Tag Archive | "SNV"

Rwanda | Kamonyi: Ubukene n’ubujiji nibyo bituma abana bishora mu mirimo ivunanye

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,


Ubushakashatsi bwakozwe n’umuryango w’iterambere ry’Abaholandi SNV mu mwaka ushize wa 2011, bwagaragaje ko mu Rwanda hakigaragara abana bakoreshwa imirimo y’ingufu cyane cyane ahacukurwa amabuye y’agaciro n’ahahingwa icyayi.

Mu mahugurwa yabereye ku cyicaro cy’Akarere ka Kamonyi tariki 4/4/2012, yahuje abikorera bo mu karere ka Kamonyi, akaba yateguwe ku bufatanye bw’umuryango ushinzwe ubuvugizi no kongera ubushobozi bw’inzego CADEA n’abafatanyabikorwa barimo SNV  FAWE Rwanda, abakoresha basabwe kujya bashishoza ku myaka y’umukozi mbere yo kumuha akazi.

Nk’uko umukozi  w’umuryango SNV, Musengimana Sylvestre, abitangaza , ngo ubushakashatsi bwakozwe na SNV bwagaragaje ko abana bakoreshwa cyane mu mirimo yo mu bucukuzi bw’amabuye, mu buhinzi ndetse no mu ngo, bitewe n’ibibazo by’ubukene baba bareba mu miryango yabo.

Ibyo ngo akaba aribyo byatumye imiryango irengera abana yishyira hamwe ngo iki kibazo cy’imirimo mibi ikoreshwa abana, ikababuza kugana ishuri, ikumirwe.

Abitabiriye ayo mahugurwa, bagera kuri 50 biganjemo abafite amasosiyeti acukura amabuye mu karere ka Kamonyi, bemeza ko hari abagikoresha abana bitewe n’ubukene ndetse n’imyumvire iri hasi y’ababyeyi b’abo bana. Ikindi ngo gukoresha abana bato ntibbagora kandi ntibanabahenda.

Tumwine Venant umugenzuzi w’ umurimo mu Karere na we wari witabiriye ayo mahugurwa, yibukije ko hari abakoresha bamwe bakoresha abana nkana bakirengagiza amategeko, mu rwego rwo kurengera inyungu zabo, ugasanga abana barakora mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro, mu bikorwa byo guhanga imihanda n’ibindi bikomeye; kuko akenshi abana banabahemba amafaranga bishakiye.

Yifashishije itegeko yasabye abitabiriye amahugurwa gukomeza ubukangurambaga, abakoresha bakajya bagenzura iteka imyaka y’abo bagiye gukoresha mbere yuko bagirana na bo amasezerano y’akazi, cyane ko bitemewe guha akazi umuntu utarageza ku myaka 18.

Iteka rya Minisitiri ryo mu kwezi kwa 6/2010 rishyiraho urutonde rw’imirimo itagenewe gukoresha abana. Muri iyo mirimo harimo kubakoresha ubucakara ubwo aribwo bwose, kubasimbuza abantu bakuru mu mirimo y’agahato, kubakoresha umwuga w’uburaya ndetse no gucuruza no gukora ibiyobyabwenge.


 

Kayonza Ababyeyi barasabwa kurinda

Kayonza: Ababyeyi barasabwa kurinda abana ba bo imirimo ivunanye

Tags: , , , , , ,


Umuyobozi w’ikigo cy’Abaholande gishinzwe iterambere mpuzamahanga (SNV), Uwamariya Antoinette, tariki 28/12/2011, yahamagariye ababyeyi ba kayonza n’abandi muri rusange kurinda abana ba bo imirimo ivunanye kuko kenshi igira uruhare mu kudindiza imikurire n’imitekerereze by’umwana.

Uwamariya avuga ko mu karere ka Kayonza hari aho abana bajyanwa mu mirimo itakagombye gukorwa n’umwana bikaba intandaro yo kuva mu ishuri kwa bamwe mu bana. Yatanze urugero rw’abana bajyanwa mu murimo w’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bo mu mirenge ya Murama na Rwinkwavu, abandi bakajyanwa mu bucuruzi gufatanya n’ababyeyi babo.

Nubwo mu muco wa Kinyarwanda bisanzwe ko umwana afasha umubyeyi we mu turimo, uwamariya avuga ko hakwiye kubaho ubushishozi mu kugenera umwana imirimo. Yagize ati “Mu muco wa Kinyarwanda no muri Afurika muri rusange tuba twumva ko umwana yafasha umubyeyi we, ariko hari aho usanga umubyeyi akoreza umwana utaruzuza imyaka icumi ijerekani ya litiro 20.”

Uwamariya avuga ko bikwiye ko harebwa ko imirimo igiye gukoreshwa umwana itabangamira ubuzima bwe mbere yo kuyimukoresha. Anasaba kandi abayobozi mu nzego z’ibanze cyane cyane abayobozi b’imidugudu gukurikiranira hafi abana kugira ngo badakomeza gukoreshwa imirimo imirimo itajyanye n’ikigero cya bo.


Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

jaguar cars jaguar, jeep, kia