Tag Archive | "Rwanda villages"

Umuyobozi w’ Umurenge wa Nyamiyaga, MUVUNYI Jean Bosco wambaye imyenda y’icyatsi

Gicumbi – Abayobozi bifatanyije n’abaturage gusiza ibibanza by’ahazatuzwa abavanywe mu manegeke

Tags: , , , , , , ,


Ahazubakwa imidugudu

Ahazubakwa imidugudu

Mu rwego rwo gushishikariza abantu gutura ku midugudu abayobozi b’akarere ka Gicumbi bifatanyije n’abaturage bo mu murenge wa Nyamiyaga, akagali ka Gahumuriza, umudugudu wa Ruhango abayobozi bifatanyije n’abaturage gusiza ibibanza by’ahazatuzwa abavanywe mu manegeke.

Muri iki gikorwa abaturage bafatanije n’abayobozi batunze amabuye yo kubaka fondasiyo y’inzu, batunda amatofari yumye  no kubumba andi.

Banashijije ibibanza 5 by’ ahazubakwa amazu y’abazakurwa mu manegeka (High Risk Zone) habumbwa n’amatofari abarirwa muri 500 ndetse hanubakwa foundation y’ ikibanza kimwe irarangira.

Uhagarariye Polisi mu Karere ka Gicumbi, Chief Superintendent Fred NDOLI yabwiye abaturage ko batagera ku bikorwa nk’ ibyo bagezeho uyu munsi nta mutekano bafite.

Yanavuze ko imfu zagiye zigaragara muri uyu murenge wa Nyamiyaga ahanini zatewe n’ ubusinzi bushingiye ku biyobyabwenge cyane cyane  Kanyanga.

Uhagarariye Polisi mu Karere ka Gicumbi, Chief Superintendent Fred NDOLI

Uhagarariye Polisi mu Karere ka Gicumbi, Chief Superintendent Fred NDOLI

Bityo rero yabasabye kuyirwanya bafatanya n’ inzego z’ ibanze batangira amakuru kugihe kandi bagafatanya gukumira ibyaha bitaraba.

Uhagarariye ingabo mu Karere ka Rulindo, Burera, Gakenke na Gicumbi, Colonel HABYARIMANA Andrea  yabwiye abaturage ko umutekano ariwo shingiro ry’ imibereho myiza y’abaturage na gahunda zose za guverinoma.

Yasabye abaturage kurangwa n’ ubufatanye kugira ngo bahashye uwashaka guteza umutekano muke. Yabasabye kujya batangira amakuru ku gihe.

Yabasabye kandi gukaza amarondo bagafatanya n’inzego z’umutekano kuko nta musirikare wajya ku rugo rwa buri muturage ngo bishoboke.

Yavuze ko hagomba gufatwa ingamba guhera ku rwego rw’ umudugudu kuzamura hejuru kugira ngo hajye hakumirwa ibyaha bitaraba.

Umuybozi w’akarere ka Gicumbi, MVUYEKURE Alexandre yasabye ko abaturage bagomba kugaragaza uruhare mu bibakorerwa kugira ngo barusheho kwiteza imbere.

Umuybozi w’akarere ka Gicumbi, MVUYEKURE Alexandre

Umuybozi w’akarere ka Gicumbi, MVUYEKURE Alexandre

Yasabye inzego zose gukorana n’ abaturage cyane cyane mu midugudu bakora umugoroba w’ Ababyeyi kugira ngo bakomeze bakemure amakimbirane no kurangwa n’ubumwe.

Umuyobozi kandi yasabye abaturage kutabangamira ahantu hateganirijwe kubakwa amazu y’ abavanwa muri High Risk Zone.

Yasabye ko ubuyobozi bwumvikanisha uhabwa ikibanza ku mudugudu ndetse na nyirubutaka. Abona ko ntawe ugomba kwigomeka kuri gahunda ya Leta kuko ari itegeko.

Yavuze ko umurenge ugomba gukora ibyo wahigiye ukageza ijana ku ijana dore ko ubu ukiri kuri 86, 7%.

Umuyobozi w’ Umurenge wa Nyamiyaga, MUVUNYI Jean Bosco wambaye imyenda y’icyatsi

Umuyobozi w’ Umurenge wa Nyamiyaga, MUVUNYI Jean Bosco wambaye imyenda y’icyatsi

Yanasabye abaturage kwitegura neza amatora y’ Abadepite ateganyijwe kuwa 16-18 Nzeri uyu mwaka wa 2013 kuzayitabira kandi bakirinda uwashaka kubayobya bitewe n’ inyungu ze.

Umuyobozi w’ Umurenge wa Nyamiyaga, MUVUNYI Jean Bosco akaba yatangarije abayobozi ko mu gihe kitarenze amezi 3 abantu 10  bagomba kuba babatuje  ku midugudu bakava mu manegeka.

 

 

Uburasirazuba: Komite zishinzwe imiturire zakoze urugendo shuri mu midugudu y’icyitegererezo ya Nyagatovu na Kitazigurwa

Uburasirazuba: Komite zishinzwe imiturire zakoze urugendo shuri mu midugudu y’icyitegererezo ya Nyagatovu na Kitazigurwa

Tags: , , , , , , , , , ,


Uburasirazuba: Komite zishinzwe imiturire zakoze urugendo shuri mu midugudu y’icyitegererezo ya Nyagatovu na KitazigurwaAbagize komite zishinzwe imiturire mu turere twose tw’intara y’uburasirazuba, n’abayobozi b’uturere bungirije bashinzwe ubukungu bakoreye urugendo shuri mu midugudu y’icyitegererezo ya Nyagatovu mu karere ka Kayonza na Kitazigurwa mu karere ka Rwamagana.

Urwo rugendo shuri rwateguwe mu rwego rwo kureba uburyo imidugudu ya Nyagatovu na Kitazigurwa yatunganyijwe, kugira ngo hazubakwe indi midugudu mu turere mu rwego rwo kurushaho kunoza imiturire, nk’uko byavuzwe na Mugabo Emmanuel ushinzwe ubukangurambaga bw’imiturire y’icyaro muri minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu.

Si ngombwa ko imidugudu izubakwa mu turere igomba kuba iteye kimwe n’imidugudu ya Nyagatovu na Kitazigurwa, kuko imidugudu yo mu turere izubakwa hakurikijwe imiterere ya buri karere. Ikigamijwe ngo ni ukureba uburyo imidugudu itunganywa no kureba uburyo ifasha abayituyemo kugera ku iterambere ryihuse ugereranyije n’abatuye batatanye.

Hateganyijwe izindi ngendo shuri nk’uru zizakorwa mu zindi ntara kugira ngo imiturire yo mu Rwanda irusheho kunozwa. Ibyo ngo ni byo bizatuma u Rwanda rurushaho kugera ku iterambere rirambye, bikaba na bumwe mu buryo bwo gushyira mu bikorwa intego za gahunda ya kabiri y’imbaturabukungu aho u Rwanda rushyize imbere kuzamura imibereho myiza y’abaturage.

Imiturire ni inkingi y’iterambere kuko imiturire myiza iteza imbere imibereho myiza y’abaturage nk’uko Mugabo Emmanuel yakomeje abishimangira. Yongereyeho ko imiturire myiza igomba kurenga kubona icumbi ryiza, ikanashingira ku buhinzi n’ubworozi n’indi myuga yihutisha iterambere ry’abaturage.

Imiturire yo mu midugudu ngo yihutisha iterambere nk’uko Enock Byabashayija ushinzwe umushinga IDP (Intergrated Development Project) wubaka iyo midugudu yombi yabisobanuriye abashinzwe imiturire n’abayobozi b’uturere bungirije bashinzwe ubukungu mu ntara y’uburasirazuba.

Yavuze ko byonyine kuba bororera mu kiraro rusange bituma buzuzanya muri byose, bakabasha gukoresha ingufu za biyogazi (biogas), bakabona ifumbire ku buryo bworoshye, ariko by’umwihariko bikorohera muganga w’amatungo gukurikirana inka z’abatuye mu mudugudu bose kuko azikurikirana ziri hamwe.

Yanavuze kwimurira abaturage muri iyo midugudu bigitangira abaturage basobanuriwe neza akamaro ko gutura mu midugudu ntibabyumva neza, ku buryo byabaye nko kubinginga. Ubu ngo hari ikibazo cy’uko abaturage bose batuye mu nkengero z’iyo midugudu bifuza kuyimurirwamo nyuma yo kubona ibyiza bya yo, ariko haracyashakishwa ubushobozi nk’uko Byabashayija akomeza abivuga.

Abari mu rugendo shuri bashimye uburyo iyo midugudu iteye gusa basigarana imbogamizi y’uko bigoye kubaka umudugudu uri ku rwego rw’iya Nyagatovu na Kitazigurwa nta yindi nkunga umuntu afite.

Abaturage bimurirwa muri iyo midugudu ni abari basanzwe batuye nabi. Umuturage wubakiwe mu mudugudu asabwa kwishakira ikibanza haba mu buryo bw’ingurane y’ubutaka cyangwa akakigura mu mudugudu, ubundi akubakirwa inzu n’umushinga wa IDP.

Abubakiwe mu midugudu ya Nyagatovu na Kitazigurwa bahawe ibyangombwa by’amazu ya bo ariko ntibemerewe kuyagurisha

Abubakiwe mu midugudu ya Nyagatovu na Kitazigurwa bahawe ibyangombwa by’amazu ya bo ariko ntibemerewe kuyagurisha

Tags: , , , , , , , ,


Abubakiwe mu midugudu ya Nyagatovu na Kitazigurwa bahawe ibyangombwa by’amazu ya bo ariko ntibemerewe kuyagurishaAbaturage batujwe mu midugudu y’icyitegererezo ya Nyagatovu mu karere ka Kayonza na Kitazigurwa mu karere ka Rwamagana bahawe ibyangombwa by’amazu ya bo ariko nta n’umwe muri bo wemerewe kugurisha inzu ye.

Iyo midugudu ituzwamo abaturage bari batuye nabi. Kugira ngo umuturage atuzwe muri umwe muri iyo midugudu asabwa kwishakira ikibanza mu mudugudu haba ku buryo bwo kugurana ubutaka n’umuntu ubufite mu mudugudu, cyangwa mu buryo bwo kubugura, nk’uko bivugwa na Enock Byabashayija ushinzwe umushinga wa IDP ari na wo wubakira abo baturage.

Byabashayija akomeza avuga ko abo baturage bahabwa ibyangomba by’amazu ya bo kugira ngo haramutse hagize umuturage ukeneye inguzanyo abe ashobora kugwatiriza iyo nzu muri banki. Yongeraho ko kuba abaturage batemerewe kugurisha izo nzu ari uko byagaragaye ko hari aho umuturage yubaga ari kubakirwa inzu mu gihe itaruzura akaba ari kuyishakira umukiriya uzayigura.

Ati “Mu mudugudu wa Kitazigurwa twagiye duhura n’ibyo bibazo ugasanga umuturage yamaze kumvikana n’umuntu uzamugurira inzu ye ndetse akanamuha n’amafaranga ya vansi (avance) kandi inzu itaruzura”

Niba umuturage yarubakiwe inzu kugira ngo atuzwe neza akarenga akayigurisha, ntacyo umushinga wa IDP waba uri gukora kandi ugamije ko abaturage batuzwa neza nk’uko Byabashayija akomeza abisobanura.

Abaturage ntibemerewe kugurisha amazu ariko bemerewe kuyagwatiriza muri banki

Ubwo abayobozi bashinzwe imiturire n’abayobozi b’uturere bungirije bashinzwe ubukungu basuraga imidugudu ya Nyagatovu na Kitazigurwa tariki 29/04/2013, bibajije ukuntu babuza umuturage kugurisha inzu ye nyamara bakamuha uburenganzira bwo kuyigwatiriza muri banki.

Kwemerera umuturage kugwatiriza inzu muri banki bisa no kumwemerera kuyigurisha kuko aramutse abuze ayo kwishyura banki yahita iteza iyo nzu nk’uko umuyobozi w’akarere ka Gatsibo wungirije ushinzwe ubukungu, Isae Habarurema yabivuze.

Umuyobozi w’akarere ka Kayonza wungirije ushinzwe ubukungu Sikubwabo Benoit, yavuze ko nta ngero z’abantu bajya gufata inguzanyo muri banki ziragaragara ku buryo izo mpungenge zabho. Yanavuze ko abaturage batujwe muri iyo midugudu bagiye babumbirwa mu matsinda ku buryo nibura buri muturage abasha kubona amafaranga 500 buri munsi, ibyo bikaba bitapfa gutuma hari uhura n’ikibazo cy’uko inzu ye yatezwa cyamunara.

Gicumbi : Abaturage barashishikarizwa gutura mu midugudu

Gicumbi : Abaturage barashishikarizwa gutura mu midugudu

Tags: , , , , , , , ,


Gicumbi : Abaturage barashishikarizwa gutura mu midugudu

Umuyobozi w’akarere mu muganda wo gusiza ibibanza ahazubakwa umudugudu

Umuyobozi w’akarere ka Gicumbi Mvuyekure Alexandre arasaba abaturage badatuye mu midugudu kuyituramo, ibyo yabibasabye nyuma y’umuganda wo gutunganya umudugudu w’icyitegererezo wa Gabiro hashyirwamo imihanda.

Uyu mudugudu w’icyitegererezo wa Gabiro uri mu kagari ka Cyeru mu murenge wa Rwamiko numara gutungana uzaba ufite ibibanza bigera kuri 500 ndetse abagera kuri 20  bakaba bamaze gufatamo ibibanza abandi 4 bakaba bamaze kubakamo amazu.

Umuyobozi w’akarere  akaba atangaza ko uyu mudugudu by’umwihariko ugomba gutuzwamo abantu batuye mu manga bitarenze ukwezi kwa cyenda.

Ati “ubuyobozi bw’ibanze buzakoresha uburyo bushoboka kugirango babone uko batuza mu mudugudu, abishoboye batuye mu manga bagomba kwimuka  nta yindi nkunga bahawe, abafite amabati bagakorerwa imiganda yo kubakirwa, abakene bagakorerwa ubuvugizi bwo gushakirwa amabati ariko ntiharenze amezi atatu hari abagituye mu manga mu rwego rwo gukiza ubuzima bwabo”.

Gicumbi : Abaturage barashishikarizwa gutura mu midugudu

Abaturage bitabiriye ari benshi

Yashimiye abaturage uburyo bitanga  bagakorera igihugu ndetse abashishikakariza gukomeza na gahunda za leta zindi ziteganijwe muri uyu mwaka 2012-2013 zitari zarangira zikarangizwa zirimo gutanga ubwisungane mu kwivuza.

“ mugomba kwitabira gufata ibyangombwa by’ubutaka n’ibindi dore ko muri buri murenge ariho haboneka igikorwa cy’abaye indashyikirwa mu kurwanya isuri mu gihugu cyose cyatumye akarere gahabwa igikombe na mimisitiri w’intebe cy’akarere ka rwanije isuri”.

Umuyobozi w’ingabo mu karere ka Gicumbi Major Donat BIKAGA yasabye abaturage kwicungira umutekano bakora amarondo  kuko badashobora kugera ku iterambere nta mutekano bafite.

“ mugomba kumenya aho muvuye n’aho mugeze  bityo mukirinda icyabasubiza inyuma” nk’uko Major Bikaga abivuga.

Hakaba hamaze gupimwa ibirometero icumi na bitanu by’umuhanda muri uyu mudugudu ndetse bikazagenda byiyongera bitewe n’ubwiyongera bw’ibibanza bizaba bikenewe.

 

 

BISHIMIYE KWIMURIRWA

RUSIZI: BISHIMIYE KWIMURIRWA MU MUDUGUDU WA KIBANGIRA

Tags: , , , , , , , ,


BISHIMIYE KWIMURIRWA

Abaturage basanzwe batuye muri centre ya Bugarama  mu murenge wa Bugarama byagaragaye ko aho batuye ari mu gishanga bakaba bagomba kwimurirwa mu mudugudu wa Kibangira, baratangaza ko bishimiye iki gikorwa. Gusa ikibazo gihangayikishije aba bagiye kwimurirwa ahitwa kibangira ndetse n’abasanzwe bahatuye , ni ikibazo cyo kutagira amazi meza kuko mu buzima bwabo bwa buri munsi bavoma umugezi wa Rubyiro. Kuri iki kibazo ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi buvuga ko ku bufatanye na EWASA iki kibazo kitazatinda kubonerwa umuti.

Imirimo yo gutunganya uyu mudugudu wa Kibangira uzimurirwamo abaturage bigaragara ko aho bari batuye ari mu gishanga yaratangiye, aho usanga nk’imihanda y’imigenderano yaratangiye gucibwa , ndetse ukanabona n’ibiranga aho amashanyarazi azanyura. Abaturage bazimurwa batangaje ko ngo basanga kubavana mu gishanga aribyo byiza kuko aho bari bari hatabereye guturwa cyane cyane ko bamaze igihe kinini baterwa n’imyuzure itunguranye ikangiza ibikorwa byabo muburyo bukabije ndetse n’abantu bakahasiga ubuzima.

Uyu mudugudu wa Kibangira nk’umudugudu w’icyitegererezo mu karere ka Rusizi urimo gutunganyirizwa kwimurirwamo abazava mu gishanga , usanzwe utuwemo n’indi miryango igera ku 180 y’abimuwe mu murenge wa Bweyeye bitewe n’ibitengu byagiye bibasenyera amazu ndetse n’abagiye basenyerwa n’imyuzure itewe n’umugezi wa Cyagara.

Kuri iki kibazo cyo kuba nta mazi meza arangwa aha kibangira , ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi ngo bufite ingamba zo kwihutisha imirimo yo kuhageza ho amazi meza nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’akarere ka Rusizi wungirije Habyarimana Marcel.

Naho ku bijyanye n’uko imiryango izimurwa izabaho igeze kibangira, Habyarimana Marcel yavuze ko kwimurwa kwabo bizafasha kwagura ubuhinzi bw’umuceri aho bari batuye nabo bikazabagirira akamaro kuko aribo bazagira uruhare runini muri ubwo buhinzi.

Uyu mudugudu wa Kibangira uzimurirwamo abazava mu gishanga cya Bugarama , biteganyijwe ko uzimurirwamo imiryango isaga 2700 ukaba uherereye mu kagari ka Ryankana mu murenge wa Bugarama.

 

 

Nyamasheke

Rwanda | Nyamasheke: Gutura ku midugudu bikwiriye gushyirwamo ingufu kurushaho

Tags: , , , , , ,


NyamashekeInzego zishinzwe imiturire mu karere ka Nyamasheke ziratangaza ko gahunda yo gutura ku midugudu ikwiriye gushyirwamo imbaraga kurushaho kugira ngo abaturage barusheho kuyitabira.

Ibi byaganiriweho kuri uyu wa kabiri, tariki ya 29/01/2013 mu nama yahuje urwego rw’akarere ka Nyamasheke rushinzwe imiturire n’abanyamabanga Nshingwabikorwa b’imirenge igize aka karere.

Nkundineza Juvenal ushinzwe imiturire mu karere ka Nyamasheke yakanguriye abanyamabanga Nshingwabikorwa b’imirenge igize aka karere ko bakwiriye gukora ibishoboka ku buryo umuntu wese ujya gutura mu mudugudu abona ibyiza byabyo.

Ikibazo cyo gutura ku midugudu kigaragara no mu mihigo y’akarere ka Nyamasheke ku buryo cyagarutsweho no mu nama yahuje abakozi bose b’akarere ka Nyamasheke yateranye ku wa 24/01/2013.

Uru rwego rutungwa agatoki ko mu gihe cy’amezi 7 arimo kurangira mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2012-2013 rugeze ku kigero cya 60% mu gihe akarere ka Nyamasheke kahize ko uyu mwaka uzarangira abaturage batuye ku midugudu bagera kuri 70%.

Mu ngamba zishyizwe imbere n’akarere ka Nyamasheke ni ukugerageza gukangurira abaturage uburyo bwo gutura ku midugudu ku buryo byibura 2% buri kwezi bajya biyongera ku basanzwe kugira ngo amezi 5 asigaye azarangire bageze ku muhigo.

Inzego zibishinzwe zitangaza ko ikibazo cy’imyumvire kiri ku isonga mu bituma ubwitabire bwo gutura ku midugudu butazamuka cyakora  na none zikavuga ko zigomba gukora ibishoboka kugira ngo abaturage bumve ibyiza by’umudugudu ndetse bafate ingamba zo kuwuturaho.

Ikindi kibazo kibangamira ubukangurambaga bwo gutura ku midugudu mu karere ka Nyamasheke ni aho hataba hazwi igiciro runaka cy’ikibanza ku hantu hemejwe nk’umudugudu ku buryo rimwe na rimwe abaturage bashobora guhendwa cyangwa se ugasanga ibiciro biri hejuru ku buryo batakwishoboza kwigurira icyo kibanza.

Uko biri kose, ngo abaturage bagomba kwishakamo ubushobozi bwo gutura hamwe kuko ari bwo bashobora kugerwaho n’ibikorwa remezo bitandukanye birimo amashuri, amavuriro, amazi meza n’amashanyarazi ndetse n’imihanda inoza imigenderanire n’ubuhahirane; byose bigamije impinduka nziza mu buzima bwabo.

 

 

 

Mu bibanza hamaze no gucibwamo imihanda

Rwanda | GISAGARA: SAVE IRIFUZWAMO UMUJYI

Tags: , , , , ,


Ahagomba kubakwa  umudugudu w’icyitegererezo mu murenge wa Save mu karere ka Gisagara, hamaze gusizwa ndetse n’ibibanza byatangiye gucibwa, hakaba ikigambiriwe ari uko hazaba umujyi, amajyambere akarushaho kwiyongera muri aka karere.

Igice cyaciwemo ibibanza bigenewe kuzubakwamo inyubako zigendanye n’igihe muri uyu murenge wa Save, ni igice cyegeranye n’akarere ka Huye ahareba muri Rwabuye. Ibi rero ngo bikaba bitanga icyizereko abantu baturutse mu mujyi wa Huye no hafi yawo nabo bazahagura ibibanza maze ubushobozi bwaboneka hakazanubakwa umuhanda mwiza uva kuri ibi bibanza ugahura na kaburimbo ku muhanda wa Rwabuye.

Mu bibanza hamaze no gucibwamo imihanda

N’ubwo abantu bamwe bagifite impungenge ko Save itahindutse ikiri nk’iyakera, ahavugwaga ubujura, urugomo n’ibindi, bikabatera kwibaza ko kuhagura ibibanza byaba ari igihombo batazahatura, ariko ubuyobozi bw’uyu murenge buvuga ko nta mpungenge abantu bakwiye kugira kuko ubu ari amahoro ndetse abamaze kubyibonera bakaba baratangiye no kubaza igihe ibi bibanza bizatangirwa.

Jean Claude Kabalisa umunyamabanga nshingwabikorwa w’uyu murenge, atangaza ko muri Save ibintu bigenda neza, ko hari umutekano mwiza ko abantu batagakwiye kuhatinya, akavuga ko amateka bahitirira ari ayakera atakiharangwa na gato. Aboneraho n’umwanya wo guhamagarira abaturage b’uyu murenge gushishikarira kwiteza imbere bakazanafata iyambere mu kugura ibibanza mu biri gucibwa ndetse bakanashishikariza bagenzi babo b’impande zose kuzamura aka gace.

Igikorwa cyo gushyira inkengero kuri ibi bibanza nacyo kiri kugenda neza nk’uko ibiro by’ubutaka mu karere ka Gisagara bubitangaza, ndetse mu gihe cyavuba ngo bikazaba byarangiye maze hakabo kubishyira ku isoko bigatangira kugurwa.

Musafiri Jean Pierre ukuriye ibiro by’ubutaka muri aka karere ka Gisagara, atangaza ko kuri ubu hamaze gushyirwa inkengero ku bibanza 300 muri 500 biri muri aka gace, 200 bisigaye nabyo bikazaba byarangiye mu mezi make ari imbere.

Ibi bibanza 500 biri mu kagari ka Rwanza muri uyu murenge wa Rwanza biteganyijwe kuzubakwamo umudugudu w’icyitegererezo, buri cyose gifite ubuso bwa metero kare 600, ni ukuvuga metero 20 kuri metero 30.

m_Habitation program

Rwanda | GISAGARA: Habitation program records more success

Tags: , , , ,


m_Habitation program

  The government program of resettling people in the settlement villages especially from high risk zones, on cliffs, swamps and in valleys is meant to make people secure and providing them with development opportunities and necessary facilities.

The program that also intends to boost agriculture has helped in evacuation of more than 70percent of the residents in Gisagara district from High Risk Zones and settled in allocated villages in different sectors of the district.

Most of these residents say that it was difficult for them to comprehend the reasons why they had to evacuate their homes and even family houses to settle in villages and thought of it as ditching their culture but now they understand these reasons and that it was for their own good.

Petero Habimana and his wife Perusi Nyirakinani residents of Mukindo sector who were evacuated from High Risk Zones had difficulties abandoning the only home they had known long before the 1994 genocide against Tutsis but now they fully understand the advantages of joining others in the settlement villages.

“We are now happier and no longer lonely like before we evacuated which was difficult for us. We now get to learn what happens in the area and the country, we interact with other people and we are sure we are going to attain development and develop this village into a town.”

People living in settlement villages will not only attain development facilities but will be able to join land they evacuated in Land Use Consolidation Program and grow crops at a large scale. As Jean Pierre Musafiri the official in charge of land in the district explained, this will increase their crop production for consumption and sell and develop their social welfare.

People of Gisagara district are expecting a lot in development especially in social welfare and in agriculture from the two programs of settling people in villages and the Land Use Consolidation Program.

GUTURA KU MIDUGUDU

Rwanda | GISAGARA: GUTURA KU MIDUGUDU BIZAFASHA MURI GAHUNDA YO GUHUZA UBUTAKA

Tags: , , , , ,


Gahunda ya Leta yo gutuza ku midugudu abatuye mu bikombe no mu bishanga ahatwa muri ntuye nabi, igamije kubafasha kwegera ibikorwa by’amajyambere bityo bakarushaho gutera imbere. Si icyo bizafasha gusa ariko kuko iyi gahunda ituma hamwe abaturage bavuye hashobora guhingwa maze ubutaka bwaho bugahingwa bukaba bwarushaho kwera umusaruro ugaragara nk’uko bitanganzwa n’ibiro bishinzwe ubutaka mu karere ka Gisagara.

GUTURA KU MIDUGUDUKuri ubu abaturage basaga 70% bamaze kuvanwa muri ntuye nabi batuzwa ku midugudu mu mirenge itandukanye y’akarere ka Gisagara. Abaturage bimuwe bavuga ko byagiye bibagora kumva impamvu zo kuva mu nyubako zabo, abenshi zikaba zari n’inyubako za kera babanyemo n’ababyeyi babo zbakumva kuzivamo byaba ari uguta umuco, ariko ubu bavuga ko bamaze gusobanukirwa kuko batangiye no kwibone ibyiza byo kuba ku mudugudu bitandukanye cyane no kuba mu mibande n’ibikombe bari batuye mbere.

Petero Habimana n’umugore we Perusi Nyirakinani batuye umurenge wa Mukindo muri aka karere, bavuye muri ntuye nabi begera abandi ku mudugudu. Batangaza ko kuva mu nzu bari batuyemo byabagoye kuko ari izu babayemo kuva mbere ya Jenoside ku buryo bumvaga ari nk’aho ngo baba bakoze amahano, ariko nyuma yo kwigishwa ngo brasobanukiwe kandi ubu bamaze kubona ibyiza by’umudugudu.

Bati “Ubu turanezerewe rwose n’ubwo twahavuye bigoranye, ariko ubu tumaze kubona ibyiza byo kuva muri uriya mubande twabagamo kuko ubu tubona n’abatuganiriza mbere twarigungiraga hepfo iyo ntitunamenye ibibera ku muhanda. Twizejwe ibikorwa by’iterambere kandi twizera ko bizatugeraho vuba maze iki cyaro kikaba umujyi”.

GUTURA KU MIDUGUDU

Si ukubona ibikorwa by’iterambere gusa ariko ngo bizaba kuri aba baturage kuko ahubwo ngo bazanabasha kweza imyaka myinshi igihe hazajya hamara guhuzwa bwa butaka bavuyemo mu mibande maze bugahingwamo imyaka myinshi. Nk’uko Musafiri Jean Pierre umukuru w’ibiro by’ubutaka abivuga, ngo iki gikorwa kizatuma haboneka umusaruro ugaragara maze abaturage babone amasoko bityo ubukungu nabwo buzamuke.

Aragira ati “Gutura ku midugudu ni ingenzi cyane kuko bizanatuma gahunda yo guhuza ubutaka igenda neza, hakaboneka ubutaka bwagutse maze abaturage bakazabona umusaruro mwinshi bakajya banasagurira amasoko maze nabo bakikenura mu bintu bitandukanye.”

Iyi gahunda yo gutuza ku midugudu ndetse no guhuza ubutaka, abaturage bagisagara bayitegerejeho byinshi mu iterambere aho bizeye ko ibikorwa by’amajyambere bizarushaho kubegera ndetse bakanaronka umusaruro utubutse ku bw’iyi gahunda yo guhuza ubutaka.

 

 

 

Ngororero Abafite ubutaka ahateganyirijwe imidugudu

Rwanda | Ngororero: Abafite ubutaka ahateganyirijwe imidugudu bananiza abaturage bagiye kuyigenerwa

Tags: , , ,


Nkuko bimaze iminsi bivugwa mu karere ka Ngororero hari bamwe mubafite ubutaka ahantu hateganyirijwe guturwa kuburyo bw’imidugudu ariko bakanga guha ubutaka abakeneye kubaka, ubu bakaba bagiye kwegerwa bagasabwa korohereza ababasaba ko bagurana.

Nkuko bamwe mubajyanama b’imirenge bayihagarariye mu nama njyanama y’akarere baidutangarije, hari abaturage batarabasha gutangira kubaka ahagenewe imidugudu bitewe n’abafite ubutaka muri iyo midugudu babarushya babaka ingurane ziruta cyane ibibanza babasaba.

 

Ngororero Abafite ubutaka ahateganyirijwe imidugudu

Bigenimana Emmanuel (hagati) perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Ngororero

Hari n’abo basaba ibibanza bakababwira ko ntawe uzakandagira muri ibyo bibanza kuko ntangurane bakeneye. Ahanini muri aba, haratungwa agatoki abayobozi n’abafite benewabo bakomeye, ndetse bamwe bakaba bari no mubuyobozi kurwego rw’Igihugu.

Bwana Bigenimana Emmanuel, perezida w’Inama Njyanama y’akarere ka Ngororero akaba avuga ko kuva ibyo bibazo bimenyakanye, abo bantu bagiye kwegerwa bakaba aribo baba intangarugero mugutanga ibibanza.

Bigenimana anasaba abafite ibibanza ahateganyirijwe imidugudu kutaka abaturage abidahuye n’ibibanza babasaba kandi ko hari amategeko n’amabwiriza agenga ibyo guhana ingurane kubashaka ibibanza mu midugudu bityo bikaba bikwiye gukurikizwa ntamananiza.

Kuba abafite amasambu ahateganyirijwe imidugudu basabwa gutanga ibibanza kubashaka kubaka ni kimwe mubyatumye minisiteri y’ubutegetsi bw’Igihugu idindiza gahunda yo gutanga ibyangombwa by’ubutaka bya burundu kuri ba nyiri ibikorwa.

Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

Advertisement

jaguar cars jaguar, jeep, kia