Abatuye Umudugudu wa Kamanga mu Murenge wa Kigabiro muri Rwamagana baravuga ko kugira imyumvire imwe kuri gahunda ya leta y’Ubumwe n’Ubwiyunge yabagejeje ku ntera yo kwiyumva nk’abavandimwe batuye mu nzu imwe, ndeste bagafashanya kubonera utuye uwo Mudugudu wese umufariso.
Emeresiyana Kanyange utuye uwo Mudugudu yatubwiye ko aho batuye babana mu busabane no gufashanya kandi bakaba bafite umuyobozi mwiza w’Umudugudu we yita Papa w’Umudugudu.
Mu ntangiriro, ngo uyu muyobozi w’Umudugudu yahoraga abashishikariza kumvikana no gufashanya kuko ngo batewe aho batuye nta wundi wabatabara ngo abaramire bo ubwabo batabanje gutabarana cyangwa se gufatanya gutabaza.
Kanuma Bosco ati “Ndibuka ko buri gihe iyo twabaga turi mu nama umuyobozi yatubwiraga ko twabishaka tutabishaka tuzasangira gupfa no gukira igihe cyose tuzaba tugituranye hano. Akenshi akunda kongeraho ngo nimushaka mureke dufatanye gukira, tureke gupfa bizatugwirire.”
Mu manama menshi ngo bahuriragamo yose, umuyobozi w’Umudugudu witwa Kanyeshyamba Radjab yabashishikarizaga kubana batishishanya, buri wese ngo akiteganyiriza amahoro abanza kuyasakaza mu bandi.

Abatuye Kamanga bagira ubwo bategura igitaramo cyo gusabana iwabo mu Mudugudu ku mugoroba bakitse imirimo
Abaturage ngo bageze ubwo bunga ubumwe, batangira kujya bita ku bibazo by’abo baturanye nk’ibyabo kugera ubwo bagiraga igitekerezo cyo gufashanya gushakira isaso bamwe muri bo bararaga ku musambi.
iki gitekerezo bacyumvikanyeho, biyemeza kukiragiza abagore ngo abe aribo bazajya bakusanya umusanzu wa buri rugo kandi batombore urugo rukwiye kubanza. Ubu muri uwo mudugudu bamaze gusasira imifariso ingo 36, kandi ngo uyu mwaka uzarangira n’ingo zisigaye zose bamaze kuzisasira.
Bwana Kanyeshyamba Radjab uyobora uwo Mudugudu wa Kamanga avuga ko mu Mudugudu batuye bose bafashanya, akaba ngo abishimira abaturage ayobora kuko barangwa n’ubufatanye muri byose, bakajya inama kandi bagahanahana amakuru yose y’ahari ibyiza basangira n’ibyago bakwirinda. Kanyeshyamba ati “Hari ubwo ngeraho nkabona twese tumeze nk’ababa mu rugo rumwe kuko abaturage twese tuhanahana ibyatugirira akamaro twese, tukarindana ibyaduteza ibyago iwacu.”








