Posted on 03 April 2012
Tags: abana, abatuye, Ibi, imfubyi, imyaka, karere, kubakira, kugira, orphelinat, Rwanda, Rwanda development, Rwanda Help, Rwanda Orpheline, Rwanda Rubavu, uruhare
Abatuye mu karere ka Rubavu barahamagarirwa kugira uruhare mu kubakira abana b’imfubyi barengeje imyaka 18 bakiba mu bigo by’imfubyi (orphélinat) kugira ngo bature heza kandi neza, maze basubizwe mu miryango.
Ibi bikaba byarashimangiwe na Sheikh Bahame Hassan, umuyobozi w’akarere ka Rubavu mu biganiro aka karere kagiranye n’abahakorera imirimo itandukanye tariki ya 30 Werurwe hagamijwe kureba uko igikorwa cyo kubakira abana batagira abayeyi bafite imyaka 18 ziba muri orphélinat cyagerwaho.
Sheikh Bahame akaba yarasabye buri wese kumva uruhare rwe mu guharanira ubuzima bwiza bw’abana b’abanyarwanda agira ati “ni intego u Rwanda rwihaye ko nta mwana uzongera kwitwa imfubyi.”
Umuyobozi w’akarere ka Rubavu akaba yakomeje ahamagarira abatuye mu karere ka Rubavu kugira uruhare mu bikorwa byo kubakira abo bana amazu 20 bizakorwa mu kagari ka Bushengo, ahitwa Kanembwe mu murenge wa Rubavu.
Ibiganiro nk’ibi bikaba bizakomeza gutangwa hirya no hino kugirango icyo gikorwa kibone abaterankunga benshi ku buryo umwaka utaha uzagera hagati amazu yaruzuye.
Posted on 31 January 2012
Tags: akomoka, amagufa, amata, ari, aya, cyane, health, kalisiyumu, mata, muri, Rwanda, uruhare, Vitamin
Ubushakashatsi bwakozwe na Kaminuza ya “Northwestern University” yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika buvuga ko amata akomoka ku ntama n’ubwo ataboneka kenshi ari yo mata akungahaye kuri kalisiyumu ikomeza amagufa kurusha andi mata.

Amata y’intama agira uruhare mu ikura ry’amagufa
Nk’uko aya makuru abitangaza, ngo muri litiro imwe y’amata y’intama habonekamo miligarama 1.950 zikaba ari nyinshi ugereranyije n’iziboneka mu mata akomoka ku nka.
Aya mata akurikirwa n’akomoka ku mbogo aho yo agira miligarama 1.800 muri litiro imwe. Amata y’ihene na yo agira miligarama 1.260 za kalisiyumu muri litiro imwe yayo. Amata abonekamo kalisiyumu nke ni akomoka ku nka akaba abonekamo miligarama 1.200 muri litiro imwe yayo.
Aha bavuga ko uyu munyu ngugu wa kalisiyumu ufite uruhare runini mu mikurire y’amagufa cyane cyane ay’umwana ukiri muto. Mu gihe umunyu ngugu wa kalisiyumu ubaye muke mu maraso ushobora kuba ikibazo cyane cyane gishobora no kugira uruhare mu kwiyongera kw’amagufa mu gihe cyo gukura.
Aya makuru avuga ko uyu munyu ngugu wa kalisiyumu ugoma kugendana neza na vitamini D. Aha ni ukuvuga ko mu kurya ibikungahaye kuri kalisiyumu ari na ngombwa kwibuka gufata n’ibikungahaye kuri vitamini D no ku byubaka umubiri kuko ari byo bigira uruhare ntakuka mu mikurire myiza y’umubiri muri rusange.
Izi ntungamubiri zose ziboneka mu nyama, mu mata, mu magi, mu mafi ari byo bizwiho cyane kubonekamo vitamini D. Aha kandi bavuga ko uruhererekane rw’inyunyu ngugu na rwo rurushaho kugira umumaro mu mikurire y’umwana, kabone n’ubwo ishobora kuba itagira uruhare ruziguye mu mikurire y’amagufwa.
Aha bemeza ko mu gihe umubiri ufite ikibazo cya kalisiyumu, habonetse amata akomoka ku ntama yaba ari yo yayitanga mu gihe gito. Icyakora ngo ntihakwiye kwirengagizwa ko aya mata adapfa kuboneka bitewe no kudakundwa na benshi.