Ushinzwe imibereho myiza muri nyamasheke
Abaturage batishoboye bo mu murenge wa Bushekeri mu karere ka Nyamasheke babashije gukora amaterasi y’indinganire, kuri uyu wa kabiri, tariki ya 20 Ugushyingo, 2012 bahawe inka zo kubunganira kubona ifumbire. Iki gikorwa kikaba cyabereye ku biro by’umurenge wa Bushekeri muri aka karere ka Nyamasheke.
Inka zatanzwe kuri aba baturage ni 34 bagenewe n’ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke.
Igikorwa cyo gutanga izi nka cyayobowe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bushekeri, Munyankindi Eloi wasabye aba baturage kuzafata neza izi nka bahawe kugira ngo zizabashe kubaho neza kandi zibahe umusaruro.
Uyu muyobozi akaba yabibukije ko izo nka zigomba kwitabwaho kandi bagaharanira ko na bo bazaziturira bagenzi babo batarabasha kubona inka.
Munyankindi yaboneyeho umwanya wo gusaba abaturage bo muri uyu murenge kurushaho kugira umuco wo korozanya kuko utuma abaturage batera imbere kandi ukongera ubusane. Ku bw’ibyo, buri wese akaba ahamagarirwa kugira iki gikorwa icye ku buryo abaturage bose bo mu murenge wa Bushekeri bazabasha korora itungo ribateza imbere, haba ku ifumbire ndetse n’undi musaruro warikomokaho.
Abaturage bahawe izi nka batangaje ko babyishimiye kandi bemeza ko zizabagirira umumaro kuko bagiye kubona ifumbire bazashyira mu materasi, bityo bakayabyaza umusaruro ushimishije.
