Abantu kugiti cyabo, amashyirahamwe n’amakoperative bagera ku 127 bakorera mu mijyi wa Ngororero bongeye guhwiturwa no guhanirwa kuba batujuje ibisabwa mu kazi bakora kugira ngo batange serivisi zitunganye.
Muri icyo gikorwa cyakozwe kuri uyu wa kabiri tariki 8/1/2013, amazu 38 akora ibintu bitandukanye yafunzwe, abatanga serivisi 64 bagirwa inama z’ibyo bagomba gutunganya kuburyo bwihuse naho 25 bacibwa ibihano kubera kudashyira mubikorwa ibyo basabwe.
Nkuko Habiyakare Etienne umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Ngororero ari nawo ubarizwamo umujyi wa Ngororero yabidutangarije, ibi byakozwe nyuma y’icyumweru abagize komisiyo ishinzwe kugenzura imitangirwe ya serivisi banyuze muri abo bantu babereka ibidatunganye babasaba kubyitaho.
Mubahanwe kubera kudakora ibyo basabwe, ahanini basanganywe umwanda ukabije kandi abenshi bacuruza ibiribwa, naho abandi bagacuruza ibiribwa bitujuje ubuziranenge nk’abagabura inyama zitapimwe, ndetse n’abacumbikira abagenzi ahantu hadakwiye.
Abenshi bihutiye kuvugurura
Habiyakare avuga ko ari abafungiwe, abagiriwe inama n’abaciwe amande bahawe igihe kigera kubyumweru 3 maze bakaba batunganyije ibisabwa maze bagafungurirwa cyangwa bagafungirwa burundu. Icyakora, abazabasha gukemura ibitagenda neza mbere y’icyo gihe bazasaba ubuyobozi buze kureba hanyuma bakomeze imirimo yabo naho abazarenga kumabwiriza bazahanishwa amande y’amafaranga ibihumbi 10.
Esperanza, kamwe mutubari dukomeye mu mujyi wa Ngororero ni kamwe mutwafunzwe
Agashya kabaye muri icyo gikorwa ni uko hanafashwe n’abakora umwuga w’uburaya maze bakajyanwa kuri polisi bazira kuba bafashe mugenzi wabo bakamwambika ubusa bakamushyira kukarubanda, maze izo ndaya zikagaruka bazogoshe igice cy’umusatsi nkuko bikunda gukorwa mu mashuri mato iyo abarezi bashaka ko ababyeyi bogoshesha abana babo.



