Tag Archive | "Rwanda resolution"

01

Rubavu: igenzura ry’imihigo ryagaragaje ko Television zemewe zitaguzwe

Tags: , , , , , ,


01Umuhigo wo kugura television zo gushyira mu tugari tugize akarere ka Rubavu wagomba kujyana no kugura television 80 zagombaga gushyirwa mu tugari twose tugize akarere , byemejwe ko izimaze kugurwa zigera k’umunani.

Mu igenzura ry’imihigo y’akarere ka Rubavu ryakozwe n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’intara y’uburengerazuba hamwe n’itsinda bari kumwe, basanze television zivugwa ko zaguzwe zimwe zidahari nkuko byagarazwaga na bamwe mubakozi babajijwe.

Mu gukurikirana aho zaba ziherereye, abakozi b’akarere ka Rubavu bavuga ko television imwe yashyizwe mu murenge wa Nyundo, naho izindi zikaba mu bubiko bw’akarere ariko bigahakanwa n’ushinzwe ububiko, uvuga ko television afite ari ebyiri izindi enye zatwawe ariko aho zashyizwe ntihazwi.

Iki kibazo cyo kugura television zigomba gushyikirizwa utugari umuyobozi w’akarere ka Rubavu Sheikh Bahame Hassan avuga ko yahawe ubutumwa ko television zashyizwe aho zigomba gushyirwa none akaba atunguwe no gusanga bitarakozwe.

Jabo paul umunyamabanga w’intara y’uburengerazuba avuga ko kugenzura imihigo bigaragaza ibibazo akarere gafite harimo nibyo gukosorwa, cyane ko akarere ka Rubavu gasanzwe gafite uburwayi bw’imikorere itari myiza.

Mu mihigo y’ibikorwa bigomba gushyikirizwa abaturage, hagaragajwe ko hubatswe icyumba cya Video Conference, nyamara abakozi bashinzwe ibikorwa remezo bavuga ko bakiriye, ariko mu kugenzura imihigo byagaragajwe ko impapuro zakira iki gikorwa ntazo, kuko abavugwa ko bazihawe babihakana.

Ubuyobozi bw’intara bukaba bugaragaza ko hari abakozi badakora akazi kabo, igenzura ry’imihigo rigomba kubafasha kwisubiraho kuko harimo n’ibindi bibazo biterwa n’uko abantu badakora akazi kabo uko bikwiye.

Rulindo : ubuyobozi bwiyemeje gufasha abaturage bahuye n’ibiza kubona aho gutura .

Rulindo : ubuyobozi bwiyemeje gufasha abaturage bahuye n’ibiza kubona aho gutura .

Tags: , , , , , , , ,


Rulindo : ubuyobozi bwiyemeje gufasha abaturage bahuye n’ibiza kubona aho gutura .Ubuyobozi bw’akarere ka Rulindo, bugiye gufasha abaturage bahuye n’ibiza kwimuka bagatuzwa ahagenwe ku midugudu, kimwe n’abandi bumva bakwimuka aho batuye kubera impungenge baba bahafitiye.

kubera ikibazo cy’imisozi  aka karere gatuyemo, abaturage bose barasabwa kuba maso no kumenya ahantu hose haba hari ikibazo mu bijyanye n’imiturire. Ni muri urwo rwego ubuyobozi busaba abaturage kumenya no kwerekana ahantu hose haba haturuka amazi y’ibisure.

Ayo mazi ngo usanga akenshi aturuka mu misozi ,agasohokera hagati mu butaka.

Aya mazi ashobora gusenya no guhanantura imisozi n’amazu aho usanga n’amazu yitwa ngo yubatse ahakwiye guturwa ashobora kuba yatwarwa, cyane cyane nko mu midugudu. N’ubwo abaturage basabwa kwimuka bagatura ku midugudu,ngo ntibyatuma birara,kuko naho ibisure byahagera.

ubuyobozi bw’aka Karere bukaba buvuga ko abaturage bose batuye ahantu hadakwiranye no guturwa bakwimukira mu midugudu.

Gusa ariko n’ubwo umuyobozi w’aka karere Kangwagye Justus,asaba abaturage bose bagomba kwimuka ko bakwimuka vuba na bwangu ,abaturage bo baravuga ko kuri ubu ikibanza kibona umugabo kigasiba undi, kubera ko muri iki gihe baturage bakeneye ibibanza ari benshi.

Nyuma y’uko iyi nvura ihitanye uyu mubare utari muke w’abantu,Ubuyobozi bw’Akarere bukaba bwarafashe ingamba z’uko abaturage bose batuye ku misozi y’ibihanamanga bagomba kwimuka bagatura ku midugudu,gusa ikibazo kikaba ari uburyo hakorwa igurana ry’ubutaka ku baturage.

Kuri iki kibazo kijyanye n’ingurane umuyobozi w’akarere ka Rulindo akaba avuga ko hagiye kubaho kunvikanisha abaturage bagomba kwimuka n’abagomba kuguranira bagenzi bagenzi bityo ikibazo kigakemuka.

Yagize ati “Abaturage bazaguranira bagenzi babo nabo bature aheza kuko niko gahunda imeze,naho ku birebana n’ingurane hagati yabo ubuyobozi buzabibafashamo,kuko barasa nk’abagorana.”

Uyu muyobozi kandi agira inama abaturage y,uko bashobora no kuba bakwiteranya ubwabo bakaba bagura ubutaka bwa Leta,bityo bakaba babuturamo nta nkomyi.

Imiturire mibi ya bamwe mu batuye akarere ka Rulindo, ikaba yarabaye imwe mu mpamvu zatumye abantu bagera ku  10 bapfa mu Mirenge itandukanye bazize invura idasanzwe yaguye muri aka karere.

 

Rusizi: Ababyeyi bacuruza amata muri congo bambukira kumajeto barinubira ko ibyangobwa byabo bicibwa.

Tags: , , , , , , ,


Rusizi: Ababyeyi bacuruza amata muri congo bambukira kumajeto barinubira ko ibyangobwa byabo bicibwa.Rusizi: Ababyeyi bacuruza amata muri congo bambukira kumajeto barinubira ko ibyangobwa byabo bicibwa.Hagamijwe kunoza umwuga w’ubucuruzi bw’amata ukorwa n’abanyarwanda biganjemo abagore, kuwa 06/05/2013 umuyobozi w’akarere ka Rusizi,yagiranye inama n’abakora ubwo bucuruzi aho yasabye abakora ubwo bucuruzi bwambukiranya imipaka kuva mukajagari bagakorera mu mucyo , ibi ngo byavuye kukuba amata acuruzwa muri aka karere akemangwa, aho bivugwa ko ashobora kuba yateza ingaruka mbi kuko yirirwa abunzwabunzwa imihanda yose kandi aba yaturutse mubice bitandukanye by’igihugu, hari ava mu karere ka Nyanza n’ayandi aturuka mubyaro byo mu karere ka Rusizi.

Bitewe nuko ayo mata mata amenshi  agemurirwa abakongomani yambukijwe, umuyobozi w’akarere ka Rusizi Nzeyimana Oscar yavuze ko ikigamijwe ari uguca akajagari bakoreramo, aho atangaza ko aho bayacururiza hateye impungenge z’uko yaba atujuje ubuziranenge, aha akaba yabasabye gushaka amazu yo gukoreramo kuburyo amata  aturuka muri aka karere azajya aba yujuje ubuziranenge.

Nubwo aba bacuruzi b’amata bemeye kuva mukajagari bakoreramo  mugitondo cyo kuri uyu wa 06/05/2013, abacuruzi bambutsa ayo mata i Bukavu ngo bahuye n’ikibazo kitaboroheye na gato kuko ngo nta munyarwanda wigeze yambutsa amata aho bavuga  ko mu Rwanda batambukaga neza bagera muri Congo ngo bakabagarura ndetse ngo bagaca n’ibyangombwa bahawe n’uRwanda byo kwambukiraho nk’amajeto , umuyobozi w’akarere ka Rusizi yavuze ko aribwo amenye icyo kibazo, akaba yatangaje ko bagiye kuvugana n’inzego zibishinzwe  kugirango bamenye impavu abaturage b’urwanda babuzwa kwambuka ndetse n’amajeto yabo agacibwa.

Aba bacuruzi bavuga ko ubucuruzi bw’amata bwari bubafatiye runini kuko ariwo mwuga babonaga uciriritse kandi bafitiye abakiriya , gusa ngo bababazwa n’uko abacongomani bambuka neza kandi bakoresheje amajeto  badahohoterwa, ariko bo ngo ntihatera kabiri batabujijwe uburenganzira bwabo nkuko byabagendekeye uyu munsi ubwo bagarurwaga n’ibicuruzwa byabo.

Rusizi: Ababyeyi bacuruza amata muri congo bambukira kumajeto barinubira ko ibyangobwa byabo bicibwa.

Rusizi: Ababyeyi bacuruza amata muri congo bambukira kumajeto barinubira ko ibyangobwa byabo bicibwa.

Tags: , , , , , , ,


Rusizi: Ababyeyi bacuruza amata muri congo bambukira kumajeto barinubira ko ibyangobwa byabo bicibwa.Hagamijwe kunoza umwuga w’ubucuruzi bw’amata ukorwa n’abanyarwanda biganjemo abagore, kuwa 06/05/2013 umuyobozi w’akarere ka Rusizi,yagiranye inama n’abakora ubwo bucuruzi aho yasabye abakora ubwo bucuruzi bwambukiranya imipaka kuva mukajagari bagakorera mu mucyo , ibi ngo byavuye kukuba amata acuruzwa muri aka karere akemangwa, aho bivugwa ko ashobora kuba yateza ingaruka mbi kuko yirirwa abunzwabunzwa imihanda yose kandi aba yaturutse mubice bitandukanye by’igihugu, hari ava mu karere ka Nyanza n’ayandi aturuka mubyaro byo mu karere ka Rusizi.

Bitewe nuko ayo mata mata amenshi  agemurirwa abakongomani yambukijwe, umuyobozi w’akarere ka Rusizi Nzeyimana Oscar yavuze ko ikigamijwe ari uguca akajagari bakoreramo, aho atangaza ko aho bayacururiza hateye impungenge z’uko yaba atujuje ubuziranenge, aha akaba yabasabye gushaka amazu yo gukoreramo kuburyo amata  aturuka muri aka karere azajya aba yujuje ubuziranenge.

Nubwo aba bacuruzi b’amata bemeye kuva mukajagari bakoreramo  mugitondo cyo kuri uyu wa 06/05/2013, abacuruzi bambutsa ayo mata i Bukavu ngo bahuye n’ikibazo kitaboroheye na gato kuko ngo nta munyarwanda wigeze yambutsa amata aho bavuga  ko mu Rwanda batambukaga neza bagera muri Congo ngo bakabagarura ndetse ngo bagaca n’ibyangombwa bahawe n’uRwanda byo kwambukiraho nk’amajeto , umuyobozi w’akarere ka Rusizi yavuze ko aribwo amenye icyo kibazo, akaba yatangaje ko bagiye kuvugana n’inzego zibishinzwe  kugirango bamenye impavu abaturage b’urwanda babuzwa kwambuka ndetse n’amajeto yabo agacibwa.

Aba bacuruzi bavuga ko ubucuruzi bw’amata bwari bubafatiye runini kuko ariwo mwuga babonaga uciriritse kandi bafitiye abakiriya , gusa ngo bababazwa n’uko abacongomani bambuka neza kandi bakoresheje amajeto  badahohoterwa, ariko bo ngo ntihatera kabiri batabujijwe uburenganzira bwabo nkuko byabagendekeye uyu munsi ubwo bagarurwaga n’ibicuruzwa byabo.

Rutsiro : Umurenge wa Gihango urateganya kubakira imiryango ibiri y’abacitse ku icumu bugarijwe n’ibiza

Rutsiro : Umurenge wa Gihango urateganya kubakira imiryango ibiri y’abacitse ku icumu bugarijwe n’ibiza

Tags: , , , , , , , , , , ,


Rutsiro : Umurenge wa Gihango urateganya kubakira imiryango ibiri y’abacitse ku icumu bugarijwe n’ibizaImiryango ibiri y’abapfakazi batishoboye bacitse ku icumu rya jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 ni yo yatoranyijwe ku rwego rw’umurenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro kugira ngo yubakirwe muri iki gihe cy’iminsi ijana y’icyunamo, nyuma y’aho iyo miryango yasenyewe n’ibiza birimo inkangu n’umuyaga.

Umwe mu bagomba kwimurwa, akavanwa aho atuye ndetse akubakirwa ni umukecuru witwa Ancile Icyimanizanye w’ imyaka 63 y’amavuko.

Umugabo we yishwe muri jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, bakaba bari barabyaranye umwana umwe gusa,  ariko na we aza kwitaba Imana. Icyimanizanye abana mu nzu n’umwana yasigiwe na mukuru we na we witabye Imana.

Inzu ye yugarijwe n’inkangu itwara ubutaka bwo hepfo y’inzu, indi nkangu igasenya umukingo uri haruguru y’inzu, rimwe na rimwe bikitura kuri ya nzu isanzwe ifite ikibazo cyo gusaza.

Mu myaka y’1998 umukingo wo haruguru y’inzu wigeze gucika, witura hejuru y’inzu, urukuta rwo haruguru rurasenyuka biba ngombwa ko hitabwazwa umuganda inzu irongera irasanwa.

Icyimanizanye avuga ko muri iyi minsi ahamuteye impungenge ari hepfo y’inzu kuko hacitse inkangu ikomeye, ubutaka bwamaze kugenda, inzu ikaba isigaye hejuru y’imanga ku buryo afite ubwoba ko inzu ari yo igiye gukurikiraho, dore ko zimwe mu nkuta zayo zatangiye kwiyasa.

Ati : “Iyo hagiye gucika, wumva inzu inyeganyeze, ikazungazunga noneho mu gitondo ngasanga haraye hacitse.”

Inzu y’uwo mukecuru n’ubusanzwe irashaje kuko yubatswe kera kandi n’ibiti by’inkingi imiswa yarabiriye kubera ko harimo umugina w’imegeri. Harimo n’imyobo minini ibamo inzoka kuko rimwe na rimwe azibona zisohokamo.

N’ubwo iyi nzu ifite ikibazo cyo kwibasirwa n’inkangu hamwe no kuba ishaje, uwo mukecuru ntibimubuza kuyijyamo nijoro akaryama.

Ati : “Kubera ko kuba ndiho ari inyongezo Imana yampaye, numva ntacyo bimbwiye njya mu nzu nkaryama.”

Icyakora ngo agize amahirwe akabona abashaka kumuha ubufasha yabasaba kumwubakira bakamukura aho hantu hateye impungenge.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Gihango, Niyodusenga Jules avuga ko ikibazo cy’uwo mukecuru ubuyobozi bw’umurenge bukizi, akaba ari umwe mu bapfakazi babiri batishoboye bacitse ku icumu rya jenoside bashyizwe kuri gahunda yo kubakirwa.

Umurenge wa Gihango urateganya gusakarira undi muturage witwa Mukankusi Veronese utuye mu kagari ka Murambi wubakiwe inzu n’ikigega gitera inkunga abacitse ku icumu rya Jenoside batishoboye (FARG).

Umuyaga uvanze n’imvura yaguye tariki 25/01/2013 byagurukanye igisenge cy’inzu yubakiwe isakaje amabati, ikaba ari inshuro ya kabiri iguruka kuko ubwa mbere igisenge cyayo cyagurutse ataratangira kuyibamo.

Umurenge ngo uzabubakira uhereye ku nkunga yakusanyijwe mu gihe cy’icyunamo muri gahunda yo kuremera abacitse ku icumu batishobye, hamwe n’imiganda y’abaturage.

Barateganya gusakara inzu ya Mukankusi bakoresheje amategura kubera ko amabati amaze kuguruka inshuro ebyiri. Kumusakarira ngo bigomba gukorwa vuba ku buryo bitarenze tariki 15/05/2013 bizaba byarangiye .

Kubakira Ancile Icyimanizanye byo ngo ntibyoroshye kuko bisaba kumwimura akajyanwa gutura ahandi. Umurenge wabanje gufatanya na we gushakisha ikibanza. Ikigiye gukurikiraho ngo ni ukureba ko imvura igabanuka, noneho umurenge ufatanyije n’abaturage bagatangira kubumba amatafari n’amategura.

Niyodusenga ati : “ Twihaye gahunda ko nibura mu kwa karidwi tuzaba twamaze kumwimura.”

Nyabihu: Ikibazo cy’amazu 9 y’Abacitse ku icumu kizaba cyacyemutse bitarenze umwaka utaha

Nyabihu: Ikibazo cy’amazu 9 y’Abacitse ku icumu kizaba cyacyemutse bitarenze umwaka utaha

Tags: , , , , , ,


Nyabihu: Ikibazo cy’amazu 9 y’Abacitse ku icumu kizaba cyacyemutse bitarenze umwaka utahaJuru Anastase uhagarariye IBUKA mu karere ka Nyabihu avuga ko hakiri imiryango 9 itarubakirwa n’amazu 100 akeneye gusanwa

Mu karere ka Nyabihu,amazu agera kuri 420 niyo amaze kubakirwa abacitse ku icumu rya Jenoside batishoboye nk’uko Juru Anastase uhagarariye IBUKA muri aka karere yabidutangarije.

Uretse aya mazu 420 yubatswe,Juru avuga ko hasigaye amazu 9 agomba kubakirwa abasigaye batubakiwe ubu bakodesha abandi bakaba bacumbikiwe.

Juru avuga ko mu mazu yubakiwe abacitse ku icumu rya Jenoside,nyuma y’aho mu cyunamo cy’umwaka ushize hasanwe amazu 8,hacyiri andi mazu agera ku 100 akeneye gusanwa. Kuri we asanga amazu 9 atarubakwa aramutse yubatswe ndetse n’andi 100 akeneye gusanwa akabikorerwa,ikibazo cy’amacumbi ku bacitse ku icumu cyaba gikemutse.

 Kuri iki kibazo cy’amazu y’imiryango 9 atarubakwa,umuyobozi w’akarere ka Nyabihu Twahirwa Abdoulatif akaba avuga ko mu mwaka utaha nabo bazaba bubakiwe ikibazo kigakemuka burundu. Yongeraho ko ugereranije n’ibihe byabanje ,abacitse ku icumu rya Jenoside bagenda barushaho kugira imibereho myiza cyane.

Abdoulatif,avuga ko nk’ubuyobozi, bazakomeza kubitaho kugira ngo barusheho kugira ubuzima bwiza,batere imbere kandi barusheho kwigira.

 Mu nama yateranye kuri uyu wa 30 Mata,ikibazo cy’amazu akeneye gusanwa nacyo kikaba cyaravuzweho,aho kizitabwaho ku mafaranga yabonetse ku nkunga abaturage batanze bafasha bagenzi babo bacitse ku icumu rya Jenoside batishoboye mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka.

Amajyepfo: abarokotse baracyugarijwe n’ibibazo bibabera imbogamizi mu kwigira

Amajyepfo: abarokotse baracyugarijwe n’ibibazo bibabera imbogamizi mu kwigira

Tags: , , , , , , , , ,


Amajyepfo: abarokotse baracyugarijwe n’ibibazo bibabera imbogamizi mu kwigiraBamwe mu barokotse jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994 mu ntara y’Amajyepfo baratangaza ko bagihura n’ibibazo bikomeye ku buryo babona kwigira nk’ibikiri kure kuri bo.

Aba barokotse bavuga ko nubwo leta kimwe n’abandi baterankunga cyangwa abafatanyabikorwa ba leta bafasha abarotse batishoboye, ngo haracyari byinshi mu bibazo bahura nabyo bishingiye ahanini ku ngaruka za jenoside.

Murekatete umwe mu bagore batuye mu karere ka Muhanga avuga ko ubuzima bumugora kuko atigeza abona amahirwe yo kugana ishuri ngo abashe kubona ubumenyi bwamuteza imbere.

Akazi akora akaba ari ugucuruza imbuto ku gataro azenguruka mu mujyi wa Muhanga; aka kazi akaba agakora ku buryo butemewe leta itakemera.

Avuga ko nta handi yakura amikoro kuko afite umuryango umureba agomba gutunga. Nubwo jenoside yamusize ari nyakamwe mu muryango wabo yaje kunguka undi muryango kuko yashatse umugabo bakabyarana abana batatu; kuri ubu niwe wenyine ugomba kubatunga kuko umugabo we yaje kwitaba Imana mu bihe bishize.

Avuga ko imbogamizi nyamukuru bahura nayo mu kwiteza imbere ari uy’uko basigaye nta miryango bagira ngo babe bafatanya urugendo nk’abandi banyarwanda, ibi akaba ari imwe mu ntandaro yo kwiheba no kwigunga binabaviramo guhungabana.

Mukeshimana Mariya Goreti utuye mu karere ka Kamonyi ari mu kigero cy’imyaka 27, nubwo nawe yagize amahirwe yo kurokoka jenoside yakorewe abatutsi, yamutwaye abavandimwe be n’ababyeyi.

Avuga ko ihungabana n’ubukene aribyo biza ku isonga mu bizahaza ubuzima bw’abarokotse. Ku bwe ngo ihungabana riracyari ikibazo kuko nta baganga bahagije bo gufasha abarifite.

Agira ati: “abantu bafite ihungabana ni benshi cyane kandi abaganga bakaba bake n’abahari ubasanga mu bitaro byo mu mijyi ukuntu”.

Mukeshimana akomeza avuga ko abarokotse bajya bahura n’ibibazo byo gutotezwa aho batuye mu midugudu nk’aho usanga hari abajya batera amabuye ku mazu y’abarokotse jenoside cyane cyane mu gihe cy’icyunamo.

Leta y’u Rwanda ibicishije mu kigega cyayo cyo gufasha abarokotse jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, FARG abarokotse bahabwa inkunga z’ingoboka zitandukanye nko kurihirwa amashuri, gufashwa kuvuzwa, bamwe burubakirwa amazu ndetse kuri ubu amwe muri yo atangiye kugenda asanwa kuko hari aho byagaragaye ko ashobora kuzagwa kubayabamo kubera gusaza.

 

 

Ngororero: Umuyobozi w’akarere yijeje abarokotse jenoside ko ibibazo bafite bigiye gukemurwa

Ngororero: Umuyobozi w’akarere yijeje abarokotse jenoside ko ibibazo bafite bigiye gukemurwa

Tags: , , , , , , , ,


Ngororero: Umuyobozi w’akarere yijeje abarokotse jenoside ko ibibazo bafite bigiye gukemurwa
Bimwe mubibazo abarokotse jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 94 bo mu karere ka Ngororero umuyobizi w’akarere Ruboneza Gedeon avuga ko bigiye kwihutishwa ni ibirebana n’imitungo cyane cyane itimukanwa, kurangiza imanza no kubakira abagituye ahantu hadatunganye.
Ruboneza avuga ko kuba hakiri ibibazo nkibyo bitarakemuka nyuma y’imyaka 19 atari uburangare ahubwo biterwa n’ubushobozi akarere gafite ndetse ibindi bikaba bigomba kunyura mumanza nazo zikaba zidahita zirangira.

Mayor Ruboneza arizeza abarokotse ko ibibazo byabo bigiye gukemurwa
Indi mbogamizi akarere gafite mukurangiza ibibazo nkibyo ni umubare munini w’abatishoboye bakeneye ubufasha, bityo bakaba bafashwa gahoro gahoro bitewe n’ubushobozi buhari.
Kubirebana no kurangiza imanza no kwishyura imitungo, Niyonsenga Jean d’Amour uhagarariye abarokotse mu karere ka Ngororero avuga ko hari abanga kwishyura iyo mitungo kandi bafite ubushobozi, bisa no guhimana.
Niyonsenga kandi, avuga ko kuba abangije imitungo batishoboye bazakoreshwa imirimo ifitiye igihugu akamaro, leta ikwiye kugira icyo izajya igenera abagombaga kwishyurwa iyo mitungo bavanye mubyinjijwe mumirimo ikorwan’abagombaga kwishyura.
Kuri iki kibazo, ubuyobozi bw’akarere ndetse n’ubwa Ibuka bakaba baremeye kubikorera ubuvugizi. Kuba hakiri ibibazo by’abacitse kwicumu bitarakemurwa ni kimwe mubyo abarokotse bavuga ko bidindiza gahunda yabo yo kwiyubaka.

 

m_Untitled

RUSIZI: Abarokotse Jenoside barifuza kubona amacumbi meza

Tags: , , , , , ,


m_UntitledKuba abacitse ku icu rya jenoside barabuze ababo bakabura n’ibyabo ubu ngo barifuza ko nibura babona amazu meza kuko aho bari hatameze neza, ni Nyuma y’imyaka cumi n’icyenda bubakiwe amazu hutihuti none kuri ubu zirashaje bikabije kuko iyo imvura iguye banyagirwa, Kuri iki kibazo, abayobozi b’akarere  ka Rusizi bavuga ko bafite gahunda yo kubaka amazu 117, nyamara ariko aya mazu ngo ntahagije ugereranyije n’abacikacumu bo muri aka karere bafite amazu ashaje,  gusa aho twabashije kugera twaganiriye n’abo mumurenge wa Mururu batubwira ko amazu yabo atigeze abarurwa kandi ashaje cyane .

Izi nzu z’abasizwe iheruheru na jenoside yakorewe abatutsi zubatwe muri 95 – 96 nyumay’iminsi mike jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994 irangiye. Birumvikana ko ibibazo mu gihugu byari byinshi ariko kubonera icumbi abari bamaze kurokora iyi jenoside byari mu byihutirwaga.

Gusa uku kwihutirwa kubaka aya mazu hamwe na hamwe usanga byaratumye izi nzu zitubakwa neza, ugasanga zikibura byinshi nk’ubwiherero n’ibikoni. Muri ibi bihe hibukwa Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda ku nshuro ya 19 abaturage bari kugenda bafasha abacitse ku icumu mumbaraga zabo babaha amabati badakomeza kuvirwa  . mu miganda aba baturage bakora babashyigikira bavuga ko hari ibikoresho bimwe na bimwe bagenda babura harimo nk’imisumari.

Kuba izi nzu zimaze imyaka isaga 18  zitarigeze zihomwa neza kandi  ngo zikomezwe, usanga inyinshi zishaje cyane byagera ku bakecuru n’abasaza b’inshike bo ugasanga ni ikibazo kibakomereye kuko batabashije kugira icyo bazikoraho bityo  abo mu Mirenge ya Mururu, Nyakarenzo, Gashonga na Rwimbogo bakaba basaba ubufasha bwo gusanirwa izi nzu.

Mukandekezi Felicitee ni Umukecuru uvuga ko yavutse muri 1937 akaba atuye mu Mudugudu wa Kirabyo B, Akagari ka Gahinga mu Murenge wa Mururu atangaza ko bamerewe nabi n’imbeho kuko bahora bavirwa n’imvura.

Ubwo twasangaga abaturage bo mu mudugudu wundi wa Gipfura muri aka Kagari ka Gahinga baje kumuha umuganda wo kumusakarira igikoni yadutangarije ko nta bushobozi afite bwo kuba yakwisanira inzu bigaragara ko ishaje ku buryo ikeneye gusenywa hakazamurwa indi. Siyo yonyine kandi kuko uyu Mudugudu wose amazu yubatswe muri 1996 yubakiwe abarokotse jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda usanga yose yarashaje.

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi wungirije ufite imibereho myiza y’abaturage mu nshingano ze Nirere Francoise avuga ko inzu zose zifite ibibazo zamaze kubarurwa bityo ku ikubitiro hakaba hagiye kubakwa inzu 117 ku buryo bwa kijyambere nyamara aba twasuye bavuga ko izabo zitegeze zibarurwa.

Ibibazo by’amacumbi y’abarokotse jenoside yakorewe abatutsi mu wa 1994 mu Karere ka Rusizi biri mu buryo 3 . Hari izimaze gusaza cyane ku buryo bakeneye ko zakubakwa zivuye hasi bundi bushya hari izitarigeze zirangizwa neza mugihe bazubakaga n’izindi zikewe gusanywa.

m_Untitled

Gicumbi – Amazu 170 y’abarokotse Jenoside akeneye gusanwa

Tags: , , , , , , , ,


Gicumbi - Amazu 170 y’abarokotse Jenoside akeneye gusanwa

Mvuyekure Alexandre umuyobozi w’akarere ka Gicumbi

Abacitse ku icumu rya jenoside batuye mu karere ka  Gicumbi baracyafite ikibazo cy’aho baba kuko bamwe  muri bo bafite amazu akenewe gusanwa agera ku 170 .

Ibi n’ibyatangajwe n’umuyobozi w’akarere ka Gicumbi Mvuyekure Alexandre kuri uyu wa 15/4/2013 aho yatangaje ko abarokotse jenoside yakorewe abatutsi bo muri aka karere bafite ikibazo cy’aho baba kuko amazu yabo agera mu 170 yose akenewe gusanwa.

Umuyobozi w’akarere akaba yavuze ko bizashakirwa ibisubizo harimo gushaka uburyo bwo gusana aya mazu ndetse no kubaka amwe agera muri 22 azaherwa hasi muri fondasiyo.

Ayo mazu azasanwa n’inkunga yakusanyijwe n’abaturage b’akarere ka Gicumbi ku mutima wo gufasha no kwishakamo ibisubizo by’ibibazo batewe na jenoside aho bamaze gutanga amafaranga arenga  miriyoni  makumyabiri (20 000 000FRW) mu cyumweru cyo kwibuka abazize jenoside.

KIMONYO Bosco uhagarariye imiryango ifite ababo baruhukiye mu rwibutso rwo  mu murenge wa Ruvune yashimiye ubuyobozi rwo guha agaciro imibiri iruhukiye muri uru rwibutso kuba ruri gutunganywa ndetse na gahunda zitandukanye leta ifashamo abarokotse jenoside.

Yishimiye ko hari leta y’ubumwe leta ikunda abaturage jenoside ikaba itazagaruka kuko ntanumwe kuri ubu ushobora kuyishyigikira.

Ibibazo bitandukanye by’abarokotse jenoside bafite yagaragaje ko byinshi ari iby’imitungo yabo itarishyurwa ndetse hakaba batarabona n’abahesha b’inkiko ngo babyishyurize ndetse n’imanza zirangizwe.

Gicumbi - Amazu 170 y’abarokotse Jenoside akeneye gusanwa

Mu gihe cyo kwibuka hashyizwe indabyo ahashyinguwe imibiri

Uhagarariye ibuka ku rwego rw’akarere we asanga ko  iki cyumweru cyo kwibuka gifasha abarokotse kwirema mo icyizere cyo kubaho  no kongera kureba abo bari bo bagafata ingamba zo kwiyubaka ndetse   abana basigaye mu buzima bugoye ubu bakaba  bafite icyizere cy’ejo hazaza.

Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

Advertisement

jaguar cars jaguar, jeep, kia