Tag Archive | "Rwanda violence"

Yatoraguwe avuga ko agiye akazagarukira aho inzira igarukira.2

Rwanda : Yatoraguwe avuga ko agiye akazagarukira aho inzira igarukira.

Tags: , , , , , ,


Yatoraguwe avuga ko agiye akazagarukira aho inzira igarukira.

Imibanire mibi y’abagize umuryango ishobora gutuma abagize uwo muryango bahungabana, bakaba bakwigendera bakawuhunga kabone n’iyo baba batagira iyo bajya.

Urugero ni urw’uyu mwana  w’umuhungu witwa Ugirimbabazi Baptiste,watoraguwe n’abaturage  mu karere ka Rulindo kuri uyu wa mbere tariki 2/1/2013. Iminsi ikaba itatu nta n’itangazo ababyeyi be batanze rimurangisha

Uyu mwana w’umuhungu ufite imyaka 12,yatoraguwe mu isantre ya Kinini mu murenge wa Mbogo,ho mu karere ka Rulindo,avuga ko akomoka mu karere ka Gakenke

Yatoraguwe avuga ko agiye akazagarukira aho inzira igarukira.2

Avuga ko yigaga mu mwaka wa kane w’amashuri abanza ku kigo cy’amashuri cya Mwumba mu karere ka Gakenke, umwarimu we ngo akaba yitwa Clautilde.

Uyu mwana avuga ko mu rugo iwabo batamukunda,ngo kuko yabanaga na mukase na se ,mu gihe nyina umubyara witwa Hirariya Mukasheli yigendeye ,akabata ari babiri we na murumuna we w’imyaka icumi.

Avuga ko mama we yigendeye ngo yunva bavuga ko yagiye i Bugande,nibwo rero uyu mwana  yafashe icyemezo cyo kwigendera ,ngo akaba yagombaga kugarukira aho umuhanda nawo ugarukira,nk’uko abyivugira.

Yagize ati”papa wanjye yazanye undi mugore utari mama ubwo baradukubita bakatwicisha inzara bavuga ngo ntibadushobora. Jye nahisemo kwigendera ngo batazankubita bakanyica,murumuna wanjye yasigaye mu rugo hamwe nabo. Nunva ntasahaka gusubira mu rugo ahubwo keretse mbonye umuntu unyitwarira iwe nkajye muvomera amazi.”

Kalisa Bernardin,Umuyobozi w’umudugudu wa Bukoro,mu murenge wa Mbogo,watoye uyu mwana, avuga ko yamutoye mu isantre ya Kinini,abantu bamushungereye, umwana yishwe n’inzara.

Yagize ati”Abaturage barampamagaye ngo babonye umwana inzara yenda kwicira ku muhanda, ubwo ndamufata ndamugumana, nibwo nashatse kumushyikiriza ubuyobozi ngo bukurikirane ibye ,nibiba ngombwa abe yasubizwa mu muryango we. Avuga ko iwabo bamwanga,ngo ntashaka gusubirayo.”

UBuyobozi bw’akarere ka Rulindo bwagerageje gushakisha uko bwamuhuza n’umuryango we ngo abe yasubizwa mu rugo, ariko byageze mu ma saa kumi uyu mwana akiri ku karere kugeza n’ubwo yahasinziririrye aryamye hasi.

bamwe mu bantu babonye uyu mwana, aho yari aryamye ku karere ka Rulindo, ngo basanga hakagombye kubaho ibihano byihariye ku babyeyi bigize ba ntibindeba ku bijyanye n’ubuzima bw’abana babo.


 

 

GISAGARA IBIYOBYABWENGE NI KIMWE MU

RWANDA | GISAGARA: IBIYOBYABWENGE NI KIMWE MU BITIZA UMURINDI UBUGIZI BWA NABI

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,


Ibiyobyabwenge bifite uruhare runini mu gutera abantu urugomo ruvamo ubugizi bwa nabi nk’uko bikunze ku garagara mu duce dutandukanye tw’igihugu turimo n’aka Gisagara, aho abantu nyuma yo kunywa amatabi n’inzoga z’inkorano bashora amahane akenshi akanavamo gukomeretsa no kwica. Ibi rero kandi bikaba biri no mu mpamvu nyamukuru inzego zitandukanye zihamagarira abaturarwanda ku rwanya ibiyobyabwenge cyane cyane mu rubyiruko kuko arirwo rwibasiwe muri iki gihe.

Mu minsi ishize ubwo abayobozi batandukanye bafatanyije n’inzego za polisi bakoreraga ku mugaragaro igikorwa cyo gutwika ibiyobyabwenge no kumena inzoga z’inkorano, polisi yagarutse ku kibazo cy’umutekano muke ukunze kugaragara uturutse ku bantu basinze izi nzoga z’inkorano n’abanyweye urumogi, baboneraho gusaba abari aha bose kwita kuri iki kibazo maze buri we akajya yitabira kwerekana ahakorerwa izo nzoga n’abacuruza ayo matabi.

Si inzego za Polisi gusa kandi kuko n’ababyeyi bo muri aka karere basaba ubuyobozi ko bwashaka uburyo bwajya bugena ibihano bigaragara ku banywi b’ibi biyobyabwenge kuko ngo abagize ibyago bakagira abana babinywa, ntibongera kubumvira, ahubwo bakaba abo gutaha bateza imvururu mu rugo.

Umubyeyi w’umudamu utuye mu murenge wa Save utarashatse ko amazina ye atangazwa aragira ati “Ibi binyagwa by’ibiyobyabwenge byatwiciye abana, dore baragenda bakirirwa babinywa bagataha ari amahane masa, nta karimo nta n’ishuli. Rwose inzego za Polisi zikwiye gushaka ibihano bigaragara byibura bishobora kujya bibasubiza ku murongo kuko twe  ntibakitwumvira. Nanjye ndamufite wananiye”.

Kuri iki kibazo kijyanye n’ibihano ariko, ubwo umuvugizi wa polisi mu ntara y’amajyepfo SP Hubert GASHAGAZA yakibazwaga yavuze ko ibihano bihari kandi ko koko uwo icyaha gihamye ahanwa, kuko ufashwe aruhinga, urucuruza cyangwa urubika afungishwa igihano cy’imyaka iri hagati y’umwe n’itatu hakiyongeraho n’ihazabu y’amafaranga ari hagati ya 50.000 na 500.000F naho uruvanye hanze yigihugu agahanishwa imyaka iri hagati y’itatu n’itanu n’ihazabu y’amafaranga ari hagati ya 500.000 na miliyoni eshatu.

Gusa icyo yongeyeho ni uko byaba byiza bigiye byirindwa mbere. Yasabye abantu bose kuba maso bakamaganira kure ababinywa n’ababibashoramo ndetse ahakorerwa izo nzoga hakajya hagaragazwa maze bigacika burundu, bityo n’urugomo rwagiye rurangwa muri aka karere ntirusubire doreko ngo ahanini ibiyobyabwenge aribyo nyirabayazana w’urwo rugomo.

Imirenge nka Save, Ndora na Kibirizi ikunze gufatirwamo ibiyobyabwenge cyane irahamagarirwa kongera imbaraga maze bikahacibwa burundu.

 

baragaragaza impungenge

Rwanda | Muhanga: baragaragaza impungenge z’uko abamugaye bafatwa ku ngufu bikamenyekana ntacyo bigitanze

Tags: , , ,


baragaragaza impungenge

Bamwe mu bita ku bamugaye bo mu karere ka Muhanga baratangaza ko bahura n’ikibazo cyo kutamenyera igihe abamugaye bafashwe ku ngufu kuko baba batabasha kubigaragaza.

Ibi bikaba ari bimwe mu byigiwe mu nama yahuje abagore bo muri aka karere bari mu nzego zifata ibyemezo bagiranye na bamwe mu bagore bagize ishirahamwe ry’abagore bari mu nteko inshinga amategeko y’u Rwanda (FFRP).

bakaba bigaga ku kibazo cyo gufatwa ku ngufu ku bagore ndetse n’ubusugire bw’ingo ariko hagarukwa cyane ku nshingano z’abagore. hagaragajwe impungenge abashinzwe abamugaye bahura nazo mu gihe bafashwe ku ngufu kuko badakunze kubimenya ahubwo ngo babimenya ntacyo bigitanze.

Mukamwezi Leoncie, ni umuyobozi w’ikigo cyita kubana bamugaye mu karere ka Muhanga (HRD la misercorde), avuga ko bajya bagira ikibazo cy’aba bana kuko hari abo bapimishije baza gusanga banduye agakoko gatera SIDA ariko bakoze iperereza basanga ababyeyi babo ndetse n’abo mu muryango wabo nta bwandu bafite.

Aha avuga ko bagiye bakurikirana bagasanga aba bana bajya bafatwa ku ngufu inshuro nyinshi. Mukamwezi ati: “umuntu agira atya akaba yashuka aba bana mu gihe bagiye mu misa, bavayo akaba yabacisha ahantu akabakorera ibya mfura mbi kandi bakabikorerwa kenshi”.

Mukamwezi avuga ko bigoye kumenya niba umwana ufite ubumuga bwo kutumva cyangwa bwo kutabona niba yafashwe ku ngufu kuko akenshi aba adafite uburyo yabisobanura.

Seneteri Marie Claire Mukasine, avuga ko hari uburyo bw’umwihariko bwo kurinda ihohoterwa abamugaye buriho ariko ngo ikibazo kikiri inzitizi ni uko abashinzwe kubitaho no kubarinda iryo hohoterwa aribo bashobora guca inyuma bakaba bahohotera aba bana babafata ku ngufu

 

 

Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

Advertisement

jaguar cars jaguar, jeep, kia