Bamwe mu bacuruza mu mihanda yo mu mujyi w’akarere ka Muhanga ho mu ntara y’Amajyeopfo baratangaza ko bafite ikibazo cy’abalokodifensi babambura ibicuruzwa byabo bamwe bakabyirira.
Aba bacuruzi bavuga ko nubwo bitemewe gucuruza muri ubu buryo batembereza ibicuruzwa, bahura n’abashinzwe umutekano bazwi ku izina rya ba local defense bakabambura ibyo baba baje gucuruza ku buryo bavuga ko butazwi kuko ngo babifata ntibabisubizwe ndetse ngo ntibamenye n’irengero ryabyo kuko ngo bamaze kumenya ko aribo babyirira cyangwa bakaba babigurisha ku giti cyabo.
Umugore witwa Mugorewera ukora aka kazi ko gucuruza agataro atangaza ko ahamya neza ko abalokodifensi babarira ibyabo. Ati: “tuba dufite imbuto bakazitwambura bakatubeshya ko bayiha abatishoboye ariko naje kuvumbura ko babyirira kuko bandiriye imineke njye nabihagararaho”.
Si abacuruza imboga n’imbuto bafite ikibazo gusa kuko n’abacuruza ibindi nabo bahamya ko ibyo bamburwa bitwarwa n’abalokodifensi.
Kagabo ucuruza amagi ati: “jye banyambuye amagi yanjye barayarya mbareba, nibajyende baba bafite inzara nabo bakaza kuyidutura kandi natwe tuba twatumwe na badatabuja”.
Aba bacuruzi batangaza ko bagira ikibazo cy’aba balokodifensi kuko ngo usibye kubarira ibyabo ngo banabaka ruswa kugirango babashe kubasubiza ibyabo. Utabashije kwemera gutanga iyi ruswa ngo niwe ufatirwa utwe maze bakadutwara burundu.
Benshi muri aba bacuruzi batangaza ko ubuzima bwabo bushingiye ku gucuruza agataro kuburyo ngo iyo bambuwe ibicuruzwa basubira inyuma ku buryo bugaragara.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga butangaza ko bufite gahunda yo kubaka isoko rya kijyambere mu mujyi w’aka karere kuburyo nta bacuruzi bazongere kwinubira aho bacururiza cyangwa ngo babure aho bacururiza.
Ubu buyobozi ariko bunavuga ko nta muntu wagombye kujya acururiza mu muhanda kuko ngo hari isoko riri i Nyabisindu mu mujyi w’aka karere rigenewe abacuruza imboga n’imbuto bagomba kujya bacururizamo. Nyamara aba bacuruzi bo batangaza ko batishimira iri soko kuko ritubakiye kandi rikaba riri kure y’aho bitako abakiliiya baba.
Umwaka ushize muri aka karere abalokodifensi bahawe amahugurwa, aho bagarutse ku myitwarire yabo ikunze gukemangwa n’abatari bake.









