Tag Archive | "Rwanda world vision"

newrw

Rwanda | Rutsiro: World Vision yishimiye intambwe imaze guterwa mu kugabanya impfu z’abana bari munsi y’imyaka itanu

Tags: , , , ,


World Vision yishimiye intambwe imaze guterwa  mu kugabanya impfu z’abana bari munsi y’imyaka itanu

Abana bahawe amata nk’ikimenyetso cyo gutangiza urugamba rwo kurwanya imirire mibi

 

Umuyobozi wa World Vision mu Rwanda, George Gitau, yashimiye Leta y’u Rwanda kubera uburyo idahwema kugabanya impfu z’abana bari munsi y’imyaka itanu, yizeza ko World Vision Rwanda izakomeza gufatanya n’u Rwanda muri urwo rugamba rwo kwita ku buzima bw’abana bato.

Ibi umuyobozi wa World Vision mu Rwanda yabivuze ubwo yari mu karere ka Rutsiro tariki 18/12/2012 mu gikorwa cya World Vision cyo gutangiza kampanye yo kurwanya impfu z’abana bari munsi y’imyaka itanu zikomoka ku mirire mibi.

Mbere y’umwaka wa 2000 rwari mu bihugu byugarijwe n’impfu z’abana bari munsi y’imyaka itanu, ariko ubu izo mpfu zagabanutse ku kigereranyo cya 11,1% guhera mu 2000 kugeza muri 2011; nk’uko Gitau yabisobanuye.

Nubwo iyo ntambwe yatewe ishimishije ariko, ngo haracyari ikibazo gikomeye cyo kwitaho kijyanye n’umubare munini w’abana bari munsi y’imyaka itanu batabasha kubona indyo yuzuye.

Ati: “Nta wakwihanganira kubona hakiri umwana n’umwe ushobora gupfa azize indwara zishobora kwirindwa, ni yo mpamvu World Vision Rwanda yatangije kampanye igamije kugabanya umubare w’abana bari munsi y’imyaka itanu bapfa bazize indwara zituruka ku mirire mibi”.

Iyo kampanye yatangijwe na World Vision iragendana n’intego yo kugabanya impfu z’abana bari munsi y’imyaka itanu ku buryo zizava ku bana 76 bitaba Imana bari munsi y’imyaka itanu zikazagera kuri 50 mu bana igihumbi baba bavutse. Ibi ngo bikazaba byagezweho mu mpera z’umwaka w’2015.

Bimwe mu bikorwa World Vision iteganya gukora ifatanyije na Leta y’u Rwanda kugira ngo iyo ntego izagerweho birimo guteza imbere serivisi zijyanye n’ubuzima mu bice bimwe na bimwe by’igihugu , hibandwa ku bice zikenewemo cyane kurusha ahandi.

Barateganya kandi gutanga inkunga z’igihe kirekire mu bijyanye n’ubuzima. Ikindi ni uko bazibanda ku bikorwa bigamije kunoza indyo yuzuye ku bana bari munsi y’imyaka itanu, ndetse no kwita ku buzima bw’umubyeyi n’umwana mu gihe cyo kubyara.

Mu myaka ibiri ishize World Vision yubatse ibigo nderabuzima icumi hirya no hino mu gihugu hagamijwe kwegereza abaturage serivisi mu bijyanye n’ubuzima.

Umuyobozi w’akarere ka Rutsiro, Byukusenge Gaspard,  yashimiye World Vision kubera ubufatanye igaragaza, by’umwihariko mu iterambere ry’akarere ayobora.

Yahereye ku bikorwa bya World Vision mu karere ka Rutsiro birimo inzu mberabyombi ( Hope Center), ibyumba by’amashuri 11, inka 55 zahawe abatishoboye,  ivuriro (Poste de santé) ryubatswe mu kagari ka Gitwa mu murenge wa Mushubati, umuyoboro w’amazi wa kirometero esheshatu ndetse n’inzu ikorerwamo ubuhinzi bw’imboga bwa kijyambere (Green house).

Mu bindi bikorwa bya World Vision mu karere ka Rutsiro birimo ingufu zikomoka ku mirasire y’izuba zashyizwe ku bigo by’amashuri bine no ku ivuriro. World Vision yagize n’uruhare mu kwigisha urubyiruko 50 rwo mu karere ka Rutsiro imyuga itandukanye. Mu gihe cyo guca Nyakatsi na bwo, World Vision yatanze amabati 7500.

Umuyobozi wa World Vision mu Rwanda yavuze ko hari n’ibindi bikorwa byinshi bateganya gukomeza gutangamo umusanzu mu iterambere ry’akarere ka Rutsiro ndetse no mu iterambere ry’igihugu cyose muri rusange.


 

 

 

Rwanda | World vision donates non food items to Congolese refugees

Tags: , , , , , , , , , ,


Congolese Refugees at Kigeme camp received non-food items in donation, from world vision which include bars of soap, hygienic pads and clothes.

Around 4,000 refugees gathered on site at Kigeme Refugee camp in Nyamagabe district to receive the hygiene and sanitation supplies.

“World Vision could have waited to gather more items and food for the camp, but felt the need to intervene sooner because health is a crucial and sensitive issue in camp life” Jimmy Gahima, World Division employee says.

However the area mayor Philbert Mugisha asked the refugees to properly use the supplies given for their health, and not to try to sell them.

“While the non-food items from World Vision are appreciated, many children in the camp still don’t have the right food for a proper diet and we need more help for refugees” Emmanuel Niyibaho, Kigeme camp manager says.

Currently Kigeme camp boosts more than 11,000 refugees in Kigeme camp and on Saturday, the camp stopped receiving more people because it had hit its capacity.

The camp manager disclosed that between four and five hundred refugees were arriving in the camp daily.

However, he said government is now trying to find more land in order to expand Kigeme camp, so it can resume receiving refugees from Nkamira transit camp on the Rwanda-Congo border.

The refugee’s influx started increasing in last 2months when the M23 rebels and government forces tightened fights in Eastern DR Congo forcing locals to free their homes to Rwanda.

Tags for promotions: Donations

Rukara Abafite amabati ashaje ku mazu bagiye guhabwa amabati mashya yo gusimbuza ashaje

Rwanda | Rukara: Abafite amabati ashaje ku mazu bagiye guhabwa amabati mashya yo gusimbuza ashaje

Tags: , , , , , , , , , , , , ,


Rukara Abafite amabati ashaje ku mazu bagiye guhabwa amabati mashya yo gusimbuza ashaje

Abaturage bo mu murenge wa Rukara wo mu karere ka Kayonza basanzwe bafite amabati ashaje ku mazu yabo, bagiye guhabwa amabati mashya yo gusimbuza ashaje nk’uko byemezwa n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’uwo murenge, Ngabonziza Bideri Vincent.

Bideri avuga ko ayo mabati yatanzwe n’umuryango World Vision, ubinyujije mu ishami ryawo rikorera mu murenge wa Rukara. Ayo mabati agera ku bihumbi bitanu ngo yagenewe kubakishwa imisarani no gusimbuzwa amabati ashaje ari ku mazu y’abaturage.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Rukara yongeraho ko buri muturage yasabwe na World Vision gucukura umusarane wa metero nibura icumi, akazahabwa amabati yo kuwusakara.

Mu nama yagiranye n’abaturage nyuma y’umuganda wabaye tariki 28/07/2012, yanavuze ko abaturage bafite amazu asakaje amabati ashaje nabo bazahabwa kuri ayo mabati kugira ngo basimbure amaze gusaza.

Abaturage bo mu murenge wa Rukara bavuga ko bishimiye cyane ibikorwa by’iterambere World Vision ikomeje kubagezaho kuko ngo uwo muryango wagize uruhare runini mu kubakura muri Nyakatsi.

Mu mezi ashize abo baturage banahawe za matora zo kuryamaho mu rwego rwo guca Nyakatsi ku buriri, ndetse bamwe baranorozwa.

Mwumvaneza Appolon ukuriye ishami rya World Vision mu murenge wa Rukara anavuga ko ubu hari gukorwa inyigo y’uko abaturage bo mu murenge wa Rukara bakwegerezwa amazi meza ku buryo nibura umuturage uzaba avoma kure muri uwo murenge azajya abona amazi kuri metero zitarenga 500.

Rwanda Gakenke Les habitants ont été

Rwanda | Gakenke: Les habitants ont été suggéré de faire l’élevage du petit cheptel

Tags: , , , , ,


Les habitants du district de Gakenke ont été suggéré de faire l’élevage du petit cheptel dans le cadre d’améliorer leurs conditions socio-économiques mais aussi en vue d’obtenir de la viande. Ces recommandations ont été prononcées par le responsable de l’élevage dans ce district, Mwumvaneza Ferdinand, ce 19 avril 2012.

 

Rwanda Gakenke Les habitants ont été

Mr Mwumvaneza déclare que les habitants sous estiment l’élevage du petit cheptel (lapins, poules, porcs, chèvres,..) car il se reproduit rapidement en comparaison avec le gros bétail. Grace à cet accroissement du nombre des bêtes, les éleveurs peuvent en tirer profit financièrement et matériellement en peu de temps.

Mwumvaneza explique que les bailleurs de fonds sont invités pour soutenir ce programme  d’élevage du petit cheptel dans ce district.

Le projet de PAPSTA du World Vision a déjà débuté son programme d’élevage dans le district de Gakenke, en distribuant des chèvres et des lapins aux habitants pauvres.

Au cours du mois de mars consacré à la femme rwandaise, 2000 poules et 378 porcs ont été repartis dans ce district au sein du programme « Girinkoko mwana » du Ministère du genre et de la promotion de la femme(MIGEPROF)

 

 

 

Abaturage barahamagarirwa

Rwanda | Gakenke : Abaturage barahamagarirwa korora amatungo magufi

Tags: , , , , ,


Abaturage bo mu karere ka Gakenke barasabwa kwitabira ubworozi bw’amatungo magufi mu rwego rwo kwiteza imbere no kubona inyama. Ibyo babisabwe n’umuyobozi ushinzwe ubworozi mu karere tariki ya 19/04/2012.

Abaturage barahamagarirwa

Mwumvaneza Ferdinand avuga ko abaturage basuzugura ubworozi bw’amatungo magufi kandi yororoka vuba ugereranyije n’amatungo maremare akabaha amafaranga yo gukemura ibibazo byo mu ngo mu gihe gitoya.

Yongeraho ko Ikigo gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) yatangiye gahunda yo guhamagarira abaturage kwitabira ubworozi bw’amatungo magufi azajya akurwaho inyama naho matungo maremare nk’inka agatange amata gusa.

Asonubanura ko kugira ngo iyo gahunda igerweho, barimo gushishikariza imiryango nterankunga ikorera mu karere nk’uko igira uruhare muri gahunda ya Girinka, na yo izagire uruhare muri gahunda yo koroza abaturage amatungo magufi.

Umushinga wa PAPSTA na World Vision ikorera mu karere ka Gakenke yatangiye koroza abantu badafite ubushobozi bwo korora inka amatungo magufi ari yo ihene n’inkwavu.

Mu karere ka Gakenke, mu kwezi kwahariwe umugore kwasojwe mu kwezi kwa gatatu, inkoko ibihumbi bibiri zahawe abana muri gahunda Girinkoko mwana yatangijwe na minisiteri y’iterambere ry’umuryango n’ingurube 378 zorozwa abaturage.


 

 

Rwanda Gisagara Bahuguwe

Rwanda | Gisagara: Bahuguwe ku bijyanye n’amakoperative

Tags: , , , ,



Kuri uyu wa kabiri tariki ya 20 werurwe, abahagarariye amakoperative akorera mu karere ka Gisagara hamwe n’abahagarariye imiryango ifite abana bafashwa na Global Fund ku bufatanye na MIGEPROF, bahawe amahugurwa ku bijyanye n’imikorere y’amakoperative.

Rwanda Gisagara Bahuguwe

Aya mahugurwa yateguwe n’umuryango World Vision ishami rikorera mu karere ka Gisagara, ahanini akaba yari agenewe iyi miryango kuko ari nayo uyu muryango World Vision wifuza gutera inkunga kugirango iyi miryango ijye mu makoperative ibashe gutera imbere yivana mu bukene.

Amahugurwa yari yitabiriwe kandi n’umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe ubukungu mu karere Hesron HATEGEKIMANA, umukozi uhagarariye World Vision mu karere, umukozi uhagarariye Global Fund mu karere n’umukozi w’akarere ushinzwe ibijyanye n’amakoperative.

Afungura aya mahugurwa umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe ubukungu bwana Hesron, yashimye abari bitabiriye amahugurwa bose ku bw’umwihariko ashimira abayateguye kuko ngo yari akenewe kuri aba banyamakoperative byakarusho akaba ari ingirakamaro ku batari bafite icyo bazi ku makoperative nk’iyi miryango yitegura gufashwa.

Gusa icyo yongeye kwibutsa abari muri aya mahugurwa ni uko ubusanzwe abantu batagomba gutegereza inkunga kugirango batangire amakoperative cyane ko kugirango koperative ikomere si uko iba ifite amafaranga menshi iheraho.

Yagize ati “Koperative ntiyubakira ku nkunga, yubakira ku bikorwa.” Bityo rero abanyarwanda ngo bakaba bagomba kumva ko bagomba buri gihe gutegereza akimuhana kugirango bagire icyo bageraho.

Augustin KAYITARE umukozi uhagarariye Global fund mu karere yabwiye abagize komite z’iyi miryango iri kwivana mu bukene  ko aya makoperative agiye kuvuka afite inshingano yo gukoraneza kugirango abere ikitegererezo indi miryango itishoboye itaritabira kujya mu makoperative.

Uwari ushinzwe gutanga aya mahugurwa nyirizina ariwe Vincent SEWABO umukozi ushinzwe ibijyanye n’amakoperative mu karere yasobanuriye aba bantu mu magambo arambuye koperative icyo aricyo, imico ngenderwaho n’amahame bya koperative.

Abahuguwe bashimye igisho bahawe kandi bataha banejejwe kurushaho n’inyungu babonye zishobora kubavira mu makoperative.


Rukara Kwigisha abaturage

Rwanda | Rukara: Kwigisha abaturage “Iziko” bizarwanya ingaruka z’imirire mibi

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,


Ishami ry’umuryango World Vision rikorera mu murenge wa Rukara mu karere ka Kayonza rigiye gutangiza gahunda ryise “kwigisha abaturage iziko”. Imiryango ifite abana bagaragaza ibimenyetso by’imirire mibi ngo izajya ihurizwa hamwe mu gihe cy’iminsi cumi n’ibiri, yigishwe guteka indyo yuzuye.

Rukara Kwigisha abaturage

Mwumvaneza Appolon ukuriye iri shami mu murenge wa Rukara avuga ko iyo miryango ariyo izajya yizanira ibyo kurya “bo babona nk’ibiryo by’abakene bidafite intungamubiri” maze bakigishwa uburyo babiteka kandi bikavamo indyo yuzuye ishobora kurinda abana kurwara indwara z’imirire mibi.

Mu duce dutandukanye tw’igihugu hari abana batari bake bagaragaza ibimenyetso by’imirire mibi. Minisitiri w’ubuzima Dr. Agnes Binaghwaho aherutse gutangaza ko kuba mu Rwanda hagaragara abana bafite ikibazo cy’imirire mibi bidasobanura ko mu Rwanda hari inzara, ahubwo ngo ni uko bamwe mu babyeyi bataramenya kugabura ibyo bafite ku buryo byagirira akamaro imibiri y’ababyakira.

Mwumvaneza avuga ko mu gihe cy’iminsi cumi n’ibiri iyo miryango izajya imara yigishwa uburyo ishobora gutegura amafunguro, benshi bita ko ari ay’abakene, nibura buri muntu azaba ashobora gutegura amafunguro mu bushobozi bwe buke ariko akaba ari amafunguro arimo ibyo kurya byose umubliri ukenera.

Abaturage mu duce dutandukanye tw’igihugu bakunze kuvuga ko umukene atabasha kubona indyo yuzuye. Abahanga mu by’imirire iboneye bemeza ko indyo yuzuye itaboneka mu byo kurya bihenze cyane gusa. Nk’urugero bavuga ko muri soya habonekamo intungamubiri ziboneka no mu nyama.

Abaturage bo mu murenge wa Rukara bakaba bavuga ko hari icyizere ko mu gihe baba bamaze kwigishwa uburyo bwo gutunganya indyo yuzuye byazabagirira akamaro muri rusange ariko by’umwihariko abana ba bo.


World Vision izafasha

Rwanda : World Vision izafasha akarere ka Gatsibo kubaka biogas

Tags: , , , ,


Mu nama bamwe mubafatanya bikorwa bagaragaje ibyo bazafashamo akarere

World Vision izafasha

Umushinga World Vision ukorera mu karere ka Gatsibo utangaza ko ugiye gufasha ako karere kongera umubare w’abakoresha ingufu zikomoka kuri biogas.

World Vision izabanza gutanga inka 85, ingurube 37 n’ihene 448 bizarangirana n’uyu mwaka wa 2011-2012 hanyuma yubakire biogas 29.

Mu nama uwo mushinga wagiranye n’abafatanya bikorwa tariki 09/02/2012, World Vision yatangaje ko bigaragara ko akarere gafite umubare muto w’abakoresha biogas kandi ari imwe muri gahunda zifasha abaturage kurengera amashyamba n’ibidukikije muri rusange.

Ubu abakoresha biogas mu karere ka Gatsibo ntibagera kuri 50 ariko kahize ko uyu mwaka kazafasha ingo 76 kubona biogas.

Impamvu nyamuru ituma abaturage batagira biogas muri ako karere ni ukutagira ubushobozi bwo kuyikoresha kuko kubaka biogas ya macye bitwara amafaranga ibihumbi 600 kandi kuyikoresha busaba kuba ufute inka zororerwa mu biraro.

Uretse kubaka biogas, World Vision iranateganya gutanga amabati 2500 n’inzugi n’amadirishya ku batishoboye bakuwe muri nyakatsi. Izatanga kandi amagare 89 ku bajyanama b’ubuzima mu rwego rwo kurwanya imirire mibi akarere ka Gatsibo gashaka kuca.

World Vision yemera ko izatanga imisemburo 244 yo kurindisha inka muri gahunda yo kuzivugurura naho mu burezi bazafasha abana 300 mu mashuri


Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

Advertisement

jaguar cars jaguar, jeep, kia