Tag Archive | "VUP"

Gahunda ya VUP yafashije abaturage

Rwanda : Gahunda ya VUP yafashije abaturage kwikura mu bukene no kwiyubakira inyubako za SACCO

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,


Rwanda : Gahunda ya VUP,ni imwe mu zafashije  abaturage ba Rurembo  kwiyubakira inzu izajya ikoreramo  Umurenge SACCO wabo no kwiteza imbere

Gahunda ya VUP,ni imwe mu zafashije abaturage ba Rurembo kwiyubakira inzu izajya ikoreramo Umurenge SACCO wabo no kwiteza imbere

Mu karere ka Nyabihu gahunda ya VUP yaje ikenewe kandi ngo ifasha abaturage bo mu mirenge ikennye kwikura mu bukene no kwizamura nk’uko ushinzwe ubukungu n’iterambere mu karere ka Nyabihu Mukaminani Angela yabidutangarije.

Iyi gahunda ikaba iri mu mirenge ine y’akarere ka Nyabihu ariyo Shyira,Jomba,Rurembo na Bigogwe. Abaturage bo muri iyo mirenge bakaba bakora ibikorwa biteza imbere uduce batuyemo ndetse bikabateza imbere nabo. Bimwe muri ibyo bikorwa hakaba harimo nko gukora imihanda,kubaka amashuri, gukora amaterasi ndinganire n’ibindi.

Mu gukora ibyo bikorwa,abaturage bakaba bahabwa amafaranga abafasha kwiteza imbere no kuzamura imibereho yabo bakikura mu bukene bukabije baba barimo. Kugeza ubu benshi mu baturage bari muri gahunda ya VUP mu mierenge itandukanye bamaze kwigeza kuri byinshi birimo guca nyakatsi ku buriri,kwiyororera amatungo atandukanye cyane cyane amagufi,kwirihira za mitiweri n’ibindi.

Umuyobozi wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere mu karere ka Nyabihu Mukaminani Angela,avuga ko nko mu murenge wa Rurembo,babashije kugera ku ntambwe ishimishije cyane kandi ari wo wari umurenge ukennye cyane kurusha iyindio mu karere ka Nyabihu. Uretse kuzahura ubutaka bwaho ndetse no kubukoraho neza ku buryo ubu busigaye butanga umusaruro ku buryo bushimishije,uyu murenge wabaye uwa kabiri mu kwiyubakira inzu izajya ikoreramo umurenge SACCO yawo bwite. Ibi bikaba byarakozwe n’abaturage.

Gahunda ya VUP ikaba yarafashije cyane abaturage b’uyu murenge wa Rurembo kugera ku bikorwa by’indashyikirwa bagezeho. Kugeza ubu bamwe batangiye gukora n’indi mirimo iciriritse nk’ubucuruzi n’indi mu rwego rwo kwikura mu bukene.

Mu yindi mirenge iyi gahunda irimo,abaturage bakaba bagenda bigeza kuri byinshi nk’ubworozi bw’amatungo magufi,guca nyakatsi ku buriri,gukemura ibibazo byo mu ngo,kwizigamira,n’ibindi bitandukanye nk’uko Mukaminani Angela yabigarutseho. Kubwe akaba asanga iyi gahunda ya VUP yaraje ikenewe kuko abaturage benshi bamaze kwikura mu kiciro cy’ubukene bukabije.

 

Rutsiro: VUP provides mattresses to poor people

Rwanda | Rutsiro: VUP provides mattresses to poor people

Tags: , , , , , , , , ,


The lifestyles of about 68 vulnerable people in Manihira sector in Rutsiro district will change after being given mattresses by VUP on the 24th.Aug.2012 in a way of eradicating poverty.

Rutsiro: VUP provides mattresses to poor people

 

 

 

Recently, this sector was said to have about 156 residents that are more poor than others by VUP project that intends to develop more poor sectors and it gave mattresses to hose people and the 68 remaining were also given on the 24th.Aug.2012.

Faustin Muhoranyi Nganizi  the executive secretary of Manihira sector asked the people who were given mattresses to take care of the aid they are given but most importantly to strive to live without expecting the aid but to work hard and find solutions to their problems.

VUP project has programs like giving work to capable people and giving them monthly salaries in 2 instalments after every 15 days and it gives supporting aid to the old and children who take care of themselves.

This project also gives credit to weak people who can pay it back with only2percent interest rate.

 

 

Rutsiro : Abaturage 68 bakennye bahawe matela

Rwanda | Rutsiro : Abaturage 68 bakennye bahawe matela

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,


Rutsiro : Abaturage 68 bakennye bahawe matela

Abaturage 68 bakennye kurusha abandi mu murenge wa Manihira mu karere ka Rutsiro bavuga ko imibereho yabo igiye kurushaho kuba myiza, nyuma y’uko ku wa 24 Kanama 2012 bahawe matela n’umushinga VUP mu rwego rwo guca nyakatsi zo ku buriri.

Muri uyu murenge, mu minsi ishize habaruwe abaturage 156 bakennye kurusha abandi. Umushinga wa leta, VUP,  ugamije guteza imbere imirenge ikennye kurusha iyindi wabanje gushyikiriza matela umubare munini muri abo baturage bakennye, 68 bari basigaye bakaba nabo barazishyikirijwe.

Mu butumwa bwabo, abayobozi batandukanye bitabiriye icyo gikorwa basabye abaturage kurushaho kwiteza imbere bafata neza iyo nkunga bagenerwa na VUP.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Manihira, bwana Muhoranyi Nganizi Faustin  na we yabakanguriye gukoresha neza inkunga bagenerwa ariko by’umwihariko abasaba ko baharanira kubaho badateze amaboko, ahubwo bagakora uko bashoboye kose kugira ngo bishakemo ibisubizo.

Mu bindi bikorwa bisanzwe by’umushinga VUP,  birimo gutanga imirimo y’amaboko, abashoboye gukora bakagenerwa umushahara wa buri kwezi, bakaba bahembwa igice nyuma ya buri minsi cumi n’itanu. Uyu mushinga kandi usanzwe utanga inkunga y’ingoboka ku batishoboye barimo abakecuru n’imfubyi zirera .

Naho ku bandi baturage  b’abanyantege nke ariko bashoboye kuba bakoresha inguzanyo, umushinga wa VUP ubagenera inguzanyo bazajya bishyura bagatanga n’inyungu ingana n’amafaranga 2%.

 

 

 

Rwanda | Nyagatare: One Stop Centre to be introduced for land issues

Tags: , , , ,


The Advisory Council of Nyagatare District has held a meeting to look for a way to solve land problems and agreed to open a One Stop Centre that will be necessary for solving land issues.

 

Apart from land services, this One Stop Centre will be attending to people’s daily problems as Alcade Kamanzi the president of the advisory council of Nyagatare district said. “This centre will help people who would spend days running up and down looking for land documents and titles.”

 

The advisory council also decided that in a way of making it easy for people to pay their taxes, the account they will be paying in was shifted from Ecobank which had one branch in Nyagatare town and was bothering tax payers far from this town to Banque Populaire.

This meeting also confirmed district workers who have been on probation and about the issue of people who were built for houses by Benishyaka Association who want full ownership and land deeds but this was not accepted and more time will be taken to learn more about it and to make a firm decision.

The meeting also decided that VUP Umurenge  program be introduced in Katabagemu sector where in this district this program was in Rwempasha, Kiyombe, Mukama and Gutunda sectors.

 

 

Maraba-Abahabwa inkunga y’ingoboka barishimira ibyo imaze kubagezaho

Tags: , ,


Kuri uyu wa 24 Mutarama, VUP (Vision Umurenge Programme) yo mu Murenge wa Maraba yagejeje ku bakene bagenerwa inkunga y’ingoboka matela zaguzwe mu mafaranga bagenerwa. Aba bagenerwankunga bishimiye iyi gahunda ya VUP kuko yabagejeje kuri byinshi.

Nyuma yo kwibutswa ko nyuma y’umwaka, inkunga bagenerwa izahagarara maze ikagezwa ku bandi baturage bo mu yindi Mirenge na bo bakeneye kuzamurwa, abaturage bo mu Murenge wa Maraba bagenerwa inkunga y’ingoboka ya VUP bagaragaje ko bishimira kuba barafashijwe.

Umusaza umwe yagize ati “natangiranye n’iyi gahunda. Nta kana, nta mugore, simbasha guhinga namwe murabireba. Ariko, aho naboneye amafaranga ndahinga ku buryo ubu nta kibuze iwanjye: amasaka, ibishyimbo n’ibindi. Uretse guhinga, naguze n’ihene. Kubera ko ntabasha kuziragira, naziragije abaturage. Ntabeshye, iyi gahunda yangiriye akamaro”.

Umukecuru na we wari waje gufata matela yagize ati “nabaye mu bavuzi igihe kinini narahinamiranye amaguru. Naje gukira maze mvunika akaboko maze mara igihe kirekire mu bitaro.

Impano y’amafaranga nahawe nayijyanye mu bitaro, ni yo yamfashije kuriha amafaranga y’ibitaro no kubona ibyo kurya. Mvuye kwa muganga bongeye kunshyira ku rutonde rw’abafashwa. Ubu naguze ikibanza mu mafaranga nahawe, ubutaha nzubaka”.

Muri rusange, abari baje kwakira matela bari bishimiye inkunga bagejejweho na VUP kandi bari bafite umugambi wo gukora ibikorwa bibateza imbere mu mafaranga yasigaye ubu yashyizwe kuri konti zabo.

Abenshi ariko biyemeje kubaka. Bitewe n’uko amafaranga bagomba guhabwa atakubaka inzu, Visi Meya ushinzwe imibereho y’abaturage mu Karere ka Huye na we wari uhari, yabagiriye inama yo kuzajya bafatanya kubakirana cyane cyane bicishijwe mu muganda.

Ubundi, VUP igenera abaturage inkunga mu buryo bunyuranye. Hari inkunga y’ingoboka ari yo yo kugenera abaturage b’abakene cyane amafaranga abafasha kwikenura, guha abaturage bafite imbaraga akazi bagahembwa no kuguriza abafite ibikorwa byo gukora hanyuma bakazayishyura bunguka 2% yonyine.

Iyo nkunga rero, VUP iyikura mu kigega kigamije gufasha mu iterambere ry’u Rwanda (RDSF: Rwanda Development Support Fund).

Mu Murenge wa Maraba, batangiye gufashisha abakene amafaranga mu mwaka wa 2009. N’ubwo imiryango igenerwa gufashwa mu gihe cy’umwaka umwe, hari abagifashwa kuva gahunda yatangira kubera ko bakennye cyane bakaba bari bataragera ku ntera yifuzwa kugira ngo bacutswe. Igihe kirageze rero noneho kugira ngo bafate gahunda y’uko bazibeshaho nyuma y’uko inkunga izahagarikwa.

 

Gisagara: Poor families receive mattresses

Tags: , ,


One hundred and eight four poor families of Kigembe Sector in Gisagara district, Southern Province of Rwanda received mattresses through the government program of VUP Umurenge meant to eradicate poverty and improve the social welfare of citizens.

According to Donatille Uwingabiye, the Vice Mayor in charge of social welfare in Gissagra district, the provision of mattresses to vulnerable families will enable them have decent beds hence reducing the stress and other problems that result from sleeping uncomfortably.

This is a third exercise since VUP program begun in 2009. The first time, 182 mattresses were provided, second time 262 mattresses were provided and of recent 184 mattresses were distributed.

The VUP coordinator Hakizimana said that after the distribution exercise, the program plans to provide the poor families with livestock for rearing in order to get milk for feeding and manure for crop production. Beneficiaries of the program expressed their gratitude towards the support.

Beneficiaries are those whose budget was set last year 2011. About 20 other families deserving the same aid will be attended to in the near future.

 

Gisagara: Imiryango 184 yahawe matela

Tags: , ,


Kuri uyu wa gatanu mu murenge wa Kigembe, akarere ka Gisagara hatanzwe matora ku miryango y’abatishoboye igera ku ijana na mirongo inani n’ine. Byari mu rwego rwo guca nyakatsi yo ku buriri, imwe muri  gahunda za VUP.

Iyi gahunda ikaba ije nyuma y’iyayibanjirije yo guca nyakatsi y’amazu dore ko abahawe matela bamaze igihe batujwe mu mazu meza, aba baturage bakaba bavuga ko kuba babonye aho barara  heza, bigiye gubafasha gutekereza ku byabateza imbere mu rwego rwo gukomeza kugira imibereho myiza.

Nk’uko twabitangarijwe n’umuyobozi w’akarere ka Gisagara wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Uwingabiye Donatille, ngo guha matela aba baturage bizababera imwe mu nzira zizabafasha gutekereza neza ku byabateza imbere, ngo ibyo kandi bizatuma bagera ku iterambere rirambye rijyanye n’imibereho myiza yabo.

Iki gikorwa kibaye ku nshuro ya gatatu, kuva aho ibikorwa bya VUP bitangiriye mu mwaka wa 2009, dore ko ku nshuro ya mbere hatanzwe izigera ku 182, ku ya kabiri hatangwa 262 naho uyu munsi hakaba hatanzwe izigera ku 184.

Aha umuhuzabikorwa wa VUP Hakizimana, akaba avuga ko nyuma yo kubaha izi matela bagiye kureba uko bazanabagurira amatungo magufi mu mafaranga asigaye ku ngengo y’imari ya VUP yari yarateganyijwe. Abaturage bahawe izi matela nabo bakaba bishimiye iki gikorwa, kuko bagiye gukomeza kugira imibereho myiza.

Imiryango 184 yahawe matela ni iyari yarabaruwe mu mpera z’umwaka ushize wa 2011; ariko hasigaye indi igera kuri makumyabiri yagaragaye ko nayo ikeneye ubufasha ngo ikazazihabwa mu minsi iri imbere. 

 

Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

Advertisement

jaguar cars jaguar, jeep, kia