Tag Archive | "Rwanda reconciliation"

GISAGARA NTA BWIYUNGE BWAGERWAHO

Rwanda | GISAGARA: NTA BWIYUNGE BWAGERWAHO ABANTU BATABANJE KWISHYIRA HAMWE

Tags: , , , ,


Mu cyumweru cyahariwe ubumwe n’ubwiyunge kimaze gusozwa, abaturage b’akarere ka Gisagara bahawe inyigisho nyinshi zitandukanye, ariko icyagarutsweho bongeye gusobanurirwa ni uko nta bwiyunge bushoboka abantu batishyize hamwe, ngo abagize nabi n’abagiriwe nabi bagire umwanya wo guhura baganire, habeho gusaba imbabazi no kuzihabwa.

GISAGARA NTA BWIYUNGE BWAGERWAHOUmuryango International Alert, umufatanyabikorwa muri aka karere ka Gisagara ukaba ufasha abaturage mu bikorwa by’ubumwe, urongera guhamagarira abaturage kwishyira hamwe, bitari gusa kugirango bagere ku bumwe n’ubwiyunge ahubwo kuko hejuru y ‘icyo bazanafatanya mu bikorwa bigamije kubateza imbere.

Umuyobozi wa Internatonal Alert mu Rwanda no mu Burundi madamu BAZIGAGA, arongera kwibutsa abaturage ba Gisagara ko igihe cyose umuntu adafite icyo akora, akabaho azerera gusa ari bwo azanabona umwanya w’amacakubiri, ariko ngo abantu bishyize hamwe bagashakisha icyo bakora baboneraho kurenga ibibazo iki gihugu cyagize bakabona agaciro ko kubana ko biruta guhora bacanamo. Icyo rero basabwa ni ukwishyirahamwe abahemutse bakemera amakosa yabo kandi bagasaba imbabazi, abahemukiwe nabo  bakagerageza kubirenga bakababarira n’ubwo bitoroha.

Uyu muryango International Alert, ufasha abaturage binyuze mu matsinda y’ubumwe n’ubwiyunge, uranakomeza gusaba abaturage bo muri aka karere, kuyagana kuko hari byinshi bungukiramo birimo kuruhuka ku mutima binyuze mu biganiro bahabwa, ndetse no muri gahunda zo kwiteza imbere barafashwa kuko bigishwa gukora imishinga mito mito ibafasha kuzamuka.

Ubuyobozi bw’aka karere ka Gisagara nabwo bwunga mu ry’uyu muryango, buvuga ko ari ngombwa ko abaturage bazamuka bakarenga amateka mabi yaranze iki gihugu, bakababarirana ndetse bakanagerageza gukorera hamwe kugirango bashakishe ibibateza imbere.

Bwana Leandre KAREKEZI umuyobozi w’aka karere aragira ati “Birakwiye ko turenga amateka mabi yaranze iki gihugu, ntiduheranwe n’agahinda n’urwango, ahubwo dukwiye kwiyunga, tugashyirahamwe, tukubaka, kandi tugaharanira kwiteza imbere tubinyujije mu mashyirahamwe atandukanye”.

Akarere ka Gisagara kari mu turere twabayemo ubwicanyi bukabije mu gihe cya Jenoside, ari nayo mpamvu abaturage bako uyu munsi bahamagarirwa cyane gushyira hamwe, no kutareka hari uwakongera kubacamo ibice.

 

 

Rwanda : Ngororero Koperative Imyumviremyiza

Rwanda | Ngororero: Koperative Imyumviremyiza irashimirwa intambwe yateye mubumwe n’ubwiyunge

Tags: , , , , , ,


Iyi koperative igamije kugera ku bumwe n’ubwiyunge yo mu karere ka Ngororero ihuje abacitse ku icumu rya jenoside, abakoze jenoside bakirega maze bakemera icyaha hamwe n’ingabo zavuye ku rugerero ndetse n’abandi baturage.

Kuri ubu, iyi koperative igizwe n’abantu 74 ikaba ari icyitegererezo mu kunga abaturage no komora ibikomere bafite, bitewe ahanini n’amateka mabi yaranze u Rwanda. Kwishyirahamwe kwabo bikaba byaratumye babasha kumvikana ku bintu byatumaga barebana nabi.

Rwanda : Ngororero Koperative Imyumviremyiza

Nsanzamahoro john, perezida wa Koperative Imyumviremyiza

Kuri ubu, muri iyo koperative abarezwe kwangiza imitungo bose bakaba bararangije kwishyura ibyo bangije, ndetse bakaba bafatanya mu koroza abakennye no kubakira abatagira aho baba. Mu bikorwa byabo bakaba banakora imirimo ibyara inyungu nk’ubworozi bw’amafi ndetse n’ubuhinzi bwa kawa aho nabyo babikora ku rwego rushimishije.

Nsanzamahoro John, perezida wa Koperative imyumviremyiza avuga ko igitekerezo cyo kwishyirahamwe cyaturutse ku mupolisi wakoreraga muri ako karere bitaga Binombe mu mwaka wa 2005. Ubu, ibibazo by’ingutu babanyamuryango bari bafite bikaba byarakemutse, hakaba hatahiwe kugeza ibikorwa byabo no kubandi baturage batarabagana.

Umwe mubanyamuryango w’iyo koperative witwa Muhawenimana Claudette, yadutangarije ko yabashije kwiyakira kubera ko umugabo we yakoze jenoside, akaba atari yorohewe no kwishyura ibyangijwe n’umugabo we utakiriho ariko bagenzi be bo muri koperative bakaba baramufashije kwishyura.

Ibyishimo by’uyu mugore akaba abihuriyeho n’uwitwa Nyiragwaneza we warokotse jenoside ariko koperative ikaba yaramwubakiye inzu yo kubamo, ndetse akaba abanye neza n’uwamwiciye nawe babana muri iyo koperative.

Ubwo iyo koperative yasurwaga n’abanyamakuru bakorera ibitangazamakuru bitandukanye mu Rwanda, kuwa 13 Ugushyingo uyu mwaka, bakaba barasuye ibikorwa by’iyo koperative byaba iby’iterambere ndetse n’ibirebana n’ubumwe n’ubwiyunge.

Mukiza Charles, umukozi ushinzwe itangazamakuru muri komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge akaba yemeza ko iyo koperative imaze kugera kuri byinshi bityo abandi bakaba bakwiye kuyigiraho ndetse abaturage bo mu karere ka Ngororero bakayegera ikabafasha gukemura ibibazo by’imibanire bagifite.

 

m_Bugesera Inzira y ubumwe

Rwanda | Bugesera: Inzira y’ubumwe n’ubwiyunge bayikoresha no mubikorwa by’iterambere

Tags: , , , , , ,


Rwanda : Umuyobozi w’ishyirahamwe Igiti cy’Umuvumu Giraneza John

Umuyobozi w’ishyirahamwe Igiti cy’Umuvumu Giraneza John

Abibumbiye mu ishyirahamwe Igiti cy’umuvumu rikorera mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera batangaza ko inzira y’ubumwe n’ubwiyunge bamaze kuyigeraho kandi ngo iyo nzira niyo ibafasha mu bikorwa byose by’iterambere.

Iryo shyirahamwe rigizwe n’abakoze Jenoside bemeye icyaha bakagisabira imbabazi n’abarokotse Jenoside biciwe imiryango na bamwe muri abo bafunguwe.

Bavuga ko mbere babanje guturana barebana bahanganye. Urwikekwe, inzangano no kurebana nabi ni byo byabanje kubaranga. Hanyuma babifashijwemo n’umuryango Prison Followship basangiraga guhugurwa no guhurizwa hamwe abahemukiwe muri Jenoside yakorewe abatutsi n’ababahemukiye batangira inzira y’ubwiyunge gutyo nk’uko byemezwa na Kabera Celestin umwe muri abo.

Agira ati “intambwe yatewe irafatika kuko ngo mbere twabanje kurebana nabi ku bahemutse n’abahemukiwe, ariko biza kugenda bishira none ubu tubanye neza”.

Kabera avuga ko ubu basigaye batumirana na bukwe, bagashyingirana bagasangira ndetse bagahana inka kuko urwikekwe rwarashije ubu basigaye bakorana ibikorwa by’iterambere.

Umuyobozi w’ishyirahamwe Igiti cy’Umuvumu Giraneza John, avuga ko hari intambwe yatewe mu nzira y’ubumwe n’ubwiyunge kuko kuri ubu abari bashyamiranye biyunze bakerekeza imitima yabo ku bikorwa by’iterambere ibyabatanyaga bakabireka.

Ati “ ubu twatsindiye isoko rifite agaciro ka miliyoni zirenga enye ryo gutera ibiti kandi tufitemo inyungu ifatika, uretse niyo kandi twiyubakiye ibiro byo gukoreramo ndetse tugenda dukodesha imirima tukayihinga maze ibivuyemo bikajya mu banyamuryango”.

Ishyirahamwe Igiti cy’Umuvumu ryatangiye ibikorwa byaryo mu mwaka wa 2005, icyo gihe rikaba ryari rigizwe n’abanyamuryango 30, ariko riza kwagura amarembo riva mu murenge wa Rweru rijya no mu wa Mayange. Uretse ibikorwa by’ubumwe n’ubwiyunge n’isanamitima, iryo shyirahamwe riniteza imbere rigendeye ku bikorwa by’ubuhinzi n’ubworozi.

Ibikorwa by’iri shyirahamwe bikaba byarashimwe na Komisiyo y’igihugu y’ubumwe n’ubwiyunge aho yateguye ibikorwa byo gusura amwe mu mashyirahamwe ntangarugero yageze ku ntera ikataje mu bumwe n’ubwiyunge, ni mucyumweru cyahariwe ubumwe n’ubwiyunge cyatangiye kuya 9-16/11/2012.

 

 

 

 

rwanda|Imidugudu ishingiye

Rwanda : “Imidugudu ishingiye ku byiciro by’abantu runaka ishobora kubangamira ubumwe n’ubwiyunge bw’abanyarwanda”

Tags: , , , , , , , , ,


rwanda|Imidugudu ishingiyeImidugudu ishingiye ku byiciro by’abantu runaka ngo ishobora kubangamira ubumwe n’ubwiyunge bw’Abanyarwanda. Ibi byemezwa na bamwe mu Basigajwe inyuma n’amateka bo mu mudugudu w’Abasigajwe inyuma n’amateka wa Kiyovu mu murenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza.

N’ubwo umudugudu wa Kiyovu utuyemo abandi baturage bake batari Abasigajwe inyuma n’amateka, benshi mu bawutuyemo bari mu cyiciro cy’Abasigajwe inyuma n’amateka, dore ko ngo ari na bo uwo mudugudu wari warubakiwe.

“Iyo abantu babana nibwo biyunga. Birabangama iyo batuvanye mu bandi bantu bakadushyira ahantu twenyine. Kubana n’abandi nibyo byiza kuko iyo urwaje umuntu, kanaka aragutabara akaguhekera umuntu, wanapfusha akagutabara akaguhambira umuntu” uku niko Mukabutare Vensiya wasigajwe inyuma n’amateka abivuga.

Uretse umudugudu wa Kiyovu witirirwa Abasigajwe inyuma n’amateka, hari n’indi midugudu yagiye yubakirwa ibyiciro binyuranye by’Abanyarwanda ku buryo na byo ngo bishobora kubangamira ubumwe n’ubwiyunge bw’Abanyarwanda nk’uko bamwe mu bayobozi babivuga.

Urugero ngo ni nk’imidugudu yubakiwe Abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 iri hirya no hino mu gihugu.

Ubwo umuyobozi wungirije wa Komisiyo y’igihugu y’ubumwe n’ubwiyunge, Uwimana Saverina yasuraga akarere ka Kayonza tariki 18/09/2012, yabajijwe kuri icyo kibazo cy’imidugudu yubakirwa ibyiciro runaka by’Abanyarwanda n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Murama Twamugabo André.

Icyo gihe Twamugabo yavugaga ko bitorohera bamwe mu Banyarwanda baba batuye bonyine kugera kuri gahunda y’ubumwe n’ubwiyunge, bitewe n’uko baba badakunze guhura n’abo bagomba kugirana ubwo bumwe n’ubwiyunge.

Mu gusubiza kuri icyo kibazo, umuyobozi wungirije wa Komisiyo y’igihugu y’ubumwe n’ubwiyunge yavuze ko kenshi imidugudu nk’iyo yagiye yubakwa abantu batabonye umwanya wo gutekereza ku ngaruka yazateza mu gihe kiri imbere, ahanini bitewe n’ibibazo Abanyarwanda bari basohotsemo muri Jenoside yo mu 1994.

Yagize ati “hari imbogamizi zatangiye kugaragara ubu ziterwa n’imidugudu nk’iyo tutari twarigeze dutekerezaho bitewe n’ibibazo bya Jenoside twari tuvuyemo. Icyihutirwaga icyo gihe kwari ukubonera abantu aho baba, ariko ndibaza ko bizagenda bikosorwa”

 

Iri shyirahamwe Ubutwari bwo

Rwanda | Huye: Ishyirahamwe Ubutwari bwo kubaho, urugero mu bumwe n’ubwiyunge

Tags: , , , , ,


Iri shyirahamwe Ubutwari bwo

Iri shyirahamwe Ubutwari bwo kubaho ryibumbiyemo abapfakazi ba jenoside, abagore b’abagabo bafungiwe gukora jenoside ndetse n’abagabo barangije igihano ku ruhare bagize muri jenoside, bose bo mu Mirenge ya Karama, Rusenge, Kibeho na Mata.

Nk’uko abari mu ishyirahamwe babisobanura, iri shyirahamwe ritangira mu w’1995 ryari ryibumbiyemo abafakazi ba jenoside bonyine. Nyuma yaho, abagore bafite abagabo bafunze kubera kuba barakoze jenoside baturanye baje kubasaba imbabazi ku bw’ibyaha by’abagabo babo.

Kwakira aba bagenzi babo ariko ngo ntibyaboroheye bitewe n’ibikomere bari bafite mu mutima, ariko ku bw’inyigisho bagejejweho na Padiri Masinzo Jerôme wayoboraga Paruwasi gaturika ya Karama icyo gihe, hamwe n’umubikira witwa Teya, bagiye bumva babakiriye bukebuke, none ubu bumva bishimiye kuba bari kumwe.

Mukantabana Serafina afite imyaka 59, ni umwe mu bagize ishyirahamwe Ubutwari bwo kubaho. Yagize ati “intambara ikirangira nta mbaraga nagiraga, haba ku mubiri no mu mutima. Nyuma yokwishyira hamwe n’abandi, twahuje imbaraga turahinga, mbasha kubona igitunga abana banjye kuko nari nagize amahirwe y’uko bose bacitse ku icumu. Ubu nsigaranye ibyishimo mu mutima”.

Kankindi Cassilde na we ari muri iri shyirahamwe. Ubu afite imyaka 66. Na we aratanga ubuhamya ku bw’icyo ishyirahamwe ryamumariye “nyuma ya jenoside nari mubi ku mubiri no ku mutima. Nari umwanganyi, abantu bose nkababonamo abicanyi. Ubungubu twunze ubumwe. Ugize ikibazo turamufasha, n’ubyaye tukamuhemba”. Abo yavugaga babyara ni abagore bafite abagabo bari bafunze none ubu bakaba barafunguwe.

Cassilde anavuga ko mu minsi yashize yagize ibyago agapfusha umuhungu w’umusore, ariko ngo abaturanyi batangajwe no kubona abo bari kumwe mu ishyirahamwe bamutabara bose. Yunzemo agira ati “abaturanyi tutari kumwe mu ishyirahamwe ntibajya bumva uko tubaho. Twe iyo duhuye turaganira, tugatebya, tugaseka, maze ubuzima bukaturyohera.”

Nk’uko aba babyeyi bagira igihe cyo guhura bakaganira, ngo n’abana babo ni uko. Ibi bituma bizera ko abana babo batazigera barangwa n’urwango rushingiye ku moko cyangwa amacakubiri.

Mukagatare, umuyobozi w’iri shyirahamwe, avuga ko abanyamuryango baryo ari 1964, bibumbiye mu matsinda 84. Boroye inka ku buryo buri tsinda ririmo ebyiri cyangwa eshatu. Uretse inka, boroye n’inkoko, kandi banahinga inyanya n’ibihumyo.

Uretse gukorera hamwe, banafitanye umubano n’ishyirahamwe Abiyunze ry’i Gahini. Ryo ryatangiwe n’abireze bakemera icyaha cya jenoside, haza kwiyongeraho abahungutse ndetse n’abasigajwe inyuma n’amateka.

 

 

Depite Gahondogo Anastasie

Rwanda | Huye: Depite Gahondogo yasuye ishyirahamwe Ubutwari bwo kubaho

Tags: , , , , ,


Depite Gahondogo Anastasie

 

Depite Gahondogo Anastasie, ari kumwe na Depite Niyitegeka Winifrida, bagendereye ishyirahamwe Ubutwari bwo kubaho rikorera mu Murenge wa Karama ho mu Karere ka Huye, kuwa 27 Nyakanga,2012. Iri shyirahamwe rigizwe n’abapfakazi ba jenoside, abagore b’abagabo bafungiye jenoside ndetse na bamwe mu bagabo barangije ibihano.

Ngo icyabateye kubagenderera, kwari ukugira ngo bamenye aho bageze mu mikorere yabo. Mu kiganiro bagiranye, baberetse aho ibikorwa byabo by’ubuhinzi n’ubworozi bigeze.

Ku bijyanye n’imikorere yabo mu bijyanye n’ubumwe n’ubwiyunge, bagaragaje ko bagifatanya hagati yabo, kandi bagafasha n’imfubyi. Umwe muri aba banyamuryango yagize ati “imfubyi zacu turazisura, barwara tukabavuza. Tujya tunahura tukabahingira iyo tubona bagiye kurara ihinga”.

Iri shyirahamwe ariko, hari aho ryagiye ritanga ubuhamya ku bumwe n’ubwiyunge abantu bakabemerera inkunga, nyamara bagategereza ko bazibazanira bagaheba. Aba badepite babasabye kuzabaha aderesi bafite z’abo bantu bakazabafasha kubibutsa.

Depite Gahondogo anishimira ibikorwa by’aba bibumbiye mu ishyirahamwe Ubutwari bwo kubaho, agatangazwa n’imbaraga bafite zituma badacogora ngo ishyirahamwe ryabo ribe ryasenyuka. Yagize ati “ n’ubwo ari abantu bafite intege nkeya, (abenshi bamaze gusaza) badafite inkunga zihambaye, ubona bafite imbaraga nyinshi mu byerekeranye n’ubumwe n’ubwiyunge. Nshimishwa no kubasura, ngo menye aho bageze mu dukorwa twabo tudahambaye”.

Depite Gahondogo rero abona bafite abantu benshi bakora nka bo, ubumwe n’ubwiyunge bwabasha kugerwaho neza mu Rwanda.

 

 

 

Rwanda | Kayonza Abaturage bishimiye

Rwanda | Kayonza: Abaturage bishimiye ibikorwa bya Asosiyasiyo Urumuri

Tags: , , , , , , , , , , , , , , , ,


Rwanda | Kayonza Abaturage bishimiyeBamwe mu baturage bo mu mirenge ya Gahini na Nyamirama mu karere ka Kayonza, bavuga ko bishimira cyane ibikorwa by’ishyirahamwe ry’urubyiruko rwo mu murenge wa Mukarange ritanga ubutumwa n’ibiganiro  by’ubumwe n’ubwiytunge.

Urwo rubyiruko rwibumbiye muri asosiyasiyo yitwa Urumuri. Abayigize bigisha abaturage uburyo amakimbirane atangira n’uburyo bwo kuyakumira, kandi bakanigisha amateka yaranze u Rwanda n’inkomoko y’amacakubiri yaje kuvamo Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ubutumwa batanga babunyuza mu biganiro by’imbwirwaruhame no mu makinamico.

Benshi mu bumva ubwo butumwa bifuza ko urwo rubyiruko rwazagaruka ikindi gihe kuko ngo “ubwo butumwa bubafasha” nk’uko abo bo mu murenge wa Nyamirama babisabye urwo rubyiruko ubwo rwabaganiraraga mu byumweru bibiri bishize. Kazarama Elias yavuze ko hari benshi bari bafite imitima yuzuye urwango, ariko ngo bagenda bahinduka kubera izo nyigisho.

Yagize ati “Nkanjye rwose umutima wanjye wari uriho mukushi (wari wuzuye urwango), kandi hari n’abandi twari tumeze kimwe, ariko bigenda bishira kubera inyigisho z’aba bana”

Asosiyasiyo Urumuri yaterwaga inkunga n’umuryango utegamiye kuri leta IREX mu mushinga wawo witwa Youth for Change wafunze tariki 29/05/2012. Muri uwo mushinga urubyiruko rwateguraga imishinga igamije iterambere maze igaterwa inkunga na IREX.

N’ubwo abaturage bavuga ko bishimiye ibiganiro Asosiyasiyo Urumuri ibagezaho, iyi asosiyasiyo ngo ntibizayorohera gukomeza gutanga ibyo biganiro kubera ko yabishobozwaga n’inkunga yahabwaga na IREX, nk’uko Jean Bosco Kayonga uyobora iyo asosiyasiyo abivuga.

Kayonga avuga ko iyo asosiyasiyo itaragira ubushobozi buhagije, agasaba ko yaterwa inkunga kugira ngo ikomeze gutanga ibiganiro n’ubutumwa bw’amahoro nk’uko yari yarabitangiye.


 

Rwanda | Nyamasheke Kwishingira

Rwanda | Nyamasheke: Kwishingira abacitse ku icumu biri gutanga umusaruro.

Tags: , , , ,


Rwanda | Nyamasheke KwishingiraAbacitse ku icumu rya jenoside yakorewe abatutsi muri mata 1994 bo mu murenge wa Macuba bahawe abishingizi mu rwego rwo kubafata mu mugongo ndetse no kubagarurira icyizere cy’ubuzima bw’ejo hazaza.

Nk’uko twabitangarijwe na Uwonkunda Angélique, umwe mu bacitse ku icumu akaba aniga mu mwaka wa Gatanu w’amashuri yisumbuye, bafata amazina y’abacitse ku icumu muri buri mudugudu bakayandika ku dupapuro noneho abataracitse ku icumu bagatombora abo babera abishingizi, bakaba bafite n’inshingano zo kubakurikirana no kubitaho nk’ababyeyi babo umunsi ku wundi.

Uwonkunda avuga ko uku kwishingira abacitse ku icumu -koko nibigera ku ntego yatumye bishyirwaho-  bizagira uruhare mu guteza imbere ubumwe n’ubwiyunge, ndetse ngo uko bakomeza kugenda begerana baganira bikaba bizaruhura imitima y’abacitse ku icumu.

Gahunda yo kwishingirana yatangiye gutanga umusaruro mu guteza imbere ubumwe n’ibwiyunge ndetse no mu kugabanya umubare w’abacitse ku icumu bajyaga bagaragaza ihungabana  kuko muri iki gihe cy’icyunamo hagaragaye abantu babiri gusa bahungabanye nk’uko umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Macuba Uwanyirigira Marie Florence yabitangaje.

Kuba kandi muri uyu murenge hagaragara club y’ubumwe n’ubwiyunge ni imwe mu mpamvu zatumye gahunda yo kwishingirana igerwaho bitaruhije, ndetse ugasanga hari intambwe yatewe mu kwegerana hagati y’abacitse ku icumu rya jenoside ndetse n’abatararicitseho baturanye nabo.

Gahunda yo kwishingirana yatangiye mu mwaka ushize wa 2011 mu murenge wa Macuba, uyikopeye mu murenge bihana imbibi wa Kanjongo yose yo mu karere ka Nyamasheke.


 

 

 

 

 

Rwanda bahisemo gufasha abarokotse

Rwanda | Kamonyi: bahisemo gufasha abarokotse jenoside ngo bashimangire ubumwe n’ubwiyunge

Tags: , , , , ,



Urubyiruko rwibumbiye muri Koperative Goboka yo mu mudugudu wa Gacumu, Akagari ka Kabashumba, umurenge wa Nyamiyaga, ifashwa n’umuryango w’Abadivantisiti ushinzwe ibikorwa by’iterambere (ADRA), rwahisemo gufasha umukecuru warokotse jenoside yakorewe abatutsi, muri iki gihe cyo kwibuka.

Rwanda Urubyiruko rwa ADRA

               Urubyiruko rwa ADRA

Iyo koperative isanzwe ikora imishinga y’ubuhinzi n’ubworozi, ni umwe mu yahuguwe na Komisiyo y’ubumwe n’ubwiyunge ku mibanire nyayo ikwiye abanyarwanda. Abayigize bazi neza ko ubumwe n’ubwiyunge bugaragarira mu bikorwa kurusha mu magambo.

Bahisemo kubaka ikiraro cy’inka, urugo n’ubwiherero by’umukecuru wo mu mudugudu wabo Kanshara Charlotte, bamukorera akarima k’igikoni ndete bamuha n’igitenge. Ibyo byose ngo bikaba bifite agaciro k’ibihumbi mirongo itandatu.

Perezida wa Koperative Gororoka Habimana Samuel, avuga ko bahisemo gukorera icyo gikorwa cy’urukundo, uwo mukecuru muri uku kwezi kwa Kane, ubwo abanyarwanda baba bibuka jenoside yakorewe abatutsi, kugirango bagaze ko n’ubwo urubyiruko rwagize uruhare mu gukora jenoside, rushobora no kugira uruhare mu kubaka ubumwe n’ubwiyunge.

Rwanda bahisemo gufasha abarokotse

Mukecuru Kanshara Charlotte wakorewe imirimo y’ubufasha agahabwa n’impano y’igitenge, yatangaje ko yishimiye urukundo urwo rubyiruko rumweretse. Avuga ko ibyo bamukoreye we nta mbaraga yari afite zo kubyikorera.

Umukozi wa Komisiyo y’ubumwe n’ubwiyunge Sara Boweya, yashimiye uru rubyiruko kuko ngo rwari rumaze amezi abiri ruvuye mu mahugurwa ku bumwe n’ubwiyunge, none ngo rwahise rushyira mu bikorwa ibyo bahuguwemo.

Iyo Koperative Gororoka igizwe n’abanyamuryango 25 barimo abarokotse jenoside yakorewe abatutsi n’abakomoka mu miryango yakoze jenoside. Uretse gufasha uwo mukecuru basanzwe bakorana ibiganiro n’abaturage b’umudugudu wa bo ku byabaye mu Rwanda babakangurira kubaka ubumwe n’ubwiyunge.

 

 

 


m_Les artistes du PGSS

Rwanda | Les artistes du PGSS désirent changer l’image et l’histoire des artistes du Rwanda

Tags: , , , , , , , , , , , , , , ,


Les artistes rwandais se trouvant dans le Primus Guma Guma Super Stars 2(PGGSS) désirent changer l’image et l’histoire des artistes du Rwanda. Cette ambition ne peut se réaliser qu’à travers des chansons ayant des messages de réconciliation et de réconfort aux antipodes des quelques artistes d’antan qui distillaient des messages de division entre les rwandais.

Rwanda | Les artistes posant des bouquets de fleurs au centre mémorial de Nyamata

Les artistes posant des bouquets de fleurs au centre mémorial de Nyamata

C’est au cours d’une visite au centre mémorial de Nyamata que ces artistes se sont adressés devant la presse. Le centre mémorial du génocide de Nyamata abrite des restes humains estimés à 45 248.

Le rappeur rwandais Riderman déclare que l’image détestable laissée par des artistes d’antan est marquée par les messages de division qui se sont caractérisés dans leurs chansons. « Nous avons la chance car la plupart d’entre nous n’ont pas vécu dans ces moments tragiques qui ont frappé notre pays. Mais nous connaissons notre histoire car nous visitons les sites mémoriaux du génocide comme nous nous sommes rendus ici au site de Nyamata. Nous mettons nos efforts dans des compositions qui prônent l’unité et la réconciliation des tous les rwandais et de tous les horizons » a-t-il ajouté.

Jay Polly réaffirme : «  Les artistes d’aujourd’hui devront être différents de nos ainés, nous devons multiplier nos efforts pour reconstruire ce pays ».

Ces artistes ont été éclaircis que le génocide des Tutsis a débuté dans le district de Bugesera dès 1992 où 680 Tutsis environ ont été froidement abattus après qu’ils s’étaient refugiés dans l’église de Nyamata. Le père Antonio Rucateli, le responsable de cette église, s’était interposé pour éviter le bain de sang mais malheureusement il fut tué le 9 mars 1993 sans ménagement.

Après avoir reçu ces explications, ces artistes ont offert au site mémorial du génocide de Nyamata un don de cheque de 300 000frs.

 

 

 

Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

jaguar cars jaguar, jeep, kia