Tag Archive | "urubyiruko"

Barigiriki Binifirida wubakirwa n’urubyiruko

Rwanda : Ngororero Sport Association yiyemeje gutanga ubufasha mu kubakira abatishoboye

Tags: , , , , , , , , , , , , , , ,


Urubyiruko rwibumbiye mu ishyirahamwe riharanira guteza imbere imikino n’imyidagaduro mu karere ka Ngororero rimaze igihe gito rivutse ryatangiye ibikorwa byo gufasha mu kubakira abatishoboye batuye mu murenge wa Ngororero ari naho icyicaro cyaryo giherereye.

Ngororero Sport Association yiyemeje gutanga ubufasha mu kubakira abatishoboye

 

 

 

 

 

Mu karere ka Ngororero hagaragara ukutitabira imikino haba kubantu bakuru ndetse no ku rubyiruko bitewe ahanini no kutagira ibikorwa remezo nk’ibibuga by’imikino itandukanye. Mu rwego rwo gushishikariza abatuye aka karere kwitabira sport no gukora ubuvugizi mu gukwirakwiza ibibuga hirya no hino, urubyiruko rwo muri aka karere rwishyize hamwe maze rushinga ishyirahamwe ryitwa Ngororero Sport association.

Barigiriki Binifirida wubakirwa n’urubyiruko

 

 

 

 

 

 

Nkuko umuyobozi w’iri shyirahamwe bwana Habarurema Vincent de Paul akaba asanzwe ari n’umukozi w’akarere ushinzwe ubujyanama mu by’amategeko yabidutangarije kuri uyu wa 24/8/2012, ubwo twabasangaga aho bubakiraga umukecuru usanzwe abana n’abuzukuru be munzu ntoya kandi bigaragara ko ishaje, ngo urwo rubyiruko rwasanze nyuma yo gukora imikino itandukanye rugomba no gufasha Leta byumwihariko akarere kabo kugera kuntego kiyemeje, bityo bakaba bariyemeje kubakira umwe mubakene bategereje kubakirwa n’akarere.

Habarurema avuga kandi ko kubera ko bamaze igihe gitoya batangije iryo shyirahamwe batangiriye ku mukino w’umupira w’amaguru ndetse n’uwintoki witwa baskeball ariko bakaba bazakomeza kwagura no muyindi mikino itandukanye. Barigiriki Bonifirida w’imyaka isaga 90 nubwo atibuka neza igihe yavukiye, yatugaragarije ibyishimo by’uko yabonye abantu bamukunda kandi ari abana bato maze avuga ko abasabira umugisha ndetse ngo kuva bariyemeje kumwubakira inzu yisanzuye afite n’icyizere ko azabona n’inka yo kumukamirwa nkuko yabigaragaje mu magambo ye.

Perezida w’inama y’Igihugu y’urubyiruko mu murenge wa Ngororero Biseruka Robert  avuga ko imbaraga urubyiruko rufite ruzazikoresha mu kubaka igihugu hatezwa imbere ibyagirira abaturage akamaro kandi ngo bakazajya babikora bifashishije imikino itandukanye. Iryo syirahamwe rimaze gusa amezi 2 rikaba rimaze kugeza ku banyamuryango 40.

 

 

  

m_Uburyo amafaranga

Rwanda | Kayonza: Uburyo amafaranga asohoka mu karere bituma bamwe batayakoresha neza uko babiteganyije

Tags: , , , , , , , , , , , , , , ,


Zimwe mu nzego  zikorera mu karere ka Kayonza zirinubira uburyo abashinzwe gusinyira ko amafaranga avanwa kuri konti y’akarere agakoreshwa babidindinza bigatuma hari bimwe mu bikorwa bidakorwa neza uko byateganyijwe bitewe no gutinda kuboneka kw’amafaranga.

m_Uburyo amafaranga

Abaherutse guhura n’icyo kibazo ni urwego rw’urubyiruko mu karere ka Kayonza. Umuhuzabikorwa w’inama nkuru y’igihugu y’urubyiruko muri ako karere, CNJR, Uwizeyimana Placide, avuga ko urwego ahagarariye rwasabye amafaranga yari agenewe urubyiruko mu ngengo y’imari kugira ngo akoreshwe ibikorwa by’urubyiruko, ariko amafaranga ntaboneke.

Avuga ko ababishinzwe bavugaga ko nta mafaranga ahari. N’ubwo ariko bakunze kuvuga ko nta mafaranga ahari, ku munota wa nyuma ubwo ingengo y’imari y’umwaka wa 2011/2012 yari iri gusozwa, abahagarariye urubyiruko bamenyeshejwe ko amafaranga yabonetse.

“Twagiye dusaba amafaranga kenshi bakatubwira ko adahari, ariko ingengo y’imari igiye kurangira baratubwira ngo amafaranga yabonetse (…) urumva ko amafaranga nk’ayo rero n’iyo wayabonye ntabwo akoreshwa neza ibyo yagombaga gukora kubera ukuntu aba yaje atunguranye” Uku niko Uwizeyimana yabisobanuriye inama njyanama y’akarere ka Kayonza.

Uwizeyimana avuga ko ayo mafaranga yakoreshejwe mu bikorwa by’amahugurwa y’urubyiruko na yo ataritabiriwe uko byari bikwiye kubera ko abagombaga kuyajyamo batunguwe bigatuma bamwe batayitabira.

Bamwe basanga ikibazo kiri ku bashinzwe gusinyira ko amafaranga yasohotse, kuko ngo “baba basiragiza abakeneye gukora ibikorwa amafaranga aba yaragenewe, bakanga gusinya mu gihe gikwiye”

Umuyobozi w’inama njyanama y’akarere ka Kayonza, Butera K. Jean Baptiste avuga ko inzego zimwe na zimwe zidakwiye kugenerwa amafaranga mu ngengo y’imari y’akarere ngo bibe mu nyandiko gusa, asaba ko amafaranga yajya ahabwa abo yagenewe mu gihe gikwiye kugira ngo akoreshwe ibyo yagenewe.

 

Rwanda | Kayonza Ikigo

Rwanda | Kayonza: Ikigo cy’urubyiruko kizavana benshi mu bwigunge

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,


Abatuye mu mujyi wa Kayonza bavuga ko ikigo cy’urubyiruko kiri kubakwa muri uwo mujyi kizavana abatari bake mu bwigunge. Bamwe mu bo twavuganye bavuga ko bari barabuze ahantu ho kwidagadurira mu mujyi wa Kayonza, bigatuma bamwe mu bawutuyemo by’umwihariko urubyiruko bahera mu bwigunge.

Rwanda | Kayonza IkigoUmukozi w’akarere ka Kayonza ushinzwe urubyiruko, umuco na Siporo, Murengezi Jean Baptiste, avuga ko icyo kigo kizavana abantu benshi mu bwigunge kuko “uretse kuba kizajya kiberamo imyidagaduro kizajya kinatangirwamo inyigisho ku bintu bitandukanye birimo no kwihangira imirimo” nk’uko abivuga.

Bamwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Kayonza bakunze kwinubira ikibazo cy’uko muri ako karere nta nzu yihariye y’imyidagaduro ishobora gukorerwamo ibitaramo by’abahanzi nk’uko bigenda mu tundi turere. Bamwe banavuga ko iyi ishobora kuba ari yo mpamvu abahanzi batitabira kwerekeza mu karere ka Kayonza gususurutsa abaturage ba ho nk’uko babigenza mu tundi turere.

Abasore bagize itsinda rya Urban Boyz ubwo baheruka mu mujyi wa Kayonza mu kwezi kwa kabiri kwa 2012, bahakoreye igitaramo kinitabirwa n’imbaga y’abantu benshi. Icyo gitaramo cyari cyateguwe n’umuryango Health Poverty Action wigisha abaturage ibijyanye n’ubuzima bw’imyororokere no kurwanya Sida, mu rwego rwo gushishikariza abaturage kwisiramuza.

Abo basore bavuze ko bifuza kuzagaruka gutaramira abanyakayonza, ariko bavuga ko “bitapfa gushoboka kuko nta hantu bakorera igitaramo” nk’uko Safi Lee, umwe mu bagize iryo tsinda yabitangaje.

Benshi biteze ko ikigo cy’urubyiruko kizavanaho izo mbogamizi zose ku buryo abatuye mu mujyi wa Kayonza bazabona uburyo buhagije bwo kwidagadura batagombye kujya i Kigali nk’uko bamwe bari basanzwe babikora.


Rwanda | Muhanga Urubyiruko

Rwanda : Rwanda : Muhanga: Urubyiruko rusanga rutagikeneye amahurwa atari ayo kwicungira ibyo bageraho

Tags: , , , , , , , , , , , , ,


Rwanda | Muhanga UrubyirukoRumwe mu rubyiruko rukomoka mu mirennge itandukanye y’akarere ka Muhanga rurasaba ko rwajya ruhabwa inyigisho ku buryo bwo kwicungira ibyo baba baragezeho kuko nyuma yo kwigishwa kwihangira imirimo, hari benshi bamaze kugira icyo bageraho. Ibi babivuze tariki ya 4 kamena,2012 ubwo batangizaga kongere (cogres) y’urubyiruko mu mujyi wa Muhanga.

Bavuga ko gahunda za leta zabigishije igihe kinini cyo kwibumbira mu makoperative ndetse bakanagira umuco wo kwihangira imirimo none kugeza magingo aya bamaze kugera kuri byinshi babikesha amakoperative. Hari abatangaza ko bifuza guhabwa inyigisho zihagije ku buryo bwo kwicungira ibyo bamaze kugeraho. Jean Pierre Gasirabo wo mu murenge wa Nyamabuye agira ati: “kenshi usanga urubyiruko twaramaze kwibumbira mu makoperative cyangwa amashyirahamwe kandi byanagize akamaro, ni byiza rero ko na duke twaba tumaze kugeraho tumenya kuducunga ndetse tukabasha no kutubyaza undi musaruro wisumbuyeho”. Sebastien Mushayija wo mu murenge wa Cyeza avuga ko hari ubwo usanga amakoperative n’amashyirahamwe amaze gutera imbere ariko mu gihe runaka ugasanga yasenyutse cyangwa yasubiye inyuma mu mutungo.

Avuga ko ibi usanga biterwa n’imicungire mibi ahanini ishingiye kubwumvikane buke buvuga hagati y’abanyamuryango. Bamwe bavuga ko ubu bwumvikane buke ngo usanga buvuka nyuma y’uko bamaze kugira icyo bageraho kuko batangira gushwanira no muri duke bafite. Hari amakoperative yagiye ashinjwa kenshi ubwumvikane buke muri aka karere kuburyo benshi mu banyamuryango bagiye bayavamo. Muri yo hari iyo ikigo cy’amakoperative cyasanze asigayemo abayobozi gusa nta banyamuryango. Bamwe mu bayobozi nk’aba wasangaga bashinjwa kwikubira umutungo wose wo muri koperative. Umuhuzabikorwa w’Inama y’urubyiruko mu karere ka Muhanga, Tharcie Kabasindi we asanga hari byinshi byagezweho n’urubyiruko kuko kuri ubu benshi bamaze kumenya uburyo bwo kwihangira imirimo kandi bakamenya guhuriza hamwe imbaraga aho kugira ngo buri wese abe nyamwigendaho.

Umukozi ushinzwe urubyiruko mu karere ka Muhanga  Innocent Gashugi, avuga ko kugeza uyu munsi bafite amakoperative  agera kuri 12 akora neza, yitabira gahunda yo kugana ibigo by’imari ndetse n’akarere kakabaha ubwunganizi bugenewe imishinga yo kuzamura urubyiruko.  Gashugi avuga ko ku ngengo y’imari irangiye bahawe ubwunganizi bw’amafaranga agera kuri miliyoni 10. Muri aya makoperative harimo arindwi yiyemeje kurinda inkengero z’uruzi rwa Nyabarongo ku bufatanye n’ikigo nyarwanya gifite mu nshingano zacyo ibidukikije REMA. Gashugi avuga ko uru rubyiruko rwamaze kumenya kwizigamira kuko nibura iyo bakoreye amafaranga ku munsi buri wese ashyira 300 mu isanguku ya koperative mu rwego rwo kuzamurana.

Rwanda RUKUNDO

Rwanda | GISAGARA: KUTAGIRA UMUJYI NI KIMWE MU BITUMA NTA BANA BO MU MUHANDA BAHAGARAGARA

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,


Rwanda RUKUNDO

RUKUNDO


Mu karere ka Gisagara ntihakunze kugaragara urubyiruko ruzerera mu muhanda, ibi ngo bikaba byaba biterwa n’uko nta mujyi uhari ubakurura kandi hakaba na gahunda nziza yo kubatoza gukunda kwiga no gukora  ariko nanone bitabujije ko urubyiruko rwaho rujya mu muhanda ariyo mpamvu mubakunze gufatirwa mu mujyi wa huye haba harimo n’abaturutse mu karere ka Gisagara.

Haba mu muhanda munini wa Gisagara ndetse no mu mihanda ijya mu mirenge itandukanye y’aka karere ntihakunze kuboneka cyane abana bazerera mu mihanda aba bitwa abana bo mu muhanda, ibi bikaba ngo biterwa n’uko abana bajya mu muhanda baba bakurikiye ibibarangaza biba mu mijyi, abandi bakagenda bakurikiye kuzabonayo imirimo ibaha amafaranga kandi ibi byose bikaba bitaboneka muri aka karere ka Gisagara.

“Si uko ibibazo bimwe na bimwe bituma abana bajya mu muhanda birimo ubukene bitagaragara muri aka karere kacu ka Gisagara ahubwo ni uko akenshi abana bakunze kubihunga no kujya gushakira ibisubizo byabyo mu mijyi aho bazakorera amafaranga bakanabona utuntu twiza tubarangaza. Kuba kandi tudafite umujyi sibyo byonyine bituma tugiraumubare muto w’abana bo mu muhanda ahubwo ni uko tunagira gahunza nziza zo kubakangurira gukunda ishuri no kubakundisha umurimo tubatoza gukorera mu makoperative” RUKEBESHA Elysé  umuhuzabikorwa w’urubyiruko mu karere ka Gisagara.

Umwe mu bana bo mu muhanda ukomoka mu karere ka Gisagara witwa RUKUNDO w’imyaka 14 akaba akunze kuba ari ahitwa muri Rwasave ho mu karere ka Huye aho bogereza ibinyabiziga avuga ko atakwirirwa azenguruka mu muhanda wa Gisagara kuko ntacyo yahabona arya.

“Jye mbana n’umukecuru wanjye nawe utibashirije bivuga ko ngomba kwishakira imibereho. Ntabwo rero nakwiteza umuhanda wa Gisagara kuko nta kazi kariyo kandi no kwiga nataha simbone imyaka yo kurya sinabikora. Njya muri huye gushaka imibereho ariko naho ntibyoroshye kuko baradufata, niyo mpamvu rero mbanaje nk’aha mu kinamba aho ndibbone byibura ikiraka cyo koza nka moto bakantera 200F nkarya ayo”

Nk’uko Bwana RUKEBESHA abivuga ngo kuba bafite izi gahunda zo kwita ku rubyiruko ntibibuza ko hari abatazitabira bagahitamo kujya ku muhanda nka RUKUNDO ariko kandi ngo kwigisha ni uguhozaho ariyo mpamvu nabo gahunda zabo zirebana n’urubyiruko zihoraho kandi bakaba bizera ko hazagira igihe nta mwana wo muri Gisagara ukibarizwa mu muhanda.

Bwana RUKEBESHA Elysé  arasaba urubyiruko rw’aka karere ko rwakwitabira gahunda zirugenewe zirimo kwitabira kujya mu makoperative aruteza imbere ndetse bakanajya mu mashuri bakiga kuko ubujiji nabwo buba mu bituma umuntu adatera imbere.

   

 

 

Rwanda Urubyiruko rurasabwa kwimakaza amahoro n’ubusabane mu miryango

Rwanda : Urubyiruko rw’i Rwamagana rwasabwe gukemura amakimbirane mu ngo

Tags: , , , , , , , , , , , , , , ,



Urubyiruko rwo mu Karere ka Rwamagana rurasabwa guhindura ubutumwa bwiza bwo kwamamaza ivanjiri rusanzwe rukora muri bagenzi barwo bitwa ko baguye, rukongeramo n’ubutumwa bwo kubyutsa ikibatsi cy’urukundo, rukemura amakimbirane mu ngo zitabanye neza, hagamijwe gukumira amakimbirane n’urugomo byagiye bigaragara muri Rwamagana, ndetse hamwe na hamwe ababana mu rugo rumwe bakavutsanya ubuzima.

Rwanda Urubyiruko rurasabwa kwimakaza amahoro n’ubusabane mu miryango

Urubyiruko rurasabwa kwimakaza amahoro n’ubusabane mu miryango

Ibi ngo biraterwa n’uko muri ako Karere hagaragaye ingo zisaga 232 zirangwamo umwiryane n’ubwumvikane buke, kandi benshi mu rubyiruko rw’i Rwamagana ari abakirisitu bakora ubutumwa bwo kwamamaza ijambo ry’Imana mu ngo za bagenzi babo bita ko baguye.

Superintendent James Muligande ukuriye polisi y’u Rwanda mu Karere ka Rwamagana yabwiye urubyiruko rw’i Rwamagana rwari mu nama nkuru y’Urubyiruko kuwa 17 Gicurasi ko urwo rubyiruko rukwiye no gushyiraho ubutumwa bwihariye bugenewe ingo bazi zirimo abashakanye batakibana mu bucuti, ahubwo baba mu ngo zirara zishya, bwacya zikazima.

Superintendent Muligande yabwiye abasore n’inkumi basaga 300 bari bitabiriye inama nkuru y’urubyiruko I Rwamagana ko mu kazi kabo ka polisi bazi ingo nyinshi zirara mu nduru n’intonganya, abazirimo bakaba barangwa n’umwiryane iyo bari bonyine mu ijoro, amaso ya rubanda asinziriye. Bamwe ndetse barara bagenda amajoro bajya gutabaza no gucumbika kuri polisi kuko mu ngo zabo hababereye indiri y’ibibazo.

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, bwana Uwimana Nehemie nawe avuga ko ikibazo cy’ingo zitabanye neza akizi ndetse kikaba cyarageze n’aho mu mezi ashize gitera bamwe mu babana kwicana hagati yabo. Kuri ubu ariko, uyu muyobozi avuga ko ingo zizwi ko zitabanye mu mudendezo zabaruwe, ndetse abazituye bakaba baraganirijwe bakanagirwa inama yo kubana neza kuko bibazanira amahoro n’umutuzo bombi.

Mu gukumira hakiri kare izi ntonganya n’urugomo rushobora kuzishamikiraho, urubyiruko rw’i Rwamagana rwasabwe gushyira muri gahunda z’iyobokamana no kubwiriza ubutumwa bwiza umwanya n’ubutumwa byihariye hagamijwe guhwitura abashakanye ngo bongere kubana neza.

 

 


Rwanda | Gisagara Urubyiruko

Rwanda | Gisagara: Urubyiruko rurashishikarizwa gutekereza ejo hazaza

Tags: , , , , , , , , , , , , ,


Binyuze mu biganiro n’amahuriro by’urubyiruko, akarere ka Gisagara karahamagarira urubyiruko rwako kwitabira gahunda zose zirushyirirwaho no gukura amaboko mu mufuka rugakorera ejo hazaza harwo.

Rwanda | Gisagara Urubyiruko

Mu ihuriro rya 5 ry’inama y’igihugu y’urubyiruko mu karere ka Gisagara ryabaye kuva tariki ya 1 kugera kuya 3 uku kwezi kwa mata, urubyiruko rwahaye ibiganiro bitandukanye ndetse rushishikarizwa kwitabira umurimo kugira ngo rubashe guha umurongo mwiza ubuzima bwarwo buri imbere.

Gusa uru rubyiruko ruvuga ko rugifite imbogamizi mu iterambere kuko kugirango rubone inguzanyo runaka mu mabanki rusabwa ingwate kandi izo ngwate ntazo rufite, bigatuma rero abari bafite imishinga mu mitwe yabo bumva nta gaciro kuko badafite uko bazayitangira.

Ibi ariko ngo ntibyagakwiye kuba ikibazo nk’uko Depite Speciose MUKANDUTIYE abivuga kuko icyo bahamagarira urubyiruko rushaka gukora uyu munsi ni ukwishyirahamwe rukibumbira mu mashyirahamwe maze ayo mashyirahamwe agaterwa inkunga n’uturere nk’uko bisanzwe bigenda kuko urubyiruko narwo rusanzwe rugira uruhare ku ngengo y’imari mu karere karwo n’ubwo iba ari nke, ikindi kandi muri ayo mashyirahamwe kwaka inguzanyo mu mabanki biroroha kuruta umuntu ku giti cye.

Ikindi Depite Speciose abasaba ni ukutumva ko bagomba guhera hejuru mu mafaranga menshi cyane ko kuyabona bitoroshye ahubwo ko bagerageza kwita ku bikorwa ibyo aribyo byose kabone n’aho byaba bisuzuguritse ahubwo bakamenya gushyiramo imbaraga bakabibyaza inyungu nyayo.

Umuhuzabikorwa w’inama y’igihugu y’urubyiruko mu karere ka Gisagara Noel RUKUNDO aratangaza ko urubyiruko rw’aka karere n’ubwo rutaragera ku rwego nyarwo mu kwitabira umurimo ko ibikorwa byarwo bihari n’amashyirahamwe akora neza akaba ahari gusa ariko hakaba hari n’abagikeneye kwigishwa badafite aho bahagaze.

“Urubyiruko ntitworoshye kwigisha ni uguhozaho cyane ko muri iyi minsi hari byinshi biturangaza tutitonze twagwa”  ayo ni amagambo ya RUKUNDO asobanura ko ibiganiro n’inyigisho bidahagarara mu nzeo z’urubyiruko kugira ngo bakomeze gufashanya kuzamuka.

Akarere ka Gisagara karatangaza ko gakeneye ko uurubyiruko rwako ruha agaciro ejo harwo hazaza bityo rugako bikungukira n’akarere muri rusange cyane ko umubare ungana na 66% w’abatuye aka karere ari urubyiruko bigaragara ko aribo benshi bakaba rero bakenewe ngo bateze imbere akarere.

 

Rwanda : VJN iha abana babaga mu muhanda ubumenyi bubafasha kwitunga

Tags: , , , , , , , , , , , , ,



Abana 54 babaga mu muhanda barangije amasomo y’imyuga bize mu gihe cy’amezi atandatu bahawe n’ikigo Vision Jeunesse Nouvelle (VNJ).

Mu muhango wo gutanga izi mpamyabumenyi wabaye tariki 03/03/2012, aba banyeshuri bagenewe ibikoresho bizabafasha gutangira no gushyira mu bikorwa ibyo bize nyuma yo kuva mu buzima bwo mu muhanda.

Ubwo bari bamaze gushyikirizwa impamyabushobozi zabo ndetse n’ibikoresho  batangarije ko batazibagirwa ubuzima bavuyemo bwo mu muhanda bityo bikazatuma bafata neza ibikoresho bahawe kuko aribyo bakesha ubuzima bwabo bw’ejo hazaza.

Umuhuzabikorwa wungirije w’Inama Nkuru y’Urubyiruko (CNJ) mu karere ka Rubavu, Dusabimana Emmanuel, yasabye abarangije bose gufata ibikoresho bahawe nk’intwaro y’ubuzima bwabo ataribyo guhita bagurisha ngo bagure.

Yagize ati «igihe amafaranga mwabikuramo yabashirana bikaba byabaviramo gusubira mu muhanda. »

Ibikoresho bahawe bigizwe n’amamashini yo kudoda, ibikoresho byo muri za salo zitunganyirizwamo imisatsi, ibya mécaniques ndetse n’ibyo gusudira byose hamwe byatwaye amafranga asaga 3500000 yatanzwe na FHI360 ku nkunga ya USAID.

VNJ ni ikigo cy’urubyiruko giherereye mu murenge wa Gisenyi, akarere ka Rubavu, gikora ibikorwa bitandukanye mu rwego rwo guteza imbere urubyiruko. VNJ iterwa inkunga na USAID binyujijwe muri family health International (fhi360) muri gahunda yayo yo guteza imbere imibereho y’abaturage.


Rwanda | Murunda: Urubyiruko rurakangurirwa kwibumbira mu makoperative no kwiga gukora imishinga iciriritse ibyara inyungu

Tags: , , , , , , , , , , , , ,


 

Urubyiruko rwo mu murenge wa Murunda, akarere ka Rutsiro Intara y’uburengerazuba, rurahamagarirwa kwibumbira mu makoperative kungirango bashake uburyo bajya biga imishinga iciriritse kandi ibyara inyungu.

Ibi barabisabwa n’umuyobozi w’uyu murenge Butasi Jean Herman kuko ngo bashaka ko urubyiruko rujya hamwe bakabona uburyo barufasha.

Bimwe mu bikorwa umurenge wa Murunda ufashamo urubyiruko, hari ugufasha urubyiruko rutagize amahirwe yo gukomeza amashuri, rugahabwa uburyo rugafashwa kwiga imyuga, cyane cyane aho usanga umubare munini w’urubyiruko wiga mu kigo kigisha imyuga kizwi ku izina rya” CFJ-Abana bacu Murunda”, aho usanga biga kudoda, kubaza n’indi myuga iciriritse.

umuyobozi w’umurenge wa Murunda Butasi Jean Herman, avuga ko biteguye gukomeza gufasha urubyiruko, kuko arizo mbaraga z’igihugu kandi ngo urubyiruko iyo rufashijwe kwiteza imbere, n’igihugu gitera imbere.

Yagize ati” ubu mumurenge turashaka gufasha urubyiruko mu kuva mu bukene, ariko mbere ya byose, nibishyire hamwe, kuko ntiwafasha umuntu ku giti ke, twe icyo dukora iyo urubyiruko rurangije muri CFJ-Abana bacu Murunda, icyo tubasaba n’ukujya mu mashyirahamwe ubundi bakatugaragariza umushinga natwe tukabashakira ubufasha”.

Nkuko umuyobozi w’umurenge wa Murunda akomeza abitangaza ngo urubyiruko rurangiza amashuri yisumbuye mu murenge wa Murunda, ariko ntirubone amahirwe yo kujya mu mashuri makuru na za kaminuza, ngo umurenge ukora uko ushoboye ukabashakira icyo gukora iyo hari ahabonetse isoko ry’umurimo mu murenge, aho bamwe usanga bakora akazi ko kwigisha.

Kurundi ruhande, urubyiruko rwo muri uyu murenge ruvugako ruramutse rubonye aho ruvana inkunga ibafasha mu gutangira imishinga, ngo nta kabuza baca ukubiri n’ubukene.

Gusa ariko umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurnge wa Murunda, Butasi Jean Herman akaba asaba uru rubyiruko, ko mbere yo kwaka ubufasha, rwabanza rukishyira hamwe mu bimina n’amakoperative bityo bakabona uko bafashwa.

Aha twababwira ko minisiteri y’urubyiruko yasabye uturere ko twashaka uburyo bwose bushoboka, bwo gufasha urubyiruko kwiteza imbere. Ibi minisitiri w’urubyiruko Nsanzimana Jean Philbert akaba yarabisabye abayobozi b’uturere, ubwo yari yitabiriye umuhango wo gutanga impamyabumenyi ku rubyiruko rwari rwarangije kwiga imyuga inyuranye mu kigo kigisha imyuga cy’Iwawa mu karere ka Rutsiro.


Ruhango umukino

Rwanda | Ruhango: umukino w’amakarita ufasha abashomeri kwirinda ingeso mbi

Tags: , , , , , , , , , , , , ,


Ruhango umukino

Urubyiruko rukina amakarita

Urubyiruko rwo mu murenge wa Byimana akarere ka Ruhango, ruravuga ko mu gihe rudafite akazi rwitabaza umukino w’amakarita kugirango rwirinde ingeso mbi zirimo ubujura, kunywa ibiyobyabwenge, urugomo n’ibindi.

Uru rubyiruko urusanga mu isantire yitwa Byimana rwikinira amakarita haba mu gihe cy’akazi cyangwa nimugoroba.

Sam Mujyanama ni umwe muri uru rubyiruko, avuga ko hari igihe haboneka ibiraka bitandukanye ariko ngo hari n’ubwo baba bakabuze bigasaba ko birirwa bicaye mu gasantire bategereje uwabatwara mu kiraka.

Mu gihe baba babuze ubaha akazi ngo bahitamo gukina amkarita bityo bikabarinda kugira ibindi bitekerezo bitari byiza.

Mujyanama avuga ko umukino w’amakarita Atari mubi nkuko abantu benshi bakunze kubivuga ngo keretse abawukoresha mu bundi buryo butaribwo. Aha Mujyanama akaba atunga agatoki abantu bakoresha umukino w’amakarita mu gukina urusimbi.


Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

jaguar cars jaguar, jeep, kia