Imiryano yahawe inka izajya iziturira abandi
Mu rwego rwo gushyigikira gahunda ya gira inka yatangijwe na perezida wa Repubuluka Paul Kagame, akarere ka Ruhango kagabiye inka imiryango igera kuri 53 ituye mu mirenge ine.
Iyi mirenge yorojwe inka harimo uwa Byimana wahawe inka 9, Kabagali yahawe 15, Kinihira yahawe 15, Bweramana yahawe 14.
Bikaba biteganyijwe ko n’indi mirenge 5 isigaye nayo izorozwa inka mu ntangiriro z’icyumweru gitaha; nk’uko bitangazwa na Rugwizangoga Dieu Donne ushinzwe ubworozi mu karere ka Ruhango.
Abaturage bahawe izi inka, akaba ari abaturage bafite amikoro make baba baratoranijwe n’abagenzi babo baturanye babifashijwe n’inzego zibanze.
Imiryango yabonye izi nka, ivuga ishimira cyane Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame we watekereje kuri iyi gahunda ya gira nka aho buri mu nyarwanda agenda abona inka.
Bavuga ko ubu ubwo bamaze kubona izi nka, bagiye guterimbere kuko ubundi babagaho nta gafumbire bagira, nditse ibi bikazatuma nta mwana wongera kurwara bwaki kuko bazajya babona amata.
Rugwizangoga Dieu Donne ushinzwe ubworozi mu karere ka Ruhango, avuga ko umuturage wahawe inka azajya yoroza mugenzi igihe inka yahawe yabyaye.
Izi nka 53 za guhunda ya girinka munyarwanda zitanzwe n’akarere, zije ziyongera kuzindi nyinshi zagiye zitangwa n’abafatanyabikorwa b’akarere ka Ruhango.










