Muri iyi mimnsi mikuru y’impera z’umwaka, mu mujyi wa Muhanga hari kuvugwa ibura rya bimwe mu bicuruzwa cyane cyane inyama ariko ngo ntibyabaye nk’umwaka ushize.
Ku munsi mukuru wa Noheli wizihizwa n’abakirisitu b’isi yose bibuka ivuka ry’umucunguzi wabo Yezu Kirisitu, abantu bishimisha mu buryo butandukanye kuri uyu munsi.
Buri wese awizihiza bitewe n’ubushobozi afite, hari abahindura indyo bakarya ibyo batari basanzwe barya. Inyama ni kimwe mu bintu biza ku isonga mu kuribwa ku minsi mikuru nk’iyi.
Mu mujyi wa Muhanga ho kuri uyu munsi wa Noheli inyama benshi bakunze kwita imbonekarimwe cyanwa akaboga zari zabaye ikibazo kuko ngo zaguzwe ku buryo budasazwe.
Umwe mu bazibaga, Kibonge avuga ko abantu batangiye kugura inyama ku mugoroba bucya haba Noheli kuburyo ngo byageze kuri Noheli ubwaho abantu bazishaka babaye benshi kugeza n’ubwo hari abazibuze.
Yagize ati: “akaboga kari kabaye akaboga kuri Noheli, twabaze inka nke kandi abaguzi ari igitero!”.
Haba mu isoko rya Muhanga ndetse no mu mabagiro yandi yo muri uyu mujyi inyama ngo hari aho zabaye ikibazo cyane cyane nk’inyama zikunzwe n’abatari bake nk’imyijima n’izindi zikunzwe ngo zabonye bacye cyane.
Si inyama zabuze gusa muri uyu mujyi kuko ngo n’ibirayi byabaye bicye hamwe na hamwe kuko ngo nabyo baguzwe n’abatu batekaga amafiriti kuri uyu munsi.
Aha aba bacuruzi bakaba babona ko ku munsi wa Bonane ibintu bigomba guhinduko kuko ngo badahinduye imikorere hari byinshi bazangirika kuri uwo munsi.
Aba bacuruzi ariko batangaza ko icyashara babonye kuri iyi Noheli gitandukanye kure n’icyo babonye kuri Noheli y’umwaka ushize.
Bavuga ko kuri iyi y’uyu mwaka ibintu bitagenze neza nk’umwaka ushize kuko ngo wabonaga uyu mwaka nta mafaranga arimo ugereranije n’uwashize.
Muringa nawe ni umucuruzi agira ati: “nta mafaranga ariho nabiboneye kuri Noheli kuko hari n’abazaga kwikopeha batari bake, ibintu ntigeze mbona indi myaka”.
Ku byerekeye n’umutekano mu karere ka Muhanga by’umwihariko mu mujyi wako nta kibazo cyavutsemo kuko polisi, ingabo n’abandi bashinzwe umutekano bakajije kuwubungabunga. Aha ariko n’abaturage bari bshishikarijwe kuzirinda guteza umutekano muke.