Umuhigo wo kugura television zo gushyira mu tugari tugize akarere ka Rubavu wagomba kujyana no kugura television 80 zagombaga gushyirwa mu tugari twose tugize akarere , byemejwe ko izimaze kugurwa zigera k’umunani.
Mu igenzura ry’imihigo y’akarere ka Rubavu ryakozwe n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’intara y’uburengerazuba hamwe n’itsinda bari kumwe, basanze television zivugwa ko zaguzwe zimwe zidahari nkuko byagarazwaga na bamwe mubakozi babajijwe.
Mu gukurikirana aho zaba ziherereye, abakozi b’akarere ka Rubavu bavuga ko television imwe yashyizwe mu murenge wa Nyundo, naho izindi zikaba mu bubiko bw’akarere ariko bigahakanwa n’ushinzwe ububiko, uvuga ko television afite ari ebyiri izindi enye zatwawe ariko aho zashyizwe ntihazwi.
Iki kibazo cyo kugura television zigomba gushyikirizwa utugari umuyobozi w’akarere ka Rubavu Sheikh Bahame Hassan avuga ko yahawe ubutumwa ko television zashyizwe aho zigomba gushyirwa none akaba atunguwe no gusanga bitarakozwe.
Jabo paul umunyamabanga w’intara y’uburengerazuba avuga ko kugenzura imihigo bigaragaza ibibazo akarere gafite harimo nibyo gukosorwa, cyane ko akarere ka Rubavu gasanzwe gafite uburwayi bw’imikorere itari myiza.
Mu mihigo y’ibikorwa bigomba gushyikirizwa abaturage, hagaragajwe ko hubatswe icyumba cya Video Conference, nyamara abakozi bashinzwe ibikorwa remezo bavuga ko bakiriye, ariko mu kugenzura imihigo byagaragajwe ko impapuro zakira iki gikorwa ntazo, kuko abavugwa ko bazihawe babihakana.
Ubuyobozi bw’intara bukaba bugaragaza ko hari abakozi badakora akazi kabo, igenzura ry’imihigo rigomba kubafasha kwisubiraho kuko harimo n’ibindi bibazo biterwa n’uko abantu badakora akazi kabo uko bikwiye.









