Tag Archive | "Rwanda Poverty"

Imihigo y’Urugo ishyizwe imbere nk’inkingi yo kuvana abaturage mu bukene

Nyamasheke: Imihigo y’Urugo ishyizwe imbere nk’inkingi yo kuvana abaturage mu bukene

Tags: , , , , ,


Imihigo y’Urugo ishyizwe imbere nk’inkingi yo kuvana abaturage mu bukene

Umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke, Habyarimana Jean Baptiste aratangaza ko imihigo y’ingo mu baturage ishobora gutuma aka karere kava mu bukene karimo mu gihe abaturage baba bakorera ku ntego z’ingo zabo kandi bagaharanira kubigeraho.

Habyarimana uyobora Akarere ka Nyamasheke akaba akangurira abaturage gukorera ku ntego kuko ari byo byabavana mu bukene ubwabo ndetse n’akarere ka Nyamasheke kakazamura igipimo cy’ubukungu kariho kuko kugeza ubu kari mu turere bikigaragara ko twugarijwe n’ubukene mu gihugu.

Akarere ka Nyamasheke gashyize imbaraga muri gahunda y’imihigo y’ingo ku buryo buri rugo ruba rufite imihigo y’umwaka igaragaza icyo umwaka uzarangira rugezeho.

Umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke, Habyarimana Jean Baptiste atangaza ko iyi gahunda ari ingirakamaro cyane kuko iyo umuturage akorera ku ntego bituma ahora atekereza aho ava n’aho agana, bityo agatekereza icyo azageraho mu gihe yihaye.

Iyi mihigo y’ingo ikaba ishoboza umuturage kuva ku rwego rumwe agera ku rundi.

Habyarimana avuga ko kugira intego ku baturage ari byo bizashoboza abaturage b’akarere ka Nyamasheke gutera imbere kuko iyo umuntu afite icyerecyezo ari byo bimushoboza gutera imbere.

Habyarimanana agira ati “Ikigaragara rero kikaba ari uko mu by’ukuri, kugira ngo abantu batere imbere bisaba ko baba bafite icyerekezo. Bisaba mbere na mbere ko bijya mu mitwe yabo. (Umuntu) akumva yuko aho ari agomba gutera imbere, agomba kugira aho agera. Yabona akazi akavuga ati ‘aka kazi nzakoreramo amafaranga aya n’aya ku kwezi… mu gihembwe… mu mezi atandatu… nzagera ku itungo ntari mfite, nzagera ku nzu ntari mfite.’ Iyo mihigo ni yo igenda idufasha kugira ngo mu byo bagenda bakora bakorere ku ntego biteza imbere.”

Uretse imihigo ijyanye n’umwaka, akarere ka Nyamasheke karangamiye gushyiraho gahunda izatuma urugo rugira imihigo y’imyaka itatu, bityo bikaba bishobora gutuma umuturage areba kure kandi akagira icyerecyezo kirambuye cy’ibyo azageraho muri icyo gihe cy’imyaka 3. Ibi ngo bikaba bishobora gutuma umuturage ahora iteka atekereza ku cyo gukora kugira ngo agere kuri za ntego yiyemeje.

Iyi mihigo kandi izajya isuzumirwa ku rwego rw’umudugudu, bikozwe n’abayobozi mu nzego z’utugari. Iri suzuma ry’ingo rikaba rikorwa buri gihembwe, umuturage akagaragaza intambwe yateye akurikije ibyo yari yariyemeje.

Akarere ka Nyamasheke karatangaza ko ubu gashaka gutera intambwe yo gufasha abaturage gutegura gahunda y’imihigo y’ingo mu gihe cy’imyaka 3, ku buryo buri mwaka umuturage azajya asuzumwa aho ageze muri iyo gahunda ngari yihaye.

Izi gahunda zijyanye no guhiga kw’ingo bikaba byitezwe ko nta kabuza zizagira impinduka nziza mu iterambere ry’abaturage b’akarere ka Nyamasheke, by’umwihariko urwego rw’ubukungu n’imibereho yabo.

Akarere ka Nyamasheke kari mu turere bigaragara ko tugifite abaturage benshi bugarijwe n’ubukene mu gihugu.

Mu bushakashatsi bwo mu mwaka wa 2010-2011, byagaragaye ko abaturage bagera kuri 63% b’aka karere bari munsi y’umurongo w’ubukene. Ibi bituma aka karere kaza mu turere two ku isonga twugarijwe n’ubukene mu Ntara y’Iburengerazuba ndetse no mu gihugu cyose muri rusange.

Ubukene bwa Nyamasheke bushingiye ku mateka akarere kanyuzemo

Nk’uko ubuyobozi bubigaragaza, ubukene bukabije bwo mu karere ka Nyamasheke ahanini bushingira ku mateka aka karere kanyuzemo kuko mu gihe cya jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 habereye ubwicanyi bukabije; abantu benshi barapfa, ndetse imitungo bari bafite irasahurwa.

Abandi baturage b’aka karere ka Nyamasheke gaturanye na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo barahunze ku bwinshi kandi bahungana imitungo bari bafite ubwabo ndetse n’iyo bamwe muri bo bari basahuye, bakabyambukana muri Congo (banyuze mu Kiyaga cya Kivu) kandi  “Muri abo bantu bose bahunze, nta wagize icyo agarukana”.

Nubwo byagenze gutyo ariko, nyuma y’uko jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 ihagaritswe, bigaragara ko hagenda haterwa intambwe igaragara mu bikorwa bihindura ubuzima bw’abaturage b’aka karere ku buryo uko imyaka itashye abacyugarijwe n’ubukene muri aka karere bagenda bagabanuka.

Iyi mihigo y’ingo ikaba igiye kunganira gahunda zitandukanye za leta zashyizweho muri aka karere kugira ngo zifashe abaturage kwivana mu bukene, ariko na bo babigizemo uruhare.

 

Arebesha ijisho rimwe kuko nta bushobozi afite bwo kwivuza irindi ryakomeretse

Rwanda | Burera: Arebesha ijisho rimwe kuko nta bushobozi afite bwo kwivuza irindi ryakomeretse

Tags: , , , , , , ,


Arebesha ijisho rimwe kuko nta bushobozi afite bwo kwivuza irindi ryakomeretse

Umwana witwa Irakoze utuye mu mudugudu wa Kabashotsi, akagari ka Nyamabuye, umurenge wa Kagogo, mu karere ka Burera arebesha ijisho rimwe kubera ko irindi ryapfuye nyuma y’uko rikomeretse ababyeyi be bakabura amafaranga yo kujya kumuvuza.

Uwo mwana ufite imyaka itanu y’amavuko afite ababyeyi bombi: Munyawera Bernard na Nyirambonigaba Jackeline. Abo babyeyi bombi ntibishoboye. Batunzwe no guca inshuro hirya no hino.

Nyirambonigaba, nyina w’uwo mwana, avuga ko umwana we, Irakoze, yakomeretse ijisho ry’iburyo ubwo yari arimo akina n’abandi bana mu ntangirizo z’umwaka wa 2012.  Umwana umwe mu bo bakinaga yamuteye agakezo (kahira ubwatsi) maze kamufata mu jisho rirakomereka cyane nk’uko abisobanura.

Akomeza avuga ko bahise bamujyana ku kigo nderabuzima cya Gitare, kiri mu murenge wa Kagogo, babona ubukomere afite bugoye, maze icyo kigo nderabuzima kimujyana mu bitaro bya Ruhengeri kugira ngo bamuvure neza.

Umuganga wo mu bitaro bya Ruhemgeri yasuzumye ijisho rya Irakoze asanga ryarononekaye cyane, bararipfuka, ariko asaba ababyeyi b’uwo mwana gushaka amafaranga kugira ngo bazajye kumuvuza ku bitaro bya Kabgayi, mu ntara y’amajyepfo, kuko bizobereye mu buvuzi bw’amaso nk’uko Nyirambonigaba abisobanura.

Agira ati “…umugabo (wa Nyirambonigaba) yamushubije yo (kwa muganga) umudogiteri ararisuzuma asanga ijisho ryarononekaye, ati “muzehe ni ugushaka ibihumbi 20 mukajya i Kabgayi…tubura amikoro, tubuze amikoro umwana tumurekera mu rugo nta handi twagiye kumuvuza”.

Akomeza avuga ko no kuba igisebe cyari kiri kuri iryo jisho cyaracyize ari ah’Imana kuko nta bundi buvuzi buhambaye yabonye. Umuti w’amaso w’igitonyanga ugura amafaranga y’u Rwanda 500 ngo niwo Nyirambonigaba  yavurishaga ijisho ry’umwana we.

Nyirambonigaba avuga ko aterwa agahinda no kuba umwana we agize ubumuga bw’ijisho akiri muto bidatewe n’ikindi ahubwo ari ubukene. Yongera ho ko abonye ubufasha yajyana umwana we kumuvuza akazakura areba neza. Ngo yizeye ko umwana we yakira.

Ikigaragaraza ko Irakoze arebesha ijisho rimwe ni uko iyo afunze ijisho rizima ry’ibumoso, iry’iburyo, ariryo ritabona, n’ubwo riba rikanuye, avuga ko nta kintu na kimwe arirebesha.

Ikindi ni uko iyo urebye mu jisho ritareba ry’uwo mwana, ubona ku mboni hariho akantu k’umweru kameze k’ishaza ryo mu jisho. Ako kantu gashobora kuba ariko gatuma iryo jisho ritareba. Inzobere mu buvuzi bw’amaso baribaze bakagakura mo ashobora kongera akabona.

Irakoze avukana n’abana bane. Ababyeyi babo ntibishoboye kuko baba mu nzu y’icyumba kimwe. Nta sambu, nta n’itungo bafite kuburyo byabaha amafaranga bakaba bavuza umwana wabo.


 

 

Huye APROJUMAP advances in

Rwanda | Huye: APROJUMAP advances in war on Poverty eradication

Tags: , , , , ,


Residents of Rusatira and Kinazi sectors in Huye district celebrated the international Poverty Day on the 17th.Oct.2012 at the offices of Rusatira sector and celebrated the step they have taken in eradicating poverty with the support of APROJUMAP project.

Huye APROJUMAP advances in

APROJUMAP project which promotes the cooperation and friendship among the people is an association that runs the cooperation projects between Belgium and other countries. In the testimonies delivered by people who took a step from poverty, the support of this cooperation made it easier for them to take a step.

APROJUMAP cooperation gives people credit to be paid in very little installments giving people a chance to work hard and the courage to know that they are not developing due to charity but from their own actions.

Epiphanie Niyonsaba who took a step towards development thanks to APROJUMAP says; “I was very poor to the extent that I would go around begging, my children were always sick and I managed to get a certificate of poverty to get medical services for my children. Now I am the first to pay for medical insurance and I support the poor, thanks to APROJUMAP.”

Niyonsaba says he and his fellows were given hoes for cultivation and goats for social welfare purposes and for fertilizers. Some were given pigs and others are being given cows where a person is given a cow and after it reproduces, it is given to another person for the same purposes.

Residents were also given fruits to cultivate in their gardens, they were encouraged to farm vegetables and fruits for good health, and some were supported to do bee keeping and others in arts and crafts composition.

APROJUMAP has distributed cows in 41 families, 406 goats, 156 pigs, and most people were trained in productive agriculture methods both in animal and crop husbandry.  APROJUMAP also built Rusatira health center and it even pays some of the workers in this health center. APROJUMAP gives medicines to this health center and other medical equipment and tools like mattresses.

Celebrations of the International Poverty Day were also shared with the anniversary for 40 years of partnership between Rwanda and Communes in Belgium through APROJUMAP. Most projects of APROJUMAP are in Huye, Nyamagabe and Kamonyi districts.

 

 

Rwanda | Huye Bizihije umunsi

Rwanda | Huye: Bizihije umunsi mpuzamahanga wo kurwanya ubukene

Tags: , , , , , ,


Rwanda | Huye Bizihije umunsiAbijihije umunsi wo kurwanya ubukene ni abaturage bo mu Mirenge ya Rusatira na Kinazi yo mu Karere ka Huye kuri uyu wa 17 Ukwakira, 2012. Aho bari bahuriye ku biro by’Umurenge wa Rusatira, bagaragaje ibyishimo by’intera bamaze kugeraho barwanya ubukene babifashijwemo na APROJUMAP.

Ubundi APROJUMAP bivuga mu magambo ahinnye y’igifaransa Association pour la promotion des jumelages et de l’amitié entre les peuples. Ni ishyirahamwe rigenga ibikorwa by’ubufatanye hagati y’igihugu cy’ububirigi n’ibindi bihugu.

Mu buhamya abamaze gutera intambwe bava mu bukene batanze, bagaragaje ko inkunga z’iri shyirahamwe zabafashije kwikura mu bukene bukabije bwabarangaga. Akarusho kandi, ni uko izi nkunga bagenda bazishyura bukebuke. Ibi bituma biyumvamo ko ari ab’agaciro kuko ibyo bagezeho atari ibisabano cyangwa ibihabwano, ahubwo ibiva mu maboko yabo.

Niyonsaba Epiphanie ni umwe mu bishimira kuba barateye intambwe bakava mu bukene babifashijwemo na APROJUMAP. Yagize ati « Nari umukene cyane ku buryo abana banjye bahoraga barwaye. Ibi byatumye nshaka icyemezo cy’ubukene kugira ngo nzajye mbasha kubavuza. Ubu nsigaye ndi uwa mbere mu gutanga amafaranga ya mituweri. Nacaga inshuro, none nsigaye nyicisha abandi ».

Ibi byose ngo yabikuye ku kuba hamwe na bagenzi be barahawe inkunga z’amasuka yo guhinga, hanyuma bahabwa ihene zabafashije kubona ifumbire yo gushyira mu mirima yabo, nuko batangira kweza. Uretse ihene hari n’abahawe ingurube, none ubu babazaniye n’inka z’akaguru, ni ukuvuga inka baha umuntu ikamubyarira hanyuma igahabwa undi kugira ngo na we imubyarire.

Na none kandi, abahinzi bagiye bahabwa n’imbuto zo gutera mu mirima yabo, batozwa guhinga imboga n’imbuto kugira ngo bagire ubuzima bwiza. Hari n’abafashijwe korora inzuki, abandi bafashwa gukora ubukorikori bubaha amafaranga. Mbese bagiye bafashwa mu bikorwa bitandukanye bibafasha kubona amafaranga bakikura mu bukene, hakurikijwe ubushobozi bwa buri wese.

Muri rusange, APROJUMAP imaze gutanga inka mu miryango 41, ihene 406, ingurube zibyara 106, ingurube z’amasekurume y’ubwoko bwiza 17, n’amasekurume y’ubwoko bwiza 29. Bamwe muri bagenzi babo batojwe uburyo bwo kwita ku matungo neza no guhinga bitanga umusaruro uhagije, ku buryo ari bo babagira inama.

Uretse inkunga iri shyirahamwe ryageneye abaturage ku giti cyabo, aba baturage banatewe inkunga mu by’ubuzima bubakirwa ikigo nderabuzima cya Rusatira. Ubu hari abakozi bo muri iki kigo rihemba, kandi ritanga n’inkunga z’imiti ndetse n’iz’ibindi bikoresho bimwe na bimwe bikenerwa muri iri vuriro nka za matela.

Kwizihiza uyu munsi mpuzamahanga wo kurwanya ubukene byanahuriranye no kwizihiza isabukuru y’imyaka 40 y’ubufatanye hagati y’Abanyarwanda n’amakomini yo mu Bubiligi, binyujijwe muri APROJUMAP. Ibikorwa by’ubu bufatanye biri mu Turere twa Huye, Nyamagabe na Kamonyi.

 

 

Nyabihu Biyemeje guhashya

Rwanda : Nyabihu: Biyemeje guhashya ubukene bakoresheje gahunda yo kuziturirana inka ku bazihawe mbere muri Gahunda ya Girinka

Tags: , , , , , , , , , , , , , , , , ,


Rwanda | Nyabihu Biyemeje guhashya

Bakomeje kwitabira gahunda yo kuziturira bagenzi babo b’abakene inka kugira ngo bafatanye kwizamura bahashye ubukene burundu

Inka 11 nizo zazituriwe abatishoboye mu murenge wa Rurembo kuri uyu wa 21/8/2012. Izi nka zikaba zarazituwe n’abaturage borojwe muri gahunda ya Girinka,bakaziha bagenzi babo batishoboye nyuma y’aho izo bari barahawe zari zimaze gutanga umusaruro.

Bamwe mu bazituye n’abazituriwe inka, bishimiye icyo gikorwa dore ko bavuga ko ari igikorwa kibafasha gufatana urunana mu rugamba rwo kurwanya ubukene no guharanira iterambere rirambye. Mukansonera Daphrose n’umwe mu bazituriye bagenzi babo inka. Nyuma yo kuyiha  Butera Alexandre baturuka mu Kagari kamwe ka Gitega,umudugudu wa Kagusa yatangaje ko ashimishijwe no guha mugenzi we inka kuko azi neza icyo yamumariye akabasha kugenda yikura mu bukene.

Yongeyeho ko atakibura ifumbire ndetse bimufasha no mu buhinzi bwe ndetse n’imibereho yo mu rugo rwe. Yavuze ko inka yamugejeje kuri byinshi: yeza ibigori byinshi,amata anywa akanagurisha ndetse ngo ahaho abana b’abaturanyi kuko ngo akama litiro 4 mu munsi. Kuba atanze inka ngo akaba asanga ari igikorwa kiza cyane kuko bizafasha na mugenzi we kwizamura,nawe akazayiha undi bityo bityo bagakomeza inzira yo kwikura mu bukene.

Alexandre Butera, umwe mu bahawe inka,yavuze ko inka izamufasha muri byinshi ngo kuko ariwe mu mudugudu wabo utagiraga inka. Ikazamufasha mu iterambere abasha kubona ifumbire,amata ndetse n’amafaranga. Yongeyeho ko ashimira cyane ubuyobozi bumuhaye inka.

Uyu muhango wo gutanga inka ukaba warayobowe n’umuyobozi wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere mu karere ka Nyabihu Mukaminani Angela.washimiye aborojwe muri gahunda ya Girinka ; kuko biteje imbere bahereye ku nka bahawe na Perezida wa Repuburika.

Yababwiye ko koroza abandi ari igikorwa cyiza cyo kwibuka aho bari bari bityo kwitura ko ari ukuziturira mugenzi wabo ukennye. Yasabye abahawe inka kuzifashisha maze bakikura mu bukene bazibyaza umusaruro mwiza. Yavuze ko ifumbire bazabona izabafasha kweza, amata akazabafasha kurya neza ntabwaki. Yabasabye kandi kujya bagaburira neza inka bahawe no kuyivuza igihe irwaye bagahita babimenyesha veterineri akabafasha.

Mu mwaka w’imihigo wa 2011-2012,mu karere ka Nyabihu hakaba haratanzwe inka 721 muri gahunda ya Girinka. Kugeza ubu nyuma y’amezi agera kuri 2, umwaka w’imihigo urangiye,bakaba bamaze gutanga inka 106 ziyongera kuri 721 zari zaratanzwe umwaka ushize. Ikigamijwe akaba ari uko gahunda ya Girinka yagera kuri buri wese yafasha kwikura mu bukene kugira ngo ubukene buhashywe burundu.

 

 

Ngororero Abatishoboye

Rwanda | Ngororero: Abatishoboye bose bazahabwa amatungo yo korora

Tags: , , , , , , , , , , , , ,


Kimwe mu bintu bizafasha abaturage b’akarere ka ngororero mu kongera umusaruro uturuka ku buhinzi, guteza imbere imirire no kongera ubukungu n’ubworozi bw’amatungo atandukanye nk’uko bitangazwa n’umuyobozi w’aka karere bwana Gedeon Ruboneza. Nyamara kuko abaturage bose batuye aka karere atari ko bafite ubushobozi bwo kwibonera amatungo yo korora, niyo mpamvu akarere kiyemeje koroza abaturage bakennye kabifashijwemo n’izindi nzego zitandukanye. Kuri ubu, ngo ikizere ni cyose cyo kuzagera kuri uwo muhigo nk’uko Abishuka Jean Damascene, umukozi w’akarere ushinzwe ubworozi akaba ari nawe ukurikirana itangwa ryayo matungo abivuga.

Rwanda | Amwe mu matungo yatanzwe mu karere ka Ngororero

Amwe mu matungo yatanzwe mu karere ka Ngororero

Imwe mu mpamvu Abishuka ashingiraho ni uko intego akarere kari gafite uyu mwaka yo kuzoroza inka abaturage 1000 ndetse bakoroza n’abaturage 2000 amatungo magufi, kuri ubu bamaze kurenza cyane urwo rugero kuko abamaze guhabwa inka ari 1295 naho amatungo magufi 3238 agizwe n’ihene, intama ndetse n’ingurube akaba ari yo amaze gutangwa. Ibi ngo bikaba bitanga ikizere ko imiryango 7000 yagaragajwe ko ikennye kuburyo itakwibonera itungo ryo korora ibarirwa muri aka karere yose izagerwaho niyi gahunda mu gihe kitarambiranye.

Munyengango Valens utuye mu murenge wa Gatumba akaba ari umwe mubahawe inka, avuga ko atari yizeye ko azagerwaho n’iyi gahunda ariko akaba yarabonye inka bitewe n’uko abayobozi bazitanga bakoresha ukuri. Kimwe n’abandi bazibonye ndetse n’abatarorozwa bakiri ku rutonde rutegereje bavuga ko uburyo amatungo atangwa ari ntamakemwa nabo bakaba bizeye kuzayabona.

Ikindi abayobozi ndetse n’abaturage bahawe amatungo mu karere ka Ngororero bishimira ni uko amatungo yatanzwe nta bibazo bikomeye nko gupfa yagiye agira bitewe nuko amatungo yabanzaga gusuzumwa uko ameze mbere yo kuyaha abaturage, kandi bakayahabwa baramaze kubona ubwatsi ndetse bagahabwa n’imiti imwe n’imwe.

Ubuyobozi bw’akarere ka ngororero bukaba bushimira ababufashije kubona ayo matungo bose kuko nko kunka 1295, akarere katanzemo 428 gusa, andi akava mu batera nkunga n’abafatanya bikorwa kandi bakemerera akarere kwitoranyiriza abahabwa amatungo hakurikijwe abayakeneye kurusha abandi.

 

Asosiyasiyo Urumuri igiye kongera koroza abaturage ihene

Rwanda : Asosiyasiyo Urumuri igiye kongera koroza abaturage ihene

Tags: , , , , , , , , , , , , , , ,


Urubyiruko rwibumbiye muri Asosiyasuyo Urumuri itanga ibiganiro by’ubumwe n’ubwiyunge yo mu murenge wa Mukarange mu karere ka kayonza, igiye kongera koroza abaturage ihene ku nshuro ya gatatu kuva itangiye ibikorwa byayo. Iyo asosiyasiyo ubushize yoroje ihene abantu cumi n’umunani batishoboye.

Asosiyasiyo Urumuri igiye kongera koroza abaturage ihene

Zimwe mu ihene iyo koperative yoroje abo baturage ngo zamaze kubyara. Amasezerano iyo koperative igirana n’abo yoroza avuga ko ihene ibyaye bwa mbere uwayihawe yitura asosiyasiyo ayiha ishashi yavutse ku ihene yorojwe kugira ngo ihabwe undi muturage utishoboye.

Umuyobozi w’iyo koperative Jean Bosco Kayonga avuga ko zimwe muri izo hene zabyaye, ubu bakaba bari gushaka uko hatoranywa abandi baturage batishoboye bazorozwa mu cyiciro cya gatatu.

Bamwe mu bagiye borozwa izo hene bavuga ko zabagiriye akamaro cyane, ahanini bitewe n’uko ihene yororoka vuba kandi idasaba ubushobozi budasanzwe kugira ngo umuntu ayorore. Ernestine Umugwaneza worojwe na asosiyasiyo Urumuri abisobanura muri aya magambo “Ihene ni ingirakamaro cyane. Yororoka vuba kandi ntisaba ubushobozi buhambaye kuko nkanjye bampaye inka sinayishobora kubera ko ntayibonera ubwatsi, ariko ihene nta kibazo intera”

Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Mukarange by’umwihariko abagiye borozwa ihene n’iyo asosiyasiyo bavuga ko kimwe n’uko hariho gahunda ya Gira inka, bishobotse habaho na gahunda ya “Gira ihene munyarwanda” yagenerwa abanyarwanda batishoboye kandi batashobora korora inka.

 

 

 

Rwanda Rulindo Abasigajwe inyuma

Rwanda : Rulindo – Abasigajwe inyuma n’amateka barasaba guhomerwa amazu

Tags: , , , , , , , , , , , , , , ,



Bamwe mu basigajwe inyuma n’amateka batuye mu mudugudu wa Kabuga, akagali ka Rebero mu karere ka Rulindo, barasaba ubuyobozi bw’uruganda Sorwathe kubahomera amazu kuko ari rwo rwabubakiye.

Rwanda Rulindo Abasigajwe inyuma Aba basigajwe inyuma n’amateka bavuga ko batazi icyatumye bo bubakirwa inzu, zamara guhagarara ntizihomwe kandi bagenzi babo barahomewe, nk’uko bivugwa na Haterura Jean Felician umwe mu bifuza guhomerwa.

Ati: “Ubu inzu yanjye irava kugeza mu buriri, rwose abayobozi nibatubarize impamvu uruganda rutaduhomera amazu kimwe na bagenzi bacu”.

Ubuyobozi bw’intara y’Amajyaruguru bugira inama aba basigajwe inyuma n’amateka gushyiraho akabo maze inzu zabo zigahomwa, aho guhora bategereje ko bazabikorerwa n’abandi.

Umuyobozi w’umurenge wa kinihira, Hishamunda Ildephonse, avuga ko ikibazo kinini cyugarije abasigajwe inyuma n’amateka bo mu mudugudu wa Kabuga ari imyumvire ikiri hasi, gusa ngo bazakomeza kuganira nabo, hanyuma bumve ko niba barabubakiye nabo bakwiye gushyiraho akabo ntibahore bateze amaboko. Ati: Ariko rwose ntitugakunde gufashwa ngo n’ibyo twabasha kwikorera twe kubikora ngo dutegereje udufasha. Ubu se umuntu umwubakiye inzu hagasigara kuyihoma gusa we ntiyashyiraho ake agahoma bityo inzu ntizarinde gusenyuka ngo ubufasha bwahagaze? Tuzakomeza tubaganirize ahari bazumva ko nabo bakwiye kumenya kwikorera no kwiteza imbere.

Aba baturage rero bakaba badakeneye ubufasha bufatika gusa kuko n’inama ari ngombwa kugira ngo imyumvire yabo nayo izamuke.

 


Rwanda Kayonza Abakuru b’imidugudu

Rwanda | Kayonza: Abakuru b’imidugudu barasabwa gushyira abaturage mu byiciro uko bikwiye

Tags: , , , , , ,



Abayobozi b’imidugudu igize akarere ka Kayonza barasabwa gushyira abaturage mu byiciro uko bikwiye kugira ngo hagaragare ishusho nyayo y’uko abaturage bazafashwa muri gahunda y’ubudehe.

Rwanda Kayonza Abakuru b’imidugudu

Mu midugudu myinshi igize akarere ka Kayonza, ngo gushyira abaturage mu byiciro byakozwe nabi ku buryo bigaragara ko icyo gikorwa gishobora kuba cyarakozwe hakurikijwe amarangamutima mu midugudu imwe n’imwe, ibyo byiciro bitagenderwaho mu gutegura ingengo y’imari ya leta nk’uko Mvuyekure Evariste wo mu ishami rishinzwe ibarurishamibare mu karere ka Kayonza abivuga.

Ubusanzwe nk’ikiciro cy’abantu badashobora gukora, hari impamvu zizwi zitangwa zigaragaza neza ko umuntu washyizwe muri icyo cyiciro adashoboye gukora koko. Muri zo hari nko kuba afite ubumuga runaka, ageze mu zabukuru, cyangwa ari umwana.

Gusa nk’uko byagiye bigaragara, hari bamwe mu baturage bagiye bashyirwa muri icyo cyiciro cy’abadashoboye gukora, nyamara ntihagire n’impamvu n’imwe igaragazwa yatima uwo muntu ashyirwa muri icyo cyiciro.

Ibi ngo bifatwa nko gukoresha amarangamutima mu gushyira abaturage mu byiciro kandi icyo gikorwa kiri mu bitanga imirongo ngenderwaho mu gukora igenamigambi ry’abanyarwanda bose.

Mvuyekure avuga ko usanga abaturage batari bake baragiye bashyirwa mu cyiciro cy’abatindi, nyamara wakurikirana ugasanga bamwe mu bashyizwe muri icyo cyiciro atariho bari bakwiye kubarizwa. Bamwe bavuga ko kuba hari abashyirwa muri icyo cyiciro batabikwiye bishobora kuba ari ugushaka gukwepa umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza, dore ko abatari bake ngo basigaye batinya kwishyura uwo musanzu.

 

 

 

 


Rwanda Mbere yo gutwara amatungo babanza guhabwa amabwiriza

Rwanda : Gatsibo abaturage bagabiwe ingurube 240 mu kwihutisha iterambere

Tags: , , , , ,



Abaturage batishoboye mo mu mirenge ya Gasange, Muhura na Kageyo bashyikirijwe ingurube 240 mu kubafasha kwihutisha iterambere ryabo kuko nyuma yo kubona ko amatungo y’ingurube yororoka vuba kandi akagira isoko, abaturage bifuje kuzorora kugira ngo zibunganire.

Rwanda Ingurube zatanzwe hamwe na bamwe mubaturage baje kuzihabwa

Ingurube zatanzwe hamwe na bamwe mubaturage baje kuzihabwa

 Gahunda yo guhabwa ingurube mu karere ka Gatsibo ikaba igenerwa abasanzwe badafite amatungo kugira ngo nabo ashobore kubafasha mubikorwa by’iterambere. Abaturage bo mu karere ka Gatsibo abarenga 80% bakora ibikorwa by’ubuhinzi n’ubworozi kandi byunganirana, abaturage bagenerwa amatungo kugira ngo bashobore no kuzamura ubuhinzi kuko bacyenera inyongeramusaruro.

Rwanda Mbere yo gutwara amatungo babanza guhabwa amabwiriza

Mbere yo gutwara amatungo babanza guhabwa amabwiriza


Dr Nsigaye Erneste ushinzwe ubworozi mu karere ka Gatsibo akaba avuga ko ubworozi bw’ingurube buri mubyihutisha iterambere iyo bwitaweho, aho atangaza ko ingurube zitaweho neza zitanga umusaruro mwinshi nk’inyongera musaruro ku bahinzi naho ku bashaka amafaranga akavuga ko ingurube zitagorana mu kuzigaburira uretse kuzigirira isuku no kuzigenera ibyo kurya ubundi bakazirinda indwara.

Ingurube zitangwa muri gahunda akarere kihaye yo guca ubucyene, ikazakomeza gukurikiranywa n’abakozi b’imirenge kugira ngo amatungo atangwa atazagurishwa cyangwa agafatwa nabi kuburyo Babura ubuzima, bikazajyana kandi no kuzitaho zirindwa indwara.

Akarere ka Gatsibo gafite umuhigo wo kuba gaciye ubucyene mubagatuye kandi ibyo bikagerwaho Atari uko bafashijwe ahubwo bahawe uburyo bwo kwifasha nabo bakagera kucyerekezo bifuza cyane ko abaturage bavuga ko babonye ubushobozi bava m’ubucyene. Guhabwa amatungo yo korora kandi bashobora no kugurisha nyuma yo kuziturirana bizabafasha kugera kucyerekezo.

Amabwirizwa agezwa kubagabirwa amatungo akaba ari uko bagomba gufata neza amatungo ariko bakazirikana ko uko bagabiwe nabo bagomba kuzagabira abandi kugira ngo bafashanye kwihuta mu iterambere ntawusize undi.

Mu mirenge 3 yagenewe ingurube buri murenge ukaba waragenewe ingurube 80 kandi abaturage bazigenewe barabyishimira cyane ko zizabunganira mu mibereyo y’ubuhinzi kandi ko nibabicyenera n’inka bazazigura kuko nyuma y’igihe gito ingurube bahawe zizaba zibyaye.

 

 

Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

Advertisement

jaguar cars jaguar, jeep, kia