Mu rwego rwo gufata mu mugongo abaturage b’imirenge ya Muganza na Bugarama yo mu Karere ka Rusizi bahuye n’ibiza mu mpera z’ukwezi k’ukwakira umwaka ushize wa 2012, bamwe mu bayobozi n’abikorera ku giti cyabo bakomoka mu turere twa Rusizi na Nyamasheke batuye mu mujyi wa Kigali bifatanije n’abaturage b’iyo mirenge mu gikorwa cy’umuganda, aho bateye ibiti ibihumbi 23, bakanabatera inkunga y’ibiribwa n’ibikoresho byo mu rugo bifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni enye, imiryango 42 yo mu murenge wa Muganza yazahajwe cyane n’ibyo biza.
Nyuma y’aho mu mpera z’umwaka ushize wa 2012, ubwo abo baturage bahuraga n’ibiza bakomeje gufashwa n’imiryango itandukanye cyane cyane abo mu mirenge ya Muganza na Bugarama dore ko aribo bari bibasiwe n’imvura nyinshi yasize iheruheru imiryango igera ku 172 ndetse bamwe bakahasiga n’ubuzima, ni muri urwo rwego bamwe mu baturanyi n’imiryango nterankunga yihutiye kubatabara byihuse. Bamwe mu bayobozi n’abandi bikorera ku giti cyabo bakomoka muri tuno turere twa Rusizi na Nyamasheke bakorera mu mujyi wa Kigali nabo bakaba biyumvise mo uwo mutima w’impuhwe utabara.
Babitewe mo inkunga na sosiyete y’itumanaho MTN, bakusanije inkunga igizwe n’ibiribwa, ibiryamirwa n’ibikoresho byo mu rugo bifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda 4,200,000, bakaba bari baje kuyishyikiriza imiryango 42 yo mu murenge wa Muganza yazahajwe cyane n’ibyo biza, ndetse banifatanya n’abaturage b’iyo mirenge yombi mu gutera ibiti bigera ku 23000, kuri site ya Kibangira ahazimurirwa abo baturage bahuye n‘ibyo biza kikaba ari igikorwa cyabaye mu mpera z‘icyumweru kuwa gatandatu tariki 16/3/2013.
Mu jambo rye, Ministre muri Présidence ya Repubulika, Mdame Tugireyezu Venentie wari umushyitsi mukuru yavuze ko akaga bagize inzego zose zagakurikiraniye hafi ari nayo mpamvu baje kubafata mu mugongo akaba yanaboneyeho kubasaba kwitabira gutura mu midugudu.
Minisitiri Tugireyezu Venantie kandi yanabasabye gukomeza gushyira imbaraga zabo hamwe mu rwego rwo kurusha ho kwigira no kwihesha agaciro.
Mu izina ry’abatewe iyi nkunga Madame Nyiranzabandora Zainabu ntiyahishe umunezero batewe n’iki gikorwa aho yatangaje ko bashimiye byimazeyo urukundo babonanye abana b’uRwanda kuko ngo kuva bahura nibiza ntibigeze biheba nkabahuye nibyago kuko bakomeje kwitabwaho kugeza magingo aya.
aba baturage bahuye nibiza biteganyijwe ko bazimurirwa muri site ya kibangira mu rwego rwo gutura aheza no kubarinda Ibiza, izarangira neza itwaye akayabo ka Miliyari 15frws, ikazatunganywa mu gihe cy’imyaka iri hagati y’itatu n’ine nk’uko bitangazwa n’umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, bwana Nezyimana Oscar.








