Tag Archive | "Rwanda social"

Kamonyi Mu bikorwa by’urugerero intore

Rwanda | Kamonyi: Mu bikorwa by’urugerero intore z’umurenge wa Runda zizafasha mu bukangurambaga ku mibereho myiza

Tags: , , , , , ,


Mu bikorwa by’urugerero intoreKamonyi Mu bikorwa by’urugerero intore

Intore z’umurenge wa Runda ziteguye gutanga umusanzu w’ubukangurambaga mu guteza imbere imibereho myiza y’abaturage; zibashishikariza kwitabira ubwisungane mu kwivuza, kugira isuku, gutegura indyo yuzuye, kuringaniza imbyaro, gukunda umurimo no kwirinda ibiyobyabwenge.

Izi ntore zatangiye ibikorwa by’urugerero tariki 22/1/2013, zikora umuganda ahubakwa ibiro by’akagari ka Ruyenzi, ziratangaza ko ziteguye gufatanya n’abaturage b’umurenge wa Runda kubungabunga imibereho myiza , izabageza ku iterambere rirambye.

Hagendewe ku bikorwa bikenewe ubukangurambaga cyane, buri kagari kagennye ibyo intore zizabafasha. Mu rusange izi ntore zizafasha ubuyobozi  gusuzuma imihigo y’umuryango urugo ku rugo, gushishikariza abaturage kwitabira Ubwisungane mu kwivuza, bafashe no mu gukora ibyiciro by’ubudehe.

Izi ntore kandi zizagira umwanya wo kujya ku kigo Nderabuzima cya Gihara, zitange inyigisho isuku, gutegura indyo yuzuye no kuringaniza urubyaro. Aho ku kigo Nderabuzima kandi zizafasha mu gushyikiriza amakarita ya Mutuweli abatishoboye.

Nk’uko umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Runda, Nyirandayisabye Christine abitangaza, ngo intore zose z’umurenge zizahurira ku gikorwa cyo kubarura abatazi gusoma no kwandika mu mirenge, zitange n’ibiganiro kuri gahunda yo gukunda igihugu, kwihangira umurimo no kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko.

Intore ziteguye gukora ibyo bikorwa byose biteganyijwe kuko bizabafasha gutinyuka no kwinjira mu buzima busanzwe.  Uwukuri Hubert , intore y’akagari ka Muganza, avuga ko bishimiye gukorana n’abaturage, kuko bazereka ababyeyi ko urubyiruko na rwo rufite inyota yo guteza igihugu imbere.

Imirimo y’urugerero izajya ikorwa iminsi itanu y’icyumweru mu masaha ya mbere ya saa sita. Mu gihe cy’amezi atatu urugerero ruzamara, ubuyobozi bw’umurenge wa Runda bukaba butangaza ko intore zizasiga zizamuye imyumvire y’abaturage ku bijyanye n’imibereho myiza.

Inzego zose mu murenge wa Kanjongo zahagurukiye kurwanya ubuzererezi

Rwanda | Nyamasheke: Inzego zose mu murenge wa Kanjongo zahagurukiye kurwanya ubuzererezi

Tags: , , , , ,


Inzego zose mu murenge wa Kanjongo zahagurukiye kurwanya ubuzererezi

Inzego z’ubuyobozi zitandukanye mu murenge wa Kanjongo ziratangaza ko zahagurukiye kurwanya ikibazo cy’ubuzererezi gikunze kugaragara muri uyu murenge ugenda ugeramo ibikorwa by’iterambere bitandukanye.

Izi ngamba zikomeye zo kurwanya ubuzererezi zikaba zifashwe mu rwego rwo gukumira ko uyu murenge ugenda utera imbere wazaba indiri y’inzererezi mu karere ka Nyamasheke.

Umurenge wa Kanjongo wo mu karere  ka Nyamasheke ni umurenge bigaragara ko ko ari uw’Umujyi muri aka karere ka Nyamasheke, ahanini kagizwe n’ibice by’icyaro.

Ubusanzwe uyu murenge ugaragaramo centre y’ubucuruzi ya Tyazo, ukabamo Ibitaro bya Kibogora, Kaminuza ya Kibogora ndetse n’uruhurirane rw’amabanki n’ibigo by’imari, bigaragara ko agenda asanganira aka gace umunsi ku munsi.

Kuri ibi hiyongeraho umuhanda wa kaburimbo umaze kugera muri uyu murenge wa Kanjongo kandi uko bigaragara ukaba ari umuhanda nyabagendwa.

Mu karere ka Nyamasheke, nta watinya kuvuga ko uyu murenge ari wo uri ku isonga mu kugira ibikorwa by’iterambere ugereranyije n’indi mirenge yo muri aka karere k’icyaro.

Kuba ibi bikorwa by’iterambere bigenda bisanganira uyu murenge, bituma n’abaza kuhashaka imirimo biyongera. Aha kandi ni na ho abandi bantu batagira imirimo bashobora guhera bahaza kugira ngo bahashakishe imirimo nk’agace bigaragara ko kagenda kaba umujyi. Nk’uko bikunze kugaragara mu mijyi itandukanye, ahabaye umujyi hakunze kugwira n’inzererezi.

Iki kibazo cy’inzererezi kikaba giteye impungenge akarere ka Nyamasheke ku buryo kigomba gushakirwa ingamba amazi atararenga inkombe.

Mu nama yahuje umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Madame Gatete Catherine, hamwe n’abayobozi b’utugari n’imidugudu byo mu murenge wa Kanjongo, tariki ya 11/01/2013 yabibukije ko ibikorwa by’iterambere bigenda bigera muri uyu murenge bidakwiriye kuba intandaro y’ubuzererezi ahubwo ko bakwiriye gufata iya mbere kugira ngo bakumire ko byazabaho.

Abayobozi batandukanye bo muri uyu murenge na bo bemeza ko hakwiriye gufatwa ingamba zikarishye by’umwihariko bagenzura abantu binjira muri uyu murenge batahasanzwe.

Nk’umurenge ugenda ukura mu iterambere, abayobozi basanga umuntu wajya ugaragaza ko ahafite akazi atafatwa nk’inzererezi, ariko kandi ngo bagiye gushyiraho ingamba zo kuzajya baka icyangombwa abinjiye muri uyu murenge cyerekana aho baturutse n’ikibagenza kandi kikaba kiriho umukono na kashe y’akagari bakomokaho.

Kurwanya ubuzererezi muri aka gace, ubuyobozi buvuga ko byagabanya ikibazo cy’abantu birirwa ku muhanda nta cyo bakora kandi bikaba n’inzira yo kubungabunga umutekano w’abantu n’ibyabo muri uyu murenge kuko igice cy’inini cy’abagize izo nzererezi, ubuyobozi buvuga ko ari bo bashobora kwiba ibya rubanda.

 

 

Ms. Esperance Uwimpuhwe

Rwanda : Gatsibo district set to achieve its development goals

Tags: , , , , , ,


The Authority and residents of Gatsibo district hope in achieving the performing contracts of the economic year 2012/2013 especially because people concerned with their implementation show willingness to work with the management towards their achievement.

 

Ms. Esperance Uwimpuhwe

Ms. Esperance Uwimpuhwe

This was announced in a meeting with people in charge of social affairs in Gatsibo district on the 15th.Oct.2012 on the developmental meeting on social affairs of local people. The meeting was presided over by Esperance Uwimpuhwe the vice mayor for social affairs in the district who also presented the performing contracts to be achieved and the district’s action plan of the economic year 2012/2013.

After sharing different ideas with the people who attended the meeting, the vice mayor for social affairs said, “I am hopeful that we will achieve what we vowed to achieve though all people concerned are to work as a team to gain strength and achieving what they vowed to.”

In this meeting, projects to be achieved in this economic year were discussed and how far they are yet to be achieved. This district is at 29.4% participation in medical insurance, 49.5% in family planning and they plan on achieving 52% by June 2013.

Gatsibo district was on the 9th position in the last National performing contracts presentation; it has about1585.3 km2 area and a population of 377.345 people living in 84.572 families. It is made up of 14 sectors, 69 cells and 603 villages.

 

 

 

 

 

 

Rwanda | Ngororero: Abatishoboye bafashwa nibigishwe kwifasha binyuze mu mashyirahamwe

Tags: , , , , , ,


Uyu ni umwe mu myanzuro yafatiwe mu mwiherero wahuje Umukozi w’Akarere ushinzwe imibereho Myiza y’abaturage Mudahogora Violette n’abakozi b’imirenge bashinzwe imibereho myiza y’abaturage n’abakozi bashinzwe amakoperative mu mirenge hagamijwe ubufatanye mu gikorwa cyo kuzamura imibereho myiza y’abatishoboye.

Mu byiciro by’abatishoboye harimo; abarokotse jenoside, Abahejwe n’amateka, Ababana n’ubumuga, Abasheshe akanguhe, Abahungutse, Abahuye n’ibiza, Abatishoboye basanzwe (nk’abantu babyarira iwabo, abacuruza imibiri yabo ugasanga bafite abana benshi, Abarwayi n’abandi).   Barebeye hamwe ibikorwa biteganyirizwa gukorerwa abatishoboye mu mirenge ku buryo bukurikira:

Mumurenge wa  Bwira hateganywa kubagurira amatungo magufi urugero  nka SUMBIRIGI,  kubabumbira mu mashyirahamwe hakurikijwe ibyiciro no  kububakira uturima tw’igikoni; hakaba hateganwa no kubabakira amacumbi. Muri gatumba kubaka amazu 5 y’abatishoboye hagakoreshwa amabati y’amakura; Kubabumbira mu makoperative cyane abana bibana n’abapfakazi; Gufasha ababana n’ubumuga;Kubakira ubwiherero abahejwe inyuma n’amateka; Gushishikariza abana b’abahejwe n’amateka kwitabira ishuri

Mu murenge wa Hindiro ho bazaha imiryango 83 amatungo magufi; Gufasha imiryango 700;  Kubaka amzu 7 y’abatisjhoboye; Gukurikirana ingurube zahawe abapfakazi kugira ngo bose zizabagereho. Kabaya bazatanga akazi ku bantu 200; Kubaka amazu 3; Gutanga amtungo magufi; Gutanga inka muri gahunda ya girinka; Kwibumbira mu makopretive; Kubaka uturima tw’ igikoni;Guhindura imyumvire.

Muri Kageyo bazubaka ubwiherero; Kubashyira mu ishirahamwe; Koroza abahejwe n’amateka amatungo magufi. Kavumu bazoroza abatishoboye; Kubaka uturima tw’igikoni; Kubaka ibikoni 5 by’amazu y’abatishoboye 5; Kubaka amazu 2 y’abatishoboye;Gutanga akazi.

Matyazo, Kubashyira mu makoperative( abakobwa babyariye iwabo….);  Gutanga akazi; Kubahuza n’abafatanyabikorwa batandukanye( ACD); Kubaka amazu 26 y’abantu batayafite; Koroza imiryango y’abatishoboye amatungo

Muhororo,  kubashyira muri  VUP; Gutanga akazi biturutse ku mafaranga y’ingoboka biturutse mu bimina ; Koperative y’ababana n’ubumuga; Kubaka inzu 1 y’umuntu utishoboye; Gushyiraho amakoperative 3 imwe igizwe n’abantu 20 mu tugari 3 kugira ngo bazivane mu bukene ; Kubaka inzu imwe muri buri kagari; Gushishikariza abaturage kwitabira SACCO kugira ngo baguzemo amafaranga babone uko biteza imbere

Muhanda,  kubakira imiryango 18 y’abahejwe n’amateka ; Guha akazi abatishoboye 200  muri gahaunda ya VUP; Koroza imiryango y’abatishoboye binyuze muri gahunda yo kuzitura; Kubaka uturima tw’igikoni

Ndaro, guha akazi abantu 800 binyuze muri VUP; Gufasha abasheshe akanguhe 150 muri gahunda ya VUP; Kubakira imiryango 17 y’abatishoboye no kubub akira ubwmiherero; Gushyira abahejwe n’amateka mu makoperative ; Gukorera ubukwe imiryango y’abahejwe n’amateka  ku miryango izasezerana

Ngororero,  Kububakira amazu 7;  Kuzitura amatungo magufi; Gushyiraho kopertive 2 imwe y’abahejwe n’amateka n’ ababana n’ ubumuga ;Guha akazi abantu 600 binyuze muri gahunda ya HIMO

Nyanjye kuzamura imiryan go y’abatishoboye ikaza mu midugudu; Kubakira abahejwe n’amateka imiryango 2,Kubakira umupfakazi 1; Gutanga amatungo magufi biturutse mu misanzu ivuye mu baturage ;Gahunda ya Sasa neza kugura amatela 70; Gushyiraho amakopretive y’abahejwe n’ amteka n’Abana n’ubwandu

Naho mu murenge wa Sovu bazashyiraho amashyirhamwe 3 y’abakora umwuga w’ uburaya, aya abacitse ku icumu n’Abahejwe n’ amateka ; Kububakira amazu (haracyakorwa identification); Guha akazi  abantu 400 binyuze muri gahinda ya HIMO; Gukora uturima tw’igikoni.

 

Abari mu mwiherero basabwe kugaragaza vuba Imishinga ya za  koperative z’urubyiruko kugirango ihabwe inkunga kuko hari miliyoni makumyabiri (20,000,000) zizahabwa amakoperative y’urubyiruko.

Umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza Nyiraneza Clothide waje gusoza umwiherero yibukije abashinzwe imibereho myiza mu mirenge ko ibyo bakora bigomba kugaragarira mu mpinduka y’imiberereho myiza y’abaturage cyane cyane abatishoboye. Yabasabye kuzashyira mubikorwa intego bihaye yo kuvana abatishoboye mu kiciro barimo ubu bakagera ku mibereho myiza nk’abandi bagenzi babo.

 

 

Rubavu Abacuruzi bazamura

Rwanda: Rubavu: Abacuruzi bazamura ibiciro bya fanta uko bishakiye

Tags: , , , ,


Rubavu Abacuruzi bazamura

Hamwe na hamwe muri za centre z’ubucuruzi zo mu cyaro mu karere ka Rubavu usanga abacuruzi bazamuye igiciro cya Fanta nyuma y’aho uruganda rwa BRALIRWA ruzamuriye ibiciro by’icyo kinyobwa.

Bamwe mu baturage batuye muri  santere (Centre) ya Nkora badutangarije ko bari kuranguza ikaziye ya fanta Fr 6000 mu gihe igiciro Bralirwa  yatangaje ari  Fr 5750 ngo hari n’aho bayiranguza ku fr 6200.

Umwe mu bacuruzi baranguza fanta Jean Damascene Karuturumiya yishyiriyeho ibiciro ndetse abimanika muri depo ye aho byandise ko ikaziye imwe ari Fr 6000. Umukozi umucururiza yabajijwe impamvu z’ibyo biciro avuga ko ari amategeko ahabwa nta kindi. Naho Karuturumiya we yavuze arakaye ati “nta kindi narenzaho kubyo mwibonera mwanumvise.”

Ibi bikaba bitaratumye tumenya icyo ateganya guhindura kuri iyi gahunda ikamera nk’iz’ahandi.

Bamwe mu baranguza barangurira kuri iyi depo badutangarije ko kubera iki giciro yabashyiriweho nabo bari kuranguza abandi ku Fr 6200 kugirango bagaruze urugendo baba bakoze. Ngo bakaba baranahisemo gushyira icupa rya fanta kuri 350 nk’uko bakomeje babisobanura.

Benshi mu banywi  ba fanta mu karere ka Rubavu  usanga batinya kunywa fanta aho usanga muri resitora benshi biyakira amazi atetse. Abacuruzi bo mu byaro bo ngo hari igihe bihererana bamwe mu baguzi bakabagurisha ku biciro bishakiye.

Tariki ya 21/01/2012 nibwo BRALIRWA yatangaje ko igiciro cya fanta cyavuye ku mafaranga 250 kijya ku mafaranga 300.

 

Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

Advertisement

jaguar cars jaguar, jeep, kia