Tag Archive | "Rwanda protection"

01

Abanyarwanda barasabwa kurya bazigama

Tags: , , , , , , ,


Mu rwego rwo kwizihiza ku nshuro ya 41 ku rwego rw’Isi n’inshuro ya 20 mu Rwanda kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe kwita kubidukikije uba ku wa 5 Kamena buri mwaka, abanyarwanda barasabwa kwihaza mubiribwa ariko bakanibuka kuzigama.

Nkuko insanganyamatsiko y’uyu mwaka ivuga ngo “tekereza, rya unazirikana kuzigama”, abanyarwanda baragaragarizwa ko gusesagura ibiribwa byangiza umutungo bitaretse ibidukikije akaba ariyo mpamvu basabwa gutekereza kucyabatunga ariko banazigama.

 Mubiganiro bitangwa muri iki cyumweru cyahariwe kwita kubidukikije, abakozi b’ikigo cy’igihugu cyita kubidukikije REMA baribanda kubantu baba ahantu hamwe ari benshi cyangwa ahatangirwa serivisi z’ibiribwa nko mubigo by’amashuli, amaresitora na za hoteri n’ahandi.

Mukiganiro yagiranye n’abanyeshuli bo ku ishuri rya CIC Muramba (Complementalité Intelligence Courage) kuri uyu wa mbere,tariki 3/6/2013 Bimenyimana Remy, umukozi wa REMA mu karere ka Ngororero yakanguriye abanyeshuli gufasha ababyeyi babo kudasesagura.

Abanyarwanda barasabwa kurya bazigama

Hari abateka ibiryo bakabimena bitariwe

Bimwe mubibazo abahawe ikiganiro bagaragaje ni uko muri rusange kugira ngo abaturage bihaze mubiribwa bisaba ko ibidukikije bihangirikira. Mugihe abenshi bumva kwihaza mubiribwa nko guhinga byinshi kandi kubutaka bugali bukiri bukeya mu Rwanda, Bimenyimana avuga ko atari ngombwa ko buri munyarwanda ahinga kugira ngo yihaze mubiribwa, ahubwo ashobora no gukora indi mirimo maze ibiribwa akabigura ku isoko.

Uretse kwihaza mubiribwa birinda gusesagura, abaturage baranasabwa gukomeza kwita kumigezi n’amashyamba ndetse babungabunga ubutaka bwabo dore ko akarere ka Ngororero kagizwe n’imisozi yoroshye ikunze gutwarwa n’inkangu ikanatwara ubutaka buhingwa n’abaturage.

Nyabihu: Abaturage barasabwa kugira ibyabo, ibikorwa byo gukumira Ibiza,kurengera ibidukikije no kurwanya isuri hirindwa ingaruka byateza

Nyabihu: Abaturage barasabwa kugira ibyabo, ibikorwa byo gukumira Ibiza,kurengera ibidukikije no kurwanya isuri hirindwa ingaruka byateza

Tags: , , , , , , , ,


Nyabihu: Abaturage barasabwa kugira ibyabo, ibikorwa byo gukumira Ibiza,kurengera ibidukikije no kurwanya isuri hirindwa ingaruka byatezaInkangu n’ibiza bikunze kwibasira akarere ka Nyabihu,mu kubikumira abaturage bakaba basabwa gufata iya mbere no kubigira ibyabo

Akarere ka Nyabihu ni akarere k’imisozi miremire kakaba kagizwe n’imirenge 12, harimo imirenge 8 igizwe n’imisozi ihanamye kandi  irangwa n’ubutaka  bworoshye.

Ibi bituma mu gihe cy’imvura nyinshi,byoroshye ko iyi mirenge ibamo isuri n’inkangu ku buryo byibasira ibikorwa by’abaturage birimo amazu, imyaka, amatungo ndetse na bamwe mu  baturage ubwabo bakaba bahasiga ubuzima . Ingaruka z’ibiza kandi zikaba zigera no ku bikorwa remezo nk’imihanda.

Uretse imirenge 8 igizwe n’ubutaka bworoshye,aka karere karacyafite n’imirenge 4,yo mu gice cy’amakoro, nayo ikunze kuba yakwibasirwa n’ibiza, kuko amazi amanuka muri iyo misozi ashobora kwangiza ibyo ahura nabyo.

Bitewe n’imiterere y’akarere ka Nyabihu,biroroshye ko kakwibasirwa n’ibiza. Umuyobozi w’akarere ka Nyabihu Twahirwa Abdoulatif,tumubajije ingamba bafata ngo bakumire ibi biza,yadutangarije ko hafashwe ingamba nyinshi kandi buri muturage akaba asabwa kubigira ibye ku buryo ingaruka ziterwa n’ibi biza zagabanuka nabyo bikagabanuka.

 Zimwe mu ngamba zafashwe n’akarere,abaturage nabo basabwa kugira izabo ni ibikorwa byokurengera ibidukikije no kurwanya isuri hirya no hino mu mirenge igize aka karere. Gutera ibiti,gucukura ibyobo bifata amazi,gufata amazi ku mazu yabo,gucukura imirwanyasuri no kurwanya isuri mu mirima yabo,kubungabunga ibiti n’ibindi bidukikije by’umwihariko zikaba ari zimwe mu ngamba zafashwe.

Uretse izo ngamba,abaturage bakaba basabwa kwirinda gutura mu duce dukunze kwibasirwa n’ibiza”high risk zone”ndetse n’abatuye ahakunze kwibasirwa bakimuka. Kugeza ubu abagera kuri 300 bakaba bamaze kwimurwa,ariko hakaba hakiri abasaga 680 bakeneye kwimurwa nk’uko Twahirwa Abdoulatif,mayor w’aka karere  yabidutangarije.

Buri muturage w’akarere ka Nyabihu,akaba ashishikarizwa kugira ingamba zafashwe ize no guharanira gufata iya mbere mu guhangana n’ingaruka ziterwa n’ibiza no kugabanya ubukana bwabyo nk’uko umuyobozi w’akarere ka Nyabihu yabigarutseho.

m_01

Ngororero: Barasabwa kwihutira gushyira imirindankuba kumazu yabo

Tags: , , , , , , , , ,


Ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero burasaba abatuye ako karere cyane cyane abafite amazu n’ibigo bihuriramo abantu benshi kwihutisha gahunda yo gushyira imirindankuba kumazu yabo.

Ibyo kwihutisha iyi gahunda bikaba bije nyuma y’uko byagaragaye ko mu Rwanda inkuba zisigaye zihitana abantu zikangiza n’ibintu cyane cyane mugihe cy’imvura nyinshi, ndetse Ngororero ikaba ifite ibiti n’amashyamba byinshi nabyo biri mubikurura inkuba.

Umuyobozi wungirije ushinzwe ubukungu mu karere ka Ngororero bwana Mazimpaka Emmanuel akaba asaba abaturage cyane cyane abafite amazu n’ibigo bihuriramo abantu benshi, nk’ibigo by’amashuli, amadini n’amatorero, amasoko, inyubako za leta nk’ibiro n’abandi kuba intangarugero muri icyo gikorwa bakirinda impanuka zaturuka kunkuba.

Ngororero: Barasabwa kwihutira gushyira imirindankuba kumazu yabo

Bamwe ntiborohewe n’ibiciro by’imirindankuba

 Nyuma y’uko abaturage bamenyeshejwe ko ibiciro by’iyo mirindankuba biri hagati y’amafaranga ibihumbi 50 n’ibihumbi 200, bamwe mubari bishimiye icyo gikorwa basanga ntabantu kugiti cyabo bashobora kuyigura.

Nkuko bamwe mubo twaganiriye ku ishyirwa mubikorwa ry’icyo cyemezo babidutangarije, ngo amikoro make ariho muri iki gihe ntiyemerera benshi kurekura amafaranga nk’ayo. Hakizimana Jean Pierre, umwe mubo twaganiriye akaba avuga ko ibiciro bamenyeshejwe bisa n’aho byagenewe abifite n’ibigo bikomeye, ariko ntihatekerezwe kubaturage kandi nabo bahura n’ingaruka ziterwa n’inkuba.

Icyakora, ngo ibiciro by’imirindankuba bigabanyijwe bigashyirwa hagati y’amafaranga ibihumbi 10 na 20, abenshi bayikoresha kandi byafasha mukwirinda.

Amategura ngo ari mubyangiza ibidukikije

Ruhango: Abaturage ngo bamaze kumenya ko gusakaza amategura byangiza ibidukikije

Tags: , , , , , , ,


Amategura ngo ari mubyangiza ibidukikije

Amategura ngo ari mubyangiza ibidukikije

Akarere ka Ruhango, kari mu turere tugaragaramo inyubako zishakaje amategura, abaturage bavuga ko impamvu bitabiriye cyane gusakaza amategura kuko yabaga ahendutse ugereranyije n’amabati.

Icyakora kuri ubu, aba baturage ngo ntibakitabira gusakaza amategura ahubwo ubu ngo bashishikajwe no gusakaza amabati, kuko amategura batakemererwa kuyakoresha kuko ngo ari mubyangiza ibidukikije.

Habimana Samson ni umusaza utuye mu murenge wa Byimana mu karere ka Ruhango, avuga ko mbere amategura bayubakishaga kuko ariyo yabahendukiraga ariko ubu ngo amabati niyo asigaye ahendutse kurusha amategura kuko ibirombe by’amategura bitagikunze kubaho.

Mu gushaka kumenya itandukaniro riri hagati yo gusakaza amabati n’amategura, twegereye umwe mu nzobere z’ibijyanye n’ubwubatsi Gatsinzi Mark umaze imyaka isaga 30 muri uyu mwuga.

Gatsinzi akavuga ko icyiza cyo gusakaza amabati ngo ni uko amabati atagira uburemere ku gisenge cy’inzu. Kuko ngo akenshi amategura akunze kuremerera inzu igatangira gusaduka bityo bikayiviramo gusenyuka.

Gusa abaturage ngo nubwo bamaze kumenya ibibazo by’amategura, ngo ababera meza kuko yo igihe cyose ushobora no kuyimukana.

Kuba amategura ari mu byangiza ibidukikije, bikunze kugaragara mu gihe cyo kuyatwika, akaba arinayo mpamvu byagiye bihagarikwa bigakorwa mu buryo bujyanye n’igihe.

 

Hari abacukura imyobo mito cyane bita iyo kwikiza abayobozi

Ngororero: Abaturage barasabwa gufata amazi aturuka kumazu yabo n’ayangiza ubutaka

Tags: , , , , , ,


Kugirango abatuye akarere ka Ngororero barwanye ibiza bituruka kumazi y’imvura asenya amazu cyangwa akangiza imyaka, abaturage barasabwa kwitabira gahunda yo gufata amazi aturuka mungo zabo no gusibura imirwanyasuri aho yasibamye.

Nubwo hari gahunda rusange zo kurwanya amazi yangiza ubutaka zakozwe binyuze mumiganda, mubikorwa by’imirimo nsimburagifungo ifitiye igihugu akamaro no muri gahunda za VUP, haracyari abaturage benshi batitabiriye kurwanya isuri no gufata amazi mungo zabo, bityo bikaba bishobora guteza impanuka.

Hari abacukura imyobo mito cyane bita iyo kwikiza abayobozi

Hari abacukura imyobo mito cyane bita iyo kwikiza abayobozi

Kuri ubu, abajyanama mubyubuhinzi mu karere ka Ngororero bakaba barimo gukangurira abaturage kwitegura guhangana n’amazi y’imvura ishobora kuzaba nyinshi mugihe cy’itumba, bacukura imiringoti n’ibyobo bifata amazi.

Icyakora, hari bamwe mubitabiriye iyo gahunda ariko bakavuga ko bagenzi babo baturanye batabikurikije bakibateza amazi bityo bagasaba ko nabo bafata amazi yabo.

Mugihe cy’imvura nyinshi, mu karere ka Ngororero hakunze kugaragara itenguka ry’imisozi n’amazu cyane cyane bitewe nimiterere y’ubutaka bwaho ndetse n’imisozi ihanamye bityo abaturage bakaba bagomba kwitegura kubirwanya hakiri kare,

 

 

 

Bumwe muburyo bugezweho bwo gusakara inzu igahangana n’imiyaga

Hacyenewe ingamba zo guhangana n’ibiza biterwa n’imvura

Tags: , , , , , ,


Bumwe muburyo bugezweho bwo gusakara inzu igahangana n imiyaga

Bumwe muburyo bugezweho bwo gusakara inzu igahangana n imiyaga

Ikibazo cy’ibiza biterwa n’imvura mu karere k Rubavu itera Ibiza bimaze kuba akabi kamenyerwa kuko iyo iguye abaturage batangira kugira impungenge ko hari abo iri busenyere.

 

Kuva uku kwezi kwa Werurwe kwatangira amazu icumi mu mirenge itandukanye igize akarere ka Rubavu amaze kwangirika bitewe n’imvura igwa muri aka karere, ahenshi bagasenyerwa n’umuyaga uherekeje iyo mvura.

 

Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu mu kwezi kwa Gashyantare, 2013 bwari bwatangaje icyizere ko Ibiza bizagabanuka kuko ahari hatuye abaturage babangamiwe n’ibiza bashoboye kwimurwa, abo akaba ari abaturage bari baturiye uruganda rwa Bralirwa bashoboye kwimurwa bakajyanwa Kanembwe hamwe n’abari baturiye umugezi wa Sebeya nabo bashoboye gufashwa kwimuka bakajya gutura kure y’uyu mugezi.

 

Kuva imvura yakongera kugwa igasenyera imiryango igera ku icumu, umuyobozi w’akarere ka Rubavu wungirije ushinzwe imibereho myiza  y’abaturage Rusine Rachel avuga ko abaturage batagomba kwirara ahubwo bagomba gukomeza ingamba zo guhangana n’ibiza zirimo gufata amazi ava ku mazu kuko agira ingaruka mu gusenya.

 

Imvura iheruka kugwa igasenyera abaturage ni mu mirenge ya Gisenyi mu mudugudu wa Mbugangari ahasenyutse inzu 7, umurenge wa Rubavu hamaze gusenyuka amazu abiri harimo n’ishuri ryasakambutse kubera umuyaga.

 

Ahenshi, amazu asenyuka bigaterwa n’uburyo yubatse ariko abaturage bagasabwa kwirinda ko amazi abasenyera nkuko bagombye kwitondera imyubakire bazirika ibisenge kugira ngo bidatwarwa n’imiyaga. Akarere ka Rubavu kari mu turere duhura cyane n’umuyaga hakaba haraje uburyo bwo guhangana n’imiyaga bubaka ibisenge biri hejuru cyane bigahangana n’umuyaga.

Nubwo abaturage basabwa gufata ingamba zo guhangana n’imyubakire kuko henshi abaturage batuye ahantu hahanamye bashobora guterwa n’imiyaga k’uburyo bworoshye, ahandi hagatwarwa n’inkangu kuko hahanamye kandi hari ubutaka bworoshye bijyanye n’igitaka bubakisha, benshi mubaturage bubaka bakaba batita kureba ingaruka bagira bitewe n’aho bubaka ahubwo bakubaka bashaka kugira inzu gusa.

 

m_01

Rubavu: abaturage barashishikarizwa gufata amazi yo kumazu mu kurwanya isuri

Tags: , , , , , ,


Rubavu:  abaturage barashishikarizwa gufata amazi yo kumazu mu kurwanya isuriIkibazo cy’amazi ava ku nzu mu karere ka Rubavu kiragenda cyiyongera mu gihe inzego z’ubuyobozi zishishikariza abaturage gufata ayo mazi mu kurwanya Ibiza no kwita kubidukikije ariko ngo biri no mu rwego rwo kwizigamira.

Mu nama Guverineri w’intara y’uburengerazuba yagiranye n’ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu mu kwezi kwa nzeri 2012 yari yasabye ko ubuyobozi bugomba gushishikariza abaturage gufata amazi ava ku mazu kuko agira uruhare mukongera Ibiza kandi hari uburyo bwo kuyafata akaba yanakoreshwa.

Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu bwari bwatangaje ko hari umushinga buri gukorana na Fina banki uzatuma abaturage bashobora kubona ibigega by’amazi bityo kuyafata bikihuta, ariko henshi mu baturage bavuga ko kubona imireko ikomeye hamwe n’ibigega bihenda ndetse na gahunda yo kubona inguzanyo kugira ngo babigure batayimenyeshejwe.

Umwe mubo twaganiriye bavuga ko ahereye kumvura igwa mu karere ka Rubavu ikigega gishoboka kitajya munsi y’ibihumbi 120 kandi ngo kugira ngo azashobore kuyabona biragoye mu gihe afite izindi nshingano zo gukora mu rugo.

Umukozi wa REMA mu karere ka Rubavu Mfitumukiza jean de Dieu avuga ko hakwiye gukorwa ubuvugizi hagakorwa ibigega abaturage bashobora kugira ubushobozi bwo kugura, nkuko abaturage bakwiye gushishikarizwa gufata amazi kuko bitanga ingaruka nziza.

Umuyobozi w’akarere ushinzwe ubukungu n’iterambere mu karere ka Rubavu Buntu Ezechiel avuga ko abaturage bakwiye kumva ko gutega amazi ari inyungu kuribo kuko bigabanya gusenya ndetse ngo biri  no mu kwizigamira kuko abagura amazi ntibongera kuyagura uko bisanzwe, uretse ko avuga ko byafasha ubuyobozi guhangana n’ibiza biterwa n’amazi cyane cyane mu mujyi kuko yangiza n’ibikorwa remezo nk’imihanda.

Bitagenyijwe ko taliki ya 7/3/2013 mu karere ka Rubavu hazatangizwa igikorwa cyo kubungabunga ibidukikije hagamijwe guhangana n’ibiza, gufata amazi ava ku nzu bikaba imwe mubizitabwaho.

 

 

m_Nyabihu Hateguwe icyumweru

Rwanda | Nyabihu: Hateguwe icyumweru cyo kurwanya ingaruka ziterwa n’ibiza

Tags: , , , , ,


m_Nyabihu Hateguwe icyumweru

Mu mezi ya Mata na Gicurasi akarare ka Nyabihu,kibasiwe cyane n’ibiza ndetse binagira ingaruka nyinshi zirimo imfu z’abantu,abasizwe iheruheru nabyo,amazu yasenyutse n’ibindi. Ni muri urwo rwego hateguwe gahunda zidasanzwe zirimo kurwanya ingaruka ziterwa n’ibiza muri aka karere,harimo n’icyumweru cyo kurwanya ingaruka z’ibiza

Akarere ka Nyabihu ni kamwe mu turere twagezweho n’ingaruka ziterwa n’ibiza nyinshi mu Rwanda. Mu rwego rwo guhangana n’izi ngaruka ziterwa n’ibiza aka karere kakaba karihaye igihe kigera ku mezi atatu mu rwego rwo gukora ibikorwa bitandukanye mu kurwanya Ibiza hirya no hino mu duce tukagize. By’umwihariko,kuva kuwa 05/10/2012 kugeza kuwa 12/10/2012 kikaba ari icyumweru cyahariwe kurwanya ingaruka ziterwa n’ibiza muri aka karere nk’uko Mukaminani Angela,umuyobozi wungirije ushinzwe ubukungu yabidutangarije.

Muri iki cyumweru kigiye kuzasozwa kuri uyu wa 12/10/2012, bimwe mu bikorwa byibazweho gukorwa akaba ari ugucukura imirwanyasuri aho itari,gucukura ibyobo bifata amazi,gutera ibyatsi bifata ubutaka,kubungabunga imigezi n’inkengero zayo,gushishikariza abaturage kwitabira ibi bikorwa n’ibindi. Ibi tukaba twabitangarijwe na Mukaminani Angela,mu gikorwa cyo kurwanya isuri no kubungabunga inkengero z’imigezi cyabaye kuri uyu wa 08/09/2012 mu murenge wa Muringa.

Abaturage bashishikarizwa kwita ku bikorwa byo kurwanya isuri mu rwego rwo guhangana n’ingaruka zaterwa n’ibiza. Bimwe mu bikorwa byibandwaho hakaba harimo gucukura imirwanyasuri aho itari,ibyobo bifata amazi,gutera ibyatsi bifata ubutaka n’ibindi

Mu rwego rwo kurwanya by’umwihariko ingaruka ziterwa n’ibiza nka gahunda ikorwa mu gihugu hose,abaturage bakaba bashishikarizwa kurwanya isuri aho batuye,mu mirima yabo,ku mazu yabo n’ahandi. Bakirinda kuvogera inkengero z’imigezi basiga m 10 ziteganywa n’itegeko ku nkengero z’umugezi,hakaba ibimera by’umwimerere mu rwego rwo kubungabunga uwo mugezi.

Ibindi byibanzweho akaba ari ukubungabunga ibidukikije no kurwanya isuri ahahoze ishyamba rya Gishwati,aho hakozwe amaterasi ndinganire akoreshwa mu buhinzi nayo yafashije mu kurwanya isuri. Aho yakozwe n’umushinga uyakora,abaturage bakaba basabwa kuyafata neza no kuyitaho bayarwanyaho isuri kugira ngo abagirire akamaro. Uretse amaterasi yakozwe akoreshwa mu buhinzi,muri aka gace ka Gishwati kandi hanaterwa ibiti mu nzuri ndetse n’ahagenewe guterwa amashyamba,ibikorwa bikorwa n’umushinga PAREF utera ibiti muri Gishwati.

Agace ka Gishwati kakaba karashyizwemo umwihariko nk’agace kakunze kwibasirwa n’ibiza ndetse n’isuri ikabije igahitana ibintu,amatungo n’abantu. Aka gace kakaba karagabanijwemo ibice 3 kugira ngo karusheho kubungabungwa n’ikibazo cy’isuri gikemuke. Mu Gishwati hakaba harimo igice cyagenewe amashyamba,aho kizaterwamo ishyamba mu rwego rwo kuzahura ishyamba rya Gishwati.

Hakaba kandi igice cyagenewe ubuhinzi ahakozwe amaterasi ndinganire akoreshwa mu buhinzi,agafasha abaturage mu buhinzi bw’ibirayi n’ibigori. Uretse ibi bice,hanakozwe igice cya 3 kirimo inzuri,aho aborozi bororera. Abakora iyi mirimo yose mu bice 3 byagabanijwe ahahoze ishyamba rya Gishwati bakaba basabwa kubungabunga aho bayikorera,baharinda isuri n’ingaruka zayo. Abaturage bakaba basabwa uruhare rukomeye.

Kuba mu karere ka Nyabihu harakozwe gahunda zigiye zidasanzwe mu kurwanya Ibiza n’ingaruka zabyo biterwa n’uko muri aka gace hagiye hagaragara ingaruka zikomeye z’ibiza. Zimwe muri zo hakaba harimo imfu z’abantu,aho abantu bagera kuri 13 bahitanywe n’ibiza muri uyu mwaka,amazu 598 agasenyuka,andi 738 akaba yugarijwe naho ha 611.4 z’imyaka zitwarwa n’isuri. Abaturage bagera ku 2475 bakaba barasizwe iheruheru n’ibi biza muri aka karere. Umurenge wa Jomba ukaba ari umurenge wa mbere mu kugira ingaruka ziterwa n’ibiza muri aka karere.

 

 

Rwanda | Kamonyi: Ubukene n’ubujiji nibyo bituma abana bishora mu mirimo ivunanye

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,


Ubushakashatsi bwakozwe n’umuryango w’iterambere ry’Abaholandi SNV mu mwaka ushize wa 2011, bwagaragaje ko mu Rwanda hakigaragara abana bakoreshwa imirimo y’ingufu cyane cyane ahacukurwa amabuye y’agaciro n’ahahingwa icyayi.

Mu mahugurwa yabereye ku cyicaro cy’Akarere ka Kamonyi tariki 4/4/2012, yahuje abikorera bo mu karere ka Kamonyi, akaba yateguwe ku bufatanye bw’umuryango ushinzwe ubuvugizi no kongera ubushobozi bw’inzego CADEA n’abafatanyabikorwa barimo SNV  FAWE Rwanda, abakoresha basabwe kujya bashishoza ku myaka y’umukozi mbere yo kumuha akazi.

Nk’uko umukozi  w’umuryango SNV, Musengimana Sylvestre, abitangaza , ngo ubushakashatsi bwakozwe na SNV bwagaragaje ko abana bakoreshwa cyane mu mirimo yo mu bucukuzi bw’amabuye, mu buhinzi ndetse no mu ngo, bitewe n’ibibazo by’ubukene baba bareba mu miryango yabo.

Ibyo ngo akaba aribyo byatumye imiryango irengera abana yishyira hamwe ngo iki kibazo cy’imirimo mibi ikoreshwa abana, ikababuza kugana ishuri, ikumirwe.

Abitabiriye ayo mahugurwa, bagera kuri 50 biganjemo abafite amasosiyeti acukura amabuye mu karere ka Kamonyi, bemeza ko hari abagikoresha abana bitewe n’ubukene ndetse n’imyumvire iri hasi y’ababyeyi b’abo bana. Ikindi ngo gukoresha abana bato ntibbagora kandi ntibanabahenda.

Tumwine Venant umugenzuzi w’ umurimo mu Karere na we wari witabiriye ayo mahugurwa, yibukije ko hari abakoresha bamwe bakoresha abana nkana bakirengagiza amategeko, mu rwego rwo kurengera inyungu zabo, ugasanga abana barakora mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro, mu bikorwa byo guhanga imihanda n’ibindi bikomeye; kuko akenshi abana banabahemba amafaranga bishakiye.

Yifashishije itegeko yasabye abitabiriye amahugurwa gukomeza ubukangurambaga, abakoresha bakajya bagenzura iteka imyaka y’abo bagiye gukoresha mbere yuko bagirana na bo amasezerano y’akazi, cyane ko bitemewe guha akazi umuntu utarageza ku myaka 18.

Iteka rya Minisitiri ryo mu kwezi kwa 6/2010 rishyiraho urutonde rw’imirimo itagenewe gukoresha abana. Muri iyo mirimo harimo kubakoresha ubucakara ubwo aribwo bwose, kubasimbuza abantu bakuru mu mirimo y’agahato, kubakoresha umwuga w’uburaya ndetse no gucuruza no gukora ibiyobyabwenge.


 

Rwanda Ruramira Abaturage bagiye gutera

Rwanda | Ruramira: Abaturage bagiye gutera ibiti ku bwinshi bagabanya umuyaga ushobora kongera kwibasira amazu ya bo

Tags: , , , , , , , , , , , , , , ,


Rwanda Ruramira Abaturage bagiye gutera

Abaturage bo mu tugari twa Buhoro n’Agasharu bavuga ko bagiye gutera ibiti ku bwinshi imbere y’amazu yabo, kugirango bizajye bigabanya umuyaga ushobora kongera kwibasira amazu ya bo. Iki cyemezo bagifashe nyuma y’uko imvura ivanze n’umuyaga bibasenyeye amazu ndetse na hegitari zigera kuri 23 z’urutoki rw’abo baturage zikahangirikira.

Abo baturage babwiye abakozi ba minisiteri y’imicungire y’ibiza n’impunzi babasuye ku itariki 28/3/2012 ko bagiye gukaza umurego mu kongera ibiti byinshi aho bitari, dore ko menshi mu mazu yasenyutse asa n’ari ku gasozi ku buryo nta biti bihari byatangira umuyaga.

Bavuga ko kuba amazu yabo yarasenyutse mu cyumweru gishize byabaye nko kubahwitura kugira ngo bakore ibyo batahaga agaciro.

“Ubundi umuntu yibuka gukinga ari uko yibwe. Natwe rero ntitwanatekerezaga ko hari umuyaga ushobora kuza ukadusenyera bene aka kageni…ubwo tumenye ko umuyaga ubugiramo uruhare, tugiye kuwuhagurukira byanze bikunze” uku niko umwe muri abo baturage yabisobanuye.

Umukozi wa minisiteri y’imicungire y’ibiza n’impunzi. Ntaribi Theogene, yavuze ko minisiteri y’imicungire n’ibiza ifite amabwiriza y’uko abaturage muri buri ntara bajya bubaka hakurikijwe imiterere y’intara batuyemo.

Yagize ati “Hari nk’ahantu usanga hakunze kuba inkangu, cyangwa kakaba ari agace karangwamo umuyaga ukomeye cyangwa se ibindi biza bitewe n’agace. Ayo mabwiriza asaba ko mu gihe umuntu yubaka ahantu agomba kubanza kwiga ibyo byose kugira ngo yubake inzu ishobora kubyihanganira”

Minisiteri y’imicungire y’ibiza n’impunzi ku ikubitiro yatabaye abo baturage ibaha amabati yo gusakara kuko amazu amwe ibisenge byayo byari byagurutse. Mu turere twa Kayonza na Rwamagana, iyi minisiteri yatanze amabati agera ku 3253 ku bantu bari basenyewe n’imvura n’umuyaga.

Abaturage bahawe ayo mabati bavuga ko bayishimiye cyane ndetse “binarushaho gutuma bongerera icyizere leta kuko babonye ko izirikana abaturage bayo” nk’uko babyivugiye.

 

 

 


Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

Advertisement

jaguar cars jaguar, jeep, kia