Tag Archive | "Rwanda Ruhango"

Mu gikorwa cyo gusiza ahazubakirwa abantu batuye ahantu habi

Ruhango: abatuye ahantu habi bagiye gutangira kwimurwa

Tags: , , , , , , , , ,


Mu gikorwa cyo gusiza ahazubakirwa abantu batuye ahantu habi

Mu gikorwa cyo gusiza ahazubakirwa abantu batuye ahantu habi

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 15 Kamena 2013, mu Karere ka Ruhango batangiye ku mugaragaro iki gikorwa cyo kwimura abatuye ahantu hakunze kwibasirwa n’ibiza (High Risk Zones).

Gutangiza iki gikorwa byabereye mu mudugudu wa Gihororo, akagali ka Bweramvura, umurenge wa Kinihira, mu muganda wo gusiza ibibanza bibiri bizubakirwamo abatishoboye bari batuye ku nkengero z’imigezi ya Nyabarongo na Kiryango.

Mukagacinya Colette na Francine Nyiraminani bari mu bibasiwe n’umwuzure ku matariki ya 16 na 17/04 2013 ubwo imiryango irindwi yari ituye hafi y’imigezi ya Nyabarongo na Kiryango yibasirwaga n’umwuzure, bagatabarwa hifashishijwe ubwato, mu mvugo yabo humvikanamo kugononwa kwinshi ku kwimuka aho hantu, bakavuga ko kwifatira icyemezo cyo kuhimuka bidashoboka ngo kuko nta handi babona bakura ibibatunga, bongeraho ko kuhakorera bavuye ahandi nabyo ari imvune bumva igoye kwihanganirwa.

Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Mbabazi François Xavier, asaba abagifite bene iyo myumvire kuyireka, ati “Ubuzima buraguma, naho ibintu byo ni ibishakwa.”

Ku rundi ruhande, Bagabo Alexis avuga ko ikimutindiye ari ukubona ubushobozi bwo kugura ikibanza no kucyubaka, ngo kuko imvune yo kuva ahandi ajya gukorera ku butaka asanzwe atuyeho ntaho ihuriye no kubura ubuzima.

Yagize ati “Iyo nibutse ukuntu nagiye hanze mu rucyerera ngasanga amazi ya Nyabarongo azegurutse urugo rwange rwose, numva mpungabanye.”

Akagali ka Bweramvura katangirijwemo iki gikorwa gafite imiryango 11 yibasiwe n’ibiza by’imvura y’itumba ry’uyu mwaka, muri yo ine ni iy’abatishoboye izubakirwa amazu kuva mu ntango kugeza yuzuye neza.

Kuri ubu Umurenge wamaze kubagurira ibibanza, abaturage bakazabafasha kubumba amatafari no kuzamura inkuta mu bikorwa by’umuganda, akarere nako kakazatanga isakaro.

 

Agace kanini ka Gitisi kagizwe n’imisozi y’amabuye

Ruhango: Akazi ko guhonda amabuye karabatunze ariko imvune bakuramo ni nyinshi

Tags: , , , , , , ,


Agace kanini ka Gitisi kagizwe n’imisozi y’amabuye

Agace kanini ka Gitisi kagizwe n’imisozi y’amabuye

Abaturage batuye mu mudugudu wa Nyarunyinya mu kagari ka Gitisi umurenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango, batunzwe n’umwuga wo guhonda amabuye. Gusa ngo nubwo uyu mwuga ubatunze ntibawishimiye na gato.

Muri uyu mudugudu harimo abagikora umwuga w’ubuhinzi ariko abenshi guhinga barabihagaritse ahubwo bayoboka umwuga wo guhonda amabuye, ndetse n’abagikora ubuhinzi iyo bahinguye bongeraho guhonda amabuye.

 

Bamwe mu baturage twasanze muri aka kazi ko guhonda amabuye, bavuga ko gukora akazi ko guhonda amabuye ari amaburakindi, ngo bagize amahirwe babona ubundi buryo bwo gukora nk’uko byavuzwe na Mugenzi Ephron.

Mushimiyimana Eva  umugore w’imyaka 25 nawe atunzwe no guhonda amabuye, avuga ko atazi mu gihe cy’imyaka nk’itanu iri imbere uko azaba ameze kuko ngo buri gihe iyo avuye muri aka kazi ataha ababara agatuza, aka kazi ngo akaba akamazemo imyaka itatu yose agakora nyamara ngo nta n’ikintu arageraho gifatika.

Nyiraminani Veronica nawe ni umudamu w’imyaka 20, ubwo twamusanganga mu kazi ke, yari kumwe n’umwana w’uruhinja rumuririra mu mugongo. Ati “none se ntaje guhonda aya mabuye, urabona uyu mwana namutungishiki ko se twananiranywe,”

Abakora uyu mwuga bavuga ko bahura n’ingaruka nyinshi

Abakora uyu mwuga bavuga ko bahura n’ingaruka nyinshi

Abakora uyu mwuga bose wo guhonda amabuye bose, iyo ubabajije amafaranga binjiza ku munsi, bakubwira ko batayazi ngo kuko hari n’igihe bakubita mu mezi atatu batarabona ubagurira. Ndetse ngo hari n’igihe bemera guhendwa bitewe n’ubukene.

Bati “hari igihe imodoka ishobora kuba ipakirirwa ibihumbi 25, ariko kubera ko nta bakiriya dupfa kubona, hari igihe haza umuntu akaba yapakirira imodoka ibihumbi 15. Ubwo se ayo mafaranga mu mezi atatu kandi mugomba kuyagabana, yakumarira iki?”

Gusa nanone ikibababaza cyane, ngo ni uko usanga muri izi mvune zose iyo bagize amahirwe bakabona umukiriya ubagurira, usanga imodoka bayikatwaho ibihumbi 3 by’umusoro.

 

Ruhango: Bijihije umunsi w’umurimo baha amata, inka n’amasuka kubatishoboye

Ruhango: Bijihije umunsi w’umurimo baha amata, inka n’amasuka kubatishoboye

Tags: , , , , , ,


Ruhango: Bijihije umunsi w’umurimo baha amata, inka n’amasuka kubatishoboyeIshuri rya Lycee de Ruhango na Emeru Intwari byo mu karere ka Ruhango, byahisemo kwizihiza umunsi w’umurimo tariki ya 01/05/2013 biremera abatishoboye bacitse ku icumu rya jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Abacitse ku icumu batuye mu mudugudu wa Bumbogo akagari ka Nyamagana, umurenge wa Ruhango akarere ka Ruhango nibo bagenewe impano irimo amata, inka amasuka, kawunga, inbishyimbo n’ibindi.

 Rwemayire Rekeraho Claver uhagarariye inama y’ubutegisti y’ibigo Lycee de Ruhango na Emeru Intwari ashyikiriza abagenerwa bikorwa inkunga babageneye

Rwemayire Rekeraho Claver uhagarariye inama y’ubutegisti y’ibigo Lycee de Ruhango na Emeru Intwari yavuze ko basanze batagomba kwicara mu bigo byabo kandi hari abandi bantu badafite uko bameze.

Claver yavuze iyi ariyo mpamvu bahisemo guhagurakana n’abakozi bose basaga 50 bakaza kwifatanya n’abatishoboye bo muri uyu mudugudu mu rwego rwo kubafasha kwigira no kwihangira imirimo.

Yandagiriye Francine, ni umwe mu bahawe inka ndetse n’ibindi birimo isuka, yavuze ko ashimishijwe n’iki gikorwa gikozwe n’ibig by’amashuri. Kuri we ngo inka ahawe igiye gutuma abona afumbire ndetse ngo iyi nka akaba yiteguye kuyifata neza kugirango izororoke neza nawe azaremere abandi.

Rurangwa Sylvan umukozi w’akarere wari umushyitsi mukuru muri uyu muhango, yashimiye ubuyobozi bw’ibi bigo, asaba ko igikorwa nk’iki gikwiye kubera ibindi bigo urugero rwo kujya bitekereza ku batishoboye cyane cyane nko mu bihe nk’ibi byo kwibuka ababo baba barishwe muri jenoside.

Bibaye inshuro ya gatatu ibi bigo bigenera impano zitandukanye abacitse ku icumu batuye muri uyu mudugugu, ubuyobozi bw’ibi bigo, buvuga iki gikorwa kizajya kibaho buri mwaka.

01

Ruhango: Yashimiwe ubutwari bw’umugabo we yagize mu gutabara Abatutsi

Tags: , , , , , , , , ,


Ruhango: Yashimiwe ubutwari bw’umugabo we yagize mu gutabara Abatutsi

Nyirahabimana Sophie hagati ashimirwa uruhare umugabo yagize mu kurwana kubicwaga mu 1994

Abakozi b’ikigo Nderabuzima cya Mbuye bibukiye Jenoside yakorewe Abatutsi ku rwibutso rushyinguyemo imibiri igera ku bihumbi 16, muri uyu muhango bakaba bashimiye umupfakazi Nyirahabineza Sophie kubera ubutwari umugabo we yagize ashaka gutabara Abatutsi bahigwagwa.

Ngarukiyinka Frederic umugabo wa Nyirahabineza Sophie kubera ko atahigwaga, ubwo ubwicanyi ku batutsi bwatangiraga i Mbuye yarahagurutse agerageza kurengera no gutabara abicwaga kugeza ubwo Interahamwe zimwishe zimuziza kudafatanya nazo no kuzirwanya.

Umupfakazi yasize, nubwo asanzwe afashwa kimwe n’abandi, muri uyu muhango wo kwibuka wabaye tariki ya 26/04/2013 yahawe ihene yo kororana n’inka ze, nk’ikimenyetso cy’uko abarokotse i Mbuye bazirikana ubutwari bw’umugabo we wishwe.

Mukarukundo Jeanne d’Arc warokokeye i Mbuye akaba akora kuri icyo kigo Nderabuzima yatanze ubuhamya bw’inzira y’umusaraba yanyuzemo akagira amahirwe akarokoka, ubu akaba yubatse afite abana babiri kandi afite icyizere cy’ejo hazaza kiganisha mu kwigira.

Habimana Eugene umuyobozi w’agateganyo muri icyo kigo nderabuzima cya Mbuye we mu ijambo rye yavuze ko kwibuka gusa bidahagije ahubwo binakwiye ko abanyarwanda bibuka baremera abacitse ku icumu batishoboye banashimira ababikwiye nka Nyirahabineza.

Nsengiyumva Jean Bosco wari uhagarariye Ministeri y’Ubuzima muri uyu muhango yashimiye abakozi b’ikigo nderabuzima cya Mbuye kuri iki gikorwa bateguye, avuga ko intego yo kwigira igomba kugerwaho kuko iyo umuntu yishoboye ntawaza ngo amuyobye nkuko byakozwe mbere bikageza kuri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Abaturage barashishikarizwa 2

Ruhango: Inkeragutabara 20 zaremewe, zihabwa inka na Koperative Imbere heza

Tags: , , , , , , ,


Abaturage barashishikarizwa 2

Minisitiri w’impunzi n’ibiza ashyikiriza Inyeragutabara inka 

Binyuze muri koperative y’inkeragutabara ikorera mu karere ka Ruhango yitwa Imbere heza, tariki ya 23/04/2013 yagabiye abanyamuryango bayo inka zigera kuri 20

Iki gitekerezo cyo kugabira izi Nyeragutabara ngo ni gahunda yo gutera ikirenge mu cya Nyakubahwa Perezida wa Repuburika Paul Kagame yagize cy’uko buri mu Nyarwanda yagira inka; nk’uko byatangajwe na Briged General Dan Gapfizi ukuriye inkeragutabara mu ntara Y’amajyepfo.

Abaturage barashishikarizwa 2

Umuyobozi w’Inkeragutabara mu ntara y’Amajyepfo

Yagize ati “niba Perezida avuga ko buri munyarwanda agomba kugira inka ndetse no kwiteza imbere, nta mpamvu yatuma Inkeragutabara zo zitagira inka zaziteza imbere mu gihe bavuye mu mirimo ya gisirikare basubiye mu buzima busanzwe”

Dan Gapfizi yasabye abahawe izinka kuzorora neza kugirango nabo bagire uruhare muguteza imbere aho batuye. Yakomeje avuga ko ibikorwa byo kuremera Inyeragutabara bigomba gukomeza.

Abahawe izi nka, ngo bishimiye kuba baratekerejweho nyuma y’uko bageze mu buzima busanzwe, ngo bakaba bagiye korora neza izi nka kugirango bashobore kubona ifumbire ndetse n’amata.

Ndabavunnye Athanase ni umwe mu nkeragutabara zahawe inka, yavuze ko inka ahawe igiye kumukura mu bukene kuko ngo azayitaho bishoboka akajya ayikama litiro zitari munsi 10 z’amata amwe akayanywa andi akayajyana ku isoko.

Minisitiri w’ibiza no gucyura impunzi, Mukantabana Seraphine wari umushyitsi mukuru mu muhango wo kuremera izi Nkeregutabara, yashimye inzego zose zagize uruhare muri iki gikorwa.

Akaba yanashimiye cyane uruhare rw’inkeragutabara zikunze kugaragara mu bikorwa bitandukanye cyane cyane igihe cy’ibiza ngo kuko arizo ziba izambere mu gutabara ndetse no gutanga amakuru.

Koperative Imbere heza, igizwe n’abanyamuryango 108 ikaba imaze umwaka n’amezi atandatu itangiye imirimo yayo yo gucunga umutekano gusa ngo ubu ikaba igiye gutangira ibindi bikorwa birimo no kubungabunga ibidukikije.

m_Untitled

Ruhango: Nubwo batuye mu mudugudu utabamo uwarokotse jenoside bagaragaje uruhare mu gufasha abatishoboye batuye ahandi

Tags: , , , , , , , ,


Umudugudu wa Bisika mu kagari ka Mpanda umurenge wa Byimana mu karere ka Ruhango, nta muntu numwe warokotse jenoside yakorewe abatutsi uhatuye, ariko abaturage batuye uyu mudugudu barashimirwa cyane ubushake bagaragaje mu gufasha abarokotse batishoboye.

Ubwo hasozwaga icyumweru cy’icyunamo tariki ya 13/04/2013 nibwo aba baturage batuye umudugudu wa Bisika bakusanyije inkunga y’amafaranga y’u Rwanda agera ku 110000 bayashyikiriza ubuyobozi bw’akagari ka Mpanda kugirango nako karebe undi mudugudu urimo abarokotse jenoside batishoboye uyabafashishe.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Mpanda Habarurema Sothene, avuga ko bakimara kubona aya mafaranga ndetse ngo n’ibindi bikorwa uyu mudugudu wagiye ugaragaramo byo gufasha abarokotse batishoboye birimo imiganda n’ibindi ngo byarabashimishije cyane.

Uyu muyobozi akomeza avuga ko amafaranga bashyikirijwe n’uyu mudugudu ngo bageranyije n’andi baguramo utumasa tubiri badushyikiriza Nashamaje Antoine na Bosco barokotse jenoside batishoboye.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Byimana Nahayo Jean Marie, avuga ko iki ari ikimenyetso cyiza kigaragaza intambwe y’ubumwe n’ubwiyunge abanyarwanda bakomeje gushishikarizwa.

Ruhango: Nubwo batuye mu mudugudu utabamo uwarokotse jenoside bagaragaje uruhare mu gufasha abatishoboye batuye ahandi

Uru rwibutso rwa Byimana rwari rukikijwe n’imiyenzi ariko mu cyumweru kwibuka rwubakishijwe amatafarai

 Uretse iyi nkunga uyu mudugudu watanze, ngo wanagize uruhare rugaragara mu isanwa ry’urwibutso rwa jenoside rwa Byimana rwagaragaraga nk’urushaje rukavanwaho urugo rw’imiyenzi rugakikizwa n’amatafari ahiye; nk’uko bitangazwa na Jean Marie

Jean Marie yagize ati “kugirango uru rwibutso rutungwanywe aba baturage barugizemo uruhare cyane. Muri iki cyiciro cyambere, imirimo yo gusana yagombaga gutwara amaranga y’u Rwanda 25 00 000, none irangiye itwaye  2 400 000Frw,  muriyo 1 000 000 yatanzwe n’akarere kacu ka Ruhango, abaturage batuye mu murenge n’abawukoreramo hamwe n’abahavuka baba ahandi bakusanya 1400 000Frw”

Kuba uyu mudugu wa Bisika nta warokotse jenoside yakorewe abatutsi uhatuye, ngo ni uko na mbere ya jenoside na Mututsi wari uhatuye. Gusa ubu abawutuye bakaba bashimirwa ubwitanjye bagaragaza mu gufasha abarokotse jenoside batuye mu yindi midugudu.

m_Untitled

Ruhango: Nubwo twiciwe tugasenyerwa amazu turishimira aho tumaze kugera-Abarokotse

Tags: , , , , , ,


Ruhango: Nubwo twiciwe tugasenyerwa amazu turishimira aho tumaze kugera-Abarokotse

Abarokotse jenoside yakorewe abatutsi bunamira imiryango yabo

Abarokotse jenoside yakorerewe abatutsi mu murenge wa Mbuye mu karere ka Ruhango barahamya ko batagiheranwa n’agahinda kubera ababo bishwe ndetse n’imitungo basahuwe mu gihe cya jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Ahubwo ubu ngo barishimira intambwe bamaze gutera nyuma y’imyaka 19 jenoside yabakorewe ibaye, kuko ngo ubu bamaze kubona aho baba ndetse ngo n’abatahafite batishoboye bizera neza ko mu gihe gito Leta izaba yabafashije.

Twagiramungu Claude ni umwe mu bahuye na jeniside yakorewe abatutsi warokokeye mu murenge wa Mbuye, kimwe n’abagenzi be bahamya ko bashimishwa cyane no kuba batemeze nk’uko ababiciye babyifuzaga.

Yagize ati “rwose nubwo tuzahora twibuka bacu, ariko ubu tubayeho nezo kuko hari bamwe baharanira kwigira ndetse n’abadafite amikoro ubona ko Leta ibari hafi”

Muhoza Innocent ahagarariye IBUKA mu murenge wa Mbuye, avuga ko Abarokotse muri uyu murenge wa Mbuye bahuye n’ibihe bibi muri Jenoside ariko ubu ngo bamaze gutera intambwe ishimishije kuko bari muri gahunda yo kwigira.

Ruhango: Nubwo twiciwe tugasenyerwa amazu turishimira aho tumaze kugera-Abarokotse

Abayobizi batandukanye muri Ruhango bishimiye aho abarokotse intambwe bamaze gutera

Asoza icyumweru cy’icyunamo tariki ya 13/04/2013 mu murenge wa Mbuye, umuyobozi w’akarere ka Ruhango Mbabazi Francois Xavier, yashimye iyi ntabwe abarokotse jenoside yakorewe abatutsi bateye banga guheranwa n’agahinda.

Uyu muyobozi akaba yarabwiye ko gahunda za Leta zo gufasha abatishoboye zikomeje gusa akomeza abasaba gukomeza guharanira ibikorwa bwo kwiteza imbere nk’ukobabitangiye.

Mbabazi yanavuze ko iyi ntambwe yatewe, ko ariyo inatuma habaho imibare mike y’abagihura n’ihungabana nk’uko mu myaka yashize byari bimeze.

Ruhango : Abarokotse Jenoside barasaba gufashwa kubona imibiri y’ababo ngo ishyingurwe mu cyubahiro

Ruhango : Abarokotse Jenoside barasaba gufashwa kubona imibiri y’ababo ngo ishyingurwe mu cyubahiro

Tags: , , , , , , , , ,


Ruhango : Abarokotse Jenoside barasaba gufashwa kubona imibiri y’ababo ngo ishyingurwe mu cyubahiro

Abarokotse jenoside ngo babazwa n’imyaka 19 batarashyingura ababo mu cyubahiro

Abarokotse jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka w’1994 bo mu murenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango, barasaba abanyarwanda bose by’umwihariko abireze bakemera ibyaha ko bajya batanga amakuru y’ahaba haherereye imibiri y’ababo bishwe muri jenoside.

Ubuyobozi bw’umurenge wa Bweramana bwo buvuga ko bukomeje gahunda yo gukangurira abaturage gutanga amakuru y’aho baba bazi ko imibiri iherereye nayo igashyingurwa mu cyubahiro.

Abafite ababo bari baje gushakisha imibiri y’ababo bavuga ko bakibangamiwe nuko mu myaka 19 itambutse bitaboroheye kubona amakuru yaho imibiri yababo yaba iherereye kugirango ishyingurwe mu cyubahiro mugihe kandi ngo iyo bazi ko ababo bashyinguwe mucyubahiro bibaruhura imitima.

Bityo bagasaba inzego bireba ko bafashwa gutangarizwa aho imibiri y’ababo iherereye maze igashyingurwa mu cyubahiro.

Nyuma yo kumva ibyifuzo by’abarokotse jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka w’1994, twegereye ubuyobozi bw’umurenge wa Bweramana, maze Muhawenimana Eric ushinzwe imibereho myiza y’abaturage muri uyu murenge avuga ko hakiriho abantu bimana amakuru. cyakora ngo hariho gahunda y’ubukangurambaga mu gutanga amakuru yahazwi ko hari imibiri maze igashyingurwa mu cyubahiro.

Kimwe n’ahandi mu Rwanda hose mu gihe cyo kwibuka  jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka w’1994, usanga hirya no hino hariho ibikorwa byo gushakisha imibiri ndetse no kuyishyingura mu cyubahiro.

Muri uyu murenge wa Bweramana hakaba hamaze kuboneka imibiri igera kuri 12 biteganyijwe ko izashyingurwa mu cyubahiro tariki ya 13/04/2013.

 

 

Rwanda commemorates 19 year after the 1994 genocide against Tutsis

Ruhango genocide survivors search for bodies of loved ones

Tags: , , , , , , ,


The survivors of the 1994 genocide against Tutsis in Bweramana sector in Ruhango district ask all Rwandans especially genocide perpetrators who accepted their crimes and asked for forgiveness to give information on the whereabouts of where they buried the bodies of their victims to be laid to their final resting places.

The management of Bweramana sector says they are still carrying out the sensitization program to give information on the whereabouts of genocide victims’ bodies to be buried in respects like all genocide victims.

Rwanda commemorates 19 year after the 1994 genocide against Tutsis

Rwanda commemorates 19 year after the 1994 genocide against Tutsis

People who their loved ones and families members who were the victims of the 1994 genocide that annihilated more than 1 million Tutsis who have not yet found their bodies say it bothers them that after 19 years, they haven’t buried the bodies of their people.

Burying the bodies of the genocide victims gives closure and peace of mind to their family members. This is the reason why residents of Bweramana sector are pleading to anyone who has information on the whereabouts of genocide victims to make it known and be put to rest.

Eric Muhawenimana the social affairs official in Bweramana sector says people still have a tendency to withhold such kind of information especially avoiding to implicate themselves in certain cases.

“There is however a sensitization program going on to encourage people to give such information on the whereabouts of genocide victims’ bodies to be buried in respects to their final resting places” says Muhawenimana.

Like everywhere in Rwanda, the search for genocide victims’ bodies and laying them to rest in genocide memorial sites happens during the commemoration periods. In Bweramana sector, only 12 bodies of the genocide victims were found and will be buried respectfully on this Saturday 13th.April.2013.

 

Amategura ngo ari mubyangiza ibidukikije

Ruhango: Abaturage ngo bamaze kumenya ko gusakaza amategura byangiza ibidukikije

Tags: , , , , , , ,


Amategura ngo ari mubyangiza ibidukikije

Amategura ngo ari mubyangiza ibidukikije

Akarere ka Ruhango, kari mu turere tugaragaramo inyubako zishakaje amategura, abaturage bavuga ko impamvu bitabiriye cyane gusakaza amategura kuko yabaga ahendutse ugereranyije n’amabati.

Icyakora kuri ubu, aba baturage ngo ntibakitabira gusakaza amategura ahubwo ubu ngo bashishikajwe no gusakaza amabati, kuko amategura batakemererwa kuyakoresha kuko ngo ari mubyangiza ibidukikije.

Habimana Samson ni umusaza utuye mu murenge wa Byimana mu karere ka Ruhango, avuga ko mbere amategura bayubakishaga kuko ariyo yabahendukiraga ariko ubu ngo amabati niyo asigaye ahendutse kurusha amategura kuko ibirombe by’amategura bitagikunze kubaho.

Mu gushaka kumenya itandukaniro riri hagati yo gusakaza amabati n’amategura, twegereye umwe mu nzobere z’ibijyanye n’ubwubatsi Gatsinzi Mark umaze imyaka isaga 30 muri uyu mwuga.

Gatsinzi akavuga ko icyiza cyo gusakaza amabati ngo ni uko amabati atagira uburemere ku gisenge cy’inzu. Kuko ngo akenshi amategura akunze kuremerera inzu igatangira gusaduka bityo bikayiviramo gusenyuka.

Gusa abaturage ngo nubwo bamaze kumenya ibibazo by’amategura, ngo ababera meza kuko yo igihe cyose ushobora no kuyimukana.

Kuba amategura ari mu byangiza ibidukikije, bikunze kugaragara mu gihe cyo kuyatwika, akaba arinayo mpamvu byagiye bihagarikwa bigakorwa mu buryo bujyanye n’igihe.

 

Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

Advertisement

jaguar cars jaguar, jeep, kia