Tag Archive | "Rwanda population"

Rwanda | Intara y’amajyepfo: Abashinzwe imibereho myiza biyemeje kurwanya ibituma abana bajya kurererwa mu bigo

Tags: , , , , ,


Byagaragaye ko hari abana barererwa mu bigo by’imfubyi nyamara bafite ababyeyi, baba ababo bwite cyangwa abo mu muryango wabo bashoboraga kubitaho. Abashinzwe imibereho myiza mu mirenge yo mu Ntara y’amajyepfo babona hari ingamba zafatwa kugira ngo aba bana ntibazongere kuboneka.

Hari abana batoragurwa. Abangaba akenshi baba babyawe n’ababyeyi babona batabasha kubarera kubera ko ari abakene, bagahitamo kubajugunya kugira ngo batorwe n’umugiraneza uzabasha kubarera. Kandi burya, uwakurikirana neza yasanga ba nyina baba bacungira hafi uko abana babo bakura, bakaba baba bazi n’aho bari.

Hari abana batoragurwa mu muhanda, nyuma bakazajyanwa mu bigo by’imfubyi. Hari igihe aba bana baba baravuye mu miryango yabo bahunga ubukene cyangwa amakimbirane cyangwa na none kutabona ibyo kurya.

Abashinzwe imibereho myiza rero biyemeje gushishikariza ababyeyi bose gufata abana bose nk’ababo no kubana mu buryo bwemewe n’amategeko, bakagirana ibiganiro mu ngo kuko kutaganira ari byo bivamo amakimbirane atarangira ashobora kumenesha abana. Kuboneza urubyaro na byo bazabishishikariza abaturage bayobora kugira ngo ikibazo cy’ubukene kitazatuma bananirwa kurera abo babyaye. Ngo bazanashishikariza abantu gukora imishinga ibyara inyungu mu rwego rwo kurwanya ubukene.

Kubera ko hari igihe abana bananirwa kuba iwabo bitewe n’ibibazo bahabona, rimwe na rimwe bikamenyekana amazi yarenze inkombe, aba bashinzwe imibereho myiza mu mirenge yo mu Ntara y’Amajyepfo biyemeje kuzashyiraho inteko z’abana bahuriramo bakavuga ibibazo bafite. Ibi ngo bizafasha mu kumenya ibigomba gusabwa ababyeyi.

 

 

 

 

Rwanda | Ngororero GMC ikomeje

Rwanda : Ngororero: GMC ikomeje gushinjwa kwangiriza abaturage

Tags: , , , , ,


Hashize igihe gito isosiyete yitwa gatumba Mining Concession icukura amabuye y’agaciro mu murenge wa Gatumba ho mu karere ka ngororero itegetswe guhagarika ibikorwa byayo kugirango ibanze ikemure ibibazo byo kwimura no kwishyura abaturage ubucukuzi bwayo bwangirije amazu, imirima n’imyaka ahitwa kuri cyome ya kabiri. Iyi sosiyete ariko yaje gufungura ibikorwa byayo nyuma yo kwishyura abaturage babaruriwe imitungo.

Nubwo bamwe bimuwe, umuturage witwa Hakizimana odilo utuye hafi y’aho iyi sosiyete icukura amabuye ndetse hamwe hakaba harahoze ari mu kwa Hakizimana atangaza ko iyi sosiyete yatenguye umusozi atuyeho ndetse ibikorwa byo gucukura amabuye no guturitsa intambi bikaba bimusenyera amazu, akaba asaba ko yagurirwa ubutaka bwe akimuka ariko ubuyobozi bw’iyi sosiyete ntibubikozwe.

Nkuko Hakizimana yabidutangarije, ngo nyuma yo kubona ko mumirima ye harimo amabuye, iyi sosiyete yifuje ko bagura umurima muto yashakaga gucukuramo amabuye ariko nyirubwita agasaba ko yagurirwa hose akimuka, ariko bikaza kurangira GMC ishyize kuri konti ye amafaranga ibihumbi 448 bisaga nta masezerano y’ubugure bagiranye. Nyuma yo gutangira imirimo yo gucukura ngo nibwo umusozi watangiye kuriduka bikaba bigaragara ko wiyashije kugera muri metero 50 hafi y’inzu umuryango wa Hakizimana ugizwe n’abantu 8 utuyemo.

Rwanda | Ngororero GMC ikomeje

Umwobo wacukuwe winjira mu musozi( kuri ubu warapfutswe)

Iki kibazo kikaba cyaragejejwe munzego z’ubuyobozi guhera ku mudugudu kugera ku rw’akarere ariko buri rwego rwemeza ko uyu mugabo akwiye kwimurwa nkuko yabitugaragarije mu nyandiko izo nzego zagiye zimwandikira nyuma yo kugera aho hantu kuko bigaragara ko uko kuridukakwumusozi  bishobora kuzatera impanuka.

Ikindi ni uko uyu mugabo asaba ko niba atimuwe ashyirwa mubwishingizi kugirango nihagira impanuka iba atazabihomberamo. Akomeza kandi ashinja iyi sosiyete kugenda biguruntege muri iki gikorwa kugirango nihagira ikiba bazabyite Ibiza bisanzwe ari nako isibanganya ibimenyetso nkaho avuga ko basibye imwobo muremure wacaga munsi y’uwo musozi ari nawo avuga ko wateye uko kuriduka

Twashatse kumenya icyo ubuyobozi bw’iyi sosiyete ndetse n’ubwakarere ka Ngororero buvuga kuri iki kibazo maze bwana Sendegeya Morgan ushinzwe ibikorwa by’ubucukuzi muri iyi sosiyete atubwira ko GMC yemera kugurira uyu muturage ahantu hose hagaragaza ko hangiritse ariko akavuga ko gushaka kwimurwa harimo gukabya kuko izo nkangu ziri kure y’inzu za Hakizimana, uyu muyobozi akabyita kwifuza kuko abaturage baziko sosiyete itanga amafaranga menshi.

Tuvugana kuri iki kibazo umuyobozi w’akarere ka Ngororero bwana Gedeon Ruboneza yadutangarije ko atari akizi kikaba kizakurikiranwa hakarebwa icyakorwa hubahirijwe amategeko no kurengera abantu. Twabamenyesha ko mu rugendo shuli abacukuzi b’amabuye y’agaciro muri aka karere baherutse gukorera muzindi ntara bari bazanye intego yo kubungabunga ibidukikije no kwita kubuzima bwacukuzi n’ubwabaturage kandi bose bakabona inyungu zituruka kuri ubwo bucukuzi.


 

m_Nyagatare Abaturage bo mu Murenge wa Karama barasaba amazi meza

Rwanda | Nyagatare: Abaturage bo mu Murenge wa Karama barasaba amazi meza

Tags: , , ,


m_Nyagatare Abaturage bo mu Murenge wa Karama barasaba amazi meza

Abaturage batuye mu Murenge wa Karama, mu Kagari ka Cyenkwanzi ngo bamaze imyaka irenga cumi n’itanu bakoresha imirimo yabo ya buri munsi amazi yo mu gishanga cy’urufunzo n’ay’umugezi w’Umuvumba kubera kutagira amazi meza.

Aba baturage bavuga ko baheruka kubona amazi ya robine mbere y’umwaka w’ibihumbi bibiri kuko ngo icyo gihe robine zari zigikora nyuma impombo ziza kwangirika ntibabona uzibasanira. Uwimana, umwe mu baturage bahatuye agira ati “Ubu aya mazi ni yo tunywa tukayatekesha tukaba ari nayo dukoresha indi mirimo yose.”

Ayo mazi uyarebye, afite ibara risa n’icyondo cy’umukara. Aho bayavoma naho hagaragara isayo ryinshi dore ko igishanga aturukamo gisanzwe gisa n’ikirimo ibumba. Ku ruhande rumwe uhasanga abana bavoma kurundi ukabona aboga ku buryo hari abavoma ayo abandi bamaze kogamo.

Mu gihe aba baturage bataka ikibazo cy’amazi meza bavuga ko banagerageje mu bushobozi bwabo kwisiburira no gusana imiyobora yangiritse ariko bagera hagati bikabananira, ubuyobozi bw’Akagari ka Cyenkwanzi bwo buvuga ko bumaze igihe bugikorera ubuvugizi kandi ko hari icyizere ko kizakemuka vuba. Nyiraneza Astherie, Umuyobozi wungirije w’Akagari ka Cyenkwanzi ushinzwe imibereho myiza y’abaturage yagize ati “Ntabwo iki kibazo cy’amazi twigeze tukirangarana ntiduhwema kukigeza mu nzego zidukuriye kandi batwijeje ko kizakemuka vuba.” Nyiraneza anavuga ko bitazanagorana kuko hari ayamaze kugezwa hafi y’aho batuye.

Usibye kuba amazi ari mabi aba baturage bavuga ko no kuba aturuka kure kandi mu bishanga nabyo bibagiraho izindi ngaruka. Mugabo John agira ati “Nkubu abana bazinduka iya rubika bajya kuvoma mu gishanga mbere yo kujya kwiga.  Urumva bavayo imibu yabariye ndetse n’imbeho yabishe kandi ino hanaba malariya nyinshi.”

Ku busanzwe mu Kagari ka Cyenkwanzi hari robine enye ariko kubera ko imiyoboro y’amazi yangiritse nta n’imwe itanga amazi.

  

 

 

m_Nyanza Abarimu bishyize hamwe bagabira inka abatishoboye 2

Rwanda : Nyanza Abarimu bishyize hamwe bagabira inka abatishoboye

Tags: , , , , , , , , , , , , , , ,


Mu rwego rwo kugera ikirenge mu cy’umukuru w’igihugu Paul Kagame watangije gahunda yo koroza inka imiryango itishoboye binyuze buryo bwiswe  Gira inka Munyarwanda, abarimu bo mu bigo by’amashuli abanza byo mu murenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyanza batanze inka ku miryango itishoboye tariki 7/06/2012.

m_Nyanza  Abarimu bishyize hamwe bagabira inka abatishoboye

Inka bazishyikirijwe n’ubuyobozi bw’umurenge wa Nyagisozi

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Icyo gikorwa cyabereye ku kibuga cy’umupira w’amaguru cy’umurenge wa Nyagisozi ubwo imiryango itishoboye yo muri uwo murenge yagabirwaga inka 4 zifite amaraso y’inzungu kuri buri muryango. 

m_Nyanza  Abarimu bishyize hamwe bagabira inka abatishoboye 2

Imiryango yahawe inka yacinye umudiho karahava

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Umuyobozi w’umurenge wa Nyagisozi Mutabaruka Paulin yavuze ko icyo gikorwa cyakozwe nabo barimu bakagabira inka abatishoboye ari inkingi ikomeye yo kurwanya ubukene no guteza umunyarwanda imbere nk’uko biri mu ntego ya leta y’ubumwe bw’abanyarwanda.

Yagize ati: “ Iyi gahunda yatangijwe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda none natwe ubu tugeze ikirenge mu cye”

Aha yanyujijemo agira ati: “ Abaturage b’umurenge wa Nyagisozi, akarere kacu ka Nyanza n’igihugu cyose muri rusange turasobanutse!!!!!!”

Abaturage n’abarimu b’ibigo by’amashuli abarizwa mu murenge wa Nyagisozi babyakiranye amashyi y’urufaya bati turi intore zatorewe gukeza igitaramo tukaba rudasumbwa mu ndongozi mu magambo yabo yasaga nk’icyivugo bahuriyeho.

Mukankaka Jacqueline umwe barojwe inka akaba yarasigajwe inyuma n’amateka yishimiye ko iyo nka yahawe igiye kumufasha kurwanya imirire mibi ndetse no kubona ifumbire yo gufumbira munsi y’urugo rwe.

Yashimye umukuru w’igihugu watangije ku mugaragaro gahunda ya Gira inka munyarwanda kuri buri muryango itishoboye.

Ati: “Iyi gahunda ntawe irobanura kandi yaziye igihe kuko ubu abana bacu ntibakibasiwe n’indwara z’imirire mibi nk’uko byari bimeze mbere y’iki gikorwa”

 


 

 

 

 

Rwanda | Burera Polisi y mu

Rwanda : Burera: Polisi y’u Rwanda yahaye Mitiweli n’inzitiramibu abantu 100

Tags: , , , , , ,


Polisi y’u Rwanda yahaye mitiweli (ubwisungane mu kwivuza) ndetse n’inzitiramibu abantu 100 bo mu karere ka Burera mu rwego rwo gukomeza kuzamura imibereho y’abo baturage.

Rwanda | Burera Polisi y mu

Ku wa mbere tariki ya 04/06/2012 ubwo hakomezaga ibikorwa bya “Police Week” mu rwego rw’igihugu maze bikabera mu karere Burera, izo mitiweli ndetse n’inzitiramibu zahawe abantu batishoboye.

Umwe muri abo baturage witwa Dusabemariya Vestine utuye mu kagari ka Gisovu, umurenge wa Cyanika yavuze ko yashimishijwe no kuba abonye mitiweli ndetse n’iyo nzitiramibu.

Mitiweli izamufasha kwivuriza ku gihe kuko mbere ntayo yagiraga bigatuma abura amafaranga yo kujya kwivuza iyo yarwaraga. Inzitiramibu izamufasha kwirinda kurumwa n’imibu itera malaria nk’uko Dusabemariya yabisobanuye.

Burera Polisi y mu Nkezabera nawe utuye mu murenge wa Cyanika yahawe mitiweli ndetse n’inzitiramibu. Ashimira Polisi y’u Rwanda kuba yamuhaye uburyo bwo kuzajya yivuza adahenzwe ndetse no kwikingira Malaria.

Komiseri mukuru wungirije wa Polisi y’u Rwanda, D/IGP Nsabimana Stanley yavuze ko muri “Police Week”, polisi y’u Rwanda ifatanya n’abaturage mu bikorwa bitandukanye birimo ibyo kurwanya no gukumira ibyaha ndetse n’ibindi bikorwa bigamije kurinda ubuzima n’umutekano w’abaturage.

Mu karere ka Burera Polisi y’igihugu kandi yahomeye amazu atandukanye y’abantu batishoboye barimo abakuwe muri Nyakatsi. Banamennye ibiyobyabwenge bifite agaciro kari hejuru ya Miliyoni ebyiri.

“Police Week” y’uyu mwaka yatangiriye mu karere ka Nyamasheke tariki ya 01/06/2012. Ifite insanganyamatsiko igira iti “Turwanye ihohoterwa rishingiye ku gitsina, turwanya ibiyobyabwenge n’ibisindisha”.

Ibikorwa byose byo muri “Police Week” y’uyu mwaka bizabera mu turere twa Nyamasheke, Burera, Gatsibo, Kicukiro na Nyanza, dufitanye amasezerano yihariye na Polisi y’igihugu nk’uko Komiseri mukuru wungirije wa Polisi y’u Rwanda yabitangaje.

 

Rwanda | Ruhango abaturage

Rwanda | Ruhango: abaturage ntibemeranywa n’ibyo bizezwa mu gishushanyo mbonera cy’umujyi

Tags: , , , , , ,


Rwanda | Ruhango abaturageTwagirumukiza Epimaque ushinzwe ubukungu mu karere ka Ruhango agaragaza ibigize igishushanyo mbonera cy’umujyi wa Ruhango

Ubwo ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango bwamurikiraga ibigize igishushanyo mbonera cy’umujyi wa Ruhango abatururage tariki ya 30/05/2012, abaturage bagiteye utwatsi bavuga ko ibi ari amakabya nkuru ngo ntibishobora kuzagerwaho.

Igishushanyo cy’uyu mujyi wa Ruhango kigaragaza ibikorwa remezo bizaba bigezweho harimo amavuriro, amashuri, imihanda, gare, amazu meza, ubukerarugendo buhanitse n’ibindi.

Ibi abaturage bakimara kubyerekwa bavuze ko ibi bidashobo ko ahubwo ari indoto z’ubuyobozi bw’aka karere.

“ese nawe abantu bananiwe kubaka gare, dore igihe twahereye turira ibibuga by’imipira nta rimbi tugira rigaragara ku rwego rw’akarere ubu se ibi bazabigeraho bate?” umwe mu baturage wari umaze kubona icyi gishushanyo mbonera cy’umujyi.

 

Undi nawe yagize ati “bananiwe no kurwanya bwaki igiye kutumarira abana ngo bazashobora kububakira amashuri y’akataraboneka?”

Umuyobozi w’akarere ka Ruhango wungirije ushinzwe ubukungu Twagirumukiza Epimaque, avuga ko abaturage badakwiye kugira impungenge z’ishyirwa mu bikorwa ry’icyi gishushanyo mbonera, ngo kuko igishushanyo mbonera iyo kimaze gutegurwa nibura bisaba imyaka itari hasi ya 15 ngo kibe cyashyizwe mu bikorwa.

Twagirumukiza yagize ati “erega biriya byose abaturage bavugaga n’inyota y’ibyo babonye gusa turabizeza ko ibyo twaberetse Atari amakabya nkuru ahubwo bigomba guharanirwa n’ubuyobozi ndetse bufatanyije n’abikorera ku giti cyabo”

Kugeza ubu akarere ka Ruhango gafite kuri konti yako akayabo ka miliyoni 600 z’amafaranga y’u Rwanda ashobora no kwiyongera azifshishwa mu gushyira mu bikorwa icyi gishushanyo mbonera cy’umujyi wa Ruhango


 

Rwanda | CODRBC-Abizeranye yashimiwe kurwanya ubukene muri Gatsibo

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,


Abanyamuryango bibumbiye mu makoperative atErwa inkunga n’umushingwa

CODRBC (cooperative pour development rural et le bien etre

Communautaire)- Abizeranye  mu karere ka Gatsibo batangaza ko bishimira

uburyo uyu mushinga wababaye hafi bakaba bageze kure bikura mu bukene

kuko nyuma yo kubaho batagira akazi bamaze gutera intambwe yo

kwihangira umurimo.

Taliki ya 30 Gicurasi, 2012  ubwo Global Fund yasuraga umushinga

CODRBC-Abizeranye itera inkunga mugufasha amakoperative atandukanye mu

karere ka Gatsibo batangarijwe n’abanyamuryango bafashwa na CODRBC-

Abizeranye  ko ibikorwa bagezeho bimaze kubaha icyizere mu kugira

imibereho myiza no kurwanya ubukene, bivuye ku mirimo bakora yo kuboha

imipira y’abanyeshuri n’ubworozi bw’inkoko.

Umuyobozi wa CODRBC- Abizeranye ngwabije sylvestre avuga ko intego

bihaye ari ugufasha abatishoboye kuva mubukene bivuye mu gukora aho

abakora bamenya no gutekereza bakikura mubukene. Naho bamwe

mubafashijwe nka Uwankusi makulata ukuriye koperative Girisuku

Kabarore  ari nabo bigishwa kuboha imipira y’abanyeshuri muri uwo

mushinga, avuga ko bahereye ku ngofero none bakaba bageze ku mipira

kuburyo baboha imipira itatu ku munsi, agahamya ko koperative yabo

ibafitiye akamaro cyane bitewe n’ibigo by’amashuri bitakijya kure

gushaka imipira y’abanyeshuri kandi ko iyo barangije gukora isuku

mumujyi wa Kabarore bajya kwigira munzu bikodeshereje.


 

 

Rwanda | Nyagatare : Njyanama yemeje ko hajyaho One Stop Center izajya yorohereza abagana serivisi z’ubutaka

Tags: , , , , ,


Kuri uyu wa 29 Gicurasi 2012 inama njyanama y’Akarere ka Nyagatare yateranye igamije kurebera hamwe uburyo bwo gukemura ibibazo bijyanye n’ubutaka maze yemeza ko hashyirwaho One Stop center nk’ibiro bizajya byorohereza abakeneye serivisi z’ubutaka n’imiturire.

Uretse serivisi zijyanye n’ubutaka inama njyanama yemeje ko iyi One Stop Center izajya yita no kuzindi serivisi abaturage bakenera mu buzima bwabo bwa buri munsi. Kamanzi Alcade, Umuyobozi wa Njyanama y’Akarere ka Nyagatare yagize ati « Ibi biro bizafasha abaturage bajyaga birirwa basiragira bashaka ibyangombwa by’ubutaka. »

Inama Njyanama yemeje kandi ko mu rwego rwo korohereza abaturage gusora konti basoreragaho yimurirwa muri Banki y’abaturage mu gihe yari isanzwe muri Ecobank kandi ifite ishami mu mujyi wa Nyagatare gusa, bityo ngo bikaba byagoraga abaturage batuye kure y’uyu mujyi batega moto baza kwishyura imisoro.

Iyi nama yanemeje mu myanya abakozi b’akarere bari barangije igihe cy’igereragezwa mu myanya y’akazi barimo. Banaganiriye kandi ku kibazo cy’abantu bubakiwe amazu na Association Bene ishyaka bifuzaga ko bagira uburenganzira burambye ariko iyi nama yanzura ko nta burenganzira bafite bwo kuba bayagurisha mu gihe batarakora ubuvugizi ngo barebe uko bafata icyemezo gihamye. Yanemeje kandi ko mu Murenge wa Katabagemu hatangira gahunda ya VUP mu gihe mu Karere ka Nyagatare yari isanzwe mu mirenge ya Rwempasha, Kiyombe, Mukama na Gutunda.


Nyabihu Gutura heza no guteza imbere abaturage 2

Rwanda : Nyabihu: Gutura heza no guteza imbere abaturage, ni intego akarere gashyize imbere

Tags: , , , , , , ,


Kimwe mu bikorwa byiyemejwe mu karere ka Nyabihu, ni uguteza imbere imibereho myiza y’abaturage mu nzego zose. Ni muri urwo rwego abahejejwe inyuma n’amateka babaga muri Nyakatsi  bagombaga kubakirwa amazu 52 mu murenge wa Muringa.

Nyabihu Gutura heza no guteza imbere abaturage 2

Mu rwego rwo gutuzwa heza abahejejwe inyuma n’amateka bo muri Muringa bubakiwe amazu

 

 

 

 

 

 

 

 

Muri ayo mazu bagombaga kubakirwa, kugeza ubu amazu 48 amaze kuzura nk’uko Rwamucyo Francois ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu karere ka Nyabihu yabidutangarije. Hakaba hasigaye amazu ane ataruzura, imwe muri yo ikaba irimo kuzamurwa andi 3 nayo akaba agiye kubakwa mu gihe cya vuba nyuma y’aho habonekeye ibibanza by’aho azubwakwa.

Nyabihu Gutura heza no guteza imbere abaturage 1

Si ukubakirwa amazu gusa ahubwo hari n’abashyizwe mu makoperative y’ubuhinzi n’ubukorikori

 

 

 

 

 

 

 

 

Uretse ibikorwa byo kubakirwa amazu ngo batuzwe heza, mu karere ka Nyabihu kandi hashyizweho Koperative 5 ziteza imbere abahejejwe inyuma n’amateka,zikora ibikorwa bitandukanye. Muri zo Koperative 4 zikora ibikorwa by’ubuhinzi naho indi 1 ikora ibikorwa by’ubukorikori. Koperative 2 z’ubuhinzi zikaba zikorera mu murenge wa Bigogwe naho izindi 2 zigakorera mu murenge wa Mukamira. Hakaba na Koperative 1 ikora ubukorikori.

Muri bimwe mu bikorwa aya makoperative yakorewe mu gutezwa imbere, harimo ko yashyizweho, agurirwa imirima yo guhingamo ibirayi ingana na hegitali 8. Abandi bajya muri Koperative y’ubukorikori, aho hashyizweho n’inzu y’ubukorikori mu Karere ka Nyabihu izajya ifasha abanyabukorikori kuzamura ibikorwa byabo. Ibikorwa nk’ibi byo guteza imbere imibereho myiza y’abaturage bikaba bikomeje mu karere ka Nyabihu nk’ukoRwamucyo Francois ubufite mu nshingano abivuga.


Nyamasheke Abatuye ahazubakwa isoko, agakinjiro n’ishuri ry’imyuga

Rwanda : Nyamasheke: Abatuye ahazubakwa isoko, agakinjiro n’ishuri ry’imyuga bategujwe ko bazimurwa

Tags: , , , , ,


Kuri uyu wa mbere tariki ya 28/05/2012, abaturage batuye ahazubakwa isoko, agakinjiro ndetse n’ikigo cy’imyuga mu murenge wa Kagano mu kagari ka Rwesero, umudugudu wa Rwesero n’uwa Gasharu  bagiranye inama n’ubuyobozi bw’akarere, iyo nama ikaba yari igamije kubagezaho gahunda ziteganijwe kuzakorerwa muri ubwo butaka.

Nyamasheke  Abatuye ahazubakwa isoko, agakinjiro n’ishuri ry’imyuga

Umuyobozi w’akarere wungiririje ushinzwe imari, ubukungu n’iterambere, Bahizi Charles, yababwiye ko ibyo bikorwa bizakorerwa aho abo baturage bari batuye bigamije iterambere ryabo muri rusange, iry’akarere ndetse n’iry’igihugu muri rusange.

Bahizi yabasezeranije ko n’ubwo hazaba hagiye gukoreshwa mu nyungu rusange z’abaturage, ibikorwa byabo bisanzwe birimo bigomba kuzahabwa agaciro maze bakishyurwa. Yabijeje kandi ko imyaka idatinda mu mirima yose izabanza igasarurwa, gusa ngo itinda mu mirima nk’urutoki n’iyindi izahabwa agaciro maze bahabwe ingurane ihwanye nabyo.

Bahizi yongeyeho ko ingurane izagenwa bitewe n’umutungo w’umuntu uzaba yimuwe izatangwa mbere y’uko yimuka kugira ngo azayihereho atangira ubuzima aho azaba yimuriwe, ibi bikaba ari ukugira ngo abaturage bumve ko leta itagamije kubahombya agira ati: “Ntitwifuza ko hari umuturage uzajya avuga ko leta yamutaye hanze. Niyo mpamvu umuntu wese azahabwa ingurane mbere y’uko yimuka”.

Bahizi yasabye abaturage kugira uruhare mu ishyirwa mu bikorwa ry’iyi gahunda, kandi bakayigira iyabo. Abaturage kandi basabwe gutanga ubutumwa ku bandi bagenzi babo batabashije kwitabira iyi nama bakabamenyesha gahunda iteganijwe.

Abaturage bashyimye iki gikorwa kizakorerwa muri aka gace kuko kigamije amajyambere kandi ari icya bose, banavuga ko ubu utaka abenshi babuguze bubahenze bakaba basaba ko ibyo bizagenderwaho mu kugena agaciro k’ubutaka bwabo nk’uko Sindikubwabo Jean Pierre yabivuze.

Yasabye kandi ko aba bafite ubutaka aha hantu hazashyirwa ibi bikorwa cyane cyane isoko bazahabwa uburenganzira mu guhabwa ibibanza muri iri soko.

Abaturage basabye kandi ko mu gihe bazaba bamaze kubarirwa amafaranga bazahabwa bahita bishyurwa bidatinze kuko hari igihe usanga batinda kwishyurwa kandi batemerewe kugira ibikorwa bahakorera.

Umuyobozi w’akarere wungiririje ushinzwe imari, ubukungu n’iterambere yabamaze impungenge bafite ababwira ko bizigwaho kandi ko bazishyurwa ku gihe.

Aba baturage baratangira kubarirwa imitungo yabo mu kwezi kwa gatandatu batangire kwishyurwa imitungo yabo mu kwezi kwa karindwi nk’uko ubuyobozi bw’akarere bubitangaza.


 

 

Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

jaguar cars jaguar, jeep, kia