Tag Archive | "Rwanda problems"

01

Rubavu: igenzura ry’imihigo ryagaragaje ko Television zemewe zitaguzwe

Tags: , , , , , ,


01Umuhigo wo kugura television zo gushyira mu tugari tugize akarere ka Rubavu wagomba kujyana no kugura television 80 zagombaga gushyirwa mu tugari twose tugize akarere , byemejwe ko izimaze kugurwa zigera k’umunani.

Mu igenzura ry’imihigo y’akarere ka Rubavu ryakozwe n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’intara y’uburengerazuba hamwe n’itsinda bari kumwe, basanze television zivugwa ko zaguzwe zimwe zidahari nkuko byagarazwaga na bamwe mubakozi babajijwe.

Mu gukurikirana aho zaba ziherereye, abakozi b’akarere ka Rubavu bavuga ko television imwe yashyizwe mu murenge wa Nyundo, naho izindi zikaba mu bubiko bw’akarere ariko bigahakanwa n’ushinzwe ububiko, uvuga ko television afite ari ebyiri izindi enye zatwawe ariko aho zashyizwe ntihazwi.

Iki kibazo cyo kugura television zigomba gushyikirizwa utugari umuyobozi w’akarere ka Rubavu Sheikh Bahame Hassan avuga ko yahawe ubutumwa ko television zashyizwe aho zigomba gushyirwa none akaba atunguwe no gusanga bitarakozwe.

Jabo paul umunyamabanga w’intara y’uburengerazuba avuga ko kugenzura imihigo bigaragaza ibibazo akarere gafite harimo nibyo gukosorwa, cyane ko akarere ka Rubavu gasanzwe gafite uburwayi bw’imikorere itari myiza.

Mu mihigo y’ibikorwa bigomba gushyikirizwa abaturage, hagaragajwe ko hubatswe icyumba cya Video Conference, nyamara abakozi bashinzwe ibikorwa remezo bavuga ko bakiriye, ariko mu kugenzura imihigo byagaragajwe ko impapuro zakira iki gikorwa ntazo, kuko abavugwa ko bazihawe babihakana.

Ubuyobozi bw’intara bukaba bugaragaza ko hari abakozi badakora akazi kabo, igenzura ry’imihigo rigomba kubafasha kwisubiraho kuko harimo n’ibindi bibazo biterwa n’uko abantu badakora akazi kabo uko bikwiye.

Amajyepfo: abarokotse baracyugarijwe n’ibibazo bibabera imbogamizi mu kwigira

Amajyepfo: abarokotse baracyugarijwe n’ibibazo bibabera imbogamizi mu kwigira

Tags: , , , , , , , , ,


Amajyepfo: abarokotse baracyugarijwe n’ibibazo bibabera imbogamizi mu kwigiraBamwe mu barokotse jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994 mu ntara y’Amajyepfo baratangaza ko bagihura n’ibibazo bikomeye ku buryo babona kwigira nk’ibikiri kure kuri bo.

Aba barokotse bavuga ko nubwo leta kimwe n’abandi baterankunga cyangwa abafatanyabikorwa ba leta bafasha abarotse batishoboye, ngo haracyari byinshi mu bibazo bahura nabyo bishingiye ahanini ku ngaruka za jenoside.

Murekatete umwe mu bagore batuye mu karere ka Muhanga avuga ko ubuzima bumugora kuko atigeza abona amahirwe yo kugana ishuri ngo abashe kubona ubumenyi bwamuteza imbere.

Akazi akora akaba ari ugucuruza imbuto ku gataro azenguruka mu mujyi wa Muhanga; aka kazi akaba agakora ku buryo butemewe leta itakemera.

Avuga ko nta handi yakura amikoro kuko afite umuryango umureba agomba gutunga. Nubwo jenoside yamusize ari nyakamwe mu muryango wabo yaje kunguka undi muryango kuko yashatse umugabo bakabyarana abana batatu; kuri ubu niwe wenyine ugomba kubatunga kuko umugabo we yaje kwitaba Imana mu bihe bishize.

Avuga ko imbogamizi nyamukuru bahura nayo mu kwiteza imbere ari uy’uko basigaye nta miryango bagira ngo babe bafatanya urugendo nk’abandi banyarwanda, ibi akaba ari imwe mu ntandaro yo kwiheba no kwigunga binabaviramo guhungabana.

Mukeshimana Mariya Goreti utuye mu karere ka Kamonyi ari mu kigero cy’imyaka 27, nubwo nawe yagize amahirwe yo kurokoka jenoside yakorewe abatutsi, yamutwaye abavandimwe be n’ababyeyi.

Avuga ko ihungabana n’ubukene aribyo biza ku isonga mu bizahaza ubuzima bw’abarokotse. Ku bwe ngo ihungabana riracyari ikibazo kuko nta baganga bahagije bo gufasha abarifite.

Agira ati: “abantu bafite ihungabana ni benshi cyane kandi abaganga bakaba bake n’abahari ubasanga mu bitaro byo mu mijyi ukuntu”.

Mukeshimana akomeza avuga ko abarokotse bajya bahura n’ibibazo byo gutotezwa aho batuye mu midugudu nk’aho usanga hari abajya batera amabuye ku mazu y’abarokotse jenoside cyane cyane mu gihe cy’icyunamo.

Leta y’u Rwanda ibicishije mu kigega cyayo cyo gufasha abarokotse jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, FARG abarokotse bahabwa inkunga z’ingoboka zitandukanye nko kurihirwa amashuri, gufashwa kuvuzwa, bamwe burubakirwa amazu ndetse kuri ubu amwe muri yo atangiye kugenda asanwa kuko hari aho byagaragaye ko ashobora kuzagwa kubayabamo kubera gusaza.

 

 

m_Untitled

Rutsiro: Genocide survivors need reconstruction of their homes

Tags: , , , , , ,


Genocide survivors of the 1994 genocide against the Tutsis in Gisiza cell in Musasa sector in Rutsiro district outcry the accommodation they were given in Bweramana village with poor construction plans.

The houses that were constructed in 2008 are already in their ruins. Bweramana village accommodates many families including 9 families of the 1994 genocide survivors and 6 houses of these families need urgent reconstruction.

Rutsiro: Genocide survivors need reconstruction of their homes

Some houses are in deplorable states

 Thaddee Musabyimana a resident in this village says his house is in deplorable state to the extent that when it rains, he and his family shift to the kitchen because of the floods running in the house.

Apart from houses that are cracking, other houses have walls that were not cemented that might collapse at any given time making their owners live in worry.

Some of the people in this village have torn apart kitchens which are no longer used. This applies to one Euphrasia Mukarwego a 68 years old woman who uses her house for the kitchen because of the state her kitchen is in.

Another issue that is bothering residents of Bweramana village are facing both genocide survivors and non genocide survivors is the cows they were either given by FARG or in Girinka Program when they do not own kraals to take care of these cows.

Those given cows by FARG were promised by kraals but 3 years have passed in vain and others live with them due to lack of capabilities to build these kraals on their own.

Habyarimana Nyaruke one of the residents of Bweramana village was given a cow by Girinka program but due to lack of kraal to rear it in, he put it in his kitchen and its calf is tied in his sitting room. Nyaruke lost his one arm during the 1994 genocide so he cannot build a kraal by himself.

Amandin Mukesharurema the executive secretary of Gisiza cell says the problem to poor construction of these houses lies with unprofessional constructers especially prisoners in TIG and local people who were rushing to meet the deadline given.

Evariste Bitegetsimana the executive secretary of Musasa sector says the construction reports they got about these houses suggested poor construction. They plan to first discuss the issue with constructers to explain the issue.

It is Expected that the 100 days of commemoration be over with constructed kraals to those without, those with ruined houses to be reconstructed and supporting the poor.

 

Rutsiro : Amwe mu mazu yubakiwe abacitse ku icumu yatangiye gusenyuka

Rutsiro : Amwe mu mazu yubakiwe abacitse ku icumu yatangiye gusenyuka

Tags: , , , , , ,


Rutsiro : Amwe mu mazu yubakiwe abacitse ku icumu yatangiye gusenyukaAbacitse ku icumu rya jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 bo mu kagari ka Gisiza mu murenge wa Musasa mu karere ka Rutsiro bavuga ko bakemanga imyubakire y’amazu bubakiwe mu mudugudu wa Bweramana mu mwaka wa 2008 kuberako yatangiye gusenyuka nyamara nta gihe kinini amaze yubatswe.

Umudugudu wa Bweramana utuyemo imiryango itandukanye, muri yo hakaba harimo imiryango icyenda y’abacitse ku icumu. Amazu yubakiwe imiryango itandatu yose agaragaza ibimenyetso ko agiye gusenyuka kubera ko yatangiye kwiyasa ahereye hejuru.

Uwitwa Musabyimana Thaddée we avuga ko inzu ye yangiritse cyane ku buryo iyo haguye imvura nyinshi ahitamo kuyisiga akajya kurara mu gikoni we n’umuryango we kuko batinya ko yabagwaho.

Usibye inzu zagiye ziyasamo ibice bitandukanye, hari izindi na zo zifite inkuta ariko zitashyizweho isima ihagije ku buryo ba nyirazo bafite impungenge ko izo nkuta zishobora kugwa.

Muri uwo muduguu kandi habonekamo abacitse ku icumu bubakiwe ibikoni bishakaje amabati na yo akaba yaratangiye gusaza bitewe no kuyacanamo. Umukecuru witwa Euphrasiya Mukarwego w’imyaka 68 y’amavuko avuga ko amabati asakaye igikoni cye yatobaguritse ku buryo iyo imvura iguye amazi y’imvura amanukira mu nkono.

Mu zindi mbogamizi zogaragara muri uwo mudugudu ni uko hari abahawe inka n’ikigega gitera inkunga abacitse ku icumu batishoboye (FARG) ndetse n’abandi bazihawe muri gahunda ya girinka ariko bakaba badafite ibiraro. Hari abazihawe na FARG ngo bagombaga no kubakirwa ibiraro ariko hakaba hashize imyaka itatu bitarubakwa mu gihe hari abandi bazihawe muri gahunda ya Girinka ariko babana na zo mu nzu kubera ko ngo nta bushobozi bafite bwo kwiyubakira ibiraro.

Umwe muri abo baturage witwa Habyarimana Nyaruke yahawe inka muri gahunda ya Girinka ariko yahisemo kuyishyira mu gikoni, naho inyana yayo iherutse kubyara ayishyira mu cyumba cy’uruganiriro (Salon) bitewe n’uko ukuboko bagutemye muri jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, akaba ngo nta bushobozi afite bwo kwiyubakira ikiraro.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Gisiza, Mukesharurema Amandin avuga ko amazu y’abacitse ku icumu yubatswe ataratangira kuyobora ako kagari kuko yahageze muri 2009. Gusa ngo yagerageje gukurikirana imyubakire y’ayo mazu ku buryo akeka ko nta kunyereza ibyagombaga kuyubaka kwabayeho. Ikibazo ngo ashobora kuba ari uko yubatswe n’abaturage ndetse n’abakoraga imirimo nsimburagifungo (TIG) batari bafite ubumenyi buhagije, dore ko ngo banayubakaga vuba vuba kugira ngo bubahirize igihe ntarengwa cyo kuba barangije kubaka ayo mazu. Ikibazo cy’inzu ya Musabyimana Thaddée ngo ni cyo Mukesharurema yashyikirije inzego zimukuriye mu kwezi kwa kane k’umwaka ushize wa 2012 ariko hakaba hashize umwaka nta kirakorwa.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Musasa, Bitegetsimana Evariste na we avuga ko hari raporo bagiye babona z’amazu yubatswe nabi ku buryo bafite gahunda yo kubanza kuvugana n’abazubatse kugira ngo bisobanure kuri iyo myubakire itanoze.

Ngo barateganya ko iyi minsi ijana y’icyunamo izasiga benshi bubakiwe ibiraro, abafite amazu yangiritse agasanwa ndetse abandi batishoboye bakaremerwa binyuze mu gukusanya inkunga zitandukanye mu baturage.

 

m_Untitled

Kamonyi: Amazu 2000 yubakiwe abarokotse jenoside akeneye gusanwa

Tags: , , , , , , ,


m_Untitled Bimwe mu bibazo byugarije abarokotse jenoside, harimo icy’imiturire kuko amazu bubakiwe yatangiye kwangirika. Mu karere ka Kamonyi, hari amazu 2000 afite icyo kibazo, ku ikubitiro hakaba hagiye gusanywa 190.

Mu midugudu ituwemo n’abarokotse jenoside ya korewe abatutsi muri mata 1994, amwe mu mazu yatangiye kwangirika. Bamwe muri bene yo batangaza uko kwangirika biterwa n’uko ayo mazu yubatswe nabi, akubakishwa ibikoresho bidakomeye ndetse amwe muri yo bakayahabwa ataruzura.

Imwe mu midugudu igaragaramo ikibazo cy’amazu yubatse nabi, ni umudugudu wa Nyamugari mu murenge wa Gacurabwenge, ahari amazu yubatswe na TPIR (Urukiko mpanabyaha ku Rwanda) ndetse n’izubatswe na TIG (abakora imirimo Nsimburagifungo ifitiye igihugu akamaro).

Ayo mazu 36 ngo yubatswe mu mwaka wa 2000 no mu wa 2008, ariko uyarebye usanga ashaje cyane. Umucanga bashyizeho waromotse, isima yo hasi yavuyemo kuko bayishyize ku itaka, imvura iragwa igacengera mu musingi kuko ukozwe n’amatafari ya rukarakara.

Abandi bataka ikibazo cy’imiturire, ni abatuye mu mudugudu w’Icyizere wo mu murenge wa Musambira. Abo na bo bavuga ko amazu babamo bayubakiwe na Croix Rouge y’u Rwanda mu mwaka wa 1997, Banki Nkuru y’u Rwanda  (BNR), ikayabavugururira muri 2008; ariko amenshi muri yo ngo arava kuko bayacanamo kubera kutagira igikoni.

Bongeraho ko inkunga ya BNR yagarukiye ku kubasigira amarangi no kubaterera karabasasu ku mazu, ibyo bigatuma abayabona bibwira ko ari mazima kandi imbere yarashize.

Umuyobozi wungirije w’akarere ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Uwera Marie Alice, atangaza ko ibibazo byo gusana amazu y’abarokotse jenoside biri mu maboko ya FARG (Ikigega cya Leta gitera inkunga abacitse ku icumu batishoboye), ikaba yarabaruye amazu agera ku 2000 agomba gusanwa mu karere kose.

Ayo mazu akaba azasanwa mu byiciro, mu cya mbere FARG ikaba yarohereje amafaranga yo gusana amazu 190. Amazina y’abagomba gusanirwa akaba agenwa na FARG.

One of the genocide survivors’ accommodations

Kamonyi: 2000 houses in deplorable state to be reconstructed

Tags: , , , , , , ,


Some of the many problems and issues affecting the 1994 genocide survivors include poor or lack of accommodation. For genocide survivors in Kamonyi district, about 2000 houses need to be reconstructed with 190 houses of them to be started on as soon as possible.

One of the genocide survivors’ accommodations

One of the genocide survivors’ accommodations

In the villages where genocide survivors were settled, some of the houses are in deplorable state especially because they were built poorly without good equipment and some were given out without being completed.

Nyamugari village in Gacurabwenge sector is one of the villages with such houses in ramshackle state with houses that were built by TPIR (the International Tribunal Court) as well TIG Program.

The 36 houses were built in 2000 and others in 2008 but they are so old with eroded sand on the houses, the cement on the floor worn off, with rain shaking off the foundation of the houses.

Houses in deplorable conditions

Houses in deplorable conditions

Genocide survivors in Icyizere village in Musambira sector with the houses that were built by the Red Cross organization in 1997 are calling out for help to renovate these houses that are in a sorry state. Bank of Rwanda had renovated them in 2008 but some are in that state because they use them for cooking for lack of the kitchens.

Marie Alice Uwera the vice mayor for social affairs in Kamonyi district says the issues of renovating and reconstructing the houses for genocide survivors is the concern of FARG. About 2000 houses n the whole district need to be reconstructed by FARG and this has to be done as soon as possible.

These houses will be reconstructed in intervals and 190 houses will be reconstructed at the beginning and FARG has already sent the money for this project.

 

Uyu mukecuru ararana n’inyana n’ihene

Ruhango: Bababajwe n’uko bagiye kwibuka ku nshuro ya 19 batarabona amacumbi bemerewe

Tags: , , , , , ,


Aya mazu yatangiye kurengerwa n’ibyatsiMu gihe hirya no hino mu gihugu barimo guharanira kugirango Abacitse ku icumu bazajye kwibuka ku nshuro ya 19 bafite aho bacumbika, mu karere ka Ruhango ho hari abemerewe amacumbi none imyaka igiye kuba ibiri batarayabona.

Imiryango umunani y’Abacitse ku icumu rya jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, ituye mu murenge wa Ruhango, iravuga ko ibabazwa cyane n’uko igiye kongera kwibuka ababo bazize jenoside ku nshuro ya 19 batagira aho bacumbika,

Iyi miryango yemerewe kubakirwa amacumbi mu gihe cya mezi abiri guhera tariki ya 13/03/2012 kugeza tariki 13/05/2015.

Aya mazu yagombaga kubakwa mu mezi 2 none bimaze gufata umwaka n’igice

Aya mazu yagombaga kubakwa mu mezi 2 none bimaze gufata umwaka n’igice

Ariko ibi siko byagenze kuko ubwo twasuraga aya mazu 8 ari mutugari umunani tugize umurenge wa Ruhango, twasanze amwe yaraguye ataruzuzwa, icyakora hari izindi 3 zisa nkizuzuye ariko nazo ubona zubatse ku buryo budasobanutse ugereranyije n’agaciro k’amafaranga yagombaga gukoreshwa kuri buri nzu.

Buri nzu yari yagenewe gutwara amafaranga akabakaba muri miliyoni 2 n’ibihumbi 200, gusa iyo ubonye izuzuye usanga ntaho zihuriye n’agaciro kagenwe.

Kuko nta nzu nimwe igira igikoni, ubwiherero ndetse nazo ubwazo ukabona nta minsi zisigaje zitaragera hasi.

Inzu zitwa ko zuzuye nta misarane n’ibokoni zigira

Inzu zitwa ko zuzuye nta misarane n’ibokoni zigira

Mukangango Beata ni umwe mu bemerewe aya macumbi yubakiwe mu kagari ka Musamo, ari munzu zitwa ko zuzuye, avuga ko yabwiwe n’ubuyobozi ko agomba kwinjira munzu ye ngo ikazuzuzwa ayibamo, ndetse anategekwa gusinya ariko ntiyamenye icyo yasinyiye ngo kuko bamubwiraga ko asinyira umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari kuko adahari.

Uyu mukecuru yagize ati “ mwana wa narebye kubyanga kandi kuva narabuze abanjye sinagiraga aho mba kuko nacumbikaga, nuko ndabyemera. Ariko do singira aho ntekera, nshaka kwiherera nkabura uko mbigenza ureba uko ngana uku, iyo imvura iguye mba nziko intwarana n’iyi nzu”

Mukankundiye Veridiana we acumbikiwe mu kagari ka Buhoro, aba mu nzu y’ibyumba 2 na salon, icyumba kimwe akibanamo n’ihene n’akanyana k’inka ye, ikindi kikabamo inka nkuru naho salon ikararwamo n’abana.

Uyu mukecuru ararana n’inyana n’ihene

Uyu mukecuru ararana n’inyana n’ihene

Inzu yemerewe ntiruzura kuko Rwiyemezamirimo yayitaye igeze hagati. Uyu mukecuru avuga ko atamenya aho abariza. Icyakora ngo agerageza kubaza ku murenge bakamubwira ko Rwiyemezamirimo yataye amazu ataruzura ngo barimo kumukurikirana.

Aba babyeyi twaganiriye, bavuga ko ibi babaza cyane ariko ngo iyo icyunamo kigeze, barushaho kubabara cyane.

Ubuyobozi bw’umurenge wa Ruhango, buvuga ko iki kibazo bukizi ngo bukaba burimo gukurikirana, uyu Rwiyemezamirimo aho bwanamugejeje mu nzego z’ubugenzacyaha kugirango yuzuze amasezerano ye nk’uko bitangazwa na Nsanzimana Jean Paul umunyamabanga nshingwabikorwa w’uyu murenge.

Amizero Ntaganzwa Eric, ni rwiyemezamirimo watsindiye isoko ryo kubaka aya mazu, avuga ko impamvu yatumye atuzuza aya mazu, ngo yayapatanye mu gihe cy’imvura bituma yangirika cyane, ariko aremera ko bitazarenza ukwezi kwa Mata uyu mwaka atuzuye.

Gusa abakurikiranira hafi iyubakwa ry’aya mazu, basanga aya mazu atazapfa kuzuzwa vuba kuko rwiyemezamirimo ashigajemo amafaranga make ugereranyije n’ayo yapatanye. Aya mazu yose yagombaga gutwara amafaranga ari hejuru ya miliyoni 17 ubu akaba asigajemo miriyoni zitagera kuri 2.

Ubwo amasezerano yo kubaka aya mazu yasinywaga, hashyizweho komite y’abantu 5 bazajya bakurikirana Rwiyemezamirimo ndetse bakaba ari nabo bamusabira amafaranga bitewe n’ibikorwa, ariko ngo siko byagenze kuko uyu Rwiyemezamirimo amafaranga yagiye ayafata mu buryo butari mu maszerano.

Gusa uyu Rwiyemezamirimo, avuga ko komite yahawe nta mbaraga cyangwa ubushake yigeze igira mu byo yari yashinzwe ngo kuko bamwe byageze aho aranababura.

 

m_02

Gakenke: Utubari na resitora byari indiri z’indaya n’umutekano muke byafunzwe

Tags: , , , , , , , ,


Gakenke: Utubari  na resitora  byari indiri z’indaya  n’umutekano muke  byafunzwe

Utubari 4 twafunzwe kubera isuku nke n’umutekano muke duteza.

Utubari n’uburiro (restora)  bwo mu Kagali ka Rusagara, Umurenge wa Gakenke  twafunzwe  n’ubuyobozi mugitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 05/03/2013 nyuma yo kugaragara ko nta suku dufite kandi tugateza umutekano muke mu Mujyi wa Gakenke.

Ku nzugi z’utwo tubari, ubuyobozi bwashyizeho impapuro zivuga ko ubwo bubari bufunzwe kubera impamvu ebyiri nyamukuru ari zo isuku nke n’umutekano muke uturangwamo.

Abana bato b’abakobwa bigize indaya ndetse n’inzererezi z’abasore  ni bo bagana utwo tubari ugasanga birakurura  umutekano muke; nk’uko Murekezi Patrick, ukuriye Local Defense mu Karere washyize mu bikorwa  ifungwa ry’utwo tubari yabitangaje, Mu magambo ye, Murekezi yagize ati: “Utu tubari dufunzwe kubera umutekano muke uterwa n’indaya na mayibobo ndetse n’isuku nke ihari cyane iyo ugenzuye ubwiherero usanga nta suku ihagije ku buryo abakiriya baba bafite umutekano.”

Utwo tubari dukomatanya imirimo yo gucuruza inzoga n’amafunguro, usanga aho bategurira amafunguro harahindutse umukara n’ibyo babiteguriramo na byo ari uko ku buryo bishobora gutera abaturage indwara ziterwa n’isuku nke.

Ahagaze imbere y’umuryango  akoreramo n’agahinda mu maso, Mukanyandwi Melanie, yavuze ko icyemezo bafatiwe cyabatunguye bityo kikaba kibateza igihombo kuko hari ibintu yari yateguye gucuruza bipfa. Ariko, yiyemerera  ko akabari akoreramo kazamo indaya ziteza umutekano muke.

Inama y’umutekano yaguye yateranye mu mpera za Gashyantare  yasabye Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gakenke guhagurikira ikibazo cy’utubari twabaye indiri y’isuku nke n’indaya zihungabanya umutekano two mu Mujyi wa Gakenke.

Musanze – Ibibazo by’abacitse

Musanze – Ibibazo by’abacitse ku icumu bisigaye bigiye gukemurwa mbere y’uko icyunamo gitangira

Tags: , , , , , , ,


Musanze – Ibibazo by’abacitse

Umuyobozi w’akarere ka Musanze aravuga ko inama zose zizakorwa mbere y’uko icyunamo cy’uyu mwaka gitangira, zizibanda mu gushakira ibisubizo no kugenzura ishyirwa mubikorwa ry’imyanzuro, igamije gukemura bimwe mu bibazo byaba bisigaye, n’ubwo yemeza ko muri rusange ubuzima bw’abacitse ku icumu mu karere ayobora bumeze neza.

Ubwo hategurwaga imigendekere ya gahunda yo kwibuka ku nshuro ya 19 muri aka karere kuri uyu wa gatatu tariki 27/02/2013, hemejwe ko umunsi wo gutangiza icyunamo wa tariki 07/04/2013 uzabera ku rwibutso rwo mu murenge wa Busogo, naho umugoroba wo kwibuka ukabera kuri stade ubworoherane.

Samvura Epimaque, uhagarariye Ibuka mu karere ka Musanze, yavuze ko inama zo gutegura igikorwa cyo kwibuka zibaye kare ari ingirakamo, kuko zituma gahunda zose zijyanye no kwibuka zitungana.

Mpembyemungu Winifrida, umuyobozi w’akarere ka Musanze, avuga ko muri rusange, imibereho y’abacitse ku icumu bo mu karere ka Musanze imeze neza, yongeraho ko inama zose zizakorwa mbere y’uko icyunamo gitangira zizajya zinakemura bimwe mu bibazo byabo bisigaye.

Muri iyi nama kandi, haganiriwe ku bijyanye n’imikoreshereze y’inkunga yakusanyijwe mu cyunamo cy’umwaka ushize, umugoroba wo kwibuka n’aho uzabera, gahunda z’ibiganiro n’aho bizajya bibera, no gushyiraho itsinda ritegura ibizakenerwa maze bikagezwa ku mirenga bizaberamo mbere, nizo ngingo nyamukuru zaganiriweho.

 

 

Ngororero: Abayobozi b’inzego z’ibanze bihanangirijwe kutongera kwishyuza amafaranga y’ubwisungane kungufu

Ngororero: Abayobozi b’inzego z’ibanze bihanangirijwe kutongera kwishyuza amafaranga y’ubwisungane kungufu

Tags: , , , , , , ,


Munama yahuje guverineri w’intara y’Iburengerazuba Kabahizi Celestin, abaturage n’abayobozi bo mu murenge wa Ngororero mu karere ka Ngororero, guverineri Kabahizi yihanangirije abayobozi b’inzego z’ibanze kutongera kwishyuza amafaranga ya MUSA (Mutuelle de Sante), hakoreshejwe ingufu zidateganywa n’amategeko.

 

Ngororero: Abayobozi b’inzego z’ibanze bihanangirijwe kutongera kwishyuza amafaranga y’ubwisungane kungufu


Guverineri kabahizi yihanangirije abayobozi kudahutaza abaturage

Muri iyo nama abaturage bo mu murenge wa Ngororero bafashe ijambo maze babwira umuyobozi w’intara ko abayobozi babo baza kubaka amafaranga y’ubwisungane mukwivuza bayabura cyangwa basanze ba nyir’urugo badahari bagatwara amatungo yabo kubayafite.

Abenshi muri abo baturage bavuga ko bafiriwe amatungo ngo ntiyari ayabo ahubwo ni ayo baragijwe, kuburyo banyirayo bajya kuyagombora batanze amafaranga ngo yitwa ay’umushumba, kandi batarabaragije.

Guverineri kabahizi akaba yabwiye abayobozi b’akarere n’abandi bakorana munzego zo hasi ko ibyo bitemewe, hakaba hagomba gukoreshwa uburyo buteganywa n’itegeko rigenda ubwisungane mukwivuza.

Abayobozi bo mumirenge, utugari n’imidugudu nabo bakaba bagaragaza impungenge z’uko hari abaturage banga gutanga amafaranga kubushake ndetse hakaba n’abagandisha abandi muri iyo gahunda. Umuyobozi w’Intara y’Iburengerazuba akaba yasabye abo bayobozi kwifashisha amategeko, asaba n’abaturage kwishyura ubwisungane mukwivuza kuko aribo bifitiye inyungu.

 

 

Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

Advertisement

jaguar cars jaguar, jeep, kia