere ka Rutsiro bayishimiye kuko ngo azabafasha kurwanya indwara zituruka ku mirire mibi.

Mu karere ka Rutsiro ayo mafaranga yaguzwe ihene eshanu zahawe abagore batanu.

Umwe muri abo bagore bahawe ihene yitwa Uwizeyimana Epifaniya akaba atuye mu kagari ka Nkira, mu murenge wa Boneza mu kagari ka Rutsiro. Avuga ko izamuha ifumbire yo guhingisha imboga.

Yagize ati : “Mu rugo ubundi nabagaho mu buryo bw’ubukene none ngize amahirwe bampaye agahene, kazampa ifumbire mpinge imboga abana banjye babeho neza”.

Uwizeyimana arubatse akaba afite umugabo n’abana batatu. Ubusanzwe ngo nta tungo urugo rwabo rwari rufite kuko amafaranga babonaga bayikenuzaga mu bindi.

Umuyobozi ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu nama y’igihugu y’abagore ku rwego rw’intara y’Iburengerazuba, madame Marine Nyambo wifatanyije n’abagore bo mu karere ka Rutsiro kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umugore, akaba ari na we washyikirije izo hene abagore batishoboye bo mu murenge wa Boneza, yavuze ko kuba batanze ihene byatewe n’ubushobozi bwabonetse.

Ati : “Ntabwo twavuga ngo iri tungo rirahagije kugira ngo rizamure umudamu, ariko burya n’agato kava ku iguye. Iyo umuntu gufasha agufashisha icyo afite, hagize ikindi kigenda kiboneka abantu bakomeza gufashanya hagamijwe kuzamura abagore bakiri hasi”.

Igikorwa cyo koroza abagore batishoboye cyatekerejwe na komite nyobozi y’inama y’igihugu y’abagore ku rwego rw’intara y’Iburengerazuba, nyuma yo kubona ko hari abagore bagifite amikoro macye kugira ngo na bo babashe kwiteza imbere, bityo abagore batishoboye bo muri buri karere bagenda bagenerwa ibihumbi ijana byo kuguramo amatungo magufi.

 

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubucukuzi bw'amabuye aganira n'umugore agiye gufasha kwiteza imbere.

Gakenke: Buri muyobozi yafashe umugore utishoboye azafasha kugeza ateye imbere

Tags: , , , , , , , ,


Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubucukuzi bw'amabuye aganira n'umugore agiye gufasha kwiteza imbere.

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubucukuzi bw’amabuye aganira n’umugore agiye gufasha kwiteza imbere.

Mu rwego rwo guteza imbere abagore batishoboye ngo na bo bagere ku rwego nk’urw’abandi, buri muyobozi n’undi muntu wishoboye wo mu Karere ka Gakenke yafashe umugore utishoboye agomba gufasha kugira ngo atere imbere.

Iyi gahunda yatangijwe ku mugaragaro,   kuri uyu wa gatanu tariki 08/03/2013 mu muhango wo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umugore wabereye mu Murenge wa Kivuruga, Akarere ka Gakenke.

Mu gaseke harimo utupapuro twanditseho amazina y’abagore batishoboye, buri muyobozi agatambuka  akajya imbere agatora agapapuro kamwe,  izina ry’umugore  atomboye akaba amubereye umubyeyi bise wo muri batisimu, utombowe agatambuka bagasuhuzanya maze bakibwirana.

Nk’uko Mukagacinya Immaculee, Umuhuzabikorwa w’Inama y’Abagore ku rwego rw’Akarere ka Gakenke abisobanura,  ngo iyo gahunda igamije kuzamura imibereho y’abagore batishoboye, babagira inama zabafasha kwiteza imbere kandi bakaba bafite n’inshingano zo kubakurikiranira hafi  igihe cyose kugira ngo bave mu bukene.

Mukagacinya yakomeje avuga ko inama z’abo bantu bafatwa nk’ababyeyi bo muri batisimu zikenewe kuko ngo hari imwe mu miryango irwaza bwaki mu gihe ari yo yeza kurusha iyindi kubera kubura ababagira inama zabafasha kurya indyo yuzuye.

 

Uretse kubagira inama, abo bayobozi bafite kandi inshingano zo gukura abo bagore  mu bukene baboroza amatungo yabaha amafaranga n’ifumbire yo guhinga bakeza bityo bakazamura imiryango yabo.

Nyuma yo kubona umugore azafasha, Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, Imena Evode avuga ko azamukurikiranira hafi kandi inshingano zo kumufasha gutera imbere akazazigeraho.

Gahunda nk’iyi yabaye mu mirenge yose igize akarere ikazafasha kugabanya umubare w’abagore batishoboye bo muri ako karere.

 

Rwanda : Kamonyi: Abagera kuri 20 bagabiwe inka muri gahunga ya Gira inka mu murenge wa Runda

Tags: , , , ,


Izo nka bahawe ngo zizabashaza kurwanya imirire mibi mu ngo za bo kandi zizabaha ifumbire y’imirima ya bo. Ubuyobozi na bwo bukaba bubasaba kuzifata neza kugira ngo barusheho kwiteza imbere.

Abaturage bahawe inka kuri uyu wa 20/6/2012, ni abasanzwe bakennye ku buryo nta tungo rirerire bari basanzwe boroye. Inka bahawe bakaba bazitezeho byinshi kuko arizo batezeho kubafasha kurwanya imirire mibi no kongera umusaruro.

Uwimana Odette wo mu mudugudu wa Gasharara akagari ka Kagina wagabiwe inka, atangaza ko iyo nka ahawe ari igisubizo ku muryango we, kuko kuri ubu abana be bagiye kubona amata yo kurwanya bwaki. Ngo ubusanzwe yabonaga abana be basa n’abarwayi kuko banywaga ibindi bitari amata ariko ntibakure neza.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Runda Nyirandayisabye Christine, yasabye abo bahawe inka kuzitaho bakazigirira isuku kandi bakamenyesha muganga w’amatungo mu gihe babonye izo nka zarwaye aho kuzivurira kandi batazi icyo zirwaye.

Nyirandayisabye abivuga muri aya magambo “izi nka muzifate neza, muzihe amazi kuko iyo igize inyota irananuka. Ubundi nihagira igira ikibazo veterineri wazo arahari, aramutse atabonetse nanjye mwabimenyesha”.

Akomeza ababwira ko ubworozi bw’inka buzabafasha kubona ifumbire y’imyaka yabo, akaba anabahamagarira guhinga imbuto za kijyambere.

Umurenge wa Runda ugizwe n’utugari dutanu aritwo Ruyenzi, Gihara, Muganza, Kabagesera na Kagina. Ukaba utuwe n’ingo zigera ku bihumbi 6 muri zo abagera ku bihumbi 3 nibo boroye inka. Abandi nabo bakaba bazagenda borozwa buhoro buhoro muri gahunda ya Gira inka.


Rwanda | Gushyira abantu mubyiciro by’ubudehe bikwiye ubushishozi

Tags: , , , , , , , , , , , , , , ,


N’ubwo mu Rwanda haboneka byinshi bikurura amakimbirane, umuyobozi wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere mu karere ka Gatsibo Hererimana Isae avuga ko gushyira abaturage mu byiciro by’ubudehe abantu batagomba kubifata uko babonye kuko hagiye hagaragaramo ibibazo.

 

Habarurema akaba avuga ko umukire wo mu mudugudu w’icyaro hari aho arushwa ubushobozi n’umucyene wo mu mudugudu wo mujyi, ibi bigatuma umuturage ufatwa nk’umukire hari uburenganzira abuzwa kandi hari ibyo adashoboye.

 

Zimwe mu ngero zitangwa ziboneka mu gihe cyo gushyira abanyeshuri ku rutonde rw’abanyeshuri bazafashwa kwiga Kaminuza za leta aho abana bamwe bakuwe ku rutonde rwo gufashwa kubera ko mu midugudu yabo bashyizwe mu cyiciro cy’abakire nyamara badafite ubushobozi bwo kurihirira abana babo, mu gihe mu mujyi abandi bafite ubushobozi buruta ubw’abakire bo mu cyaro bashinzwe mu cyiciro cy’abatifashije abana babo bagafashwa kwiga.

 

Uretse Habarurema, washoboye kubigaragaza hari n’abandi baturage

babibona gutyo, cyane ko abaturage babashyira mu byiciro bitewe n’ubumenyi bafite n’aho batuye batanganya ubushobozi bakaba basaba ko kugira ngo abantu bashyirwe mu byiciro bagombye kujya barebera ku mutungo atunze kuruta uko basaba abaturage ngo nibicare bashyire abantu mu byicaro kuko n’abacyene bari hamwe habonekamo abakire n’abakene kurusha abandi kandi bose bafatwa nk’abacyene.

 

Kuba umukire utuye Nyarutarama mu mujyi wa Kigali ashyirwa mu

kicyiciro cya mbere kimwe n’umukire wo mu mudugudu wa Nyagihanga mu karere ka Gatsibo harimo kudashishoza, abaturage bagasaba ko umukire agomba kugira ibyo atunze bizwi bituma umuturage aba mu cyiciro runaka naho utunze ibi akaba mu cyiciro runaka kuruta uko abaturage bicara bagashyira abantu mu byiciro kuko baba abakire ndetse n’abacyene iyo bari hamwe muri bo habamo ubusumbane mu bushobozi ku buryo umukire wo mucyaro agiye afatwa nk’umukire wo mu mujyi haba harimo agasumbane. Ibi hamwe n’ibindi bizagenda bigaragazwa bikaba bikwiye kwitabwaho mu rwego rwo kwirinda amakimbirane n’ubusumbane mu baturage.

 


Rwanda | Rutsiro: Umurenge wa Mukura watanze inka 10 zahawe abaturage muri gahunda ya Girinka.

Tags: , , , , , ,


Tariki 3/5/2012 mu murenge wa Mukura, akarere ka Rutsiro, habaye igikorwa cyo kugabira abaturage icumi inka zo korora, iyi ikaba ari muri gahunda ya girinka.

Bamwe mu baturage twaganiriye ubwo izi nka zari zimaze gutangwa, bakaba bashimiye perezida wa repubulika watangije iyi gahinda, ngo bakaba bagiye kubona ifumbire n’amata bagaca ukubiri n’imirire mibi.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Mukura  Butasi Jean Helemani, avuga ko kugabira abaturage biri mu mihigo bahize kandi ngo umurenge wa Mukura mu mihigo wahize ngo umaze kugera kukigero kirenga 90% bakaba bizeye ko mu mezi abiri asigaye ngo bahigure ibyo bahize bazaba bararengeje 100%.

Aha kandi umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Mukura  Butasi Jean Helemani nk’umuyobozi mushya muri uyu murenge, ngo afite imigambi yo gukomeza gushyigikira igikorwa cy’imihigo,kugirango uyu murenge ukomeze kwitwara neza mu kuzuza gahunda za leta.

Kuruhande rwe Nizeyimana Jean Damascene ushinzwe ubworozi n’ubuvuzi bw’amatungo mu murenge wa Mukura, akaba yasabye abagabiwe gufata neza inka bagabiwe bakazazibyaza umusaruro bikazabafasha gukemura ikibazo cy’imirire mibi

Muri gahunda ya girinka umurenge wa Mukura, wari wahize ko uzatanga inka 45, kuri ubu bakaba bamaze gutanga 41,kuburyo 4 zisigaye igihe cyo guhigura imihigo zizaba  zaratanzwe.


Rwanda | Rubavu: Abaturage 240 bagiye guhabwa inka

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,



 

Mu gihe kiri imbere  abaturage 240 bakennye kurusha abandi  bo mu tugari 12 two mu karere ka Rubavu bazaba batunze inka, bityo bikazabafasha kwikura mu bukene.

Uyu ni umwe mu myanzuro y’ingenzi yemeranijweho mu nama nyunguranabitekerezo yahuje umuryango ushinzwe iterambere ry’abaturage ADEPE n’ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu  ndetse n’abayobozi b’imirenge ine ituwemo abatoranijwe kuzagabirwa ku ikubitiro.

Rubavu,Nyundo,Busasamana na Bugeshi ni yo mirenge yatoranijwemo utugari 12 natwo tuzemezwamo abaturage 240 bakennye kurusha abandi hakurikijwe ibyiciro by’ubudehe bari basanzwe barafashijwemo na ADEPE kwibumbira mu matsinda.

Ushinzwe ibikorwa bya JDAF/Rubavu SENZOGA Emmanuel yerekana ko ibyashingiweho hatoranywa iyo mirenge ari uko irimo abaturage bakennye kurusha abandi, inka zikaba zizabunganira mu kwikenura no guha agakombe k’amata abana babo mu kurwanya imirire mibi.

Nkinamubanzi Fabien ushinzwe imishinga muri ADEPE yatangaje ko umwaka wa 2012 uzarangira izi nka zageze ku batoranyijwe ariko akaba yaratsindagiye ko iyo gahunda inagamije korozanya. Yagize ati “izi nka abazazihabwa bagomba kuzirikana ko nabo
bazaziturira bagenzi babo mu matsinda”.

Iyi nkunga igamije guhashya ubukene hashyigikirwa gahunda ya Girinka Munyarwanda, yateganijwe na ADEPE ku nkunga ya Global Fund.


 

 

Rwanda Les autorités présentes dans ce camp de solidarité

Rwanda : Les scouts de Ruhango envisagent de construire des maisons pour les autochtones

Tags: , , , , ,


Rwanda Les scouts pendant qu’ils remontent le moral

Les scouts pendant qu’ils remontent le moral

Rwanda Les autorités présentes dans ce camp de solidarité

           Les autorités présentes dans ce camp de solidarité

 

Les scouts provenant des différentes écoles secondaires du district de  Ruhango envisagent de construire des des maisons pour les autochtones. Environ 130 scouts se trouvent dans un camp de  solidarité  d’une semaine organisé par l’organisation des scouts du district de Ruhango en collaboration avec les autorités de ce district. Le thème de ce camp de solidarité s’articule : « Laissons le monde meilleur que nous l’avons retrouvé en construisant notre pays ».

Lors de l’inauguration officielle de ce camp ce 28 mars 2012, Gasirabo Fredoird un employé du district de Ruhango, a demandé aux scouts présents de mettre en pratique les enseignements reçus. Il leur a exhorté d’être exemplaires envers d’autres jeunes tout en participant activement à la construction du pays.

Gashima Hussein, le responsable de ce camp de solidarité, a incité les jeunes scouts d’être des modèles au sein de la société en rendant ce monde meilleur. En plus des enseignements reçus, il est prévu que ces scouts construisent des abris aux autochtones les plus nécessiteux. En outre, ces jeunes scouts envisagent de faire des activités de nettoyage dans ce district.

Rappelons que le Scoutisme est un mouvement de jeunesse mondial crée par Lord Robert Baden-Powell en 1907. Le scoutisme compte environ 38 millions des membres de par le monde.

 


 

 

 

Rwanda Abayobozi bayoboye ingando

Rwanda | Ruhango: abasukuti bagiye kubakira abashigajwe inyuma n’amateka

Tags: , , , , , , , , , , , , ,


Rwanda Abasukuti batanga morale

Abasukuti batanga morale

Rwanda Abayobozi bayoboye ingando

Abayobozi bayoboye ingando

Abasukuti baturutse mu bigo by’amashuri yisumbuye nu karere ka Ruhango, bari mu ngando zizamara icyumweru, bafite gahunda yo kubakira amazu abashigajwe inyuma n’amateka bakiba mu mazu atajyanye n’igihe.

Iyi ngando yitabiriwe n’abasukuti basaga 130, ikaba yarateguwe n’umuryango w’abasukuti mu karere ka Ruhango babifashijwemo n’ubuyobozi bw’akarere. ifite insanganyamatsiko igira iti “ duharanire gusiga isi ari nziza kuruta uko twayisanze twiyubakira igihugu”

Ubwo yatangizaga aya mahugurwa kumugaragaro tariki ya 28/03/2012 Gasirabo Fredoird umukozi w’akarere ka Ruhango, yasabye abasukuti bitabiriye iyi ngando, kuzashyira mu bikorwa inyigisho bazahabwa kandi barushaho kurangwa n’imyitwarire myiza bafasha urundi rubyiruko guteza kwiyubakira igihugu.

Gashima Hussen “Penteri Chau; izina ry’ubusukuti” umuhuzabikorwa w’iyi ngando yasabye abasukuti kurangwa n’ibikorwa byiza baharanira gusiga Isi uko bayisanze.

Uretse inyigisho abasukuti bazahabwa no kubakira abatishoboye, ngo hazajya hanaba umwanya wo gukora ibindi bikorwa by’isuku baharanira gusiga isi isa neza.

Umuryango wa gisukuti ni umuryango uhuza urubyiruko, ukaba warashinzwe mu mwaka 1907 ushingwa n’umwongereza witwa Baden Poeri.

 

 

 

 

 

 


 

Rwanda Iyo nzu isakajwe amabati, amategura, shitingi, ibikenyeri, n’ibyatsi

Rwanda : Gicumbi – Haracyagaragara inzu zisakaje ibyatsi

Tags: , , , , ,


Rwanda Iyo nzu isakajwe amabati, amategura, shitingi, ibikenyeri, n’ibyatsi

Iyo nzu isakajwe amabati, amategura, shitingi, ibikenyeri, n’ibyatsi

Nubwo mu Rwanda hose haciwe nyakatsi bamwe mubatuye mu Karere ka Gicumbi baracyafite ikibazo cyo kuba munzu zidahomye ndetse zitanakinze, abandi bakabura amikora yo kubona ubwatsi busakaye inzu yose bagahitamo kongera gushyiraho ibyatsi kandi nyakatsi zitemewe.

Ibi n’ibyatangajwe na Emile Nyakagabo umuyobozi ufite munshingano ze kurwanya Nyakatsi mu karere ka Gicumbi  mu nama y’umutekano yaguye yo kuwa 26/3/2012 yatangarije abari bitabiriye inama ko mu karere ka Gicumbi hakiboneka inzu zisakaje ibyatsi ndetse bamwe mubazikuwemo bakaba baba mu mazu adasakaye kandi atanakinze.

Mu kungurana ibitekerezo ku kibazo k’imibereho yabavanywe muri nyakatsi Emile Nyakagabo ushinzwe kurwanya nyakatsi yagaragaje imirenge yose ifite ikibazo cyo kutarangiza kubakira no gusakarira abavanywe muri nyakatsi.

Abayobozi b’imirenge bose bahawe ijambo bemera ko ikibazo cyo gusakarira bose bitaragerwaho ariko bituruka kuba bamwe baranze gushyiraho umusanzu w’amaboko yabo kandi bari mu cyiciro cy’abantu bagishoboye kwiha umuganda mu kubakirwa.

Yagize ati “ ubu hari abantu bari mu cyiciro cya B abo ni abantu bafite imbaraga ariko banze kwitabira igikorwa cyo kwihomera inzu kandi akarere karabahaye isakaro ibi bigatuma hari abajya gucumbika hirya mu miryango yabo kandi ari  abantu bagombye gufatanya na Leta bakabona aho baba”.

Abandi n’abahise binjira mu mazu asakaye bakanga  kwihomera ngo bategereje abazaza kubafasha.

Aha yagarutse ku murenge wa Byumba ufite umuturage wasakaje ibyatsi uruhande rumwe rw’inzu kubera kubura amikoro n’ubushobozi.

Umuyobozi w’umurenge wa Byumba Ngezahumuremyi Theoneste yatangaje ko uwo mugabo koko yasakaje ibyatsi uruhande rumwe bitewe n’amikoro make.

Yemera ko iyo nzu ihari ariko nyirayo akaba ntamikoro yo kuyisakara hose afite.

Umuyobozi w’umurenge wa Byumba avuga ko ubuyobozi bw’umurenge bwemereye uyu mugabo Gakuru kumuha isakaro kandi umuganda ukazabafasha gukemura ibyo bibazo byose ubafasha guhoma no kubasakarira.

Nyiri iyo nzu ni umugabo witwa Gakuru ufite umugore n’abana bane atangaza ko yagize ibibazo byinshi byo kuburana isambu se akaza kumuha umunani ariko aho yabaga mbere yari yarahagurishije noneho aza kubona ubushobozi bwo gusakara uruhande rumwe ikindi gice agishyiraho ibyatsi.

Avuga ko mu gihe cyo kubarura abantu batishoboye baba muri Nyakatsi we bamusimbutse bitewe nuko yari atarasakara bigatuma atajya mu mubare w’abazubakirwa.

Nubwo iki kibazo cyo kuzuza amazu y’abavanywe muri nyakatsi kitararangira neza umuyobozi w’akarere  wungirije ushinzwe ubukungu Mvuyekure Alexandre yatunze agatoki inzego z’umurenge ko nazo zagize uburangare mu kurangiza iki kibazo kuko hari ahagaragara ko hakiri amabati mu bubiko bw’umurenge.

Aha yatanze urugero mu murenge wa Mutete ko bakibitse amabati mu bubiko umuyobozi w’umurenge nawe yemeye ko ayo mabati ahari ariko bagiye gusakara amazu yasigaye nubwo atazarangiza kuyasakara yose.

Uretse n’uyu muyobozi w’umurenge wa Mutete n’uhagarariye guca nyakatsi mu Karere ka Gicumbi Emile Nyakagabo yemeye ko mu bubiko bw’akarere hakirimo amabati ariko akaba yaratinye kuyatanga kuko Rwiyemezamirimo yavuze ko ashobora kuba yaratanze amabati menshi.

Munama bemeje ko abayobozi bagifite amabati mububiko bwabo bazayatanga akajya gusakara inzu zidasakaye.

Ikindi ni uko bagiriwe inama y’uko bashobora gushaka uburyo bwo gutwika amategura ahakiri inzu zitarabona amabati zigasakazwa amategura bityo buri muntu wese wavanywe muri nyakatsi akabona inzu yo kubamo.

   

Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

jaguar cars jaguar, jeep, kia